• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Leta yatanze isoko kuri kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa
Umuyobozi wa CVMR na Minisitiri Côme Manirakiza

Burundi: Leta yatanze isoko kuri kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa

Ubwanditsi 21 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Tumaze iminsi mike tubagejejeho inkuru yavugaga kuri mafia mu bucuruzi bw’ amabuye y’agaciro bikorwa n’ ishyaka riri kubutegetsi CNDD/FDD

Minisiteri ishinzwe ingufu n’amabuye y’agaciro mu Burundi yagiranye amasezerano na kompanyi yo muri Canada yitwa CVMR Energy Minerals Incorporation of Toronto Canada ku bijyanye n’ubushakashatsi ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ahitwa Waga-Nyabikere n’ibice bya Mukanda. Muri utu duce hakaba havugwa kuba hari amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Nickel, Cobalt, Iron, copper, PGMs, Vanadium na titanium

Aya masezerano akaba yarashyizweho umukono ku italiki ya 20/11/2017 hagati ya Kamran M. Khozan, Umuyobozi wa CVMR na Minisitiri w’ingufu n’amabuye y’agaciro, Côme Manirakiza

Umuyobozi wa CVMR akaba yatangaje ko iyi kompanyi igiye gushora asaga miliyoni mirongo ine z’amadolari (USD 40 million) mu gukora ubushakashatsi mu kugaragaza amabuye y’agaciro ahaboneka, imirimo ikaba yamaze gutangira bikaba biteganijwe ko inyigo izaba yarangiye mu ntangiriro y’umwaka wa 2018. Uyu muyobozi kandi yavuze ko bazakorana na kompanyi y’I Burundi yitwa Jacob Mining Engineering nindi yo muri Afurika y’Epfo yitwa DRA

Minisitiri Côme Manirakiza, yatangaje ko kubera imiterere y’uduce twa Waga (Gitega)-Nyabikere (Karuzi) hashobora kuba dufite amabuye y’agaciro ari nayo mpamvu CVMR yahawe akazi ko gukora ubushakashatsi.

Gabriel Rufyiri, ukuriye urwego rushinzwe kurwanya ruswa (OLUCOME) avuga ko aya masezerano yasinywe adasobanura neza kuba ari ugukora ubushakashatsi cyangwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.  Olucome ivuga ko ibintu byose byagakwiye gukorwa mu mucyo. Umuyobozi wayo akomeza avuga ati: “nkuko twagiye tubivuga “iyi ni mafia mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro, ikibabaje nuko nta numwe mu buyobozi ubiha agaciro”.

OLUCOME ibona hakwiye kujya hakoreshwa ipiganwa risesuye, kompanyi zose zibifitiye ubushobozi zigahabwa amahirwe ku buryo isoko rihabwa ubikwiye. Ibi akaba atariko byagenze ku masezerano na CVMR. Umuyobozi wayo abona ko kompanyi mpuzamahanga ziza gukorera mu Burundi, ziba zifite amasezerano ya rwihishwa na Leta, asinywa harimo aba komisiyoneri n’umuntu uhagarariye leta.

Ubwanditsi

2017-11-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta ya Nkurunziza ntiyorohera Umurundi wifuza kujya mu Rwanda

Leta ya Nkurunziza ntiyorohera Umurundi wifuza kujya mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Perezida Ndayishimiye yohereje Batayo ya 9 muri congo,  gusimbura iya 7 yashiriye kurugamba barwanamo na M23.

Perezida Ndayishimiye yohereje Batayo ya 9 muri congo, gusimbura iya 7 yashiriye kurugamba barwanamo na M23.

Ubwanditsi 07 Feb 2024
Igitangazamakuru cya Uganda NTV mu bikorwa biyobya uburari mu bibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda

Igitangazamakuru cya Uganda NTV mu bikorwa biyobya uburari mu bibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 03 Aug 2020
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ubwanditsi 21 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yanyagiye Gicumbi FC iyisiga mu mazi abira
IMIKINO

APR FC yanyagiye Gicumbi FC iyisiga mu mazi abira

Ubwanditsi 29 Mar 2018
U Rwanda ntirurajwe ishinga n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC)-Mushikiwabo
Mu Rwanda

U Rwanda ntirurajwe ishinga n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC)-Mushikiwabo

Ubwanditsi 31 Oct 2017
“Umuntu yakwibwira ko ubwo murangije amasomo ubuzima bugiye koroha. Ntabwo ari byo! – Perezida Kagame
Mu Mahanga

“Umuntu yakwibwira ko ubwo murangije amasomo ubuzima bugiye koroha. Ntabwo ari byo! – Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru