• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nta Munyamuryango wa FPR-Inkotanyi ukwiriye gutinya kurwanya ikibi- Kagame

Nta Munyamuryango wa FPR-Inkotanyi ukwiriye gutinya kurwanya ikibi- Kagame

Ubwanditsi 21 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU

Chairman w’Umuryango RPF-Inkotanyi akaba na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame arasaba abanyamuryango kwirinda ubwoba mu gihe barwana n’amakosa.

Perezida Kagame yabisabye kongere (congres) y’abahagarariye abandi mu Muryango FPR-Inkotanyi n’inshuti bagera ku 2,400, bahuriye mu Ngoro ya Intare Arena i Rusororo mu Karere ka Gasabo kuri uyu wa gatandatu tariki 21 Ukuboza 2019.

Kongere ku rwego rw’Igihugu iterana buri myaka ibiri, ikaba yitabiriwe n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi ndetse n’abayobozi b’indi mitwe ya Politike mu gihugu imbere nka PSD na PL hamwe n’abagize imitwe ya politiki yo mu bindi bihugu.

Perezida Kagame avuga ko imyaka 32 FPR-Inkotanyi imaze ishinzwe ari igihe cyo gusubiza amaso inyuma, buri muntu akigira ku byagezweho hagamijwe gufata izindi ngamba.

Chairman wa FPR-Inkotanyi avuga ko nta ngamba nshya zafatwa abantu bakibona amakosa kuri bagenzi babo bakayahishira kubera ubwoba.

Agira ati “Muratinya iki? Ubwoba ni iki? Hari abantu babushize bitangira igihugu, batanga ubuzima bwabo kugira ngo tube twicaye hano, none muravuga ibijyanye no gutinya ibitekerezo by’abajura!

Nta munyamuryango wa FPR ukwiriye gutinya kurwanya ikibi. Niba ubonye ko hari ikintu gikozwe mu buryo kitari gikwiye gukorwamo, kirwanye udatinya, ntuzigere utezuka mu kurwanya ikintu gikozwe nabi”.

Perezida Kagame asaba abanyamuryango ba FPR Inkotanyi kudahishira uwo ari we wese babona anyereza cyangwa akoresha nabi umutungo wa Leta, kugira ngo bibarinde kuba abafatanyacyaha.

Avuga ko kongere ya FPR Inkotanyi yo kuri iyi nshuro atari igihe cyo kuvuga amagambo menshi cyangwa kwivuga imyato mu gihe abantu bahishanya ukuri kw’ibirimo gukorwa.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi, Francois Ngarambe, yagaragaje ko mu myaka ibiri ishize uyu Muryango wazanye impinduka ziyongera ku iterambere ryari rimaze kugerwaho mu byiciro byose by’ubuzima bw’igihugu.

Avuga ko imiyoborere y’Umuryango yavuguruwe kuva ku rwego rw’Umudugudu kugera ku rwego rw’Igihugu, ndetse ko hari n’ibigo bitandukanye byiyongereye ku bisanzwe bifite amahuriro y’abanyamuryango (Cellule Specialisées).

Ngarambe avuga ko mu buhinzi n’ubworozi umusaruro w’amata wiyongereye n’ubwo ngo nta buryo bwo kuyageza ku baturage mu bice byose bigize igihugu bwari bwashyirwaho.

Avuga ko ikoreshwa ry’ifumbire ryatumye umusaruro wiyongera ariko ngo urugero rw’ikoreshwa ryayo ruracyari kuri 43% agereranyije n’ingano y’ubutaka buhingwaho.

Mu bikorwaremezo, Umuryango FPR-Inkotanyi urimo kubaka ibyambu bitatu ku kiyaga cya Kivu, imihanda ya kaburimbo hirya no hino mu gihugu yariyongereye, ndetse na Kompanyi y’Indege Rwandair ikaba irimo kunguka ibyerekezo byinshi iganamo hirya no hino ku isi.

Mu burezi, FPR Inkotanyi ivuga ko hubatswe ibyumba by’amashuri bituma abana biga neza umunsi wose aho kwiga mu gitondo cyangwa nimugoroba gusa, ndetse ngo hanashyizwe imbaraga mu bugenzuzi bw’amashuri.

Muri iyi myaka ibiri ishize kandi, FPR Inkotanyi yishimira ko amatora y’Abadepite n’Abasenateri yagenze neza, ndetse n’umubano ushingiye ku bushuti ifitanye n’amashyaka ya poliki yo mu bindi bihugu.

Inama Nkuru ya FPR Inkotanyi yabereye mu Intare Conference Arena i Rusororo mu Karere ka Gasabo

Iyi nama yitabiriwe n’abanyamuryango barenga 2400

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye iyi nama iba buri myaka ibiri

Visi Perezida w’Umuryango FPR Inkotanyi Bazivamo Christophe (ubanza), Chairman wayo Perezida Kagame n’Umunyamabanga Mukuru, Ngarambe François

Umukuru w’Igihugu yavuze mu mahame ya FPR Inkotanyi ari uguharanira ikiri ukuri

Depite Moussa Fazil Harerimana uyobora ishyaka PDI yitabiriye iyi nama nkuru y’Umuryango FPR Inkotanyi

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Gasana Emmanuel, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Dr Biruta Vincent, Tito Rutaremara, Francis Kaboneka bitabiriye iyi nama nkuru

Senateri Karangwa Chrysologue afite ijambo mu nama nkuru y’Umuryango FPR Inkotanyi

Visi Perezida w’Umuryango FPR Inkotanyi Bazivamo Christophe

Perezida Kagame yavuze ko ntawifuza ko icyo FPR Inkotanyi yaharaniye cyahindura isura

Umukuru w’Igihugu yasabye abayobozi kwirinda kwibagirwa inyungu rusange z’abanyarwanda

Amafoto: Rwanda Gov

2019-12-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hoteli ya Jean Minani uherutse gutorerwa kuyobora CNARED, Ishyirahamwe ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, yasenywe

Hoteli ya Jean Minani uherutse gutorerwa kuyobora CNARED, Ishyirahamwe ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, yasenywe

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Perezida Kagame yahuye na mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron

Perezida Kagame yahuye na mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Ubwanditsi 24 Jul 2019
Umuyobozi muri RSSB arahamya ko yibwe n’abana b’abakobwa nyuma yo gushaka kubafasha

Umuyobozi muri RSSB arahamya ko yibwe n’abana b’abakobwa nyuma yo gushaka kubafasha

Ubwanditsi 09 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.
Amakuru

Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.

Ubwanditsi 18 Jun 2021
Umukobwa uherutse kwiyahura asimbutse igorofa muri ULK yaba yari atwite,yaranandujwe Sida
Mu Mahanga

Umukobwa uherutse kwiyahura asimbutse igorofa muri ULK yaba yari atwite,yaranandujwe Sida

Ubwanditsi 25 Jul 2016
Gen Pihno ukuriye inyeshyamba za Antibalaka muri Centrafrica yafatiwe muri Congo
Mu Mahanga

Gen Pihno ukuriye inyeshyamba za Antibalaka muri Centrafrica yafatiwe muri Congo

Ubwanditsi 18 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru