• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida JOSEPH KABILA n’umuryango we bigwijeho umutungo utubutse aho gukorera igihugu

Perezida JOSEPH KABILA n’umuryango we bigwijeho umutungo utubutse aho gukorera igihugu

Ubwanditsi 19 Dec 2016 Mu Rwanda

Perezida Joseph Kabila uyobora Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuva 2001 ubwo umubyeyi we Desire Kabila wakiyoboraga yaramaze kwivuganwa n’uwamurindaga, aratungwa agatoki mu buryo bukomeye we n’umuryango we kuba barigwijeho umutungo mu gihe gito kandi muburyo budasobanutse.

Nkuko tubikesha Bloomberg News Agency ikorera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ngo Joseph Kabila n’umuryango we wa hafi bubatse umuyoboro mpuzamahanga w’ubucuruzi kugira ngo abone uko yigwizaho imitungo. Biravugwa ko ahantu hose yabonaga ko habyara amafaranga yahise ashinga sosiyete ikorana nabo.

Ikindi ni uko abantu batari bake bafite business nkizo bagiye bahura n’ingorane kuko yashakaga uburyo bwo kubakumira kugira ngo izo business zikorwe n’amasosiyete ye n’umuryango we.

-5082.jpg

Olive Kabila n’umugabo we Perezida Joseph Kabila

Bloomberg news agency yamaze igihe kirenga umwaka ikora iri tohoza igakorana n’abandi banyamakuru batatu bashoboye kwinjirira uyu muryango wa Joseph Kabila, basanga ubucuruzi bukomeye bwabo bwaribanda kwicukurwa ry’amabuye y’agaciro, ibivuyemo bigashyirwa ku makonti y’uyu muryango. Ibi byakorwaga mu gihe iki gihugu kiri mu byambere bikennye ku isi, naho perezida wacyo akaba muba mbere bakize ku isi.

Abanyamakuru bakoze ubu bushakashatsi bashoboye kuvumbura impapuro z’amabanga zigera kubihumbi ijana zijyanye n’ubucuruzi bukorwa mu buryo bwa mafia n’umufasha wa Kabila.

Abantu banditse kuri izo mpapuro (documents) ni abantu bahafi ni ukuvuga abana babiri ba Kabila, umugore we, barumuna na basaza b’umugore we, bene wabo wa Kabila aba nibo bakoreshwaga bandikwaho ibyangombwa by’amasosiyete mpuzamahanga atandukanye arenga 70.

Urugero nko mu bucukuzi bw’amabuye yagaciro hafashwe impapuro (documents) 120 zemerera aba bantu gucukura diyama, zahabu, colota, nandi mabuye akomeye kandi ahenze bagahabwa ibirombe bikungahaye ntihagire undi wemererwa gukorera aho hafi yabo.

-5080.jpg

Joseph Kabila yabaye umusirikare, ajya kubutegetsi akiri muto ndetse bivugwa ko nta bunararibonye afite muri politike. Ubu arasabwa kuva kubutegetsi muri uku kwezi taliki ya 19 Ukuboza kuko manda ye iraba irangiye. Ariko ikigaragara ni uko yafashe imitsina adashaka kurekura ngo abandi bajyeho. Abantu benshi bakaba bibaza uko bizagenda kuko arimo gushaka uko yashyiraho inzibacuho akanayiyobora kugeza 2018.

Joseph Kabila n’umuryango we nta business basubiza inyuma mugihe bayibonamo inyungu.

Nkuko Bloomberg News agency ikomeza ibivuga mu itohoza ryayo, kuva mu mwaka 2003 Joseph Kabila n’umuryango we bashinze amasosiyete mpuzamahanga byibura 70. Bagiye bayafungura muri DR Congo, Amerika (USA), PANAMA, Dubai, TANZANIA, Island iri munyanja ya pacifica n’ahandi.

Kugira ngo ibikorwa by’uyu muryango bigende neza bagiye bareba business zikeneranye mu mikorere kandi zinjiza amafaranga menshi bagahita bafungura igikorwa kigendanye n’ikindi.

Mu bikorwa bashoyemo amafaranga harimo gufungura za Banki, kubaka ibigega na station za essence, kugura ibikuyu binini cyane mu bihugu bitandukanye, kugura indege no gushinga kompanyi z’indege, gushinga sosiyete zubaka imihanda, kubaka amahoteli no kugura amahoteli akomeye hirya no hino ku isi, gutumiza imiti no kuyicuruza, gucuruza tickets z’indege, gushinga za alimentations zikomeye, gushinga utubyiniro n’utubare tugezweho (club nights), sosiyete zitumanaho n’ibindi.

-5085.jpg

-5083.jpg

-5084.jpg

Ikindi muri iki cyegeranyo ngo muri DR Congo kubera umwanya Kabila afite service nyinshi za leta zari zifite lisite y’amasosiye zigomba guha akazi ndetse bakanishyurwa mbere yuko akazi gakorwa. Ibi rero ngo byatumye Joseph Kabila n’umuryango we ubu bari mubantu bafite imitungo ibarirwa mu mamiliyoni y’amadorali menshi cyane kuburyo anatinya ko yazakurikiranwa aramutse avuye kubutegetsi.

Ikindi ni uko ikinyamakuru cyitwa People with money cyavuze ko muri uyu mwaka wa 2016 Kabila aza kumwanya wa mbere ku isi mu bapereziza babona amafaranga menshi y’umushahara na mission bafata kuko abona miliyoni 75 z’amadorali. Ikindi ngo umutungo we uzwi ungana na miliyoni 215 z’amadorali ariko bakavuga ko atari byo kuko umutungo we mwinshi uhishe muri ariya masosiyete n’amabanki atazwi.

Umunyamakuru wa AFP yagize icyo abaza umuvugizi wa leta ya DR Congo ngo agire icyo abivugaho hanyuma asubiza ko abo mu muryango wa perezida Kabila bafite uburenganzira bwo gukora ubucuruzi uko babyumva. Yongeyeho ati: “Mubahe amahoro, ibi ni amatiku y’ibihugu by’iburayi bishaka kuduharabika”

-5079.jpg

Nkuko bizwi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ni igihugu kinini gifite ubukungu butandukanye ariko kigira ibyago byo kubura ubuyobozi buyobora mu buryo buboneye. Ibi byatumye abaturage bacyo baba abakene ndetse abenshi babarirwa mu Kiciro cy’abatindi nyakujya. Mu bice bitandukanye by’iki gihugu hari aho abaturage bambara ubusa. Nta n’igitangaza kuko hari aho abantu bamara hafi ukwezi bagenda mu nzira bajya kwivuza kwa muganga bagerayo bakababagisha ibyuma bakoresha mu mabagiro y’amatungo.

Muri rusange 90% by’abakongomani batunzwe na 1.4$ ni ukuvuga amafaranga y’urwanda 1.165 k’umunsi iki cyegeranyo cyasohowe na LONI vuba aha.

Ibi bikaba bisohoza akawamugani ngo zirya bamwe abandi bambuka.

Hakizimana Themistocle

2016-12-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo yasuye abapolisi b’u Rwanda bahakorera

Umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo yasuye abapolisi b’u Rwanda bahakorera

Ubwanditsi 10 Mar 2016
Tariki 12 Kamena 1994: Ingabo za FPR Inkotanyi zafashe Umujyi wa Gitarama

Tariki 12 Kamena 1994: Ingabo za FPR Inkotanyi zafashe Umujyi wa Gitarama

Ubwanditsi 12 Jun 2018
Hamidou Omar wigeze kuba Depite yitabye Imana(yavuguruwe)

Hamidou Omar wigeze kuba Depite yitabye Imana(yavuguruwe)

Ubwanditsi 14 Nov 2018
Icyo Kagame avuga ku mikorere ya MONUSCO muri Kongo

Icyo Kagame avuga ku mikorere ya MONUSCO muri Kongo

Ubwanditsi 20 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yatsinze Mukura 2-0 ikomeza gushyiramo ikinyuranyo ku makipe ayikurikiye arimo Rayon Sports
Amakuru

APR FC yatsinze Mukura 2-0 ikomeza gushyiramo ikinyuranyo ku makipe ayikurikiye arimo Rayon Sports

Ubwanditsi 26 Feb 2024
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha rwasabwe kuba maso
Mu Mahanga

Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha rwasabwe kuba maso

Ubwanditsi 11 Jan 2016
Ntamuhanga Cassien  watorotse gereza yagaragaye i Kampala muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ntamuhanga Cassien watorotse gereza yagaragaye i Kampala muri Uganda

Ubwanditsi 13 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru