• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Byari Amarira n’agahinda mu gushyingura Sabine witabye Imana hashize amezi 7 arushinganye na EV Caleb -AMAFOTO

Byari Amarira n’agahinda mu gushyingura Sabine witabye Imana hashize amezi 7 arushinganye na EV Caleb -AMAFOTO

Ubwanditsi 08 Oct 2018 Mu Rwanda

I Rusororo mu karere ka Gasabo habereye umuhango wo gushyingura Mucyo Sabine witabye Imana hashize amezi arindwi arushinganye n’umugabo we Caleb Uwagaba. Ni umuhango waranzwe n’amarira ndetse n’agahinda ku bawitabiriye.

Amarira n’agahinda mu gushyingura Sabine witabye Imana hashize amezi 7 arushinganye na EV Caleb -AMAFOTO

Mucyo Sabine yitabye Imana nyuma y’amezi arindwi arenzeho umunsi umwe yambikanye impeta na Ev Caleb Uwagaba dore ko bakoze ubukwe tariki 03/03/2018. Aba bombi bakoze ubukwe nyuma y’imyaka itatu bari bamaze bakundana.

Mucyo Sabine yari umunyempano mu gucuranga gitari. Yari umukristo muri Bethesda Holy church aho yari umu ‘Protocol’, akaba ari naryo torero Uwagaba Caleb asengeramo.

Caleb Uwagaba

Caleb Uwagaba

Byari amarira n’ishavu mu gusezera Mucyo Sabine

Umuhango wo gushyingura nyakwigendera Mucyo Sabine wabaye ku mugoroba w’uyu wa Gatandatu tariki 06 Ukwakira 2018, ubera ku irimbi rya Rusororo kuva Saa cyenda z’amanywa. Ni umuhango wabanjirijwe n’uwo gusezera bwa nyuma kuri nyakwigendera, uwo muhango ukaba wabereye mu rusengero rwa Bethesda Holy church ku Gisozi mu mujyi wa Kigali.

Uyu muhango wo gushyingura Nyakwigendera Mucyo Sabine witabiriwe n’abantu batandukanye; higanjemo ibyamamare muri ‘Gospel’ babana na Caleb Uwagaba Joseph muri ‘All Gospel Today’ ihuza abahanzi, abanyamakuru, abapasiteri, abavugabutumwa n’abandi bazwi cyane muri ‘Gospel’ hano mu Rwanda.

Muri bo harimo; Apostle Mignonne Kabera, Rev Baho Isaie, Kavutse Olivier, Alain Numa, Aime Uwimana, Patient Bizimana, Ayabba Paulin, Diana Kamugisha, Olivier Roy, Pastor Gaby, Gogo, Muhikira Irene Bellange wabaye Miss UNILAK, Bishop Rugamba Albert, Albert Niyonsaba, Stella Manishimwe, Florent Ndutiye, Bright Karyango, Dj Spin, Pasco Nakure, Emile Nzeyimana (Papa Emile), Bigizi Gentil (Kipenzi), Thacien Titus, Clapton Kibonke n’abandi.

Ni umuhango witabiriwe n’abantu batandukanye

Ev Uwagaba Caleb Joseph yamenyekanye nk’umujyanama wa Papa Emile. Nyakwigendera Mucyo Sabine yatabarukiye mu bitaro bya CHUK kuwa Kane tariki 4/10/2018. Mucyo Sabine yitabye Imana azize indwara yitwa Systemic Lupus Erythematosus. Ni indwara mbi cyane aho abasirikale b’umubiri bacanganyukirwa bagatangira kurwanya no gusenya uturemangingo tw’umubiri (cells) bagombye kuba barinda.

Iyi ndwara abaganga ba CHUK bayibonye mu mpera z’ukwezi kwa Nzeli uyu mwaka wa 2018 mu gihe yari amaze amezi arindwi arembye. Ni nyuma y’aho abaganga bo mu bitaro binyuranye nyakwigendera yivurijemo yaba King Faisal n’ibyo hanze y’u Rwanda, bari barabuze indwara.

Ibyatangajwe na Uwagaba Caleb, mama wa Sabine na Mama wa Caleb mu gatabo karimo ubutumwa busezera kuri Mucyo Sabine

Caleb Uwagaba yanditse ubutumwa burimo amagambo ateye agahinda, ati:

Mucyo wanjye, harya ngo iyo umucyo ubuze, ntihaza umwijima? Icuraburindi rituma tutareba aho tujya?? Mucyo ntiwari ukwiriye kwirengagiza ko twasezeranye kuzabyarana Ineza Mucyo Gaella na Gabiro Mucyo Gaella. Wansabye ko bavuka bafite imkisatsi nk’iyanjye ariko bitonda nkawe!! Nonese ko ugiye bazava he? Uribuka ko twari kuzajyana gushima Imana ku wa Gatatu mu ba mama ku rusengero??? Nonese Honey ubu ntituzongera kuririmbana mbere yo kuryama?? Basi reka nkureke waransezeye ngira ngo urambeshya, none ndabona bishoboka. Igitabo twari kuzatangira kwandikana urumva nzakibasha njyenyine? Iminsi ijana y’urushako (Hundred days of marriage), amakuru azacyijyamo nayakura he udahari? #OneInMillion #Umutarutwa.

Caleb Uwagaba

Ev Uwagaba Caleb mu gushyingura umugore we Sabine

Mama wa Mucyo yavuze ko Imana ari yo yisubije umwana we. Yavuze ko yizeye kuzongera kubona Mucyo. Ati: “Mucyo wavutse uri umwana witonda,urinze usinzira ukiri umwana witonda. Imana yarakuremye ni yo ikwisubije. Ruhukira mu mahoro ya nyagasani. Nzi neza ko nzongera kukubona. Mama wawe ugukunda cyane.”

Mama wa Caleb yavuze ko yananiwe kwakira kubura umukazana we Sabine, yagize ati: “Mukazana wanjye Mucyo, kukubura byananiye kubyakira. Kuva nkikubona, nakubonye urukundo n’ubugwaneza, nari bishimiye ko mbonye umukobwa uzankarabya byananiye ariko Imana igukunze kundusha irakuntwaye. Nzahora nibuka ya nseko yawe yansubizagamo icyizere cy’ubuzima. Nzahora nkwibuka, uruhukire mu mahoro mwana wanjye”

Musaza wa Mucyo Sabine witwa Cyuza nawe yavuze agahinda atewe no kubura mushiki we Sabine. Yavuze ko atazibagirwa ukuntu baruhanye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yagize ati: “Mucyo, wari inshuti yanjye magara, twarakuranye ariko ibihe ntazibagirwa ni mu bihe bya Genocide, ubwo twaruhanye twenyine kugeza tugeze kwa tante wacu dukunda cyane mama Madudu. Mucyo sinzakwibagirwa ukuntu wampamagaraga ngo nze nkugaburire igihe wari urwaye…Umva Imana yonyine ihisemo kuguhamagara iguhe iruhuko ridashira”

Incamake y’amateka ya nyakwigendera Mucyo Sabine

Yabonye izuba tariki 04/09/1989 avukira i Kigali. Yabyawe na Gashayija Valens na Mukundente Josee. Avukana na Cyusa Gashayija Joseph, Nyange Gashayija Sandrine, Umuhoza Noelline, Cyongwino Anajett, Yves Nkuranga na Geovanie Umumararungu. Yashakanye na Uwagaba Caleb tariki 3/3/2018, atabarutse nta mwana baragira.

Yize amashuri abanza ku ishuri rubanza rya Gisozi, amashuri yisumbuye ayiga ku Mugonero, ayarangiriza i Gitwe. Amashuri makuru (University) yayigiye mu Buhinde arangiza afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Master Degree in International Business). Yakoraga muri Balore Logistics. Akimara gushyingirwa, yahise arwara bikomeye, kuva icyo gihe kugeza tariki 4/10/2018 Saa Sita n’igice z’amanywa ubwo yasinziraga.

AMAFOTO:

Caleb

Uwigaba

Bishop Rugamba Albert uyobora Bethesda Holy church

pasiteri

Mucyo Sabine

Stella Manishimwe na Mama Paccy 

Thacien Titus

Thacien Titus na Clapton Kibonke

agahinda

fia

urupfu

Kavutse Olivier na Olivier Roy

wamabye

Amarira n’agahinda mu muhango wo gushyingura Mucyo Sabine

sabone

mucy

nimero

Apostle Mignonne [Uri iburyo] na Diana Kamugisha (ibumoso)

spin

Dj Spin na Mama Kenzo

Caleb UwagabaCaleb UwagabaCaleb Uwagaba

Caleb Uwagaba ashyira indabo ku mva y’umugore we Mucyo Sabin

2018-10-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Perezida Nkurunziza yashinze ishyirahamwe ry’Abahutu

Burundi: Perezida Nkurunziza yashinze ishyirahamwe ry’Abahutu

Ubwanditsi 16 Apr 2017
Polisi y’u Rwanda irakangurira abatunze imbwa kuzitaho kugira ngo zidateza umutekano mucye

Polisi y’u Rwanda irakangurira abatunze imbwa kuzitaho kugira ngo zidateza umutekano mucye

Ubwanditsi 10 Mar 2017
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
Perezida Kagame, Salva Kiir, Nkurunziza … bategerejwe muri Tanzania

Perezida Kagame, Salva Kiir, Nkurunziza … bategerejwe muri Tanzania

Ubwanditsi 06 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BRD imaze kugaruza arenga miliyari 5 Frw mu nguzanyo z’abigiye kuri buruse ya Leta
UBUKUNGU

BRD imaze kugaruza arenga miliyari 5 Frw mu nguzanyo z’abigiye kuri buruse ya Leta

Ubwanditsi 18 Jul 2018
Abayobozi bakuru basaga 10 ba RNC, bamaze gutandukana na Kayumba kubera indanini n’ubujura
INKURU NYAMUKURU

Abayobozi bakuru basaga 10 ba RNC, bamaze gutandukana na Kayumba kubera indanini n’ubujura

Ubwanditsi 06 Dec 2019
Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi
Mu Rwanda

Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi

Ubwanditsi 02 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru