• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 26 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Mu gihe mu kwezi gushize habaye inama I Gatuna ihuza igihugu cy’u Rwanda n’ubugande ku italiki ya 21 /02/2020, ibihugu byombi bikemeranya gukora ibishoboka byose ngo umubano wabyo wongere ube nta makemwa, Ubugande bwo bwananiwe kwigobotora Kayumba Nyamwasa, birasa nkibya ya mpyisi ngo ncire ncire akaryoshye mire mire umuriro.

Nta mugayo kuko Kayumba Nyamwasa ajya yigamba abwira inshuti ze zahafi ko avuga rikijyana muri Uganda ndetse ko benshi mubari mu nzego z’umutekano muri Uganda yagize uruhare mu kubavuganira bakazamurwa mu ntera.

Akaba ariyo mpamvu abagize RNC ye muri Uganda bakomeza kwidegembya bakora amanama yo guhimbira ibinyoma u Rwanda.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Werurwe 2020 , abagize RNC ya Kayumba Nyamwasa mu kuyobya uburari bakoze inama ahitwa Kakumiro-Gayaza, bahurira murugo rw’uwitwa Pastor Gashongore Evariste, ufite urusengero rwita Church of God, akaba umumotsi wa Kayumba kuva kera, aho yari yakusanyije abogore bimbura mukoro agahishyi ngo abafate ama liste nk’ ibimenyetso ngo byogushinja u Rwanda ko rwashimushe ngo abagabo babo bakazanwa mu Rwanda.

Ibi byose ababiri inyuma ni ubuyobozi bw’umutwe w’iterabwoba wa RNC, binyuze mu muryango utari uwa leta Self-Worth Initiative washinzwe na Kayumba Nyamwasa na Sulah Nuwamanya Wakabirigi Rutaburingoga afatanyije n’ inshyomotsikazi Prossy Bonabaana wiyemeje gukura ingutiya akayambara ku gahanga ngo arwanye U Rwanda .

Abenshi mu bitabiriye iyo nama ni abantu bashonje babeshye ko bazabajyana I Kampala bakavugira kuma Radiyo batuka u Rwanda maze ngo bakamenyekana ngo imiryango mpuzamahanga ngo ikabamenya ikabafasha. Ibyo byose nibimwe mu maturufu akoreshwa na Sulah na Prossy mu kuroha abantu batagira ingano bangisha igihugu cyabo byakomera bakabitakana cyangwa byaba nabi bakabifungishiriza bagahera mu gihome dore ko bahorana banagendana n’ababa bafite imfunguzo za gereza.

Ikindi gitangaje ni ukuntu Uganda yongeye gukora u Rwanda mu jisho ishimuta abanyarwanda bikorera utwabo muri iki gihugu, ijya kubakorera iyicarubozo ibabaza ibyo batazi.  Nyuma y’uko Uganda yaherukaga guhabwa ukwezi kumwe ko kugenzura ibirego byose ikabifataho umwanzuro wa nyuma, abantu benshi bibwiraga ko ibibazo byose birimo no gushimuta Abanyarwanda no gufungura umupaka bigiye kubona ibisubizo, ariko bisa n’aho igihe kitaragera.

Ibi bishingiye aho Urwego rushinzwe ubutasi mu Gisirikare cya Uganda, rwataye muri yombi Umunyarwanda witwa Ronald Mutarindwa, wari umaze imyaka ibiri n’igice muri Uganda.

Mutarindwa yafashwe ku wa 21 Werurwe 2020 aho yari kunywa icyayi muri Café Javas i Lugogo. Nyuma yo kuburirwa irengero kuri uyu wa gatatu tarikiya 25 Werurwe, CMI  yafashe Mutarindwa imushyira mu modoka imujyana aho yari acumbitse, basaka inzu abamo ariko ntibagira icyo babonamo, nyuma bongera kumusubiza aho afungiye.

Mutarindwa yakoze mu bigo bitandukanye mu Rwanda harimo Sosiyete y’itumanaho ya MTN, Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), akaba ari n’umunyamuryango w’’ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’Ibaruramari mu Rwanda (iCPAR), dore ko ari umubaruramari.

Kugeza ubu ntibaravuga icyo bamushinja umuryango we ufite impungege ku buzima bwe kuko asanzwe arwara indwara ya diabetes n’umuvuduko w’amaraso, urumva ko batangiye kumukorera iyicarubozo ashobora no gupfa nkuko byagiye bigenda kubandi.

2020-03-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki Perezida Tshisekedi atabona ko gushyigikira Interahamwe bitazamuhira nk’uko bitahiriye n’abamubanjirije ku butegetsi?

Kuki Perezida Tshisekedi atabona ko gushyigikira Interahamwe bitazamuhira nk’uko bitahiriye n’abamubanjirije ku butegetsi?

Ubwanditsi 28 Nov 2022
Imyumvire idahwitse y’Abategetsi b’i Burundi niyo ikuye amata ku munwa Dynamo Basketball Club

Imyumvire idahwitse y’Abategetsi b’i Burundi niyo ikuye amata ku munwa Dynamo Basketball Club

Ubwanditsi 12 Mar 2024
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Ubwanditsi 01 Mar 2022
Nyuma yo gutsindwa urugamba rw’amasasu na Politiki, Paul Rusesabagina yayobotse inzira ya propaganda nyuma yo kubona ko ariyo ntwaro yonyine asigaranye.

Nyuma yo gutsindwa urugamba rw’amasasu na Politiki, Paul Rusesabagina yayobotse inzira ya propaganda nyuma yo kubona ko ariyo ntwaro yonyine asigaranye.

Ubwanditsi 10 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN 2016 : Ibiciro by’Amatike  ku mukino w’uRwanda na congo Kinshasa  byazamuwe
IMIKINO

CHAN 2016 : Ibiciro by’Amatike ku mukino w’uRwanda na congo Kinshasa byazamuwe

Ubwanditsi 27 Jan 2016
Bimwe mu byaranze ubuzima bwa Mowzey Radio usize abana 3 n’abagore 2
HIRYA NO HINO

Bimwe mu byaranze ubuzima bwa Mowzey Radio usize abana 3 n’abagore 2

Ubwanditsi 03 Feb 2018
Amafoto – Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid yasezeranye na Elsa Iradukunda wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2017
Amakuru

Amafoto – Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid yasezeranye na Elsa Iradukunda wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2017

Ubwanditsi 02 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru