• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Byari Amarira n’agahinda mu gushyingura Sabine witabye Imana hashize amezi 7 arushinganye na EV Caleb -AMAFOTO

Byari Amarira n’agahinda mu gushyingura Sabine witabye Imana hashize amezi 7 arushinganye na EV Caleb -AMAFOTO

Ubwanditsi 08 Oct 2018 Mu Rwanda

I Rusororo mu karere ka Gasabo habereye umuhango wo gushyingura Mucyo Sabine witabye Imana hashize amezi arindwi arushinganye n’umugabo we Caleb Uwagaba. Ni umuhango waranzwe n’amarira ndetse n’agahinda ku bawitabiriye.

Amarira n’agahinda mu gushyingura Sabine witabye Imana hashize amezi 7 arushinganye na EV Caleb -AMAFOTO

Mucyo Sabine yitabye Imana nyuma y’amezi arindwi arenzeho umunsi umwe yambikanye impeta na Ev Caleb Uwagaba dore ko bakoze ubukwe tariki 03/03/2018. Aba bombi bakoze ubukwe nyuma y’imyaka itatu bari bamaze bakundana.

Mucyo Sabine yari umunyempano mu gucuranga gitari. Yari umukristo muri Bethesda Holy church aho yari umu ‘Protocol’, akaba ari naryo torero Uwagaba Caleb asengeramo.

Caleb Uwagaba

Caleb Uwagaba

Byari amarira n’ishavu mu gusezera Mucyo Sabine

Umuhango wo gushyingura nyakwigendera Mucyo Sabine wabaye ku mugoroba w’uyu wa Gatandatu tariki 06 Ukwakira 2018, ubera ku irimbi rya Rusororo kuva Saa cyenda z’amanywa. Ni umuhango wabanjirijwe n’uwo gusezera bwa nyuma kuri nyakwigendera, uwo muhango ukaba wabereye mu rusengero rwa Bethesda Holy church ku Gisozi mu mujyi wa Kigali.

Uyu muhango wo gushyingura Nyakwigendera Mucyo Sabine witabiriwe n’abantu batandukanye; higanjemo ibyamamare muri ‘Gospel’ babana na Caleb Uwagaba Joseph muri ‘All Gospel Today’ ihuza abahanzi, abanyamakuru, abapasiteri, abavugabutumwa n’abandi bazwi cyane muri ‘Gospel’ hano mu Rwanda.

Muri bo harimo; Apostle Mignonne Kabera, Rev Baho Isaie, Kavutse Olivier, Alain Numa, Aime Uwimana, Patient Bizimana, Ayabba Paulin, Diana Kamugisha, Olivier Roy, Pastor Gaby, Gogo, Muhikira Irene Bellange wabaye Miss UNILAK, Bishop Rugamba Albert, Albert Niyonsaba, Stella Manishimwe, Florent Ndutiye, Bright Karyango, Dj Spin, Pasco Nakure, Emile Nzeyimana (Papa Emile), Bigizi Gentil (Kipenzi), Thacien Titus, Clapton Kibonke n’abandi.

Ni umuhango witabiriwe n’abantu batandukanye

Ev Uwagaba Caleb Joseph yamenyekanye nk’umujyanama wa Papa Emile. Nyakwigendera Mucyo Sabine yatabarukiye mu bitaro bya CHUK kuwa Kane tariki 4/10/2018. Mucyo Sabine yitabye Imana azize indwara yitwa Systemic Lupus Erythematosus. Ni indwara mbi cyane aho abasirikale b’umubiri bacanganyukirwa bagatangira kurwanya no gusenya uturemangingo tw’umubiri (cells) bagombye kuba barinda.

Iyi ndwara abaganga ba CHUK bayibonye mu mpera z’ukwezi kwa Nzeli uyu mwaka wa 2018 mu gihe yari amaze amezi arindwi arembye. Ni nyuma y’aho abaganga bo mu bitaro binyuranye nyakwigendera yivurijemo yaba King Faisal n’ibyo hanze y’u Rwanda, bari barabuze indwara.

Ibyatangajwe na Uwagaba Caleb, mama wa Sabine na Mama wa Caleb mu gatabo karimo ubutumwa busezera kuri Mucyo Sabine

Caleb Uwagaba yanditse ubutumwa burimo amagambo ateye agahinda, ati:

Mucyo wanjye, harya ngo iyo umucyo ubuze, ntihaza umwijima? Icuraburindi rituma tutareba aho tujya?? Mucyo ntiwari ukwiriye kwirengagiza ko twasezeranye kuzabyarana Ineza Mucyo Gaella na Gabiro Mucyo Gaella. Wansabye ko bavuka bafite imkisatsi nk’iyanjye ariko bitonda nkawe!! Nonese ko ugiye bazava he? Uribuka ko twari kuzajyana gushima Imana ku wa Gatatu mu ba mama ku rusengero??? Nonese Honey ubu ntituzongera kuririmbana mbere yo kuryama?? Basi reka nkureke waransezeye ngira ngo urambeshya, none ndabona bishoboka. Igitabo twari kuzatangira kwandikana urumva nzakibasha njyenyine? Iminsi ijana y’urushako (Hundred days of marriage), amakuru azacyijyamo nayakura he udahari? #OneInMillion #Umutarutwa.

Caleb Uwagaba

Ev Uwagaba Caleb mu gushyingura umugore we Sabine

Mama wa Mucyo yavuze ko Imana ari yo yisubije umwana we. Yavuze ko yizeye kuzongera kubona Mucyo. Ati: “Mucyo wavutse uri umwana witonda,urinze usinzira ukiri umwana witonda. Imana yarakuremye ni yo ikwisubije. Ruhukira mu mahoro ya nyagasani. Nzi neza ko nzongera kukubona. Mama wawe ugukunda cyane.”

Mama wa Caleb yavuze ko yananiwe kwakira kubura umukazana we Sabine, yagize ati: “Mukazana wanjye Mucyo, kukubura byananiye kubyakira. Kuva nkikubona, nakubonye urukundo n’ubugwaneza, nari bishimiye ko mbonye umukobwa uzankarabya byananiye ariko Imana igukunze kundusha irakuntwaye. Nzahora nibuka ya nseko yawe yansubizagamo icyizere cy’ubuzima. Nzahora nkwibuka, uruhukire mu mahoro mwana wanjye”

Musaza wa Mucyo Sabine witwa Cyuza nawe yavuze agahinda atewe no kubura mushiki we Sabine. Yavuze ko atazibagirwa ukuntu baruhanye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yagize ati: “Mucyo, wari inshuti yanjye magara, twarakuranye ariko ibihe ntazibagirwa ni mu bihe bya Genocide, ubwo twaruhanye twenyine kugeza tugeze kwa tante wacu dukunda cyane mama Madudu. Mucyo sinzakwibagirwa ukuntu wampamagaraga ngo nze nkugaburire igihe wari urwaye…Umva Imana yonyine ihisemo kuguhamagara iguhe iruhuko ridashira”

Incamake y’amateka ya nyakwigendera Mucyo Sabine

Yabonye izuba tariki 04/09/1989 avukira i Kigali. Yabyawe na Gashayija Valens na Mukundente Josee. Avukana na Cyusa Gashayija Joseph, Nyange Gashayija Sandrine, Umuhoza Noelline, Cyongwino Anajett, Yves Nkuranga na Geovanie Umumararungu. Yashakanye na Uwagaba Caleb tariki 3/3/2018, atabarutse nta mwana baragira.

Yize amashuri abanza ku ishuri rubanza rya Gisozi, amashuri yisumbuye ayiga ku Mugonero, ayarangiriza i Gitwe. Amashuri makuru (University) yayigiye mu Buhinde arangiza afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Master Degree in International Business). Yakoraga muri Balore Logistics. Akimara gushyingirwa, yahise arwara bikomeye, kuva icyo gihe kugeza tariki 4/10/2018 Saa Sita n’igice z’amanywa ubwo yasinziraga.

AMAFOTO:

Caleb

Uwigaba

Bishop Rugamba Albert uyobora Bethesda Holy church

pasiteri

Mucyo Sabine

Stella Manishimwe na Mama Paccy 

Thacien Titus

Thacien Titus na Clapton Kibonke

agahinda

fia

urupfu

Kavutse Olivier na Olivier Roy

wamabye

Amarira n’agahinda mu muhango wo gushyingura Mucyo Sabine

sabone

mucy

nimero

Apostle Mignonne [Uri iburyo] na Diana Kamugisha (ibumoso)

spin

Dj Spin na Mama Kenzo

Caleb UwagabaCaleb UwagabaCaleb Uwagaba

Caleb Uwagaba ashyira indabo ku mva y’umugore we Mucyo Sabin

2018-10-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukundo Interahamwe zize gukunda Kizito, zitamukunze zica abe muri Jenoside zakoreye Abatutsi zirukura he?

Urukundo Interahamwe zize gukunda Kizito, zitamukunze zica abe muri Jenoside zakoreye Abatutsi zirukura he?

RUSHYASHYA 19 Feb 2026
Batatu barimo myugariro Muvandimwe JMV wari muri Police FC ndetse na Master basinyiye ikipe ya Rayon Sports

Batatu barimo myugariro Muvandimwe JMV wari muri Police FC ndetse na Master basinyiye ikipe ya Rayon Sports

Ubwanditsi 17 Jul 2021
Abandi bantu babiri basanganywe Coronavirus mu Rwanda, abakize biyongeraho 6 baba 60

Abandi bantu babiri basanganywe Coronavirus mu Rwanda, abakize biyongeraho 6 baba 60

Ubwanditsi 17 Apr 2020
Chairman Yazanye ikarita itariho ubwoko, idini n’indeshyo – “Dr. Sabin Nsanzimana”

Chairman Yazanye ikarita itariho ubwoko, idini n’indeshyo – “Dr. Sabin Nsanzimana”

Ubwanditsi 30 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Tanzania mu nzira zo gukaza ubufatanye mu by’ubwirinzi
Mu Rwanda

Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Tanzania mu nzira zo gukaza ubufatanye mu by’ubwirinzi

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Rayon Sports yatsinze AS Kigali ikomeza gusatira APR FC (Amafoto)
IMIKINO

Rayon Sports yatsinze AS Kigali ikomeza gusatira APR FC (Amafoto)

Ubwanditsi 31 May 2018
Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo
Amakuru

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Ubwanditsi 30 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru