• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Intambara iratutumba hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’intebe Bunyoni

Intambara iratutumba hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’intebe Bunyoni

Ubwanditsi 16 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda yagize ati “Nta bihanga bibiri bitekerwa mu nkono imwe”. Kuri uyu munsi umwuka si mwiza hagati ya Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye na Minisitiri w’intebe ariko akaba ari ibintu bidatunguranye kuko n’ubundi Perezida Ndayishimiye yamushyizeho ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe kugirango abashe kumwiyegereza.

Mu Burundi, ntawe utaziko hari abayobozi bangana nubwo hari uwitwa Perezida hakaba na Minisitiri w’Intebe. Perezida Ndayishimiye ashyigikiwe n’ingabo naho Bunyoni agashyigikirwa na Polisi dore ko yabaye na Minisitiri w’umutekano ufite Polisi mu nshingano ze.

Abakurikiranira Politiki y’u Burundi hafi, barabona ko iri hangana hagati y’abagabo babiri rigejeje u Burundi aharindimuka nubwo n’ubundi butari buriho. Nubwo aba bagabo bombi bari muri CNDD FDD baratandukanye cyane kandi bose bararwanira ubutegetsi amaso bayahanze 2025. Bunyoni uzwiho kwigwiza umutungo, dore ko afite wenyine isoko ryo kwinjiza mu Burundi ifumbire igurwa na Leta n’abikorera, azwiho kubangamira cyane uburenganzira bwa muntu ndetse n’urukiko Mpanabyaha rwa La Haye rumukoraho iperereza naho Leta zunze ubumwe z’amerika zamushize ku rutonde rw’abatemerewe kwinjira muri icyo gihugu. Bunyoni kandi azwiho kwerekana umutungo we dore ko iyo yahaye umugore we impano, bihita bijya ku mbuga nkoranyambaga. Ibi byoyongera ku butagondwa bwe aho utari mu ishyaka CNDD FDD akwiye gupfa.

Perezida Ndayishimiye atandukanye na Bunyoni aho bavuga ko yumvikana kurusha Busnyoni ariko ntanafate ibyemezo. Kuva mu bwana bwe Ndayishimiye yitwa “Kirogorogo” kubera kuvuga ibyo abonye adatekereje. Gupingana hagati ya Ndayishimiye na Bunyoni byagaragaye cyane muri iyi minsi aho hari hateganyijwe inama nkuru ya CNDD kugirango haboneke uzasimbura Ndayishimiye ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wiryo shyaka, ariko kuko batarumvikana ku izina ntabwo iyi nama iraba kugeza uyu munsi.

Ubwo yarahiraga nka Perezida, Ndayishimiye yavuzeko abayobozi bakuru bose muri za minisiteri bagomba gusimbuzwa ariko bikaba bitarashyirwa mu bikorwa kuko abazabasimbura ntibarumvikanwaho nabo bagabo amezi atanu arashize.

Mu minsi ishize, Perezida Ndayishimiye yatangaje ko abayobozi bakuru bose bagaragaza umutungo wabo naho wavuye, nyuma y’iminsi mike arigarura ati ntibarakunda neza kuko hari n’abamara icyumweru barondora imitungo yabo. Amakuru agera kuri Rushyashya nuko ari Bunyoni washyize igitutu kuri Ndayishimiye kuko ari mu baherwe u Burundi bufite muri iki gihe.

2020-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dianne Rutabana yifurije umugabo we isabukuru y’amavuko akoresheje igisigo kizimije

Dianne Rutabana yifurije umugabo we isabukuru y’amavuko akoresheje igisigo kizimije

Ubwanditsi 20 Jan 2020
APR FC yujuje umubare w’amakipe 8 azakina ikimino ya 1/4 cy’Imikino y’igikombe cy’Amahoro, iyi kipe ibigezeho nyuma yo gusezerera Amagaju

APR FC yujuje umubare w’amakipe 8 azakina ikimino ya 1/4 cy’Imikino y’igikombe cy’Amahoro, iyi kipe ibigezeho nyuma yo gusezerera Amagaju

Ubwanditsi 22 Apr 2022
Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana

Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana

Ubwanditsi 09 Feb 2020
” Ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda, adafite ubufasha bwa Habyarimana ” – Twagiramungu Faustin

” Ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda, adafite ubufasha bwa Habyarimana ” – Twagiramungu Faustin

Ubwanditsi 12 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba uhunahuna muri Kongo kuva muri 2010 ubanza icyo ashaka yarakibonye
INKURU NYAMUKURU

Kayumba uhunahuna muri Kongo kuva muri 2010 ubanza icyo ashaka yarakibonye

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye abakinnyi ba Police FC  intsinzi mu irushanwa nyafurika
Mu Mahanga

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye abakinnyi ba Police FC intsinzi mu irushanwa nyafurika

Ubwanditsi 19 Mar 2016
Icyo Perezida Kagame avuga kuri Padiri Nahimana
Mu Mahanga

Icyo Perezida Kagame avuga kuri Padiri Nahimana

Ubwanditsi 13 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru