• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Inda nini isumbye indagu, Donata Uwanyirigira warokotse Jenoside yakorewe abatutsi ageze aho yifatanya n’abayihakana

Inda nini isumbye indagu, Donata Uwanyirigira warokotse Jenoside yakorewe abatutsi ageze aho yifatanya n’abayihakana

Ubwanditsi 09 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu muhango wo gushinyagurira abazize n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, wabereye mu mujyi wa Charleroi mu Bubiligi kuri uyu wa gatandatu tariki 07 Gicurasi 2022, uyu mugore Donata Uwanyirigira yagaragaye ari kumwe n’abayoboke ba Jambo Asbl, rya shyirahamwe ry’abana bakomoka ku bajenosideri, biriza ngo barashyira indabo ku rwibutso rw’aho Charlroi.

Mu bitabiriye uwo muhango wo ”KWIBUKA BOSE”, harimo n’abo mu ngirwamuryango”IGICUMBI”, biyita ko barokotse Jenoside yakorewe abatutsi, nyamara ukarangwa n’ibikorwa byo kuyitesha agaciro no gusebya Ingabo za RPF-Inkotanyi zatanze ubuzima bwazo ngo Jenoside ihagarare.

Uyu Donata Uwanyirigira ugaragara nk’uwataye umutwe kubera gushakira indonke aho zidashakirwa, ni umwe mu bashinze icyitwa URGTH(Union des Réscapés du Génocide perpetré contre les Tutsis au Hainaut) ngo kigamije kurengera inyungu z’abacitse ku icumu ndetse n’iz’imiryango y’abasirikari 10 b’ababailigi biciwe mu Rwanda muri Mata 1994, ariko mu by’ukuri iki kikaba ari ikiryabarezi Donata Uwanyirigira akoresha ngo yitapfunire ibifaranga by’abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ku nyungu za politiki.

Muri uwo muhango wabereye Charleroi nta jambo na rimwe ryo gusaba ko abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bahanwa ryahavugiwe, yewe habe n’iryo kwamagana abayihakana n’abayipfobya. Ibyahavugiwe byose byaganishaga mu mujyo umwe, wo”Kiwibuka Bose”, ni ukuvuga ya myumvire ipfuye ivuga ko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri.

Ikindi cyasekeje ibyabereye Charlroi ni amarira y’ingona ya Jambo Asbl , aho abayoboke bayo babeshya ko bababajwe kandi bibuka abasirikari 11 b’ababiligi biciwe mu Rwanda, nyamara bahora ku isonga mu kuburanira no kugira umwere Col Bernard NTUYAHAGA wahamwe n’uruhare rutaziguye mu rupfu rw’abo basirikari. Ibi byose, byaba ibya Donata uwanyirigira na URGTH ye, byaba ibya Jambo Asbl n’abambari bayo, ni itekamutwe rigamije kwisaruriza amafaranga, ngo bucye kabiri.

Icyakora abazi neza Donata Uwanyirigira ntibagitangazwa no kumubona yifatanya n’abajenosideri n’ababakomokaho, cyangwa ngo bababazwe no kumwumva mu bafata abishwe bakagirwa abicanyi, naho abicanyi bakagirwa abahemukiwe. Ibi babihera ko na mbere y’uko Uwanyirigira ava mu Rwanda mu myaka ya za 2000 yavugwagaho kwakira ruswa z’abajenosideri, dore ko ngo yafunguje abatari bake ubwo yakoraga mu Bushinjacyaha Bukuru.

Iyo ni ya nda nini isumba indagu, kugeza aho agambanira ababyeyi n’abavandimwe be, yifatanya n’ababishe urw’agashinyaguro.

Iyi myitwarire igayitse kandi Donata Uwanyirigira ayisangiye n’inzererezi ishaje yanduranya cyane, Sharti Epimaque wahoze akora muri CNLG mbere y’uko ajya kwiyahuza inzoga mu Bubiligi. Ubu Uwanyirigira na Sharti , ni inshuti z’akadasohoka z’abuzukuru ba Mbonyumutwa, abana ba Habyarimana na Bagosora, n’abandi bajenosideri ruharwa. Iyo isari yasumbye iseseme, abafite inda nini ntacyo bacira!

 

 

2022-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda yanze ko intumwa za LONI zivugana na Minisitiri Philemon Mateke ku kibazo cyo gushyigikira imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, akanavugwa mu bitero byo mu Kinigi

Uganda yanze ko intumwa za LONI zivugana na Minisitiri Philemon Mateke ku kibazo cyo gushyigikira imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, akanavugwa mu bitero byo mu Kinigi

Ubwanditsi 14 Dec 2019
Kizito Mihigo yitabye Urukiko rw’Ikirenga

Kizito Mihigo yitabye Urukiko rw’Ikirenga

Ubwanditsi 14 May 2018
Munyantwari Alphonse niwe mukandida rukumbi wa Perezida wa FERWAFA, Gacinya na Murangwa mubatemerewe kwiyamamaza

Munyantwari Alphonse niwe mukandida rukumbi wa Perezida wa FERWAFA, Gacinya na Murangwa mubatemerewe kwiyamamaza

Ubwanditsi 06 Jun 2023
Jean Paul Turayishimiye ariyemerera ko yishe umukecuru w’imyaka 70  

Jean Paul Turayishimiye ariyemerera ko yishe umukecuru w’imyaka 70  

Ubwanditsi 12 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imirambo ine y’abasirikare b’u Burundi yarohowe mu ruzi rwa Rusizi
ITOHOZA

Imirambo ine y’abasirikare b’u Burundi yarohowe mu ruzi rwa Rusizi

Ubwanditsi 02 Feb 2019
Igitekerezo cya Kayumba ku mpagarara mu Karere, no kugaragaza uko abibona “Ntigihwitse nabusa”
INKURU NYAMUKURU

Igitekerezo cya Kayumba ku mpagarara mu Karere, no kugaragaza uko abibona “Ntigihwitse nabusa”

Ubwanditsi 23 Jul 2019
Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru
Mu Mahanga

Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 09 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru