• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali

Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali

RUSHYASHYA 03 May 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Al Ahly SC yo mu Misiri yegukanye Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball [CAVB Men’s Club Championship 2026], itsinze Police VC amaseti 3-0 (20-25, 21-25, 25-22).

Umukino wa nyuma usoza iri rushanwa ryakinwaga ku nshuro ya 47, wabereye muri BK Arena, kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 2 Gicurasi 2026.

Al Ahly SC yanditse amateka yo kwegukana igikombe cyayo cya 17 mu gihe Police VC na yo yageze ku mukino wa nyuma bwa mbere mu mateka yayo, ndetse yabaye iya mbere ibikoze mu Rwanda.

Mu mukino wahuje amakipe yombi, Al Ahly SC yatsinze Police VC amaseti 3-0 mu mukino wamaze isaha n’iminota 21.

Muri rusange, Al Ahly SC yatsinze Police VC amanota 75-63 mu maseti atatu. Elphas Maikuva Makuto wa Police VC ni we watsinze amanota menshi [17] muri uyu mukino mu gihe Jose Israel Masso Alvarez w’iyi kipe yo mu Misiri yatsinze 13.

Mu irushanwa ryose, Makuto yatsinze amanota 141 mu gihe Masso Alvarez yinjije 78.

Muri iri rushanwa rimaze iminsi 10 rikinirwa mu Rwanda, Police VC ni yo yashoboye gutsinda Al Ahly nibura amanota arenze 20 muri seti imwe. Iyi kipe ya mbere muri Afurika, ugendeye ku mubare w’ibikombe, yasoje irushanwa nta seti cyangwa umukino yatsinzwe.

Muri CAVB Men’s Club Championship 2026, u Rwanda rwanditse amateka yo kwakira bwa mbere ariko n’amakipe abiri muri ane yari aruhagarariye yasoreje mu myanya itatu ya mbere.

REG VC yegukanye umwanya wa gatatu itsinze Petrojet Sporting Club yo mu Misiri amaseti 3-1 (25-21, 25-21, 13-25, 25-17).

Andi makipe yari ahagarariye u Rwanda ni APR VC yabaye iya 11 mu gihe Kepler VC yasoreje ku mwanya wa karindwi mu makipe 24 yitabiriye irushanwa.

Abakinnyi umunani beza mu irushanwa batoranyijwe barimo bane bakinira amakipe yo mu Rwanda na batatu bo mu Misiri.

Muri bo harimo Matui Nicholas ukinira REG VC wagizwe ‘outside hitter’ n’abandi ba Police VC bayobowe na Frank Shyaka ‘Middle blocker’, Melly Brian Kiprui ‘Setter’ na Irakoze Alain ‘Libero’.

Mu bandi bakinnyi beza bahembwe ni Abdelrahman Elhossiny Eissa wabaye ‘outside hitter’, Abou Abd Elhalim Mohamed ‘Middle blocker’ na Masso Alvarez Jose Israel ‘Opposite’ ba Al Ahly SC.

Umukinnyi w’irushanwa watowe ni Abdelrahman Elhossiny Eissa ukinira Al Ahly SC. Abdelrahmanw’imyaka 24, ureshya na metero 1,9 yatsinze amanota 60 mu irushanwa.

Uko amakipe yakurikiranye muri CAVB Men’s Club Championship 2026:

1. Al Ahly VC (Egypt)

2. Police VC (Rwanda)

3. Rwanda Energy Group (Rwanda)

4. Petrojet SC (Egypt)

5. Port Autonome de Douala (Cameroon)

6. Kenya Ports Authority (Kenya)

7. Kepler VC (Rwanda)

8. Fath Union Sport (Morocco)

9. Ghana Army (Ghana)

10. Nemo Stars (Uganda)

11. APR VC (Rwanda)

12. Nigeria Customs (Nigeria)

13. Equity Bank (Kenya)

14. General Service Unit (Kenya)

15. Kalibi SC (Ghana)

16. Sport-S VC (Uganda)

17. Litto Team VC (Cameroon)

18. Cameroon Volleyball (Cameroon)

19. AS INJS (Côte d’Ivoire)

20. Rukinzo VC (Burundi)

21. Wolaitta Dicha Sports Club (Ethiopia)

22. Black Rhinos VC (Zimbabwe)

23. Atlético Clube do Mindelo (Cape Verde)

24. Prisons VC (Tanzania)

2026-05-03
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

‘Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi

‘Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi

Ubwanditsi 22 Apr 2017
Kidum ngo agendana ubunararibonye mu gushimisha abakunzi ba muzika

Kidum ngo agendana ubunararibonye mu gushimisha abakunzi ba muzika

Ubwanditsi 30 Jun 2016
Rwakazina Marie Chantal ahigitse Henriette Murekatete ku mwanya w’umuyobozi w’umujyi wa Kigali

Rwakazina Marie Chantal ahigitse Henriette Murekatete ku mwanya w’umuyobozi w’umujyi wa Kigali

Ubwanditsi 25 May 2018
Inkwakuzi zamaze kurambagiza abakinnyi bakeneye, Uko byifashe ku isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi mu Rwanda

Inkwakuzi zamaze kurambagiza abakinnyi bakeneye, Uko byifashe ku isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Akanama k’Abaminisitiri ka EAC kajyanywe mu nkiko gashinjwa kutubahiriza amasezerano agenga umuryango
POLITIKI

Akanama k’Abaminisitiri ka EAC kajyanywe mu nkiko gashinjwa kutubahiriza amasezerano agenga umuryango

Ubwanditsi 24 Jan 2020
Abayobozi b’inzego z’ibanze bakwiye guhembwa mu rwego rwo guca ruswa- Transparency
Mu Mahanga

Abayobozi b’inzego z’ibanze bakwiye guhembwa mu rwego rwo guca ruswa- Transparency

Ubwanditsi 23 Mar 2016
Masisi: FARDC iravuga ko yavumbuye ibikoresho bya gisirikare mu rwuri rwa Gen. Laurent Nkunda
INKURU NYAMUKURU

Masisi: FARDC iravuga ko yavumbuye ibikoresho bya gisirikare mu rwuri rwa Gen. Laurent Nkunda

Ubwanditsi 15 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru