• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana

U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa

Ubwanditsi 18 Dec 2018 POLITIKI

Leta y’u Rwanda igaragaza ko amahanga akigenda biguruntege mu kuyifasha gushyikiraza ubutabera abanyarwanda bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, bakidegembyayo.

Nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi, igahitana abasaga miliyoni, bamwe mu bayikoze bahise bahungira hirya no hino ku Isi, ibihugu bimwe bibaha ubuhungiro, biba imbogamizi ku Rwanda mu kubashyikiriza ubutabera.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside, Dr. Jean Damascène Bizimana, avuga ko ‘U Rwanda rwohereje mu mahanga, impapuro zisaga 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside ariko abafashwe n’ababuranishijwe babarirwa ku ntoki.’

Yabivugiye mu kiganiro yatangiye mu nama y’igihugu y’umushyikirano ya 16, cyagarutse ku nsanganyamatsiko igira iti “Kuzirikana amateka ya Jenoside tubumbatira indangagaciro zacu”

Dr. Bizimana yagaragaje ko hari intambwe ikomeye amahanga yateye mu gufasha ubutabera bw’u Rwanda ku bijyanye n’icyaha cya Jenoside yakorewe abatutsi.

Harimo kuba Jenoside yakorewe abatutsi yaremewe ku rwego mpuzamahanga, mu muryango w’Abibumbye no mu muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ibihugu bimwe byo ku mugabane wa Amerika n’u Burayi byashyizeho amategeko ahana kuyipfobya no kuyihakana, binatangira gucira imanza abayikoze.

Gusa ngo haracyari imbogamizi z’ibihugu bikigenda biguruntege, bigashyigikira abayihakana n’abayipfobya, ibindi bikanga gufata abayikekwaho ngo bashyikirizwe ubutabera.

Dr. Bizimana ati “Nubwo navuze ko hari intambwe yatewe mu gushyiraho amategeko ahana abapfobya n’abakoze Jenoside, ariko hari ibihugu bikigenda biguru ntege mu gukurikirana abo bantu.”

Yakomeje agira ati “Ubu ubushinjacyaha bw’u Rwanda bumaze gutanga impapuro zirenga 900, zireba ibyaha by’abakoze Jenoside mu Rwanda ariko mwumvise imibare uko ingana. Aboherejwe mu Rwanda ni 19, abaciriwe imanza muri ibyo bihugu ni 23.”

Mu boherejwe mu Rwanda harimo nka Twagirayezu Wenceslas woherejwe na Denmark, Mbarushimana Emmanuel na we woherejwe n’icyo gihugu, akaba yarahamijwe icyaha cya Jenoside ahanishwa igifungo cya burundu n’abandi.

Yakomeje avuga ko hari intambwe ibyo bihugu bigikeneye gutera zirimo gufata ingamba ku bakekwaho ibyo byaha.

Mu zindi mbogamizi Dr. Bizimana yagaragaje mu guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe abatutsi harimo ababyeyi bakibiba ingengabitekerezo ya Jenoside mu rubyiruko, ihungabana, ubupfubyi, ubupfakazi n’izindi.

2018-12-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bobi Wine ari guhigwa bukware na Polisi ya Uganda aho yamaze no kugota agace bivugwa ko aherereyemo

Bobi Wine ari guhigwa bukware na Polisi ya Uganda aho yamaze no kugota agace bivugwa ko aherereyemo

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Ubwanditsi 16 Jul 2019
FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo

FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo

RUSHYASHYA 13 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO
Amakuru

ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO

Ubwanditsi 16 Dec 2025
Muri 2010, Ingabire Victoire yemeje ko Joseph Ntawangundi yari muri Kenya mu gihe cya Jenoside nyuma Nyirubwite yemera ibyaha byose bya Jenoside aregwa   
INKURU NYAMUKURU

Muri 2010, Ingabire Victoire yemeje ko Joseph Ntawangundi yari muri Kenya mu gihe cya Jenoside nyuma Nyirubwite yemera ibyaha byose bya Jenoside aregwa  

Ubwanditsi 25 Jun 2020
Imyanzuro ikakaye yafashwe nyuma y’IMVURURU zashyamiranyije ubuyobozi  muri Rayon Sports
IMIKINO

Imyanzuro ikakaye yafashwe nyuma y’IMVURURU zashyamiranyije ubuyobozi muri Rayon Sports

Ubwanditsi 11 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru