• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hamidou Omar wigeze kuba Depite yitabye Imana(yavuguruwe)

Hamidou Omar wigeze kuba Depite yitabye Imana(yavuguruwe)

Ubwanditsi 14 Nov 2018 Mu Rwanda

Depite Hamidou Omar wahoze ari umudepite mu nteko ishinga amategeko yitabye Imana kuri wa kabiri.

Hamidu Omar yabaye intumwa ya rubanda muri leta y’inzibacyubo kuva mu mwaka w’1994 kugeza mu mwaka wa 2007. Yaje gusubira mu nteko mu mwaka 2003 kugeza mu mwaka wa 2013.

Hamidou omar yakorewe isengesho ku musigiti wa Al Fat’ha uzwi nka Onatracom

Hamidou Omar Kiyogoma yavukiye mu mugi wa Kigali, mu karere ka nyarugenge, mu mwaka w’1957. Yize amashuri ye abanza ku ishuri ribanza Intwali, akomereza amashuri yisumbuye muri Group Scolaire Byimana aho yize umwaka umwe, akomereza muri Group scolaire sainte Andre I Nyamirambo,aho yarangije afite amanota meza akomereza muri kaminuza y’u Rwanda (UNR) aho yize Ubutabire.

Yabaye Secretaire Depite muri biro y’inteko ishinga amategeko ubwo Joseph Sebarenzi yari Perezida wayo

Yabaye umukomiseri muri komisiyo y’ivugurura ry’itegekonshinga kuva mu mwaka 2001 kugeza 2002.

Akirangiza kwiga Kaminuza i Butare, Hamidou Omar yabaye umuyobozi w’uruganda rwitwaga SOMIRWA rwacukuraga amabuye yagaciro i Rutongo.

Yabaye kandi umukozi w’icyahoze ari Electrogaz ku Gihira ku Gisenyi.

Ni umwe mu bashinze ishyaka ntangarugero muri Demokarasi PDI mu mwaka w’1991.

Hakizimana Tchale Abdallah mukuru wa Hamidou Omar yabwiye  Itangazamakuru  ko Hamidou Omar yakuze ari umunyabwenge ku buryo aho yize hose yagiye yitwara neza, avuga ko yavuye mu nteko afata ikiruhuko cy’izabukuru, akomeza guhangana n’uburwayiindwara yari amaranye igihe kinini.

Nyuma y’isengesho yashyizwe mu modoka ijyanwamo abitabye Imana

Hamidou Omar yitabye Imana aguye mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu mu bitaro bya Kibagabaga, ari naho yari atuye, azize indwara zirimo umutima na Diyabete, yari afite imyaka 61,asize umugore n’abana 5.

Yashyinguwe kuri uyu wa gatatu mu irimbi ry’I Nyamirambo, ahari na bamwe mu barwandashyaka ba PDI brangajwe imbere na Perezida w’iri shyaka akaba na Visi perezida w’inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite Sheikh Mussa Fazil Harelimana na Visi perezida waryo Mukama Abbas.

Yasengewe ku musigiti wa Al fat’ha uzwi ku izina rya Onatracom

Sheikh Mussa Fazil Harelimana Visi perezida w’inteko ishinga amategeko hamwe na Mukama Abbas bombi b’abayobozi ba PDI

Yururutswa mu mva

Ubusabe bwa nyuma, Hamidou Omar yasabiwe ku irimbi ry’i Nyamirambo

2018-11-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali:Polisi yihanganishije imiryango y’abana batwikiwe muri ruhurura

Kigali:Polisi yihanganishije imiryango y’abana batwikiwe muri ruhurura

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Kiliziya Gatolika yongeye gusabira imbabazi abapadiri bagize uruhare muri Jenoside

Kiliziya Gatolika yongeye gusabira imbabazi abapadiri bagize uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 07 Oct 2017
Umuhanzi Meddy agiye guhuza  ba Rwiyemezamirimo badafite ubushobozi  hamwe n’Abashoramari.

Umuhanzi Meddy agiye guhuza ba Rwiyemezamirimo badafite ubushobozi hamwe n’Abashoramari.

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa kabiri w’irushanwa rya Basketball Africa League BAL yakinaga na GNBC yo muri Madagascal amanota 78 kuri 72.

Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa kabiri w’irushanwa rya Basketball Africa League BAL yakinaga na GNBC yo muri Madagascal amanota 78 kuri 72.

Ubwanditsi 19 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAN 2021: U Rwanda rwasimbutse ijonjora ry’ibanze
IMIKINO

CAN 2021: U Rwanda rwasimbutse ijonjora ry’ibanze

Ubwanditsi 17 Jul 2019
Polisi yemeje amakuru ko Gitifu wa Nyarugenge afunzwe
Mu Mahanga

Polisi yemeje amakuru ko Gitifu wa Nyarugenge afunzwe

Ubwanditsi 29 Mar 2016
Polisi y’u Rwanda yataye  muri yombi  itsinda ry’abantu  biyitirira akazi badakora
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi itsinda ry’abantu biyitirira akazi badakora

Ubwanditsi 11 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru