• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC   |   24 Jun 2026

  • Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka   |   24 Jun 2026

  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali: Hasojwe amahugurwa yo kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Kigali: Hasojwe amahugurwa yo kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Ubwanditsi 15 Oct 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe amahugurwa Commissioner of Police (CP) Vianney Nshimiyimana, yavuze ko ingamba Polisi y’u Rwanda yafashe, ari ugukumira ko igihugu cyacu cyaba inzira y’abakora ibikorwa by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, bityo bigafasha kwirinda ingaruka zabyo.

CP Nshimiyimana yabivuze tariki ya 14 Ukwakira 2016, ubwo yasozaga amahugurwa y’iminsi itanu ku icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu runaka bijyanwa ahandi. Aya mahugurwa yabereye ku cyicaro cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Abapolisi 15 bakorera mu mashami atandukanye nibo bayitabiriye, aho bahawe ubumenyi ku icuruzwa ry’ibiyobyabwenge mu bihugu binyuranye, uko bikorwa n’uko byifashe kugeza ubu. Ubu bumenyi bukaba buzabafasha kurwanya, no gukumira ibi byaha no gufata abakekwaho kubicuruza no kubikwirakwiza.

CP Nshimiyimana yakomeje agira ati:” amahugurwa no kongerera abapolisi ubushobozi n’ubumenyi, ni ikintu cy’ingenzi muri polisi y’u Rwanda, ndetse bikaba ari n’umurongo mwiza Nyakubahwa umukuru w’igihugu cyacu yatanze wo kugenderaho nka kimwe mu by’ingenzi bituma habaho gukora kinyamwuga mu kubungabunga umutekano.

Yashimye ubufatanye busanzwe buri hagati ya Polisi y’u Rwanda n’urwego rushinzwe ibijyanye n’ubugenzacyaha (BKA) rwo mu gihugu cy’u Budage muri gahunda yo kubaka ubushobozi n’ubufatanye mu kurwanya ibyaha ndengamipaka ku buryo butandukanye.

Yagize ati:” gutanga serivisi nziza bijyanye no guhora wihugura kandi bikaba ari kimwe mu bikenewe cyane mu kongera ubumenyi. Twishimiye rero ibyo mwungukiye muri aya mahugurwa”.

Yakomeje avuga ko kuba aba bapolisi barahawe amahugurwa ari byiza, ariko ko nanone kugira n’ibikoresho bigezweho byifashishwa bituma aba bahuguwe batanga umusaruro ushimishije mu kazi. Yasabye aba bapolisi bahuguwe, kugaragaza impinduka mu kazi kabo, bagakora neza kandi bakagera ku nshingano zabo zo kurwanya no gukumira ibyaha by’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu gihugu bijyanwa mu kindi.

Yavuze ko abatekereza ko u Rwanda rwaba inzira n’indiri y’abacuruza ibi biyobyabwenge ko babyibagirwa kuko bidashoboka, kuko Polisi y’u Rwanda iri maso kandi yiteguye gukumira no kurwanya icuruzwa ryabyo .

Rainer Harms mu izina ry’urwego rushinzwe ibijyanye n’ubugenzacyaha (BKA) rwo mu Budage, yashyikirije Polisi y’u Rwanda ibikoresho bizifashishwa mu gupima ibiyobyabwenge bitandukanye birimo cocaine na heroine.

Olivier Erdmann, umwe mu batanze aya amahugurwa, yavuze ko ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge mu bihugu bitandukanye, ari imbogamizi, ku buryo bisaba ko habaho amahugurwa n’ubufatanye bw’ibihugu ku bijyanye no kumenya neza ndetse no gusuzuma ibirebana no kwambukiranya imipaka hagamijwe gukumira ibi byaha.

-4375.jpg

Assistant Inspector of Police (AIP) Console Mukamwezi, umwe mu bahuguwe, yavuze ko aya mahugurwa yaje akenewe kandi yabagiriye akamaro mu kumenya uko ikibazo cy’ubu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge cyifashe. Yavuze ko bazifashisha ubu bumenyi mu kurushaho kuzuza neza inshingano zabo.

RNP

2016-10-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hitabajwe penaliti ikipe ya Misiri na Equatorial Guinea ziyongereye kuyandi 6 kugera muri 1/4 cy’igikombe cya Afurika

Hitabajwe penaliti ikipe ya Misiri na Equatorial Guinea ziyongereye kuyandi 6 kugera muri 1/4 cy’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 27 Jan 2022
Udushya mu mukino wa mbere wa CHAN :  Ubujura bukabije mu matike yo kwinjira

Udushya mu mukino wa mbere wa CHAN : Ubujura bukabije mu matike yo kwinjira

Ubwanditsi 19 Jan 2016
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yasabye sosiyeti zigenga zishinzwe gucunga umutekano gukora kinyamwuga

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yasabye sosiyeti zigenga zishinzwe gucunga umutekano gukora kinyamwuga

Ubwanditsi 03 Jan 2016
Ku mva ya Radio Mowzey Hubatswe inzu izajya ikorerwamo amasengesho

Ku mva ya Radio Mowzey Hubatswe inzu izajya ikorerwamo amasengesho

Ubwanditsi 05 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi umuturage bikekwo ko ari umunyarwanda
Mu Rwanda

Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi umuturage bikekwo ko ari umunyarwanda

Ubwanditsi 09 Aug 2017
U Rwanda rwatanze umusanzu mu kwakira zimwe mu impunzi zagizwe abacakara muri Libya
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwatanze umusanzu mu kwakira zimwe mu impunzi zagizwe abacakara muri Libya

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Abatwa N’abakobwa Ntibashishikajwe No Kwinjira Mu Gisirikare Cy’u Burundi
HIRYA NO HINO

Abatwa N’abakobwa Ntibashishikajwe No Kwinjira Mu Gisirikare Cy’u Burundi

Ubwanditsi 09 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru