• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n’Umugore

Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n’Umugore

Ubwanditsi 25 Nov 2020 Amakuru, IKORANABUHANGA

Hashize iminsi inkuru igiye hanze ko Kabera Robert akurukiranweho icyaha cyo gufata ku ngufu umwana w’imyaka 15 agahita atoroka atarafatwa kugira ngo akurikiranweho icyo cyaha. Andi makuru yagiye hanze avuga ko Robert yatorokeye mu gihugu cya Uganda gusa abenshi babanje kuyahakana bavuga ko ari ukubeshya!, Ikinyamakuru dailymonitor uyu munsi cyanditse inkuru ko cyagiranye ikiganiro na Robert Kabera uri muri icyo gihugu, Kabera akaba yatangaje ko yahunze kubera ko ngo u guverinoma y’u Rwanda itifuza ko yagirana umubano na famille ya Rwigema we avuga ko bafitanye isano!!

Abasesenguzi ku mbuga nkoranyambaga barimo Peter Mahirwe baragira bati “Ibi bintu ninde koko wabyemera? Rwigema n’intwari y’igihugu kandi Kabera si we wenyine ufitanye isano na famille ye mu gihugu, ndetse kuba bafitanye isano ntabwo ari bishya kuko bisanzwe bizwi, iki ni ikinyoma kigayitse!, Yanagarutse ku matariki yahungiyeho ibyo ni ukubeshya kuko sibwo yahunze kuko yahunze amaze gukora icyaha cyo gusambanya umwangavu bikamenyekana, Birababaje kuba uwakabaye umubyeyi ariwe uhindukira agasambanya uwo yakabaye arera cyangwa ngo amugire inama.

Kabera nabe umugabo areke guhimba ibintu bidashoboka byuzuyemo ubuswa ahubwo aze aburane niba ari nta cyaha yakoze urukiko ruzabyerekana kandi niba nawe yamaze guhitamo inzira zindi nabyo bizagaragara.
Nyuma y’amakuru yacicikanye avuga ukuntu Kabera yikoze mu nda hanyuma Igisirikare cy’u Rwanda cyahise gitangaza ko cyatangiye iperereza kuri uyu musirikare wamamaye nk’umuhanzi kuva mu myaka ya 2009, wakoze indirimbo zirimo nk’iyamamaye yise Impanda ndetse wari n’umwe mu bagize “Army Jazz Band”.

Hahise hatangira gukwirakwira amakuru anyuranye, ko yaba yatorokeye muri Uganda gusa nta gihamya cyayo cyari cyakabonetse. Kuri uyu wa Gatatu, Sergeant Robert yagiranye ikiganiro n’ikinyamakuru Daily Monitor cyo muri Uganda, ahamya ko ariho yatorokeye ndetse ko rwose asaba iki gihugu kumuha ubuhungiro. yemeye ko yatorotse kuwa 18 Ugushyingo ari kumwe n’umugore we, yinjira ku butaka bwa Uganda anyuze mu nzira zitemewe ku mupaka wa Kagitumba. Ngo yasize mu Rwanda abana be batatu bakuru n’uruhinja rw’amezi arindwi. Robert ngo ubwo yavaga mu Rwanda yajyanye n’urwo ruhinja, gusa ageze ku mupaka wa Kagitumba mu nzira yagombaga kunyuramo asanga irimo amazi, afata umwanzuro wo kuruha abagiraneza kugira ngo rutarohama arusiga mu Rwanda atyo akomezanya n’umugore we.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Ingabo z’u Rwanda ku manywa yo ku wa Mbere tariki ya 23 Ugushyingo 2020, ryavugaga ko “Ishami ry’Ubushinjacyaha mu Gisirikare cy’u Rwanda, ryatangiye iperereza ku byaha bishinjwa “Sergeant Robert” bijyanye no gusambanya umwana wo mu muryango we.”, Rikomeza rigira riti “Ibi byaha bivugwa ko byakozwe tariki ya 21 Ugushyingo 2020 mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo.”
Wibaza mpamvu ki ituma Uganda yifuza kuba indiri ya buri munyabyaha uturutse mu Rwanda aho kumushyikiriza igihugu yaturutsemo ngo kimuhe ubutabera. N’abandi bashakishwaga n’inzego z’umutekano bagiye batoroka banyuze muri Uganda, bagerayo bagahabwa ubuhungiro n’ubuzima bwiza mu gihe mu masezerano hagati ya Polisi z’ibihugu harimo guhererekanya abanyabyaha ndetse u Rwanda rwakunze kuyubahiriza mu bihe binyuranye.

Usibye kandi Sergeant Robert undi musirikare waherukaga gutorokera muri Uganda ni Lt. Gerald Tindifa watorotse ku wa 18 Gashyantare afashijwe n’Umutwe udasanzwe mu Ngabo za Uganda. Uyu musirikare yavuye mu Rwanda anyuze mu nzira zitemewe, ageze muri Uganda yakirwa n’inzego z’umutekano, bwa mbere na Maj. Fred Mushambo ukora mu ishami rishinzwe Ubutasi mu Gisirikare mu gace ka Mbarara.

Ku butaka bwa Uganda ni ho abarimo Kayumba Nyamwasa na Patrick Karegeya batorokeye ubwo bari batangiye gukorwaho iperereza ku byaha byo guhungabanya umutekano w’igihugu. Nubwo bimeze gutya ariko, inshuro nyinshi u Rwanda rwagiye rushyikiriza Uganda abaturage bayo baruhungiyemo bakekwaho ibyaha. Nko mu 2013, rwataye muri yombi Namuyimbwa Shanita uzwi nka ‘Bad Black’ wari winjiye ku butaka bwarwo arenze ku mategeko kuko atari yemerewe gusohoka mu gihugu nyuma yo guhamywa ibyaha byo kunyereza umutungo.

Usibye uwo, hari abandi Uganda yasabye kohererezwa kugira ngo baburanishwe ku byaha binyuranye ishyikirizwa 26, hari mbere y’uko umubano uba mubi hagati y’ibihugu. Muri Gashyantare 2020, U Rwanda na Uganda byasinyanye amasezerano yo guhererekanya abanyabyaha. Yasinyiwe mu nama yahuje abakuru b’ibihugu bane igamije kugarura umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi yabereye i Gatuna ku mupaka.

Aya masezerano arakomeye kuko u Rwanda rushinja Uganda gucumbikira abakekwaho ibyaha binyuranye bahunze ubutabera no gukingira ikibaba ibikorwa by’imitwe igamije kuruhungabanyiriza umutekano, birimo iby’imitwe ya RNC, FDLR, RUD Urunana n’indi. Ikiri kwibazwaho muri iki gihe ni ukumenya niba Uganda izayubahiriza ikohereza mu Rwanda, Sergeant Robert ukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana yibyariye nkuko ikinyamakuru Igihe cyabigarutseho.

2020-11-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 06 Apr 2023
Umuhanzi Meddy yakoreye ubukwe muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika n’umukunzi we Mimi ukomoka muri Ethiopia.

Umuhanzi Meddy yakoreye ubukwe muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika n’umukunzi we Mimi ukomoka muri Ethiopia.

Ubwanditsi 23 May 2021
Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, Tunisia yegukanye igikombe cya Afrobasket cyaberaga mu Rwanda, ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Côte d’Ivoire amanota 78 kuri 75

Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, Tunisia yegukanye igikombe cya Afrobasket cyaberaga mu Rwanda, ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Côte d’Ivoire amanota 78 kuri 75

Ubwanditsi 06 Sep 2021
CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.

CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.

Ubwanditsi 22 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 29 Nyakanga 2019
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 29 Nyakanga 2019

Ubwanditsi 30 Jul 2019
Kampanye zanyuma muri Uganda zarangiye mu kavuyo
Mu Rwanda

Kampanye zanyuma muri Uganda zarangiye mu kavuyo

Ubwanditsi 15 Feb 2016
Parimehutu yapfushije umwana, uRwanda rupfusha umwanzi
Amakuru

Parimehutu yapfushije umwana, uRwanda rupfusha umwanzi

Ubwanditsi 04 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru