• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa   |   27 May 2022

  • Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.   |   27 May 2022

  • Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda?    |   27 May 2022

  • FERWABA yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na NBA Africa agamije guteza imbere umukino w’intoki wa Basketball   |   26 May 2022

  • PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon   |   26 May 2022

  • Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023   |   25 May 2022

 
You are at :Home»Amakuru»Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi

Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi

Editorial 18 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Kuri uyu wa mbere, tariki 17 Mutarama 2022, Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba n’ibyaha ndengamipaka rwatangiye kumva ubujurire bw’ubushinjacyaha n’abaregera indishyi, basabye ko ibihano byahawe Paul Rusesabagina na bagenzi be bo mu mutwe w’iterabwoba wa FLN, byakongerwa, kuko basanga ari bito cyane ugereranyije n’ibyaha bakoreye Abanyarwanda.

Abandi bose baregwa muri uru rubanza bitabye, uretse Paul Rusesabagina utagaragaye mu rukiko, nk’uko yabigenje mu rubanza rwo ku rwego rwa mbere, ari narwo rwamuhamije ibyaha byo kurema no kujya mu mutwe w’iterabwoba, rukanamukatira imyaka 25 y’igifungo.

Abunganira abaregwa bavuze ko ngo Paul Rusesabagina atabonye impapuro zimutumira mu rubanza rw’ubujurire, nyamara ubushinjacyaha bukagaragaza neza ko Rusesabagina yabimenyeshejwe binyuze mu buryo bwemewe n’amategeko, nk’uko byagenze kuri bagenzi be, bo banitabiriye iburanisha.

Kuba Rusesabagina yaramenyeshejwe ko agomba kwitaba urukiko kuri uyu wa mbere, byanashimangiwe kandi n’ubuyozozi bwa gereza afungiyemo ya Mageragere, bwakoze raporo ivuga ko Paul Rusesabagina yabonye ubutumire, ahubwo akanga gusinya yemera ko yamenyeshejwe itariki y’urubanza, ndetse akanga kwipimisha Covid-19 nk’uko bisanzwe bigenda ku mfungwa zigomba kujya mu rukiko.

Impamvu zitangwa na Paul Rusesabagina ndetse n’abo mu muryango we ziragaragaramo kwivuguruza cyane.

Mu mpera z’icyumweru gishize umukobwa wa Rusesabagina, Carine Kanimba yumvikanye kuri BBC avuga ko ise atazitabira urubanza ngo kuko “yafashwe mu buryo butemewe n’amategeko, agakorerwa iyicarubozo, ndetse ntahabwe ubutabera bunoze”.

Muri uko kwivuguruza, Carine Kanimba yavuze ko Rusesabagina atazitabira urubanza rw’ubujurire kuko”yatinze guhabwa imyanzuro y’urukiko rwamuburanishije mbere”!

Abakurikiranye icyo kiganiro biyumviyemo ko uwo mukobwa atashoboye kuvuga impamvu yumvikana ibuza ise kwitabira urubanza.

Ubu bucabiranya bwa Rusesabagina n’abamushyigikiye buragaragarira buri wese. Mu kanya kamwe bati “ntiyakwitaba kuko nta butabera buzima yizeye”, mu kandi kanya ngo” ntiyabonye ubutumire”, bakongera bati “ntiyahawe imyanzuro y’urubanza rwa mbere”…..n’utundi dukino tw’amatakirangoyi!

Paul Rusesabagina aheruka mu rubanza rwe muri Werurwe 2021, n’ubwo bitarubujije gukomeza rukanacibwa adahari. Icyo buri wese abona ni uko Rusesabagina yamaze kumanika amaboko, kuko azi neza ko ntaho yacikira ibimenyetso simusiga bimuhamya ibyaha. Aho kwitabira urubanza ngo atange ingingo zimugira umwere, yahisemo kwizera izindi mbaraga ngo zizamufunguza, dore ko abo mu muryango we bivugira ko bazakomeza gusaba gushyira igitutu kuri Leta y’u Rwanda, kugeza “papa“afunguwe.

Ubushinjacyaha n’abaregera indishyi barasaba ko urubanza rw’ubujurire rwakomeza Paul Rusesabagina adahari kuko biboneka ko agamije gusa kurushya no gutinza urubanza. Abacamanza bazatangaza umwanzuro warwo kuri uyu wa kabiri, tariki 18 Mutarama 2022, ku isaha ya saa kumi z’umugoroba.

2022-01-18
Editorial

IZINDI NKURU

Nkurunziza yongeye gusaba Museveni, gutumiza inama yiga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi

Nkurunziza yongeye gusaba Museveni, gutumiza inama yiga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi

Editorial 30 Dec 2018
Wari Uzi Ihuriro mpuzamahanga ry’Igiswahili -CHAUKIDU.

Wari Uzi Ihuriro mpuzamahanga ry’Igiswahili -CHAUKIDU.

Editorial 22 Dec 2016
Addis Ababa : Perezida Kagame yagejeje raporo ku bakuru bibihugu

Addis Ababa : Perezida Kagame yagejeje raporo ku bakuru bibihugu

Editorial 30 Jan 2017
Radio Amazing Grace yafunzwe mu gihe cy’iminsi 30

Radio Amazing Grace yafunzwe mu gihe cy’iminsi 30

Editorial 21 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

01 Mar 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru