• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

Ubwanditsi 15 Jul 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, Mu Mahanga

Mu ntangiriro y’uku kwezi, Perezida wa Tchad Mahamat Idriss Déby yasuye u Burundi anifatanya n’Abarundi kwishimira “ubwigenge” ngo bamaranye imyaka 62.

Biratangaje rero kubona abantu bavuga ko”bikukiye”( bigenga), batinyuka gusaba umushyitsi icyo kurya, kandi aribo bakamuganuje, ndetse bakanamuha impamba ku musaruro bakesha uko “kwikukira”.

Babivuze ukuri koko ikimwaro ntikica. Iyo kiza kuba kica benshi mu basirikari barinda Perezida Evariste Ndayishimiye bari kuba barapfuye, nyuma y’aho basukiye amarira imbere y’umushyitsi, Perezida Mahamat Idriss Déby, bamubwira ko inzara n’inyota bibageze ahaga!

Perezida Déby yahamagaje uruhago rwe, maze ahereza aba ofisiye b’Abarundi bayoboraga itsinda rimurinda, miliyoni 42 z’amafaranga y’uBurundi( ni nka miliyoni 19 uvunje mu manyarwanda), abyita”agafanta” ko kubahembura.

Izo “ntwazangabo” zagombaga kugabanya ayo mafaranga abasirikari bose barindiye Perezida Déby umutekano mu minsi 2 yamaze mu Burundi.

Aho kuyabaha abo bagabo barya utwabo bakarya n’utwabandi bayashinze iryinyo, ba nyagupfa b’abasirikari bato bakomeza kwicira isazi mu jisho nk’uko babimenyereye.

Magingo aya abo ba ofisiye bakuru bari ku munigo baryozwa kuba barimye abasirikari bato igeno ryabo. Mu bamaze kugera mu ibohero rikuru rya Mpimba, harimo Col. Eric Ndikumagenge, Maj. Barthélemy Sindaye, n’abandi benshi basanzwe mu ngabo zirinda Perezida NEVA. Haravugwa kandi Maj. Alexis Hakizimana, we ngo waba yaramaze kwicwa.

Igisekeje ariko, nk’uko abantu bakomeje kubyibazaho ku mbuga zibanda ku bivugwa mu Burundi, ni uko mu byaha abo basirikari bakuru bakurikiranyweho hatarimo gusuzuguza igihugu, basaba ruswa Perezida w’ikindi gihugu wabasuye!

Nubwo abazi imitegekere ya Perezida NEVA na CNDD-FDD ye, bemeza ko kwaka ruswa no gutesha igihugu agaciro bifatwa nk’ibisanzwe, ariko burya umuntu utagitinya igisebo aba yatakaje n’ubumuntu.

Gufunga abo basirikari bakuru, abandi bakaburirwa irengero, byongereye icyuka kibi kimaze iminsi mu Burundi, dore ko hanavugwa umugambi wo gihirika ubutegetsi bwa Perezida NEVA, waba ucurwa n’ abarimo Umugaba Mukuru w’Intwaramuheto, Gen. Prime Niyongabo, Minisitiri w’Intebe, Gervais Ndirakobuca alias Ndakugarika, ndetse n’umukuru w’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi, Révérien Ndikuriyo.

Urwo rwikekwe rero nirwo ngo rwaba rutuma “Sebarundi” yikiza abo akeka muri uwo mugambi, naho ruswa yo ntawe ukiyizira mu Burundi, cyane cyane kuva Perezida Ndayishimiye ubwe n’umuryango we, batahurwaho ubusahuzi buhambaye bw’umutungo w’igihugu.

Icyoba mu bategetsi, cyiyongera ku bukene bukabije mu baturage, tutirengagije umubare munini w’abasirikari b’Abarundi bagwa mu ntambara boherejwemo muri Kongo, ibyo byose birarushaho gushyira uBurundi mu ihurizo rikomeye.

2024-07-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye umuyobozi wa gatatu ukomeye mu Bushinwa

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye umuyobozi wa gatatu ukomeye mu Bushinwa

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Rayon Sports yatsinze Gorilla FC ishimangira umwanya wa mbere – Ibyaranze umunsi wa 10 wa RPL

Rayon Sports yatsinze Gorilla FC ishimangira umwanya wa mbere – Ibyaranze umunsi wa 10 wa RPL

Ubwanditsi 24 Nov 2024
Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Ubwanditsi 12 Apr 2016
Uganda yanze ko intumwa za LONI zivugana na Minisitiri Philemon Mateke ku kibazo cyo gushyigikira imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, akanavugwa mu bitero byo mu Kinigi

Uganda yanze ko intumwa za LONI zivugana na Minisitiri Philemon Mateke ku kibazo cyo gushyigikira imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, akanavugwa mu bitero byo mu Kinigi

Ubwanditsi 14 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yongeye kwibutsa urubyiruko rw’u Rwanda, kumenya kurwanira igihugu cyarwo
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yongeye kwibutsa urubyiruko rw’u Rwanda, kumenya kurwanira igihugu cyarwo

Ubwanditsi 15 Aug 2019
Umuhungu wa Ingabire mu marira y’ingona asaba ko Trump afungura nyina ufunzwe ku byaha bikomeye
Amakuru

Umuhungu wa Ingabire mu marira y’ingona asaba ko Trump afungura nyina ufunzwe ku byaha bikomeye

Ubwanditsi 22 Aug 2025
Abahanuzi bakomeye mu rwanda ntibavuga rumwe k’Umukobwa uzaba Miss Rwanda 2018
Mu Rwanda

Abahanuzi bakomeye mu rwanda ntibavuga rumwe k’Umukobwa uzaba Miss Rwanda 2018

Ubwanditsi 09 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru