• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Igisirikare cya Uganda kirimo gutera mu ngo z’Abanyarwanda gisaka imbunda

Igisirikare cya Uganda kirimo gutera mu ngo z’Abanyarwanda gisaka imbunda

Ubwanditsi 25 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abanyarwanda babiri bageze mu Rwanda bahunze abasirikare ba Uganda, nyuma y’uko babateye mu ngo zabo bashaka kureba ko na ntwaro babitse.

Aba bantu bakoreraga ubucuruzi muri Uganda, mu gihe cy’imyaka ine, bavuze ko bagabweho igitero n’abasirikare bo mu mutwe wa Military Police, ijagajaga inzu bakoreramo ngo ishaka imbunda ariko iraheba.

Umugabo tutangaje amazina ye kubera impamvu ze z’umutekano, yavuze ko ubusanzwe afite umuryango we mu Rwanda ariko yari amaze imyaka ine n’umuvandimwe we muri iki gihugu bacuruza.

Ati “Ndi umuntu wacururizaga muri Uganda, aho nari mpafite iduka, ubwo najyaga mu Mujyi wa Kampala kurangura, nibwo abasirikare baje iwanjye bavuga ko ndi maneko w’u Rwanda baza kunsaka bakoresheje Military Police ariko basanga ntahari”.

“Bahasanze umuvandimwe wanjye twakoranaga, nibwo yababwiye ko nagiye kurangura ariko binjira mu nzu barasaka ibintu byose bashaka imbunda babura ikintu na kimwe.”

Aba basirikare ngo basize babwiye umuvandimwe we ko ari uyu mugabo bashakaga. Uyu munyarwanda yavuze ko aba basirikare babwiye uyu muvandimwe we ko bazagaruka kureba ko yagarutse.

Ati “Umuvandimwe wanjye ambwiye ko baje banshaka, nahise mpungira mu Rwanda kuko numvaga ko ubuzima bwanjye bushobora kujya mukaga.”

Nyuma yo kugera mu Rwanda nibwo yabwiye umuvandimwe we ko agurisha ibyo bari bafiteyo byose, ubu bose bagarutse mu Rwanda.

Yatangaje ko hari amakuru yamenye ko bashakaga kuzamufata ngo bamukorere iyicarubozo, bikaba ari byo byatumye ahunga.

Abanyarwanda bari muri Uganda bafite impungenge

Uyu muturage yavuze ko abanyarwanda bari muri Uganda, bahangayitse kuko ubwe ari umusivili wikoreraga akazi k’ubucuruzi.

Ati “Hariyo abanyarwanda benshi barengana, icyo gihe baza kunsaka hari undi munyarwanda bajyanye, iyo uriyo uri umunyarwanda baraza bakagufata uko bashatse, iyo basanze amakuru bagushakaho ntayo ufite kukurekura baguca amafaranga, bahera muri miliyoni 5 z’amashilingi.”

Ikibazo cy’Abanyarwanda bafatirwa muri Uganda, bagafungwa, bagakorerwa iyicarubozo abandi bakaburirwa irengero, gikomeje gufata indi ntera, aho ibi bikorwa by’ubugizi bwa nabi byose usanga bikorwa n’inzego z’umutekano cyane cyane urw’iperereza (CMI).

Tariki 23 Gashyantare uyu mwaka, Muhawenimana Damascène utuye mu Murenge wa Macuba, Akarere ka Nyamasheke, ni umwe muri abo banyarwanda wari umaze amezi abiri afunzwe amapingu ku maguru no ku maboko, anapfutse ku mutwe n’inzego z’iperereza mu Mujyi wa Kampala wageze mu Rwanda.

Yavuze ko iyicarubozo yakorerwaga kubera ko ari umunyarwanda, yarikorewe n’abantu bavuga Ikinyarwanda, akeka ko ari abanyarwanda barwanya u Rwanda bakorana n’Urwego rw’ubutasi rwa Uganda (CMI), mu guhohotera abo bita ‘Intasi za Kagame’.

Aba banyarwanda bariyongera ku bandi bakomeje kugarurwa mu Rwanda bahonotse iyicarubozo n’ihohoterwa bakorerwaga muri gereza za Uganda. Hari kandi n’abatawe muri yombi kugeza n’uyu munsi baburiwe irengero.

2019-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“U Rwanda rutewe ishema no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yagenze neza kurusha uko byari byitezwe” – Perezida Kagame

“U Rwanda rutewe ishema no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yagenze neza kurusha uko byari byitezwe” – Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Sep 2025
Perezida Museveni  yateye utwatsi ubusabe bwa Mugenzi we Nkurunziza

Perezida Museveni yateye utwatsi ubusabe bwa Mugenzi we Nkurunziza

Ubwanditsi 27 Nov 2018
Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Ubwanditsi 28 Feb 2020
“Nta muntu waturemye, nta n’uwaturemeye, twaremwe n’Imana” – Perezida Paul Kagame

“Nta muntu waturemye, nta n’uwaturemeye, twaremwe n’Imana” – Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 07 Nov 2021

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    February 26, 20193:41 pm -

    NIBAZE IWABO UBUNDI BAKORA IKI MU BUGANDE !!KABAREBE ATI KUKI BAJYA GUHUNAHUNA BABA BASHAKA IKI??NIBAZE MU GIHUGU CYABO BAKORE UBWO BUCURUZI !!NONESE UBUGANDE BUBABUZA KUTAHA IWABO!!????BOSE BABACYURE BAZE TWUBAKE U RWANDA RWACU!!BAREKE GUHUNAHUNA NKUKO GENERAL KABAREBE YABIVUZE!!IBI BIRUMVIKANA!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FPR Inkotanyi mu mujyi wa Kigali yatoye Paul Kagame nk’uzayihagararira mu matora ya Perezida
Mu Rwanda

FPR Inkotanyi mu mujyi wa Kigali yatoye Paul Kagame nk’uzayihagararira mu matora ya Perezida

Ubwanditsi 10 Jun 2017
Perezida  JOSEPH KABILA n’umuryango we bigwijeho umutungo utubutse aho gukorera igihugu
Mu Rwanda

Perezida JOSEPH KABILA n’umuryango we bigwijeho umutungo utubutse aho gukorera igihugu

Ubwanditsi 19 Dec 2016
Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!
Amakuru

Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Ubwanditsi 09 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru