• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Diamond na Tunda baba barateguye kuzahurira mu Rwanda?

Diamond na Tunda baba barateguye kuzahurira mu Rwanda?

Ubwanditsi 23 Jan 2018 SHOWBIZ

Umuhanzi Diamond Platnumz wo mu gihugu cya Tanzania aherutse kuza mu Rwanda, aho yageze kuwa kane ushize, itariki 18 Mutarama, aje mu bikorwa bitandukanye birimo kumurika ubunyobwa asigaye akora, gusa harakekwa ko mu Rwanda yanakurikiwe n’umukobwa witwa Tunda wigeze kuvugwaho kuryamana nawe, hakibazwa niba bari bumvikanye guhurira I Kigali.

Hano mu Rwanda Diamond yamuritse ku mugaragaro ubunyobwa asigaye akora bita Diamond Karanga, ndetse asura isoko rikuru rya Nyarugenge asuhuza abakunzi be. Uru rugendo rukaba rwarakurikiye ibyo yari amaze iminsi atangaje avuga ko ashaka kugura inzu mu Rwanda.

Inkuru dukesha urubuga ghafla.com rwo muri Tanzania ivuga ko Diamond yaje mu Rwanda mu gihe ashinjwa guca inyuma umugore we akihererana n’umukobwa ukiri muto witwa Tunda ukunze kugaragara muri videos z’abahanzi batandukanye harimo na video y’indirimbo Just a Dance ya Yvan Buravan.

Bikaba bivugwa ko uyu mukobwa yatangaje ko ari mu Rwanda muri bumwe mu butumwa yanyujije kuri instagram ye nubwo bitasobanutse neza niba yari mu Rwanda mu gihe na Diamond yari ahari.

Ubwo butumwa bwe akaba yarabutanze afata ubutumwa bwa diamond bwavugaga ko ari kwerekeza mu Rwanda we avuga ko yahageze agira ati: “Rwanda! I’m here babes”

Abakurikiranira hafi ibi byamamare bakaba bakeka ko aba bombi bari basezeranye guhurira mu Rwanda Tunda akaba yarasaga nk’ubwira Diamond ko yahasesekaye.

Mu minsi ishize ikinyamakuru Daily Nation cyo muri Kenya kikaba giherutse gusohora inkuru, aho uyu mukobwa Tunda Sebastian yahakanaga ko yaba atwite inda ya Diamond.

Mu Kiswahili kinshi Tunda akaba yaragize ati:

“Nimechoka mimi kuongelea hili suala, mimi na chibu hatuna uhusiano wowote wa kimapenzi nilishasema yaani hii ni mara ya nne nasema yani ni mtu ambaye namuheshimu halafu unajua mimi ni team WCB, nawapenda WCB wote ndio maana unaona nimekaa upande wa WCB kwahiyo hayo mambo ya mimi kutoka na Naseeb sio kweli Naseeb ni mtu tu ambaye namuheshimu na nampenda, Halafu sina kibendi (mimba), kila siku kibendi jamani eeh! Nimechoka sina mimba mimi.”

Mu Kinyarwanda ugenekereje akaba yaragiraga ati: “Ndambiwe kuvuga kuri iki kibazo, njyewe na Chibu nta mubano uwo ari wo wose dufitanye w’urukundo narabivuze iyi ubu ni inshuro ya kane navuga mbees ni umuntu nubaha, kandi urabizi njyewe ndi team WCB, ndabakunda WCB bose niyo mpamvu ubona ndi iruhande rwa WCB. Kubw’ibyo ibyo bintu byo gusohokana na Naseeb (Diamond) si ukuri Naseeb ni umuntu nubaha kandi nkunda, ariko nta nda mfite, buri munsi inda bagenzi eeh! Ndarambiwe nta nda mfite njyewe.”

 

2018-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi

Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi

Ubwanditsi 12 Jul 2024
Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza

Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza

RUSHYASHYA 29 Jun 2026
Umuhanzi Sengabo Jodas yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bukwiriye umwana w’Umunyarwanda ndetse inahwitura ababyeyi

Umuhanzi Sengabo Jodas yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bukwiriye umwana w’Umunyarwanda ndetse inahwitura ababyeyi

Ubwanditsi 12 Mar 2021
Floyd Mayweather yatewe n’ Abajura baramucucura yibereye mu kabyiniro n’ Abakobwa

Floyd Mayweather yatewe n’ Abajura baramucucura yibereye mu kabyiniro n’ Abakobwa

Ubwanditsi 03 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 May 2023
Mu mukino witabiriwe na Amadou Gallo Fall uyobora BAL , ikipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 73-59
Amakuru

Mu mukino witabiriwe na Amadou Gallo Fall uyobora BAL , ikipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 73-59

Ubwanditsi 20 Mar 2024
Itsinda ryihariye ry’abapolisikazi bazajya kubungabunga ubutumwa bw’amahoro ryiteguye neza
Mu Rwanda

Itsinda ryihariye ry’abapolisikazi bazajya kubungabunga ubutumwa bw’amahoro ryiteguye neza

Ubwanditsi 14 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru