• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Itangazamakuru ry’imikino mu Rwanda ritagira rutangira amaherezo rizaturoha aho tutazikura!

Itangazamakuru ry’imikino mu Rwanda ritagira rutangira amaherezo rizaturoha aho tutazikura!

Ubwanditsi 03 Aug 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubundi zimwe mu ndangagaciro z’umunyamakuru, ni ukwiyubaha, kuvuga ibyo ufitiye gihamya, kwirinda gukoreshwa no kuba icyitegererezo mu bandi baturage, kuko baba bagufata nk’uvuga rikumvikana.

Ngicyo igituma abahanga bita itangazamakuru ”ubutegetsi bwa kane”, kuko rubanda iba irifitiye icyizere.Bene iryo riba ryigisha, rigahungura, rigasusurutsa, rigatanga amakuru ya ngombwa, yemwe rikaba ryananenga ibitagenda neza hagamijwe ko bikosorwa, ariko byose bigakorwa kinyamwuga, nta gusesereza.

Uyu munsi simvuga ku itangazamakuru ryo mu Rwanda muri rusange, ahubwo ndibanda ku ry’imikino, dore ko rinafite abarikurikira batari bake. Ni mu gihe kandi kuko itangazamakuru n’imikino ari nk’umukenyero n’umwitero, iyo byujujanyije byombi bitera imbere. Iyo binyuranyije ni nko kuvanga amata n’amaganga. Aha niho mu Rwanda twerekeza.

Iyo usesenguye itangazamakuru ry’imikino mu Rwanda, usanga ryihariye ”ubudasa”, ariko bubi, utapfa gusanga ahandi. Ntirigira rutangira, nta hamwe ry’ itangazamakuru ryubaha. Kabaye akarima k’intyoza muri byose:Ubutoza, ubuyobozi bw’imikino, ubuganga, ubusifuzi, n’ubundi bumenyi bwigwa mu ishuri, waba utabufite ukabuharira bene bwo. Kugeza aha n’ubwo atari byiza, ariko ntacyo byishe cyane, kuko umuntu nyawe ashobora no kwigira ku makosa.

Ushobora kumbwira uti “umukobwa aba umwe agatukisha bose”. Njye nagusubiza ko ahubwo “abakobwa babi babaye benshi batukisha umwe”, kuko abubahiriza amahame y’umwuga aribo bake. Mu itangazamakuru rya siporo mu Rwanda niho honyine wemerewe gusebanya ntibikugireho ingaruka, niho urya ruswa ntihagire ubikuryoza, niho impuha zemwe, ukamara amasaha atatu uri mu buzima bwite bw’umuntu bigafatwa nk’ibisanzwe.

Ingero zirahari zitabarika, aho umunyamakuru atukana na mugenzi we kuri mikoro bapfa uruhande buri wese ashyigikiye , kuko yakiriye “bitanu” bya rumwe mu mpande zishyamiryanye mu ikipe cyangwa ishyirahamwe ry’umikino runaka. Ni hahandi “umunyamakuru” yamamara muri rubanda, kuko azi gutukana by’abatagira uburere, apfa gusa kuba yahawe icupa rya byeri, ubundi akajya mu ngazo.

Si ukuvuga uburyo umukinyi runaka ari umuswa cyangwa umuhanga kabuhariwe( bitewe n’ingano y’amacupa yaguriwe), si ugutaka cyangwa kwibasira umuyobozi cyangwa umutoza runaka (bitewe n’ayo abamurwanyacyangwa abamushyigikiye bamupfumbatije”, mbese ibibera mu itangazamakuru ry’imikino mu Rwanda biteye agahinda.
Mu myaka yashize hari ubwo abantu batekerezaga ko iyo myitwarire igayitese yaterwaga n’uko abenshi mu bakoraga uwo mwuga babaga batarawize.

Iri sesengura nta gaciro ryahabwa ubu, kuko benshi mu bakora amahano ari abarangije kaminuza mu itangazamakuru. Urugero rwa hafi ni abadasiba muri RMC (Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura), baregwa gusebanya no gukwiza impuha, kandi baramaze imyaka nibura 3 bigishwa ko kizira mu itangazamakuru ry’umwuga.

Abandi bo kugawa ni bamwe mu batega amatwi aba “banyamakuru”, usanga babogeza, ndetse bakabagira intwari muri rubanda, ngo baratinyuka. Ariko se gutinyuka kurenza nyoko akaguru bikugira intwari, cyangwa byakakugize igicibwa. Mpamya ko abaturage bamaganye bamwe mu babayobya bitwaje mikoro, abenshi mu biyita abanyamakuru bajya mu myanya ibakwiye, mu iyarara n’ahandi haba abantu batiha agaciro ngo bagahe n’abandi.

Igiteye impungenge kurushaho, aya makosa yose aba inzego zireberera itangazamakuru ryicecekeye. Hari RMC twavuze, hari Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru b’Imikino, AJSPOR, hari na ARJ nk’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru muri rusange, hakaba n’inzego za Leta zagombye kurengera uburenganzira bw’abaturage itangazamakuru rihonyora.

Abo bose babirenza ingohi, birengagije ko buhobo buhoro, abo bangizi batuganisha aho tutazabasha kwikura cyangwa tukazahava bitugoye. Dushishikazwa no kuveba urwego rw’imikino yacu, ariko twirengagije imwe mu mpamvu zikomeye ziyidindiza.

Birababaza kuba tuzi uburyo kuyobora amakipe n’amashyirahamwe y’imikino bivuna, ariko “abanyamakuru” bagashimishwa no guca intege abishora muri izo nshingano benshi muri twe dutinya.

Ba nyir’ibitangazamakuru n’abayobozi babyo bakwiye kwirengera uyu mutwaro. Wasobanura ute ukuntu ufata igitangazamakuru cyawe ukagihindura umuyoboro w’ibitutsi, gusebanya, kurya ruswa n’andi marorerwa, imyaka igashira indi igataha, kugeza ubwo abagikurikira batangira kwibaza niba utari umufatanyacyaha? Amakuru dufite ni uko abo ba”boss” birinda gutanga gasopo ku “banyamakuru” b’urukozasoni, ahanini kuko baba badahembwa cyangwa ngo bahemberewe igihe, maze “boss” akabaha rugari ngo bishakire amaramuko.

Kandi nibyo, ntiwaba umaze amezi 3 udahemba umuntu, ngo umujye imbere umutonganyiriza ibyo yavuze ashaka ”agatike”. Uzahititamo gukoresha utagusaba umushahara, ubundi umuhe rugari, atukane kugeza ibitutsi bimukamutsemo.

Radiyo cyangwa Televiziyo bipfa kuba byafunguye gusa.
IMu gusoza turisegura. Iyi nkuru ntawe igamije gutunga agatoki cyangwa gukomeretsa. Yemwe ndetse nta n’intungane ibaho mu kazi ako ariko kose. Gusa baca umugani ngo”umuryango utazimuye urazima”.

Gukira ikibyimba bisaba kugitoneka. Twiteguye kwakira ibitekerezo by’abazasoma iyi nkuru, baba abanyamakuru, abafatanyabikorwa b’itangazamakuru n’abagenerwabikorwa baryo.

Ikigamijwe ni ukwikubita agashyi, naho ubundi itangazamakuru ry’imikino dufite ubu aho rituganisha si heza habe na gato.

Kayumba Xavier
Umusomyi wa Rushyashya

2021-08-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Ubwanditsi 30 May 2022
APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo

APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 26 May 2025
Ni gute umutwe w’iterabwoba wakwigisha uburenganzira bwa muntu no kugendera ku mategeko? Mu binyoma uhimbira u Rwanda,  RNC ijye yibuka ‘grenades” yateye Abanyarwanda zigatwara umuzima bwa benshi

Ni gute umutwe w’iterabwoba wakwigisha uburenganzira bwa muntu no kugendera ku mategeko? Mu binyoma uhimbira u Rwanda,  RNC ijye yibuka ‘grenades” yateye Abanyarwanda zigatwara umuzima bwa benshi

Ubwanditsi 10 Mar 2021
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Ubwanditsi 31 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi b’u Rwanda muri Haiti bambitswe imidali
Mu Mahanga

Abapolisi b’u Rwanda muri Haiti bambitswe imidali

Ubwanditsi 18 Jun 2016
Abaturage  bitabiriye ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu karere ka Gatsibo
Mu Mahanga

Abaturage bitabiriye ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu karere ka Gatsibo

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Mu mukino we mbere wa Rwatubyaye Abdoul mu ikipe ya FC Schkupi yo muri Macedonia batangiye bawutsinda igitego kimwe ku busa.
Amakuru

Mu mukino we mbere wa Rwatubyaye Abdoul mu ikipe ya FC Schkupi yo muri Macedonia batangiye bawutsinda igitego kimwe ku busa.

Ubwanditsi 04 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru