• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»TDRwanda2017: Areruya yongeye gutsindira i Huye yambara umuhondo mbere yo kujya i Rubavu

TDRwanda2017: Areruya yongeye gutsindira i Huye yambara umuhondo mbere yo kujya i Rubavu

Ubwanditsi 14 Nov 2017 IMIKINO

Nubwo Hakiruwizeye Samuel yitwaye wenyine Km 90 kugera i Nyanza, Areruya Joseph wa Dimension yageze bwa mbere i Huye akoresheje 3h12’12” ku ntera ya Km 120,6 yongera gutsindira i Huye nko mu 2016, yambaye umwenda w’umuhondo asize Nsengimana Jean Bosco 1’28” wa kabiri na 1’30” kuri Ndayisenga Valens.

Joseph Areruya yishimira insinzi agahita yambara umwenda w’umuhondo (Ifoto/Ngendahimana S).

Ku Km cya mbere ni bwo Hakiruwizeye Samuel na Rugamba Janvier ba Amis Sportifs, Nizeyimana Alex (Benediction) na Ebrahim wa Ethiopia basize bagenzi babo  babanza gushyiramo intera ya 1’45”, uyu munya Ethiopia afata amanota ya mbere y’umusozi.

Ku Km cya 15, Rugamba yaje kubwira Hakiruwizeye ko ananiwe maze Hakiruwizeye uvuka Tumba ya Huye agenda wenyine ashyiramo iminota 2’14” ku itsinda ryarimo Nsengimana Jean Bosco wari wambaye umwenda w’umuhondo ryari rifashe umunya Ethiopia.

Hakiruwizeye yageze ku Km cya 50 intera itangiye kugabanuka ari 1’42”, yongeyeho amasegonda ageze ku Km cya 72 ashyiramo 1’38”.

Ku Km cya 80, nibwo abakinnyi babiri ba Lowestrates.ca ya Canada McPhaden Cameron na Edward Green bashatse kuva mu gikundi, bashoboye kugabanya intera ya Hakiruwizeye bayigeza ku masegonda 53 nabo baragarurwa, Mugisha Samuel (Dimension Data) ashaka nawe kugenda aragarurwa.

Hakiruwizeye yafashwe ku Km cya 91 ku Km cya 92 Areruya Joseph agerageza amahirwe yo kugenda wenyine, yabanje gushyiramo 38”  maze habura Km 15 agera ku 1’08”.

Areruya wari watwaye n’ubundi igihembo cy’umunsi wa kane Rusizi – Huye yongereye intera hasigaye Km 10 iba 1’51” yazamutse wenyine kuri gare ya Huye agera wenyine ku murongo mu gihe hari hitezwe ko bahagera barenze umwe bagahatana (sprint).

Nyuma yo gutsinda, Areruya wambaye umwenda w’umuhondo bwa kabiri yavuze ko yagerageje kugenda nyuma yo kugira impungenge ko adashobora kwambara umwenda w’umuhondo mu gihe bagerera rimwe ku murongo.

Yagize ati “ Nashoboraga kuza ku mwanya mwiza duhatanye turi benshi ku murongo, nagerageje kugenda ngo nshyiremo ibihe byampa umwenda w’umuhondo.”

Areruya yakoresheje 3h12’12” ku ntera ya Km 120,6 akurikirwa n’Umunyafurika y’Epfo Kent Main bakinana muri Dimension Data amusize 1’34” akurikiwe n’igikundi cyo cyahageze 1’36” cyarimo Ndayisenga na Nsengimana.

Ku rutonde rw’umunsi wa mbere, mu bakinnyi 10 ba mbere harimo Abanya Eritrea bane, Abanyakenya babiri, Umunyafurika y’Epfo na Nsengimana Jean Bosco wa 10. Ndayisenga Valens (13) naho Mugisha Samuel yabaye uwa 14.

Areruya wari uwa kane nyuma ya prologue arushwa na Nsengimana amasegonda umunani yambaye umwenda w’umuhondo amurusha 1’28” na 1’30” kuri Ndayisenga Valens.

Mu bakinnyi 10 ba mbere ku rutonde rusange, batatu ba mbere ni Abanyarwanda (Areruya, Nsengimana na Ndayisenga) hamwe na Byukusenge, Mugisha n’ Uwizeye ba 7,8 na 9.

Kuri uyu wa kabiri abasiganwa barahaguruka i Nyanza saa 8h30’ berekeze i Rubavu ku ntera ya Km 180,6, umuhanda urimo imisozi itatu ikomeye yo ku rwego rwa mbere ku Km cya 84, 113 na 133, iyi ibiri ya nyuma iri muri Ngororero.

Km 20 za nyuma barenze Mukamira ni ukumanuka, bituma kenshi barangiza ari benshi kuko n’abasigaye muri Ngororero baba bongeye kugaruka mu isiganwa.

Abakinnyi 10 ba mbere Kigali – Huye, Km 120,3
1. Areruya Joseph – Dimension Data 3h12’12”
2. Kent Main – Dimension Data +1’34”
3. Natnael Mebrahtom – Eritrea +1’36”
4. Eyob Metkel – Dimension Data “”
5. Aron Debretsion – Eritrea “”
6. Kangangi Suleiman – Bike Aid “”
7. Resfom Okubamariam – Eritrea “”
8. Simon Pellaud – Team Illuminate “”
9. Salim Kipkemboi – Bike Aid “”
10. Nsengimana Jean Bosco – Team Rwanda
Abakinnyi 10 ba mbere ku rutonde rusange rw’umunsi wa mbere
1. Areruya Joseph – Dimension Data 3h16’06”
2. Nsengimana Jean Bosco – Team Rwanda +1’28”
3. Ndayisenga Valens – Tirol Cycling Team +1’30”
4. Stefan de Bod – Dimension Data +1’34”
5. Suleiman Kangangi – Bike Aid +137”
6. Piper Cameron – Team Illuminate +1’38”
7. Byukusenge Patrick – Team Rwanda “”
8. Mugisha Samuel – Dimension Data +1’39”
9. Uwizeye Jean Claude – Team Rwanda “”
10. Le Court De Billot Olivier – Mauritius +1’40″

Mu isiganwa abakinnyi b’abanyarwanda bagenze intera ntende bayoboye igikundi [Ifoto/Ngendahimana ]

2017-11-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya PSG yo mu Bufaransa ndetse na Arsenal yo mu Bwongereza bifatanyije n’u Rwanda Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994

Ikipe ya PSG yo mu Bufaransa ndetse na Arsenal yo mu Bwongereza bifatanyije n’u Rwanda Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994

Ubwanditsi 07 Apr 2021
Nyuma y’amezi 13 ayobora ikipe ya APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa wari Chairman wayo ntakiri muri izo nshingano

Nyuma y’amezi 13 ayobora ikipe ya APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa wari Chairman wayo ntakiri muri izo nshingano

Ubwanditsi 09 Dec 2025
umuhanzi konshens yashimye uburyo abanyarwanda ba mwakiriye

umuhanzi konshens yashimye uburyo abanyarwanda ba mwakiriye

Ubwanditsi 02 Jan 2016
Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze

Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze

Ubwanditsi 09 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amayobera: Perezida Museveni yizeye Gen. kale Kayihura ariko ntiyizera urwego yamushinze
INKURU NYAMUKURU

Amayobera: Perezida Museveni yizeye Gen. kale Kayihura ariko ntiyizera urwego yamushinze

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Cibitoke: Umuganga yasambanyije umugore wari uri ku bise
HIRYA NO HINO

Cibitoke: Umuganga yasambanyije umugore wari uri ku bise

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Ishyamba si ryeru muri New RNC : Bamwe mu baherutse gutorwa  bitandukanyije n’iri shyaka
ITOHOZA

Ishyamba si ryeru muri New RNC : Bamwe mu baherutse gutorwa bitandukanyije n’iri shyaka

Ubwanditsi 17 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru