• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Inama y’abaminisitiri yahagaritse ku mirimo abayobozi b’ikigo cy’igihugu giteza imbere Uburezi (REB)

Inama y’abaminisitiri yahagaritse ku mirimo abayobozi b’ikigo cy’igihugu giteza imbere Uburezi (REB)

Ubwanditsi 12 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 11 Mata 2018, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Inama y’Abaminisitiri yahaye ikaze Dr. Uwera Claudine, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Igenamigambi winjiye muri Guverinoma, hamwe n’Abari basanzwe muri Guverinoma ariko bahinduriwe inshingano ari bo Dr. Ndagijimana Uzziel, Minisitiri w’Imari n’igenamigambi na Amb. Gatete Claver, Minisitiri w’Ibikorwaremezo, ibifuriza kuzatunganya neza inshingano zabo.

1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 16 Werurwe 2018 imaze kuyikorera ubugororangingo.

2. Inama y’Abaminisitiri yagejejweho raporo y’ibimaze gukorwa n’ibiteganyijwe gukorwa nyuma y’isinywa ry’amasezerano ashyiraho isoko rusange ku mugabane wa Afurika.

3. Inama y’Abaminisitiri yemeje Imishinga y’Amategeko ikurikira:

1) Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’Inguzanyo yashyiriweho umukono i Kigali, mu Rwanda, ku wa 22 Werurwe 2018, hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’Ikigo cy’Ubuyapani gishinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga (JICA), yerekeranye n’inguzanyo ingana na miliyari zirindwi na miliyoni magana atandatu na mirongo irindwi z’Amayeni y’Ubuyapani (7,670,000,000¥) agenewe Umushinga wo gutunganya Umuhanda NgomaRamiro;

2) Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’Inguzanyo yashyiriweho umukono i Kigali, mu Rwanda, ku wa 22 Werurwe 2018 hagati ya Repubulika y’u Rwanda na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, yerekeranye n’inguzanyo ingana na miliyoni mirongo itatu z’Amadolari y’Abanyamerika 30.000.000 USD) agenewe Ikigega cy’u Rwanda kigenewe guhanga ibishya.

3) Umushinga w’Itegeko ryerekeye ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo;

4) Umushinga w’Itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’imbonezamubano, iz’Ubucuruzi, iz’Umurimo n’iz’Ubutegetsi;

5) Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’Inyongera ku masezerano ashyiraho Umuryango Nyafurika w’Ubukungu yerekeye urujya n’uruza rw’abantu, uburenganzira bwo kuba no gutura mu bihugu bigize Umuryango yashyiriweho umukono i Kigali, mu Rwanda, ku wa 21 Werurwe 2018;

6) Umushinga w’Itegeko ryerekeye kutabasha kwishyura imyenda n’igihombo;

7) Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano ashyiraho agace k’ubucuruzi n’ubuhahirane butagira umupaka muri Afurika hamwe n’amasezerano ku bucuruzi bw’ibicuruzwa, amasezerano ku bucuruzi bwa serivisi, amasezerano ku mategeko n’uburyo bwo gukemura amakimbirane yashyiriweho umukono i Kigali, mu Rwanda, ku wa 21 Werurwe 2018;

8) Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’Ubufatanye mu guteza imbere no kurengera ishoramari hagati ya Guverinoma ya Repubulika y’u Rwanda na Guverinoma ya Repubulika ya Djibouti yashyiriweho umukono i Djibouti, ku wa 18 Mata 2017.

9) Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’Ubucuruzi hagati ya Guverinoma ya Repubulika y’u Rwanda na Repubulika Yunze Ubumwe Iharanira Demokarasi ya Ethiopiya, yashyiriweho umukono i Addis Ababa, muri Etiyopiya, ku wa 13 Kanama 2013.

10) Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’Ubufatanye mu guteza imbere no kurengera ishoramari hagati ya Guverinoma ya Repubulika y’u Rwanda na Guverinoma y’Ubwami bwa Maroc, yashyiriweho umukono i Kigali, mu Rwanda, ku wa 19 Ukwakira 2016.

4. Inama y’Abaminisitiri yemeje Amateka akurikira:

1) Iteka rya Perezida rizamura mu ntera ba Komiseri, Ofisiye Bakuru na Ofisiye Bato 236 b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa;

2) Iteka rya Perezida rigena imishahara n’ibindi bigenerwa abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha;

3) Iteka rya Minisitiri w’Intebe rishyiraho imbonerahamwe y’imyanya y’imirimo y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha;

4) Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena uburyo abakozi 463 n’umutungo byari muri Polisi y’u Rwanda birebana n’Ubushinjacyaha byimurirwa mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha;

5) Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena Imiterere n’Imikorere by’Inzego z’Imicungire y’Ibiza;

6) Iteka rya Minisitiri w’Intebe rishyiraho Umushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye Bwana MUKWAYA Rusatira Jean;

7) Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryemerera Bwana NGERERO NKURIZA Gervais wari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe imbuto mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kujya mu kiruhuko cy’izabukuru;

8) Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryemerera Bwana TWAHIRWA Alexander wari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Umurimo muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo guhagarika akazi mu gihe kitazwi;

9) Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryemerera Bwana MPAYANA Fio Logan, wari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubushakashatsi no kugenzura ireme mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere rya Transiporo (RTDA) gusezera ku kazi ku bushake;

10) Iteka rya Minisitiri ryerekeye Abafatanyabikorwa mu butabazi mu gihe cy’ibiza;

11) Iteka rya Minisitiri rijyana ahandi ba Suzofisiye n’Abapolisi bato 320 ba Polisi y’u Rwanda;

12) Iteka rya Minisitiri rizamura mu ntera ba Su Ofisiye n’abawada 1059 b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa;

13) Iteka rya Minisitri rigena urutonde rw’imirimo, ibikorwa n’imishinga bigomba gukorerwa isuzumangaruka ku bidukikije;

14) Iteka rya Minisitiri rihindura Iteka rya Minisitiri n° 04/CAB.M/015 of 18/05/2015 rishyiraho amabwiriza ajyanye n’imitunganyirize y’imijyi n’imyubakire;

15) Iteka rya Minisitiri rihindura Iteka rya Minisitiri n° 06/cab.m/015 ryo ku wa 08/06/2015 rishyiraho amabwiriza akubiyemo ibyiciro by’inyubako, ibisabwa n’uburyo bukurikizwa mu gusaba no gutanga impushya zo kubaka;

5. Inama y’Abaminisitiri yashyize Bwana BISENGIMANA Joseph mu mwanya w’Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Igenamigambi, Ikurikiranabikorwa n’Isuzumabikorwa (Director of Planning, Monitoring and Evaluation Unit) mu Rwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB).

6. Inama y’Abaminisitiri yahagaritse ku mirimo abari Abayobozi bakurikira mu Kigo gishinzwe Guteza imbere Uburezi mu Rwanda (REB):

1) Dr. MUSABE Joyce: Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Integanyanyigisho n’Imfashanyigisho/Head of Curriculum, Teaching and Learning Resources Department;

2) Dr. TUSIIME RWIBASIRA Michael: Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Ibizamini n’Isuzumabumenyi/Head of Examinations, Selection and Assessment Department;

3) Bwana MUJIJI Peter: Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Imirimo Rusange/ Head of Corporate Division;

4) Bwana KAREGESA Francis: Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Imari/Director of Finance;

5) Bwana BAGAYA Rutaha: Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Amasoko/Head of Procurement Unit.

7. Mu Bindi

a) Minisitiri w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko ku itariki ya 7 kugeza ku ya 10 Gicurasi 2018 u Rwanda ruzakira Inama Mpuzamahanga ya 4 yiga ku iterambere rya Afurika “Transform Africa 2018 Summit”.

Iyi nama iteganyijwe kubera muri Kigali Convention Center yateguwe ku bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda n’Ubunyamabanga bwa Smart Africa ku nsanganyamatsiko igira iti: “Kwihutisha ishyirwaho ry’isoko rimwe rihuriweho muri Afurika mu bijyanye n’ikoranabuhanga”.

b) Minisitiri w’Umuco na Siporo yamenyesheje Inama y’Abamisitiri ko ku itariki ya 27 na 28 Mata 2018 u Rwanda ruzakira Inama y’Inteko Rusange ya 2018 y’Impuzamashyirahamwe Nyafurika y’Umukino wa Tennis. Iyi nama iteganyijwe kubera i Kigali, muri Hotel des Mille Collines.

c) Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo uzizihizwa ku itariki ya mbere Gicurasi 2018 ku nsanganyamatsiko igira iti: “Duteze imbere umurimo utanga umusaruro, twihutisha iterambere”.

Kwizihiza uwo munsi bizabera mu Karere ka Rubavu, ku rwego rw’Igihugu no ku rwego rwa buri Kigo. Hari ibikorwa bitandukanye byateganyijwe mu cyumweru cyahariwe umurimo giteganyijwe kuva ku itariki ya 23 Mata kugeza ku ya mbere Gicurasi 2018.

d) Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko mu bizamini bya Leta bisoza ikiciro rusange n’ikiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye ikizamini cya Leta kizabazwa ku masomo asanzwe nk’uko byakozwe umwaka ushize.

Amasomo y’inyongera yagombaga kubazwa mu kizamini cya Leta hakurikijwe Integanyanyigisho nshya ishingiye ku bushobozi (Competence Based Curriculum) ariyo:

Ikoranabuhanga (ICT), Literature in English (Ubuvanganzo mu rurimi rw’Icyongereza, Igifaransa (French) n’Igiswayire (Swahili) mu mashuri yisumbuye mu kiciro rusange n’imibare (Sub-mathematics) n’Igifaransa (French) mu kiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye ntabwo azabazwa mu kizamini cya Leta muri uyu mwaka wa 2018 kubera imbogamizi zagaragaye mu ishyirwa mu bikorwa ry’iyi nteganyanyigisho.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Marie Solange KAYISIRE, Minisitiri ushinzwe Imirimo y’inama y’Abaminisitiri.

2018-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikibazo cy’iterabwoba Perezida Kagame akibona nk’icyakemuka ngo n’ubwo gikomeye

Ikibazo cy’iterabwoba Perezida Kagame akibona nk’icyakemuka ngo n’ubwo gikomeye

Ubwanditsi 28 Jan 2018
Burundi: Itsinda ry’Abakaraza 21, batorotse igihugu kubera “umutekano muke”.

Burundi: Itsinda ry’Abakaraza 21, batorotse igihugu kubera “umutekano muke”.

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Rwalinda Pierre Celestin yabaye uwa mbere wamamaje igitabo cya Jean Kambanda, biragaragara ko FDU Inkingi ariyo iri inyuma yiki gitabo

Rwalinda Pierre Celestin yabaye uwa mbere wamamaje igitabo cya Jean Kambanda, biragaragara ko FDU Inkingi ariyo iri inyuma yiki gitabo

Ubwanditsi 29 Aug 2020
Twagiramungu Alias Rukokoma , Ntazongere Kubeshya Rubanda Ko Yibwe Amajwi [ Ikimenyetso ]

Twagiramungu Alias Rukokoma , Ntazongere Kubeshya Rubanda Ko Yibwe Amajwi [ Ikimenyetso ]

Ubwanditsi 06 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bane bafunzwe bazira ubufatanyacyaha mu bujura bw’inzitiramubu zigenewe abaturage
Mu Mahanga

Bane bafunzwe bazira ubufatanyacyaha mu bujura bw’inzitiramubu zigenewe abaturage

Ubwanditsi 10 Jan 2017
Umunyarwanda wabaga muri Canada yaguye muri Turikiya agana i Kigali
ITOHOZA

Umunyarwanda wabaga muri Canada yaguye muri Turikiya agana i Kigali

Ubwanditsi 17 Oct 2018
Kunshuro ya kabiri ACP Theos Badege yagizwe Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu
Mu Mahanga

Kunshuro ya kabiri ACP Theos Badege yagizwe Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu

Ubwanditsi 24 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru