• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Inda nini isumbye indagu, Donata Uwanyirigira warokotse Jenoside yakorewe abatutsi ageze aho yifatanya n’abayihakana

Inda nini isumbye indagu, Donata Uwanyirigira warokotse Jenoside yakorewe abatutsi ageze aho yifatanya n’abayihakana

Ubwanditsi 09 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu muhango wo gushinyagurira abazize n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, wabereye mu mujyi wa Charleroi mu Bubiligi kuri uyu wa gatandatu tariki 07 Gicurasi 2022, uyu mugore Donata Uwanyirigira yagaragaye ari kumwe n’abayoboke ba Jambo Asbl, rya shyirahamwe ry’abana bakomoka ku bajenosideri, biriza ngo barashyira indabo ku rwibutso rw’aho Charlroi.

Mu bitabiriye uwo muhango wo ”KWIBUKA BOSE”, harimo n’abo mu ngirwamuryango”IGICUMBI”, biyita ko barokotse Jenoside yakorewe abatutsi, nyamara ukarangwa n’ibikorwa byo kuyitesha agaciro no gusebya Ingabo za RPF-Inkotanyi zatanze ubuzima bwazo ngo Jenoside ihagarare.

Uyu Donata Uwanyirigira ugaragara nk’uwataye umutwe kubera gushakira indonke aho zidashakirwa, ni umwe mu bashinze icyitwa URGTH(Union des Réscapés du Génocide perpetré contre les Tutsis au Hainaut) ngo kigamije kurengera inyungu z’abacitse ku icumu ndetse n’iz’imiryango y’abasirikari 10 b’ababailigi biciwe mu Rwanda muri Mata 1994, ariko mu by’ukuri iki kikaba ari ikiryabarezi Donata Uwanyirigira akoresha ngo yitapfunire ibifaranga by’abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ku nyungu za politiki.

Muri uwo muhango wabereye Charleroi nta jambo na rimwe ryo gusaba ko abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bahanwa ryahavugiwe, yewe habe n’iryo kwamagana abayihakana n’abayipfobya. Ibyahavugiwe byose byaganishaga mu mujyo umwe, wo”Kiwibuka Bose”, ni ukuvuga ya myumvire ipfuye ivuga ko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri.

Ikindi cyasekeje ibyabereye Charlroi ni amarira y’ingona ya Jambo Asbl , aho abayoboke bayo babeshya ko bababajwe kandi bibuka abasirikari 11 b’ababiligi biciwe mu Rwanda, nyamara bahora ku isonga mu kuburanira no kugira umwere Col Bernard NTUYAHAGA wahamwe n’uruhare rutaziguye mu rupfu rw’abo basirikari. Ibi byose, byaba ibya Donata uwanyirigira na URGTH ye, byaba ibya Jambo Asbl n’abambari bayo, ni itekamutwe rigamije kwisaruriza amafaranga, ngo bucye kabiri.

Icyakora abazi neza Donata Uwanyirigira ntibagitangazwa no kumubona yifatanya n’abajenosideri n’ababakomokaho, cyangwa ngo bababazwe no kumwumva mu bafata abishwe bakagirwa abicanyi, naho abicanyi bakagirwa abahemukiwe. Ibi babihera ko na mbere y’uko Uwanyirigira ava mu Rwanda mu myaka ya za 2000 yavugwagaho kwakira ruswa z’abajenosideri, dore ko ngo yafunguje abatari bake ubwo yakoraga mu Bushinjacyaha Bukuru.

Iyo ni ya nda nini isumba indagu, kugeza aho agambanira ababyeyi n’abavandimwe be, yifatanya n’ababishe urw’agashinyaguro.

Iyi myitwarire igayitse kandi Donata Uwanyirigira ayisangiye n’inzererezi ishaje yanduranya cyane, Sharti Epimaque wahoze akora muri CNLG mbere y’uko ajya kwiyahuza inzoga mu Bubiligi. Ubu Uwanyirigira na Sharti , ni inshuti z’akadasohoka z’abuzukuru ba Mbonyumutwa, abana ba Habyarimana na Bagosora, n’abandi bajenosideri ruharwa. Iyo isari yasumbye iseseme, abafite inda nini ntacyo bacira!

 

 

2022-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mpimba: Abantu 450 bafunzwe bazira kwamagana manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza bafunguwe

Mpimba: Abantu 450 bafunzwe bazira kwamagana manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza bafunguwe

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Umuyobozi yatawe muri yombi akekwaho kwaka ruswa no guhishira abacuruza kanyanga

Umuyobozi yatawe muri yombi akekwaho kwaka ruswa no guhishira abacuruza kanyanga

Ubwanditsi 07 Oct 2016
Munyakazi Sadate na Bagenzi Be Bari Abayobozi Ba Rayon Sport FC Bambuwe Ububasha bwo Gukomeza Kuyiyobora

Munyakazi Sadate na Bagenzi Be Bari Abayobozi Ba Rayon Sport FC Bambuwe Ububasha bwo Gukomeza Kuyiyobora

Ubwanditsi 22 Sep 2020
Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

NEC isaba abantu bose gukuraho bwangu ibirango byo kwamamaza bitarenze kuwa 4 mu gitondo
Mu Rwanda

NEC isaba abantu bose gukuraho bwangu ibirango byo kwamamaza bitarenze kuwa 4 mu gitondo

Ubwanditsi 02 Aug 2017
CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza
ITOHOZA

CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021
Amakuru

Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Ubwanditsi 20 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru