• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RD-Congo : Urupfu rwa Semahurungure wakoreraga Kayumba Nyamwasa rutumye Colonel wa FARDC atoroka

RD-Congo : Urupfu rwa Semahurungure wakoreraga Kayumba Nyamwasa rutumye Colonel wa FARDC atoroka

Ubwanditsi 09 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zemeje ko umwe mu basirikare bakuru bazo, Colonel Michel Rukunda uzwi nka Makanika, yatorotse igisirikare akajya kuyobora umutwe wa Gumino ukorera mu bice bya Uvira na Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Umutwe wa Gumino wagarutsweho cyane muri Raporo y’Impuguke z’umuryango w’abibumbye mu mpera za 2018 no mu buhamya bw’abari abarwanyi ba P5 iyoborwa na Kayumba Nyamwasa, ubu bafungiwe mu Rwanda bashinjwa ibyaha birimo kwinjira mu mutwe w’ingabo utemewe no kugirana umubano na Leta y’amahanga bigamije gushoza intambara.

Uyu Colonel Makanika yari Umuyobozi wungirije w’ingabo za FARDC mu gace ka Walikale mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ashinzwe ibikorwa n’iperereza.

Colonel Michel Rukunda yatorotse igisirikare ajya mu mutwe witwaje intwaro ukorana na Kayumba Nyamwasa

Mu butumwa FARDC yanyujije kuri Twitter, yagize iti “FARDC iremeza itoroka rya Colonel Michel Rukunda, umuyobozi wungirije w’ingabo mu gace ka Walikale, wagiye mu nyeshyamba akagirwa umuyobozi w’umutwe witwaje intwaro uzwi nka “Ngumino”. Rukunda ubu arafatwa nk’umwanzi wa RDC.”

Si ubwa mbere uyu musirikare yinjiye mu nyeshyamba kuko mbere yo kwinjizwa mu ngabo za leta mu 2011, Col Makanika yayoboraga umutwe w’Abanyamulenge uzwi nka Forces Républicaines Fédéralistes (FRF).

Uyu mutwe ukunda kuvugwa mu buryo bubiri bunyuranye, Gumino cyangwa Ngumino.

Uruhare rwa Gumino mu migambi yo gutera u Rwanda

Raporo y’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye yasohotse mu mpera z’umwaka wa 2018, yagaragaje uburyo mu mashyamba ya RDC mu duce twa Bijombo hari umutwe wa P5 uyoborwa na Shyaka Nyamusaraba wahoze ayoboye inyeshyamba za Gumino, ukoresha intwaro ziturutse mu Burundi.

P5 izwi nk’impuzamashyaka irwanya Leta y’u Rwanda, ibumbiye hamwe FDU Inkingi, Amahoro PC; RNC ya Kayumba Nyamwasa, PDP-Imanzi na PS Imberakuri, igice cya Ntaganda Bérnard.

Abahoze muri uwo mutwe babwiye inzobere z’Umuryango w’Abibumbye ko abawugize ari abanyamahanga benshi baturuka mu Rwanda n’abanye-Congo b’Abanyamulenge. Nyamusaraba yabwiraga abarwanyi ko intego y’uwo mutwe ari ukubohora u Rwanda.

Mu mwaka ushize nibwo abantu benshi bari bagize P5 batawe muri yombi na FARDC abandi benshi baricwa, abahonotse ikibatsi cya FARDC bashyikirizwa u Rwanda, ubu bari imbere y’inkiko barangajwe imbere na Rtd Major Mudathiru Habib.

Ubwo bari imbere y’urukiko mu Ukwakira 2019, umushinjacyaha wa gisirikare yavuze ko nyuma yo gushinga P5, Kayumba yaje kugira Colonel Nyamusaraba umuyobozi w’ibikorwa byose, yungirizwa na Sibo Charles, Habib Mudathiru ashingwa ibikorwa n’imyitozo, Semahurungure (na we wo muri Gumino) ashingwa iperereza na politiki.

Ubwo Mudathiru yajyaga kuyobora uwo mutwe aturutse muri Uganda akanyura mu Burundi, i Bujumbura bahuye na Colonel Ignace Sibonama ushinzwe iperereza rya gisirikare (Chief J2) na Major Bertin ushinzwe iperereza ryo hanze na Colonel Nyamusaraba, Umunyamulenge uyobora umutwe witwara gisirikare wa Gumino.

Mu kiganiro bagiranye ngo bemeranyije ko P5 igizwe ahanini n’abanyarwanda, izajya ikora imyitozo yitwikiriye Gumino, bazaba benshi bakazajya mu nkambi yabo.

Gusa imigambi yabo yaje gupfuba ubwo Kayumba yahamagaraga Habib kuri telefoni ikoresha icyogajuru, akamusaba ko batekereza uko bahindura aho bakorera, ngo bave muri Kivu y’Amajyepfo bajye ku mupaka wa Uganda.

Ngo babonaga u Burundi butabaha inkunga bihagije, ariko kuri Uganda bizeye inkunga ishobora kuba nyinshi n’abarwanyi babo bakajya babona uko bambuka bajya mu mashyamba ya RDC mu buryo bworoshye.

Umushinjacyaha yavuze ko muri uwo mugambi bakoresheje $12000 USD bohererejwe na Ben Rutabana (yaburiwe irengero agiye muri Uganda) ayanyujije kuri Western Union i Bujumbura.

Ku wa 19 Mata ngo nibwo bimutse, urugendo “rutabahiriye na gatoya,” kuko bageze muri Gatoyi i Masisi, bahuye n’ibico byinshi bya FARDC, bararaswa, bamwe barafatwa abandi bishyikiriza Monusco.

Umushinjacyaha yavuze ko abashoboye kurokoka bagiye bamanika amaboko ku matariki atandukanye, kugeza ubwo Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yabashyikirije u Rwanda. Hari n’abafashwe baramaze kugera mu kigo kinyuzwamo abavuye mu mitwe yitwaje intwaro i Mutobo.

Urupfu rwa Semahurungure rutumye Colonel wa FARDC atoroka

Col Makanika asubiye mu ishyamba nyuma y’ibitero byagabwe kuri Gumino mu Minembwe, byahitanye Colonel Semahurungure wari umuyobozi muri uwo mutwe, wapfuye inkurikirane na Général Twirinde Ndjwapa wari umuyobozi mukuru.

Ni ibitero byagabwe na Maï-Maï mu gace ka Minembwe, muri teritwari ya Fizi muri Nzeri 2019. Semahurungure yapfuye azize ibikomere yagize, agwa mu nzira bamujyana kwa muganga.

Ibyo byose byatumye Colonel Makanika atoroka ingabo za Leta ajya muri uyu mutwe usumbirijwe n’ibitero birimo ibitero bya Leta ya Congo ishaka kurandura imitwe yose yitwaje intwaro ikorera muri icyo gihugu, n’ibya Mai Mai imaze igihe ishyamiranye n’uyu mutwe ufatwa nk’uwiyemeje kurinda Abanyamulenge.

FARDC yatangaje ko uyu nawe yahindutse umwanzi w’igihugu, bivuze ko agomba guhigwa kimwe n’abandi

2020-01-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AMAKIMBIRANE : Bimwe mu bikubiye muri Raporo y’ibanga  y’inama yahuje abashinze RNC yashyizwe hanze na Rudasingwa Theogene

AMAKIMBIRANE : Bimwe mu bikubiye muri Raporo y’ibanga y’inama yahuje abashinze RNC yashyizwe hanze na Rudasingwa Theogene

Ubwanditsi 05 Jul 2016
Nta munyarwanda wemerewe kwambuka umupaka ngo ajye muri Uganda abafungiyeyo bakorerwa iyicarubozo batarafungurwa

Nta munyarwanda wemerewe kwambuka umupaka ngo ajye muri Uganda abafungiyeyo bakorerwa iyicarubozo batarafungurwa

Ubwanditsi 22 Aug 2019
Ethiopia: Perezida Kagame mu bayobozi baza gufata ijambo mu kwizihiza Umunsi wa Afurika (Africa Day 2018)

Ethiopia: Perezida Kagame mu bayobozi baza gufata ijambo mu kwizihiza Umunsi wa Afurika (Africa Day 2018)

Ubwanditsi 25 May 2018
Afrika y’Epfo umucamana yikuyeho Dosiye ya Col. Patrick Karegeya, ayihengekera Umushinjacyaha Mukuru

Afrika y’Epfo umucamana yikuyeho Dosiye ya Col. Patrick Karegeya, ayihengekera Umushinjacyaha Mukuru

Ubwanditsi 18 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwamagana yisubije umwanya wa mbere mu kwesa   Imihigo y’umwaka wa 2017/2018
UBUKUNGU

Rwamagana yisubije umwanya wa mbere mu kwesa Imihigo y’umwaka wa 2017/2018

Ubwanditsi 09 Aug 2018
Malawi: Undi munyarwanda ukekwaho Jenoside yatawe muri yombi
ITOHOZA

Malawi: Undi munyarwanda ukekwaho Jenoside yatawe muri yombi

Ubwanditsi 01 Mar 2017
“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda
Amakuru

“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda

Ubwanditsi 15 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru