• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali

Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali

RUSHYASHYA 03 May 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Al Ahly SC yo mu Misiri yegukanye Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball [CAVB Men’s Club Championship 2026], itsinze Police VC amaseti 3-0 (20-25, 21-25, 25-22).

Umukino wa nyuma usoza iri rushanwa ryakinwaga ku nshuro ya 47, wabereye muri BK Arena, kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 2 Gicurasi 2026.

Al Ahly SC yanditse amateka yo kwegukana igikombe cyayo cya 17 mu gihe Police VC na yo yageze ku mukino wa nyuma bwa mbere mu mateka yayo, ndetse yabaye iya mbere ibikoze mu Rwanda.

Mu mukino wahuje amakipe yombi, Al Ahly SC yatsinze Police VC amaseti 3-0 mu mukino wamaze isaha n’iminota 21.

Muri rusange, Al Ahly SC yatsinze Police VC amanota 75-63 mu maseti atatu. Elphas Maikuva Makuto wa Police VC ni we watsinze amanota menshi [17] muri uyu mukino mu gihe Jose Israel Masso Alvarez w’iyi kipe yo mu Misiri yatsinze 13.

Mu irushanwa ryose, Makuto yatsinze amanota 141 mu gihe Masso Alvarez yinjije 78.

Muri iri rushanwa rimaze iminsi 10 rikinirwa mu Rwanda, Police VC ni yo yashoboye gutsinda Al Ahly nibura amanota arenze 20 muri seti imwe. Iyi kipe ya mbere muri Afurika, ugendeye ku mubare w’ibikombe, yasoje irushanwa nta seti cyangwa umukino yatsinzwe.

Muri CAVB Men’s Club Championship 2026, u Rwanda rwanditse amateka yo kwakira bwa mbere ariko n’amakipe abiri muri ane yari aruhagarariye yasoreje mu myanya itatu ya mbere.

REG VC yegukanye umwanya wa gatatu itsinze Petrojet Sporting Club yo mu Misiri amaseti 3-1 (25-21, 25-21, 13-25, 25-17).

Andi makipe yari ahagarariye u Rwanda ni APR VC yabaye iya 11 mu gihe Kepler VC yasoreje ku mwanya wa karindwi mu makipe 24 yitabiriye irushanwa.

Abakinnyi umunani beza mu irushanwa batoranyijwe barimo bane bakinira amakipe yo mu Rwanda na batatu bo mu Misiri.

Muri bo harimo Matui Nicholas ukinira REG VC wagizwe ‘outside hitter’ n’abandi ba Police VC bayobowe na Frank Shyaka ‘Middle blocker’, Melly Brian Kiprui ‘Setter’ na Irakoze Alain ‘Libero’.

Mu bandi bakinnyi beza bahembwe ni Abdelrahman Elhossiny Eissa wabaye ‘outside hitter’, Abou Abd Elhalim Mohamed ‘Middle blocker’ na Masso Alvarez Jose Israel ‘Opposite’ ba Al Ahly SC.

Umukinnyi w’irushanwa watowe ni Abdelrahman Elhossiny Eissa ukinira Al Ahly SC. Abdelrahmanw’imyaka 24, ureshya na metero 1,9 yatsinze amanota 60 mu irushanwa.

Uko amakipe yakurikiranye muri CAVB Men’s Club Championship 2026:

1. Al Ahly VC (Egypt)

2. Police VC (Rwanda)

3. Rwanda Energy Group (Rwanda)

4. Petrojet SC (Egypt)

5. Port Autonome de Douala (Cameroon)

6. Kenya Ports Authority (Kenya)

7. Kepler VC (Rwanda)

8. Fath Union Sport (Morocco)

9. Ghana Army (Ghana)

10. Nemo Stars (Uganda)

11. APR VC (Rwanda)

12. Nigeria Customs (Nigeria)

13. Equity Bank (Kenya)

14. General Service Unit (Kenya)

15. Kalibi SC (Ghana)

16. Sport-S VC (Uganda)

17. Litto Team VC (Cameroon)

18. Cameroon Volleyball (Cameroon)

19. AS INJS (Côte d’Ivoire)

20. Rukinzo VC (Burundi)

21. Wolaitta Dicha Sports Club (Ethiopia)

22. Black Rhinos VC (Zimbabwe)

23. Atlético Clube do Mindelo (Cape Verde)

24. Prisons VC (Tanzania)

2026-05-03
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Inda nini isumbye indagu, Donata Uwanyirigira warokotse Jenoside yakorewe abatutsi ageze aho yifatanya n’abayihakana

Inda nini isumbye indagu, Donata Uwanyirigira warokotse Jenoside yakorewe abatutsi ageze aho yifatanya n’abayihakana

Ubwanditsi 09 May 2022
Amafoto yerekana umuhanzi Sheeber Karungi ageze ku kibuga cy’indege cya  Kigali

Amafoto yerekana umuhanzi Sheeber Karungi ageze ku kibuga cy’indege cya Kigali

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Rutahizamu Usengimana Dany uherutse kwimukira muri Canada yasinyiye ikipe ya AS Laval yo mu cyiciro cya gatatu muri icyo gihugu

Rutahizamu Usengimana Dany uherutse kwimukira muri Canada yasinyiye ikipe ya AS Laval yo mu cyiciro cya gatatu muri icyo gihugu

Ubwanditsi 02 Apr 2024
Mu minsi 23 gusa, Amashusho y’indirimbo “Away “ya Ariel Wayz na Juno Kizigenza yujuje Miliyoni y’abamaze kuyireba kuri Youtube

Mu minsi 23 gusa, Amashusho y’indirimbo “Away “ya Ariel Wayz na Juno Kizigenza yujuje Miliyoni y’abamaze kuyireba kuri Youtube

Ubwanditsi 11 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu bayoboke 40 b’Itorero rya ADEPR rikorera Kibuye- Kampala, bafashwe na CMI, harimo 9 ba RNC  
INKURU NYAMUKURU

Mu bayoboke 40 b’Itorero rya ADEPR rikorera Kibuye- Kampala, bafashwe na CMI, harimo 9 ba RNC  

Ubwanditsi 05 Aug 2019
Perezida Kagame yatabarije umutungo wa Afurika utikirira mu nzira zitemewe
UBUKUNGU

Perezida Kagame yatabarije umutungo wa Afurika utikirira mu nzira zitemewe

Ubwanditsi 02 Aug 2018
Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)
Amakuru

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Ubwanditsi 24 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru