• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye   |   14 Sep 2026

  • Police VC yinjije abakinnyi batatu bashya, barimo Rosaly Chioma uvuye muri Macedonia y’Amajyaruguru   |   14 Sep 2026

  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida JOSEPH KABILA n’umuryango we bigwijeho umutungo utubutse aho gukorera igihugu

Perezida JOSEPH KABILA n’umuryango we bigwijeho umutungo utubutse aho gukorera igihugu

Ubwanditsi 19 Dec 2016 Mu Rwanda

Perezida Joseph Kabila uyobora Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuva 2001 ubwo umubyeyi we Desire Kabila wakiyoboraga yaramaze kwivuganwa n’uwamurindaga, aratungwa agatoki mu buryo bukomeye we n’umuryango we kuba barigwijeho umutungo mu gihe gito kandi muburyo budasobanutse.

Nkuko tubikesha Bloomberg News Agency ikorera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ngo Joseph Kabila n’umuryango we wa hafi bubatse umuyoboro mpuzamahanga w’ubucuruzi kugira ngo abone uko yigwizaho imitungo. Biravugwa ko ahantu hose yabonaga ko habyara amafaranga yahise ashinga sosiyete ikorana nabo.

Ikindi ni uko abantu batari bake bafite business nkizo bagiye bahura n’ingorane kuko yashakaga uburyo bwo kubakumira kugira ngo izo business zikorwe n’amasosiyete ye n’umuryango we.

-5082.jpg

Olive Kabila n’umugabo we Perezida Joseph Kabila

Bloomberg news agency yamaze igihe kirenga umwaka ikora iri tohoza igakorana n’abandi banyamakuru batatu bashoboye kwinjirira uyu muryango wa Joseph Kabila, basanga ubucuruzi bukomeye bwabo bwaribanda kwicukurwa ry’amabuye y’agaciro, ibivuyemo bigashyirwa ku makonti y’uyu muryango. Ibi byakorwaga mu gihe iki gihugu kiri mu byambere bikennye ku isi, naho perezida wacyo akaba muba mbere bakize ku isi.

Abanyamakuru bakoze ubu bushakashatsi bashoboye kuvumbura impapuro z’amabanga zigera kubihumbi ijana zijyanye n’ubucuruzi bukorwa mu buryo bwa mafia n’umufasha wa Kabila.

Abantu banditse kuri izo mpapuro (documents) ni abantu bahafi ni ukuvuga abana babiri ba Kabila, umugore we, barumuna na basaza b’umugore we, bene wabo wa Kabila aba nibo bakoreshwaga bandikwaho ibyangombwa by’amasosiyete mpuzamahanga atandukanye arenga 70.

Urugero nko mu bucukuzi bw’amabuye yagaciro hafashwe impapuro (documents) 120 zemerera aba bantu gucukura diyama, zahabu, colota, nandi mabuye akomeye kandi ahenze bagahabwa ibirombe bikungahaye ntihagire undi wemererwa gukorera aho hafi yabo.

-5080.jpg

Joseph Kabila yabaye umusirikare, ajya kubutegetsi akiri muto ndetse bivugwa ko nta bunararibonye afite muri politike. Ubu arasabwa kuva kubutegetsi muri uku kwezi taliki ya 19 Ukuboza kuko manda ye iraba irangiye. Ariko ikigaragara ni uko yafashe imitsina adashaka kurekura ngo abandi bajyeho. Abantu benshi bakaba bibaza uko bizagenda kuko arimo gushaka uko yashyiraho inzibacuho akanayiyobora kugeza 2018.

Joseph Kabila n’umuryango we nta business basubiza inyuma mugihe bayibonamo inyungu.

Nkuko Bloomberg News agency ikomeza ibivuga mu itohoza ryayo, kuva mu mwaka 2003 Joseph Kabila n’umuryango we bashinze amasosiyete mpuzamahanga byibura 70. Bagiye bayafungura muri DR Congo, Amerika (USA), PANAMA, Dubai, TANZANIA, Island iri munyanja ya pacifica n’ahandi.

Kugira ngo ibikorwa by’uyu muryango bigende neza bagiye bareba business zikeneranye mu mikorere kandi zinjiza amafaranga menshi bagahita bafungura igikorwa kigendanye n’ikindi.

Mu bikorwa bashoyemo amafaranga harimo gufungura za Banki, kubaka ibigega na station za essence, kugura ibikuyu binini cyane mu bihugu bitandukanye, kugura indege no gushinga kompanyi z’indege, gushinga sosiyete zubaka imihanda, kubaka amahoteli no kugura amahoteli akomeye hirya no hino ku isi, gutumiza imiti no kuyicuruza, gucuruza tickets z’indege, gushinga za alimentations zikomeye, gushinga utubyiniro n’utubare tugezweho (club nights), sosiyete zitumanaho n’ibindi.

-5085.jpg

-5083.jpg

-5084.jpg

Ikindi muri iki cyegeranyo ngo muri DR Congo kubera umwanya Kabila afite service nyinshi za leta zari zifite lisite y’amasosiye zigomba guha akazi ndetse bakanishyurwa mbere yuko akazi gakorwa. Ibi rero ngo byatumye Joseph Kabila n’umuryango we ubu bari mubantu bafite imitungo ibarirwa mu mamiliyoni y’amadorali menshi cyane kuburyo anatinya ko yazakurikiranwa aramutse avuye kubutegetsi.

Ikindi ni uko ikinyamakuru cyitwa People with money cyavuze ko muri uyu mwaka wa 2016 Kabila aza kumwanya wa mbere ku isi mu bapereziza babona amafaranga menshi y’umushahara na mission bafata kuko abona miliyoni 75 z’amadorali. Ikindi ngo umutungo we uzwi ungana na miliyoni 215 z’amadorali ariko bakavuga ko atari byo kuko umutungo we mwinshi uhishe muri ariya masosiyete n’amabanki atazwi.

Umunyamakuru wa AFP yagize icyo abaza umuvugizi wa leta ya DR Congo ngo agire icyo abivugaho hanyuma asubiza ko abo mu muryango wa perezida Kabila bafite uburenganzira bwo gukora ubucuruzi uko babyumva. Yongeyeho ati: “Mubahe amahoro, ibi ni amatiku y’ibihugu by’iburayi bishaka kuduharabika”

-5079.jpg

Nkuko bizwi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ni igihugu kinini gifite ubukungu butandukanye ariko kigira ibyago byo kubura ubuyobozi buyobora mu buryo buboneye. Ibi byatumye abaturage bacyo baba abakene ndetse abenshi babarirwa mu Kiciro cy’abatindi nyakujya. Mu bice bitandukanye by’iki gihugu hari aho abaturage bambara ubusa. Nta n’igitangaza kuko hari aho abantu bamara hafi ukwezi bagenda mu nzira bajya kwivuza kwa muganga bagerayo bakababagisha ibyuma bakoresha mu mabagiro y’amatungo.

Muri rusange 90% by’abakongomani batunzwe na 1.4$ ni ukuvuga amafaranga y’urwanda 1.165 k’umunsi iki cyegeranyo cyasohowe na LONI vuba aha.

Ibi bikaba bisohoza akawamugani ngo zirya bamwe abandi bambuka.

Hakizimana Themistocle

2016-12-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

Ubwanditsi 20 Jul 2021
CNLG na Ibuka banenze u Bwongereza bwanze kohereza mu Rwanda abakekwaho ibyaha bya Jenoside

CNLG na Ibuka banenze u Bwongereza bwanze kohereza mu Rwanda abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 30 Jul 2017
Abakuru b’ibihugu by’Afrika 5 mu Burundi

Abakuru b’ibihugu by’Afrika 5 mu Burundi

Ubwanditsi 27 Feb 2016
Ni iki kihishe inyuma y’uruzinduko rwa Nkurunziza muri Tanzania

Ni iki kihishe inyuma y’uruzinduko rwa Nkurunziza muri Tanzania

Ubwanditsi 21 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cyamunara, amanyanga no kugambanira imitungo y’Abaturage mu ma Banki,  bikomeje kuzambya ubukungu bw’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Cyamunara, amanyanga no kugambanira imitungo y’Abaturage mu ma Banki, bikomeje kuzambya ubukungu bw’u Rwanda

Ubwanditsi 10 Dec 2019
RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze
UBUKUNGU

RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze

Ubwanditsi 10 Jan 2017
Amateka akomeje gukorwa, Mukansanga Salima mu basifuzi b’umukino w’u Bufaransa na Australia w’igikombe cy’Isi 2022
Amakuru

Amateka akomeje gukorwa, Mukansanga Salima mu basifuzi b’umukino w’u Bufaransa na Australia w’igikombe cy’Isi 2022

Ubwanditsi 22 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

14 Sep 2026
Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru