• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibihugu by’Afurika biriga ku buryo bwo gusigasira ibimera n’imbuto zabyo

Ibihugu by’Afurika biriga ku buryo bwo gusigasira ibimera n’imbuto zabyo

Ubwanditsi 20 Sep 2017 Mu Rwanda

Ibihugu bigize umuryango w’ubumwe bw’Afurika birasanga bikwiye kwongerera uburyo bwatuma ibimera n’imbuto bisigasirwa kugirango bitazimira cyangwa bikabura burundu ku isi.

Ubusanzwe hari amasezerano mpuzamahanga atuma isi irinda ibimera n’imbuto yitwa “International Treaty on Plant Generic Resources for Food and Agriculture” yashyizweho umukomo n’ibihugu kuri ubu bigera 144 byo kwisi. Ibyo bihugu biyemera biterana nyuma yaburi myaka ibiri hasuzumwa aho bigeze bisigasira ibimera n’imbuto kugirango bitazimira ku isi, Ariko izo nama zaberaga ku mugabane itandukanye y’isi.

Ubwa mbere mu mateka y’iyo nama igiye kuberai muri kimwe mu gihugu cy’Afurika kiri munsi y’Ubutayu bwa Sahara aricyo u Rwanda. Muri urwo rwego, Ibihugu bigize umuryango w’ubumwe bw’Afurika biteraniye mu Rwanda mu nama itegura iyo nama mpuzamahanga arinako biganira kugirango bigire ijwi rimwe kucyo umugabane w’Afurika wakungukira muri aya masezerano,Iyi nama ikaba yarateguwe n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa n’ubuhinzi FAO.

Aganira n ’Itangazamakuru Bwana Muhinda Otto, Umuyobozi wungirije ushinwe porogaramu muri FAO yavuze ko muri iyi nama bari kurebera hamwe uko hasigasirwa ibimera ndetse n’imbuto zabyo,uko abantu bagera ku bimera bishya hakorshejwe ikoranabuhanga ndetse n’uko ibimera gakondo byagumaho.

-8010.jpg

Bwana Muhinda Otto

-8012.jpg

-8011.jpg

Yakomeje avuga ko kandi bari kurebera hamwe uburyo bwo kubikora no kubihuza kugira ngo byose bibeho, uko abahinzi babona imbuto batera zizana umusaruro mwinshi ariko ibimera gakondo bikagumya kubaho kuko nabyo ari ingirakamaro.
Ikindi ngo nuko bazarebera hamwe uburyo bwo guhanahana umutungo w’ibihingwa, n’ubworozi nta mbogamizi, igihugu kikaba cyaha ikindi nk’imbuto kidafite mugihe izo gifite zaba zagize ikibazo.

Muri iyi nama kandi ngo abitabiriye iyi nama bagamije guhuza umugambi umwe ku cyakorwa nka Afrika ku bijyanye no gusigasira ibimera n’imbuto zabyo bityo afrika ikazaba ifite imyumvire imwe cyangwa ijwi rimwe muri iriya nama mpuzamahanga izabera Kigali.

U Rwanda rwasinye ayo masezerano mu mwaka wa 2010, inama mpuzamahanga nyirizina izaba tariki ya 30 Ukwakira kugeza kuya 3 Ugushyingo, ikazahuza ibihugu byose byo ku isi bigera ku 144 aho abazitabira iyi nama bazaba barebera hamwe amasezerano mpuzamahanga yo kurinda no gutunganya ibikomoka ku buhinzi.

Norbert Nyuzahayo

2017-09-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bazafasha Perezida Zuma kwishyura umutungo yanyereje

Bazafasha Perezida Zuma kwishyura umutungo yanyereje

Ubwanditsi 05 May 2016
EAC: Abakuru b’ibihugu bemeye kwihanganira caguwa indi myaka itatu

EAC: Abakuru b’ibihugu bemeye kwihanganira caguwa indi myaka itatu

Ubwanditsi 18 Jul 2016
Amafoto – Mu mukino wa gicuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Ibanda FC yo muri RDC 0-0

Amafoto – Mu mukino wa gicuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Ibanda FC yo muri RDC 0-0

Ubwanditsi 18 Nov 2021
Byinshi wamenya kuri Bombe Hydrogene Koreya ya Ruguru yagerageje igakangaranya Isi.

Byinshi wamenya kuri Bombe Hydrogene Koreya ya Ruguru yagerageje igakangaranya Isi.

Ubwanditsi 05 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda  rwamaganye ibivugwa ko rwigeze ruganira n’u Burundi mu ibanga
POLITIKI

U Rwanda rwamaganye ibivugwa ko rwigeze ruganira n’u Burundi mu ibanga

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe
Mu Mahanga

Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Ubwanditsi 08 Jul 2016
Abapolisi bakuru biga iby’ubuyobozi basoje urugendoshuri bakoreraga muri Etiyopiya
Mu Mahanga

Abapolisi bakuru biga iby’ubuyobozi basoje urugendoshuri bakoreraga muri Etiyopiya

Ubwanditsi 19 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru