• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi

Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi

Ubwanditsi 18 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Kuri uyu wa mbere, tariki 17 Mutarama 2022, Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba n’ibyaha ndengamipaka rwatangiye kumva ubujurire bw’ubushinjacyaha n’abaregera indishyi, basabye ko ibihano byahawe Paul Rusesabagina na bagenzi be bo mu mutwe w’iterabwoba wa FLN, byakongerwa, kuko basanga ari bito cyane ugereranyije n’ibyaha bakoreye Abanyarwanda.

Abandi bose baregwa muri uru rubanza bitabye, uretse Paul Rusesabagina utagaragaye mu rukiko, nk’uko yabigenje mu rubanza rwo ku rwego rwa mbere, ari narwo rwamuhamije ibyaha byo kurema no kujya mu mutwe w’iterabwoba, rukanamukatira imyaka 25 y’igifungo.

Abunganira abaregwa bavuze ko ngo Paul Rusesabagina atabonye impapuro zimutumira mu rubanza rw’ubujurire, nyamara ubushinjacyaha bukagaragaza neza ko Rusesabagina yabimenyeshejwe binyuze mu buryo bwemewe n’amategeko, nk’uko byagenze kuri bagenzi be, bo banitabiriye iburanisha.

Kuba Rusesabagina yaramenyeshejwe ko agomba kwitaba urukiko kuri uyu wa mbere, byanashimangiwe kandi n’ubuyozozi bwa gereza afungiyemo ya Mageragere, bwakoze raporo ivuga ko Paul Rusesabagina yabonye ubutumire, ahubwo akanga gusinya yemera ko yamenyeshejwe itariki y’urubanza, ndetse akanga kwipimisha Covid-19 nk’uko bisanzwe bigenda ku mfungwa zigomba kujya mu rukiko.

Impamvu zitangwa na Paul Rusesabagina ndetse n’abo mu muryango we ziragaragaramo kwivuguruza cyane.

Mu mpera z’icyumweru gishize umukobwa wa Rusesabagina, Carine Kanimba yumvikanye kuri BBC avuga ko ise atazitabira urubanza ngo kuko “yafashwe mu buryo butemewe n’amategeko, agakorerwa iyicarubozo, ndetse ntahabwe ubutabera bunoze”.

Muri uko kwivuguruza, Carine Kanimba yavuze ko Rusesabagina atazitabira urubanza rw’ubujurire kuko”yatinze guhabwa imyanzuro y’urukiko rwamuburanishije mbere”!

Abakurikiranye icyo kiganiro biyumviyemo ko uwo mukobwa atashoboye kuvuga impamvu yumvikana ibuza ise kwitabira urubanza.

Ubu bucabiranya bwa Rusesabagina n’abamushyigikiye buragaragarira buri wese. Mu kanya kamwe bati “ntiyakwitaba kuko nta butabera buzima yizeye”, mu kandi kanya ngo” ntiyabonye ubutumire”, bakongera bati “ntiyahawe imyanzuro y’urubanza rwa mbere”…..n’utundi dukino tw’amatakirangoyi!

Paul Rusesabagina aheruka mu rubanza rwe muri Werurwe 2021, n’ubwo bitarubujije gukomeza rukanacibwa adahari. Icyo buri wese abona ni uko Rusesabagina yamaze kumanika amaboko, kuko azi neza ko ntaho yacikira ibimenyetso simusiga bimuhamya ibyaha. Aho kwitabira urubanza ngo atange ingingo zimugira umwere, yahisemo kwizera izindi mbaraga ngo zizamufunguza, dore ko abo mu muryango we bivugira ko bazakomeza gusaba gushyira igitutu kuri Leta y’u Rwanda, kugeza “papa“afunguwe.

Ubushinjacyaha n’abaregera indishyi barasaba ko urubanza rw’ubujurire rwakomeza Paul Rusesabagina adahari kuko biboneka ko agamije gusa kurushya no gutinza urubanza. Abacamanza bazatangaza umwanzuro warwo kuri uyu wa kabiri, tariki 18 Mutarama 2022, ku isaha ya saa kumi z’umugoroba.

2022-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Museveni aherutse guhura n’Abanyarwanda “Nakasero State House ” ababwira ko u Rwanda aricyo ikibazo

Museveni aherutse guhura n’Abanyarwanda “Nakasero State House ” ababwira ko u Rwanda aricyo ikibazo

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Nyuma y’umwaka umwe ayivuyemo, Guy Bukasa yongeye kugirwa umutoza mukuru w’ikipe ya Gasogi United ahabwa inshingano yo gutwara igikombe

Nyuma y’umwaka umwe ayivuyemo, Guy Bukasa yongeye kugirwa umutoza mukuru w’ikipe ya Gasogi United ahabwa inshingano yo gutwara igikombe

Ubwanditsi 19 Aug 2021
APR FC na Kiyovu SC zabonye intsinzi y’umunsi wa 20 zikomeza kugaragaza inyota yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’u Rwanda

APR FC na Kiyovu SC zabonye intsinzi y’umunsi wa 20 zikomeza kugaragaza inyota yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 06 Mar 2022
Rayon Sports ikomeje kugorwa no kubona intsinzi, ni nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.

Rayon Sports ikomeje kugorwa no kubona intsinzi, ni nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.

Ubwanditsi 23 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba
Mu Mahanga

Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Ubwanditsi 14 Oct 2016
Gasabo: Yamaze imyaka ibiri afungiranywe kubera ubumuga, umugabo we aranamuharika
HIRYA NO HINO

Gasabo: Yamaze imyaka ibiri afungiranywe kubera ubumuga, umugabo we aranamuharika

Ubwanditsi 27 Jun 2018
CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

Ubwanditsi 20 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru