• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15

Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15

Ubwanditsi 03 Mar 2017 ITOHOZA

Umunyarwanda utuye Cedar Rapids muri leta ya Iowa muri Amerika ejo urukiko rwamukatiye igifungo cy’imyaka 15 kubera yuko yabeshye ko yacitse ku icumu igihe Jenoside yakorerwaga Abatutsi muri 94.

Amakuru yasohotse henshi mu bitangazamakuru bya Amerika asobanura yuko asoma urubanza umucamanza, Linder Reader, yavuze yuko yemera adashidikanya ko Gervais Ngombwa yagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 94 ngo ariko ibihano kuri ibyo byaha abihariye ubutabera bw’u Rwanda kuko rumushakisha ngo kandi akaba azahita yoherezwa mu Rwanda nyuma yo kurangiza icyo gifungo cy’imyaka 15 yakatiwe n’urwo rukiko ruri muri Iowa y’amajyaruguru !

Umushinjacyaha ku rwego rw’igihugu, Rich Murphy, yabwiye urukiko yuko Gervais Ngombwa w’imyaka 57 y’amavuko ngo ari umuntu mubi cyane udakwiye kuba yari atuye muri sosiyete y’Abanyamerika. Ngo mu gihe cya Jenoside mu Rwanda yari ayoboye agatsiko k’abicanyi kamufashaga gutsemba Abatutsi bakoresheje imihoro. Ngo ibimenyetso bidashidikanywaho byemeza yuko umuhoro wa Ngombwa yawumarishije abantu benshi !

Akavuga kandi yuko Ngombwa yaje muri Amerika ahunze ubutabera kubera uruhare yagize muri Jenoside, ahageze abeshya yuko ari umucikacumu bimuhesha, we n’umuryango we, uruhushya rwo gutura muri Amerika nk’impunzi.

Uwo mushinjacyaha yasobanuriye urukiko yuko kugira ngo Ngombwa abone ubuhungiro muri Amerika yabeshye yuko avukana n’uwari Minisitiri w’intebe, Faustin Twagiramungu, ngo ibyo bigatuma yibasirwa aho yari mu nkambi y’impunzi muri Tanzania ngo kandi akaba atari gusubira mu Rwanda ngo kuko na Twagiramungu yahahungiye mu Bubiligi. Ngo ibyo binyoma byatumye abona ubuhungiro muri Amerika mu 1998 !

Kuri icyo kibazo cyo kuvukana na Twagiramyngu, Ngombwa yireguraga avuga yuko atavugaga kuvukana mu inda imwe, ngo ahubwo yavugaga kuvukana muri politike ! Urukiko rwasanze uko kwiregura kwe nta shingiro gufite !

Abanyamakuru bari aho Iowa mu rukiko bavuga yuko Ngombwa amaze gukatirwa icyo gifungo cy’imyaka 15 yagerageje kuzamura amaboko ngo asezere ku muryango we ariko biramugora kuko yari mu mapingu. Uwo muryango ugizwe n’umugore n’abana umunani.

Ngombwa yatangiye guhura n’ibibazo muri 2013 ubwo Polisi yamutaga muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gushaka kuriganya ikigo cy’ubwishingizi. PoLisi yavugaga yuko ngombwa yitwikiye, ku bushake, inzu yari atuyemo agashaka yuko icyo kigo cy’ubwishingizi kimwishyura nk’uwahishije inzu ku buryo butamuturutseho. Iyo nzu yari yarayihawe n’umuryango w’abagiraneza witwa Habitant for Humanity.

Ngo aho hantu Ngombwa yari atuye yarangagwa no kujya mu rusengero cyane ! Ngo ku manywa yakoraga akazi k’ubuzamu mu kugo cy’ishuli, naho ninjoro agakora akazi k’isuku muri hoteli.

-6001.jpg

Gervais Ngombwa

Casmiry Kayumba

2017-03-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Malawi: Undi munyarwanda ukekwaho Jenoside yatawe muri yombi

Malawi: Undi munyarwanda ukekwaho Jenoside yatawe muri yombi

Ubwanditsi 01 Mar 2017
Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe

Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero

Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero

Ubwanditsi 10 Oct 2019
Nsabimana Callixte yabivuze byose, ubufatanye na MRCD na PDR Ihumure ya Rusesabagina wemeye miliyoni y’amadorali yo gutangiza urugamba

Nsabimana Callixte yabivuze byose, ubufatanye na MRCD na PDR Ihumure ya Rusesabagina wemeye miliyoni y’amadorali yo gutangiza urugamba

Ubwanditsi 29 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC itaratsindwa na rimwe yamaze gukatisha itike iyijyana mu makipe arwanira igikombe , Kiyovu SC na Gorilla FC zitwaye neza ku munsi wa kane wa PNL.
Amakuru

APR FC itaratsindwa na rimwe yamaze gukatisha itike iyijyana mu makipe arwanira igikombe , Kiyovu SC na Gorilla FC zitwaye neza ku munsi wa kane wa PNL.

Ubwanditsi 12 May 2021
Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti

Ubwanditsi 05 Jul 2018
Uko  Inama y’igihugu y’ Umushyikirano yagenze umunsi k’uwundi ( VIDEO )
Mu Mahanga

Uko Inama y’igihugu y’ Umushyikirano yagenze umunsi k’uwundi ( VIDEO )

Ubwanditsi 17 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru