• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali: Hasojwe amahugurwa yo kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Kigali: Hasojwe amahugurwa yo kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Ubwanditsi 15 Oct 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe amahugurwa Commissioner of Police (CP) Vianney Nshimiyimana, yavuze ko ingamba Polisi y’u Rwanda yafashe, ari ugukumira ko igihugu cyacu cyaba inzira y’abakora ibikorwa by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, bityo bigafasha kwirinda ingaruka zabyo.

CP Nshimiyimana yabivuze tariki ya 14 Ukwakira 2016, ubwo yasozaga amahugurwa y’iminsi itanu ku icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu runaka bijyanwa ahandi. Aya mahugurwa yabereye ku cyicaro cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Abapolisi 15 bakorera mu mashami atandukanye nibo bayitabiriye, aho bahawe ubumenyi ku icuruzwa ry’ibiyobyabwenge mu bihugu binyuranye, uko bikorwa n’uko byifashe kugeza ubu. Ubu bumenyi bukaba buzabafasha kurwanya, no gukumira ibi byaha no gufata abakekwaho kubicuruza no kubikwirakwiza.

CP Nshimiyimana yakomeje agira ati:” amahugurwa no kongerera abapolisi ubushobozi n’ubumenyi, ni ikintu cy’ingenzi muri polisi y’u Rwanda, ndetse bikaba ari n’umurongo mwiza Nyakubahwa umukuru w’igihugu cyacu yatanze wo kugenderaho nka kimwe mu by’ingenzi bituma habaho gukora kinyamwuga mu kubungabunga umutekano.

Yashimye ubufatanye busanzwe buri hagati ya Polisi y’u Rwanda n’urwego rushinzwe ibijyanye n’ubugenzacyaha (BKA) rwo mu gihugu cy’u Budage muri gahunda yo kubaka ubushobozi n’ubufatanye mu kurwanya ibyaha ndengamipaka ku buryo butandukanye.

Yagize ati:” gutanga serivisi nziza bijyanye no guhora wihugura kandi bikaba ari kimwe mu bikenewe cyane mu kongera ubumenyi. Twishimiye rero ibyo mwungukiye muri aya mahugurwa”.

Yakomeje avuga ko kuba aba bapolisi barahawe amahugurwa ari byiza, ariko ko nanone kugira n’ibikoresho bigezweho byifashishwa bituma aba bahuguwe batanga umusaruro ushimishije mu kazi. Yasabye aba bapolisi bahuguwe, kugaragaza impinduka mu kazi kabo, bagakora neza kandi bakagera ku nshingano zabo zo kurwanya no gukumira ibyaha by’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu gihugu bijyanwa mu kindi.

Yavuze ko abatekereza ko u Rwanda rwaba inzira n’indiri y’abacuruza ibi biyobyabwenge ko babyibagirwa kuko bidashoboka, kuko Polisi y’u Rwanda iri maso kandi yiteguye gukumira no kurwanya icuruzwa ryabyo .

Rainer Harms mu izina ry’urwego rushinzwe ibijyanye n’ubugenzacyaha (BKA) rwo mu Budage, yashyikirije Polisi y’u Rwanda ibikoresho bizifashishwa mu gupima ibiyobyabwenge bitandukanye birimo cocaine na heroine.

Olivier Erdmann, umwe mu batanze aya amahugurwa, yavuze ko ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge mu bihugu bitandukanye, ari imbogamizi, ku buryo bisaba ko habaho amahugurwa n’ubufatanye bw’ibihugu ku bijyanye no kumenya neza ndetse no gusuzuma ibirebana no kwambukiranya imipaka hagamijwe gukumira ibi byaha.

-4375.jpg

Assistant Inspector of Police (AIP) Console Mukamwezi, umwe mu bahuguwe, yavuze ko aya mahugurwa yaje akenewe kandi yabagiriye akamaro mu kumenya uko ikibazo cy’ubu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge cyifashe. Yavuze ko bazifashisha ubu bumenyi mu kurushaho kuzuza neza inshingano zabo.

RNP

2016-10-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Komanda wa Polisi ku musozi wa Kivumu yishwe arashwe n’abasirikare nyuma yo gukozanyaho

Burundi: Komanda wa Polisi ku musozi wa Kivumu yishwe arashwe n’abasirikare nyuma yo gukozanyaho

Ubwanditsi 07 Sep 2018
Ibizamini byo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bizatangira mu cyumweru gitaha

Ibizamini byo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bizatangira mu cyumweru gitaha

Ubwanditsi 27 Jan 2016
Nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye mu ishuri rya Deerfield Academy muri leta ya Massachusetts Brian Kagame yerekeje mu Itorero ry’Igihugu

Nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye mu ishuri rya Deerfield Academy muri leta ya Massachusetts Brian Kagame yerekeje mu Itorero ry’Igihugu

Ubwanditsi 30 Jun 2016
Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Ubwanditsi 06 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

N’uwanga Urukwavu yemera ko ruzi kwiruka, Twagiramungu yashimye ibyiza U Rwanda rwagezeho
ITOHOZA

N’uwanga Urukwavu yemera ko ruzi kwiruka, Twagiramungu yashimye ibyiza U Rwanda rwagezeho

Ubwanditsi 09 Jan 2017
Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022
Amakuru

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 24 Sep 2021
Uganda: Bobi Wine Yafunguwe By’agateganyo
HIRYA NO HINO

Uganda: Bobi Wine Yafunguwe By’agateganyo

Ubwanditsi 27 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru