• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!

Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!

Ubwanditsi 13 May 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Itangazamakuru n’imiryango itari iya leta bikomeje gutabariza Abarundi kuko igihugu cyabo kirushaho gusatira imanga.

Uwitwa Gabriel Rufyikiri uyobora ishyirahamwe”OLUCOME” rirwanya ruswa n’akarengane mu Burundi, avuga ko ubukungu bw’icyo gihugu bwari busanzwe mu manegeka, ariko ubu ngo bugeze aharindimuka, ku buryo uBurundi busatira kujya ku rutonde rw’ibihugu biriho ku izina gusa ( failed nations).

Aganira n’itangazamakuru, Perezida wa OLUCOME yatanze ingero zambitse ubusa leta ya CNDD-FDD, kuko imiyoborere ishingiye ku macakubiri, inda nini, no guhohotera ubyamaganye, nta handi yaganisha igihugu uretse mu manga.

Si OLUCOME ibivuze gusa, kuko n’impuguke mu bya politiki n’ubukungu zihangayikishijwe n’uko ubwo butegetsi bwiyita”leta mbyeyi”, busahuranwa, busa n’ubusiganwa n’igihe nk’ubwitegura guhunga.

Haratangwa urugero ko ubu utabaza ifaranga ry’amahanga (idovize)mu Burundi, kuko abategetsi basahuye ayari ahari yose, babeshya ngo bagiye kurangura ibicuruzwa mu mahanga, maze bayahunika ku makonti yabo muri banki zo mu mahanga.

Iby’amadovize yanyerejwe na Perezida Evariste Ndayishimiye, wiyita “Sebarundi” ngo kubera urukundo abafitiye, aherutse kubyemera mu ruhame, anizeza rubanda kugaruza amamiliyoni y’amadolari, byahe byo kajya.

Ingaruka ni uko ubu lisansi na mazutu mu Burundi ari nk’imvura mu butayu, kuko nta madovize ahari yo kuyitumiza.

Bigeze aho imidoka za leta zikora ibiraka byo gutwara abagenzi, amafaranga akajya kwa shoferi na shebuja w’umutegetsi wahawe iyo modoka ya leta ngo imufashe mu kazi.

Nko muri Bujumbura, cyane cyane ahahoze isoko rikuru, usanga imodoka z’igisirikari, iza polisi n’ iza minisiteri zipakira abagenzi, umuturage akishyura hagati y’amarundi 1.200 na 3.000, bitewe n’aho agarukira muri Bujumbura. Twibukiranye ko izo modoka nta n’ubwishingizi bwo gutwara abagenzi zigira, utekereze rero nk’ikamyoneti ipakiye abantu 20 ikoze impanuka. Ibi byose biba “leta mbyeyi” ibireba.

Ubu inganda zikomeye nka BRARUDI ikora ibinyobwa, SOSUMO ikora isukari, n’indi nyinshi, ziritegura gufunga imiryango kuko zitabasha gutumiza mu mahanga iby’ibanze zikenera mu bikorwa byazo.

Nta muti muri farumasi, nta cyuma cy’imodoka cyangwa icyo mu ruganda cyo gusimbura igishaje, n’icyatumijwe mbere kirakosha, ibikoresho by’ubwubatsi reka da, mbese uBurundi bugowe bikomeye no gutumiza ikintu icyo ari cyo cyose mu mahanga.

Hejuru y’ibi rero hiyongeraho n’ibibazo by’umutekano, aho “leta mbyeyi” igaba ibitero ku baturage, nako ku ” bana bayo”, maze mu buswa bukabije bakabyitirira u Rwanda.
Urugero ruheruka ni urw’ibisasu inzego z’ubutasi mu Burundi zateye mu mujyi wa Bujumbura mu mpera z’icyumweru gishize, abantu benshi bakahasiga ubuzima, abandi bagakomereka.

Ibi birasa n’ibyakozwe mu Kuboza umwaka ushize, ubwo imbonerakure zicaga abaturage bo mu Gatumba, hafi y’umupaka w’uBurundi na Kongo, maze Perezida Ndayishimiye akemeza ashize amanga ko byakozwe n’intumwa z’uRwanda.

Uretse ko Ndayishimiye atashoboye gusobanura ukuntu umuntu yava mu Rwanda akajya gutera mu Burundi, hafi y’umupaka wabwo na Kongo, hadafite aho hahuriye n’ubutaka bw’uRwanda, ntanerekana inyungu uRwanda rufite mu kwica inzirakarengane z’Abarundi.

Babivuze ukuri, ibisa birasabirana koko. Ndayishimiye na Tshisekedi wa Kongo bakabaye inshuti, basangiye ubwenge buciriritse cyane. Ibinyoma byabo bisa na bya byivugo by’amahomvu tuzi ku bitambambuga cyangwa ku bagabo batuzuye.

Bombi bugarijwe n’ibibazo by’imiyoborere, maze babura icyo babwira abaturage, bagahitamo kwegeka imitwaro yabo ku Rwanda.

Tshisekedi yananiwe gusobanura ibya ruswa, ivangura rikorerwa bamwe mu baturage ayobora, n’andi mahano aranga ubutegetsi bwe hafi ya ntabwo, M23 yamwatsaho umuriro, akabyitirira u Rwanda. Ejobundi agize atya arashe mu nkambi y’impunzi ya Kibumba maze ingorwa zirahashirira, ati mubibaze u Rwanda. Rubifitemo iyihe nyungu? Ikimenyetso se, umubi ni uwasubiza!

Ndayishimiye na CNDD-FDD ye ubutegetsi burabananiye, RED-TABARA yamugera amajanja, ati ni uRwanda.
Arashe abaturage mu Gatumba, abandi abaroshyemo grenades, ngo arangaze Abarundi n’amahanga kubera uruhuri rw’ingorane arimo, induru ayihaye umunwa ati byose ni u Rwanda!

Ariko se ko ikinyoma kidahabwa intebe kabiri, ndetse abashishoza bakaba batagiha agaciro iyo mikino yanyu, mwakwicaranye n’abo musangiye igihugu, mugashaka umuti w’ibibazo murebana mu maso, ko amaturufu y’ikinyoma yenda kubashirana?

URwanda rufite ingorane zarwo, zirimo kwirindira umutekano no kwivana mu bukene. Nta mwanya rufite rero wo guta mu birarufitiye akamaro, ari nayo mpamvu muzakomeza kuvunwa n’ ishyari muterwa n’intambwe rutera.

Ndayishimiye na Tshisekedi nababwira iki. Aho gukorera abo mubeshyera ngo barabatumye, nimukomeze muhekenyere u Rwanda amenyo, amaherezo muzayamarira mu nda.

2024-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Rwanda:The Royal Tour’ yerekanwe i New York mu muhango witabiriwe na Kagame, hatahiwe i Kigali

‘Rwanda:The Royal Tour’ yerekanwe i New York mu muhango witabiriwe na Kagame, hatahiwe i Kigali

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Ishyaka FRODEBU rivuga ko CNDD- FDD ishaka kugarura ingoma ya cyami mu Burundi

Ishyaka FRODEBU rivuga ko CNDD- FDD ishaka kugarura ingoma ya cyami mu Burundi

Ubwanditsi 05 May 2018
Tariki 22 Ugushyingo 2021, i Paris mu Bufaransa hatangiye urubanza rwa Claude Muhayimana ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Tariki 22 Ugushyingo 2021, i Paris mu Bufaransa hatangiye urubanza rwa Claude Muhayimana ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 22 Nov 2021
Inama y’abaminisitiri yahagaritse ku mirimo abayobozi b’ikigo cy’igihugu giteza imbere Uburezi (REB)

Inama y’abaminisitiri yahagaritse ku mirimo abayobozi b’ikigo cy’igihugu giteza imbere Uburezi (REB)

Ubwanditsi 12 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazamakuru : Barore Cleophas yatorewe kuyobora RMC
Mu Mahanga

Itangazamakuru : Barore Cleophas yatorewe kuyobora RMC

Ubwanditsi 10 Dec 2016
Capt.Nkuyehasi warindaga Gen Niyombare yishwe arashwe
ITOHOZA

Capt.Nkuyehasi warindaga Gen Niyombare yishwe arashwe

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Shampiyona Nyafurika ya Volleyball yatangiye u Rwanda rutsinda u Burundi mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame
Amakuru

Shampiyona Nyafurika ya Volleyball yatangiye u Rwanda rutsinda u Burundi mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 08 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru