• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi

Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi

Ubwanditsi 18 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Kuri uyu wa mbere, tariki 17 Mutarama 2022, Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba n’ibyaha ndengamipaka rwatangiye kumva ubujurire bw’ubushinjacyaha n’abaregera indishyi, basabye ko ibihano byahawe Paul Rusesabagina na bagenzi be bo mu mutwe w’iterabwoba wa FLN, byakongerwa, kuko basanga ari bito cyane ugereranyije n’ibyaha bakoreye Abanyarwanda.

Abandi bose baregwa muri uru rubanza bitabye, uretse Paul Rusesabagina utagaragaye mu rukiko, nk’uko yabigenje mu rubanza rwo ku rwego rwa mbere, ari narwo rwamuhamije ibyaha byo kurema no kujya mu mutwe w’iterabwoba, rukanamukatira imyaka 25 y’igifungo.

Abunganira abaregwa bavuze ko ngo Paul Rusesabagina atabonye impapuro zimutumira mu rubanza rw’ubujurire, nyamara ubushinjacyaha bukagaragaza neza ko Rusesabagina yabimenyeshejwe binyuze mu buryo bwemewe n’amategeko, nk’uko byagenze kuri bagenzi be, bo banitabiriye iburanisha.

Kuba Rusesabagina yaramenyeshejwe ko agomba kwitaba urukiko kuri uyu wa mbere, byanashimangiwe kandi n’ubuyozozi bwa gereza afungiyemo ya Mageragere, bwakoze raporo ivuga ko Paul Rusesabagina yabonye ubutumire, ahubwo akanga gusinya yemera ko yamenyeshejwe itariki y’urubanza, ndetse akanga kwipimisha Covid-19 nk’uko bisanzwe bigenda ku mfungwa zigomba kujya mu rukiko.

Impamvu zitangwa na Paul Rusesabagina ndetse n’abo mu muryango we ziragaragaramo kwivuguruza cyane.

Mu mpera z’icyumweru gishize umukobwa wa Rusesabagina, Carine Kanimba yumvikanye kuri BBC avuga ko ise atazitabira urubanza ngo kuko “yafashwe mu buryo butemewe n’amategeko, agakorerwa iyicarubozo, ndetse ntahabwe ubutabera bunoze”.

Muri uko kwivuguruza, Carine Kanimba yavuze ko Rusesabagina atazitabira urubanza rw’ubujurire kuko”yatinze guhabwa imyanzuro y’urukiko rwamuburanishije mbere”!

Abakurikiranye icyo kiganiro biyumviyemo ko uwo mukobwa atashoboye kuvuga impamvu yumvikana ibuza ise kwitabira urubanza.

Ubu bucabiranya bwa Rusesabagina n’abamushyigikiye buragaragarira buri wese. Mu kanya kamwe bati “ntiyakwitaba kuko nta butabera buzima yizeye”, mu kandi kanya ngo” ntiyabonye ubutumire”, bakongera bati “ntiyahawe imyanzuro y’urubanza rwa mbere”…..n’utundi dukino tw’amatakirangoyi!

Paul Rusesabagina aheruka mu rubanza rwe muri Werurwe 2021, n’ubwo bitarubujije gukomeza rukanacibwa adahari. Icyo buri wese abona ni uko Rusesabagina yamaze kumanika amaboko, kuko azi neza ko ntaho yacikira ibimenyetso simusiga bimuhamya ibyaha. Aho kwitabira urubanza ngo atange ingingo zimugira umwere, yahisemo kwizera izindi mbaraga ngo zizamufunguza, dore ko abo mu muryango we bivugira ko bazakomeza gusaba gushyira igitutu kuri Leta y’u Rwanda, kugeza “papa“afunguwe.

Ubushinjacyaha n’abaregera indishyi barasaba ko urubanza rw’ubujurire rwakomeza Paul Rusesabagina adahari kuko biboneka ko agamije gusa kurushya no gutinza urubanza. Abacamanza bazatangaza umwanzuro warwo kuri uyu wa kabiri, tariki 18 Mutarama 2022, ku isaha ya saa kumi z’umugoroba.

2022-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 24 Ukwakira 2018

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 24 Ukwakira 2018

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Abajya mu butumwa bw’amahoro bakwiye gushyira imbere ubumuntu – Lt Gen Dallaire

Abajya mu butumwa bw’amahoro bakwiye gushyira imbere ubumuntu – Lt Gen Dallaire

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri

Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri

Ubwanditsi 13 Mar 2019
Uganda: Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Mu Mazi Abira Kubera Gen Kayihura

Uganda: Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Mu Mazi Abira Kubera Gen Kayihura

Ubwanditsi 04 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda tubarememo ‘ Icyizere ‘ batinyuke Polisi – Perezida Kagame
Mu Rwanda

Abanyarwanda tubarememo ‘ Icyizere ‘ batinyuke Polisi – Perezida Kagame

Ubwanditsi 16 Jun 2017
Uwahoze ari umutoza wa Rayon Raoul Shungu arasaba abanyarwanda gufana Congo
IMIKINO

Uwahoze ari umutoza wa Rayon Raoul Shungu arasaba abanyarwanda gufana Congo

Ubwanditsi 03 Feb 2016
Zimbabwe: Perezida Mugabe aracyafunze, abaturage bategereje igikurikiraho batuje
Mu Mahanga

Zimbabwe: Perezida Mugabe aracyafunze, abaturage bategereje igikurikiraho batuje

Ubwanditsi 15 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru