• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024   |   08 Jun 2023

  • Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?   |   07 Jun 2023

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   07 Jun 2023

  • Munyantwari Alphonse niwe mukandida rukumbi wa Perezida wa FERWAFA, Gacinya na Murangwa mubatemerewe kwiyamamaza   |   06 Jun 2023

  • Shema Fabrice wayoboraga AS Kigali yasezeye kuyobora iyi kipe   |   05 Jun 2023

  • Rayon sports yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC 1-0, yegukana Miliyoni 10Frw   |   03 Jun 2023

 
You are at :Home»Amakuru»Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro

Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro

Editorial 14 Mar 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Imyaka irasaga 20 muri Kongo hatangiye gukoranira uruhuri rw’ingabo z’amahanga, kandi ntizisiba kwiyongera.

Zimwe zitwikiriye umutaka wa Loni(MONUSCO)zikaba ziva mu bihugu nk’Ubuhinde, Maroc, Uruguay, Afrika y’Epfo, nibindi, ari nako buri kwezi zikoresha miliyari zisaga 2 z’amadolari y’Amerika.

Mu mezi make ashize hiyongereyeho abasirikari bo mu bihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, ndetse abo muri Kenya, Uganda n’Uburundi zamaze kugera mu burasirazuba bwa Kongo, mu minsi mike hakaba hategerejwe iza Sudani y’Epfo. Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Perezida Lourenço w’Angola aherutse guhishura ko uretse Kenya ifite ubushobozi bwo futunga abasirikari bayo bari muri Kongo, ab’ibindi bihugu bazishingirwa na Leta ya Kongo, mu gihe umusirikari wa Kongo yicira is azi mu jisho.

Twibutse ko Uganda yo yari isanganywe muri Kongo ingabo zagiye kurwanya umutwe wa ADF. Izi nazo nta kidasanzwe zakoze yo, kuko iyo ADF ikomeje ibikorwa by’iterabwoba.

Igihugu cya Angola nacyo cyamaze gutangaza ko mu minsi ya vuba ingabo zacyo zizaba zasesejaye muri Kongo.Minisitiri Christophe Lutundula w’Ububanyi n’Amahanga wa Kongo akaya yavuze ko izo ngabo za Angola zitagenzwa no kurwana, ahubwo zije “guhagarara hagati y’igisirikari cya Leta(FARDC) n’abarwanyi b’umutwe wa M23″. Ababikurikirabira hafi bati:” Nizize zirire iraha, ziniyorere ibifaranga nk’abandi, dore ko nazo zizatungwa na Leta ya Kongo”.

Iyo urebye umubare w’aba basirikari bakoraniye mu burasirazuba bwa Kongo honyine, biyongera ku mitwe yitwaje intwato isaga 130, wanareba uburyo ahubwo ibintu birushaho kudogera, biroroshye kwanzura ko urwo ruhuri rw’ingabo rwaje kongera ibibembe mu binyoro(cyangwa ibinyoro mu bibembe).

Ese koko , Leta ya Kongo iracyafite ijambo ahantu hakoraniwe n’ibihumbi byinshi by’abasirikari b’amahanga, cyangwa ahubwo iyo Leta ijya kwemera ko urwo ruvunganzoka rw’abasirikari ruza muri Kongo, byabaye nko kugurisha ubusugire bw’igihugu, yibeshya ngo ibonye abatabazi?

Aho MONUSCO igereye muri Kongo imitwe yitwaje intwaro yarushijeho kuvuka, iyari ihasanzwe irushaho kugira imbaraga. Ibyo byatewe n’uko ari iyo MONUSCO, ari na Leta ya Kongo, byombi byafashije iyo mitwe kwiyubaka, biyiha imyitozo ya gisirikari, intwaro, imyambaro, ibiribwa n’imiti, nkuko byagaragajwe kenshi mu byegeranyo birimo n’ibya Loni ubwayo.

Ubwo hafatwaga icyemezo cyo Kohereza muri Kongo ingabo z’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, Perezida w’uwo Muryango muri iki gihe, akaba na Perezida w’uBurundi, Evariste Ndayishimiye, yabwiye Kongo ko nta munyamahanga uzaza kubarwanirira, mu gihe Abanyekongo ubwabo bazaba badashoboye kwikemurira ibibazo. Yagize ati:Abana bava inda imwe iyo bananiwe gusangira icunga bagahamagara uza kuribagabanya, arabanza akanyuyuza umutobe wa rya cunga, akabagabanya ibikatsikatsi bitakigira umutobe”. Uretse ko batumva cyangwa bumva nabi, ni iki Perezida Ndayishimiye atababwiye?

Mureke murebe rero uburyo bigiye fuhumira ku mirari. Ubu noneho abategetsi ba Kongo baringinga Umuryango w’Ibihugu byo muri Afrika y’Amajyepfo(SADC)ngo ubatabare. Uku kutizera abaturanyi bifuzaga gutanga umusanzu wabo(n’iyo waba muto), bizakurura urwikekwe n’intambamyi mu kugarura amahoro muri Kongo.

Ikindi, uretse se ko na SADC ubwayo itarashobora gukemura ibibazo biri mu banyamuryango bayo( urugero ni ibibazo by’umutekano muri Mozambique,Afrika y’Epfo n’ahandi), ubundi ni iki yazana gisumbye ibyananiye MONUSCO Nnabandi namazeyo igihe kinini?
Mu rugendo

Intumwa z’Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ku Isi zagiriye muri Kongo, zibukije Abanyekongo ko badakwiye gutega amakiriro kuri Loni ndetse n’amahanga, ko ahubwo ubutegetsi bwabo ari bwo bufite urufunguzo rw’amahoro

Ubu butumwa bufite ishingiro, ariko ntihagije kuko bwagombaga kujyana no guhambiriza ingabo za Loni, MONUSCO, niba koko izo ntumwa ziyemerera ko Loni ntacyo imariye Abanyekongo, nta n’icyo iteze kubamarira.

Icyakora, iyi mvugo y’ intumwa za Loni yaje yunganira iya Papa Francis na Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macro, nabo bagaragarije Kongo ko ikwiye kwishakamo ibisubizo, aho kugereka imitwaro yabo ku bihugu by’amahanga.

Mu by’ukuri rero, Abanyekongo nivumve ko ntawe uzaza kubamenera amaraso, ashaka umuti w’ibibazo bikururiye, ariko kandi bashobora no kwikemurira binyuze mu nzira ya politiki. Amahanga azaza yisarurire iby’indangare, Abanyekongo bahugiye mu kumarana no kwikoma u Rwanda, nyamara rwanabacumbikira rwahinanye nk’uko rutahwemye kubikora.

Uko barundanya abasirikari b’abanyamahanga mu gihugu cyabo, baza biyongera ku mitwe y’iterabwoba ndetse n’abacancuro, ni ko ubutegetsi buzakomeza gutakaza ijambo n’igitsure mu kurengera ubusugire bw’igihugu.Ni ko intwaro zizarushaho kunyanyagira mu baturage, kandi Leta itagifite ijambo ntizaba ikibashije kuzibambura.

Ngiyo”balkanisation” cyangwa gutera Kongo imirwi birirwa bashinja abandi, kandi Kongo ubwayo ariyo irimo kuyiha urwuho.

2023-03-14
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda Airlines na politiki zishaje za Museveni

Uganda Airlines na politiki zishaje za Museveni

Editorial 28 Apr 2019
Impamvu zateye Tanzania guha  inshingano zikomeye Kaberuka ititaye yuko ari umunyarwanda

Impamvu zateye Tanzania guha inshingano zikomeye Kaberuka ititaye yuko ari umunyarwanda

Editorial 23 Aug 2016
Uganda ifungirana u Rwanda ubugira kabiri – Perezida Kagame

Uganda ifungirana u Rwanda ubugira kabiri – Perezida Kagame

Editorial 25 Mar 2019
Abajenosideri  Protais Mpiranya, Fulgence Kayishema na nagenzi babo, nibashake bazihishe munsi y’urutare bazashakishwa uruhindu kugeza bafashwe

Abajenosideri Protais Mpiranya, Fulgence Kayishema na nagenzi babo, nibashake bazihishe munsi y’urutare bazashakishwa uruhindu kugeza bafashwe

Editorial 05 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

21 Apr 2023
Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

03 Apr 2023
Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

30 Mar 2023
Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

09 Mar 2023
Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

03 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

01 Jun 2023
Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

01 Jun 2023
Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

23 Dec 2022
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

29 Nov 2022
Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

13 Oct 2022
“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

03 Oct 2022
Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

03 Oct 2022

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru