• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Paul Rusesabagina na Callixte Sankara nabo bashyiriweho impapuro zibata muri yombi

Paul Rusesabagina na Callixte Sankara nabo bashyiriweho impapuro zibata muri yombi

Ubwanditsi 05 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nsabimana Calixte Nsankara, umuvugizi w’Ingabo za FLN na  Paul Rusesabagina, bahuriye mu mutwe umwe wa Politiki [MRCD] ukorera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, uyu mutwe w’ingabo za FLN ukaba ufite ikicaro mu Burundi, amakuru aravuga ko bashyiriweho impapuro  Mpuzamahanga zibata muri yombi.

Izi mpapuro mpuzamahanga  zigiye ahagaragara nyuma y’ibitero byibasiye amajyepfo y’u Rwanda mu mezi yo hagati mu mwaka ushize wa 2018, bikangiza ibintu ndetse abantu bamwe bakahasiga ubuzima abandi bagakomereka.

Paul Rusesabagina, na we ari mu bantu barimo Callixte Sankara n’abayobozi b’umutwe witwa P5 bashyiriweho impapuro zibata muri yombi nk’uko byatangajwe na Radiyo Mpuzamahanga y’ Abafaransa RFI.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi, Paul Rusesabagina yari umuyobozi wa Hôtel des Milles Collines, imwe mu mahoteli yari akomeye muri icyo gihe. Jenoside yarahagaritswe, nyuma hasohoka filime mbarankuru igaragaza Paul Rusesabagina nk’umuntu w’ intwari warokoye abatutsi bari barahungiye muri iyi hoteli, aho yumvikanaga n’abicanyi ntibamene amaraso.

Leta y’ u Rwanda n’ubuhamya bw’abarokokeye muri iyi hoteli bahise batera utwatsi ibyo kuba Rusesabagina yaba yarahishe abatutsi bari barahungiye muri iyi hoteli. Ubuhamya bw’ abarokokeye muri iyi hoteli bugaragaza ko Rusesabagina yarokoraga umuhaye amafaranga abandi akabareka.

INKURU BIFITANYE ISANO : Rusesabagina Akwiye Kubazwa Inzirakarengane Zikomeje Kugirwa Ingwate Na MRCD Zikaba Ziri Gupfira Mu Mirwano Mu Mashyamba Ya Congo

Paul Rusesabagina yatangaje mu gihe cyashize ko yinjiye mu ishyaka RNC rya Kayumba Nyamwasa ritavuga rumwe na Leta y’ u Rwanda. Ibitero byagabwe mu majyepfo y’ u Rwanda byigambwe na Mouvement Rwandais pour le changement démocratique (MRCD) n’ ishami ryayo les Forces de libération nationales (FLN) mu ijwi rya Callixte Sankara uvuga ko ari umuvugizi wa MRCD.

Mu cyumweru cya kabiri cya Mutarama 2019 nibwo Leta y’ u Rwanda yashyize ahagaragara impapuro zita muri yombi abakekwaho gushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda barimo na Kayumba Nyamwasa, Gihana na Frank Ntwali.

2019-02-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Ubwanditsi 07 Sep 2020
Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Ubwanditsi 13 Dec 2024
Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Ubwanditsi 29 Mar 2019
Umugambi wa Uganda wo gukoresha urupfu rwa Rwigema nk’intwaro yo gusiga icyasha u Rwanda

Umugambi wa Uganda wo gukoresha urupfu rwa Rwigema nk’intwaro yo gusiga icyasha u Rwanda

Ubwanditsi 14 Oct 2019

2 Ibitekerezo

  1. Sunday
    February 6, 20195:25 am -

    Ahubwo nibo bazata kagome muriyombi

    Subiza
  2. Lille
    February 6, 201911:10 am -

    Ariko mwabaye iki koko? Ko murimo kuvuga amagambo menshi abashyira hasi??
    Ntabwo mugikomeye se kandi? Bwa butwari bwagiye he??
    Murimo gukora za Mandats gusaaa, finalement muzakora mandats z ababarwanya bose .mwazazibona se ??

    Musubize ubwenge ku murongo, mwararengereye kubera ubwoba ahari

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa  Ubwishigizi mu Rwanda
Mu Rwanda

Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa Ubwishigizi mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2017
CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes
Mu Rwanda

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Abanyarwanda baba i Kinshasa basabwe kwitwararika mu gihe cy’amatora yo muri RDC
Mu Mahanga

Abanyarwanda baba i Kinshasa basabwe kwitwararika mu gihe cy’amatora yo muri RDC

Ubwanditsi 04 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru