• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana

U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa

Ubwanditsi 18 Dec 2018 POLITIKI

Leta y’u Rwanda igaragaza ko amahanga akigenda biguruntege mu kuyifasha gushyikiraza ubutabera abanyarwanda bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, bakidegembyayo.

Nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi, igahitana abasaga miliyoni, bamwe mu bayikoze bahise bahungira hirya no hino ku Isi, ibihugu bimwe bibaha ubuhungiro, biba imbogamizi ku Rwanda mu kubashyikiriza ubutabera.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside, Dr. Jean Damascène Bizimana, avuga ko ‘U Rwanda rwohereje mu mahanga, impapuro zisaga 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside ariko abafashwe n’ababuranishijwe babarirwa ku ntoki.’

Yabivugiye mu kiganiro yatangiye mu nama y’igihugu y’umushyikirano ya 16, cyagarutse ku nsanganyamatsiko igira iti “Kuzirikana amateka ya Jenoside tubumbatira indangagaciro zacu”

Dr. Bizimana yagaragaje ko hari intambwe ikomeye amahanga yateye mu gufasha ubutabera bw’u Rwanda ku bijyanye n’icyaha cya Jenoside yakorewe abatutsi.

Harimo kuba Jenoside yakorewe abatutsi yaremewe ku rwego mpuzamahanga, mu muryango w’Abibumbye no mu muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ibihugu bimwe byo ku mugabane wa Amerika n’u Burayi byashyizeho amategeko ahana kuyipfobya no kuyihakana, binatangira gucira imanza abayikoze.

Gusa ngo haracyari imbogamizi z’ibihugu bikigenda biguruntege, bigashyigikira abayihakana n’abayipfobya, ibindi bikanga gufata abayikekwaho ngo bashyikirizwe ubutabera.

Dr. Bizimana ati “Nubwo navuze ko hari intambwe yatewe mu gushyiraho amategeko ahana abapfobya n’abakoze Jenoside, ariko hari ibihugu bikigenda biguru ntege mu gukurikirana abo bantu.”

Yakomeje agira ati “Ubu ubushinjacyaha bw’u Rwanda bumaze gutanga impapuro zirenga 900, zireba ibyaha by’abakoze Jenoside mu Rwanda ariko mwumvise imibare uko ingana. Aboherejwe mu Rwanda ni 19, abaciriwe imanza muri ibyo bihugu ni 23.”

Mu boherejwe mu Rwanda harimo nka Twagirayezu Wenceslas woherejwe na Denmark, Mbarushimana Emmanuel na we woherejwe n’icyo gihugu, akaba yarahamijwe icyaha cya Jenoside ahanishwa igifungo cya burundu n’abandi.

Yakomeje avuga ko hari intambwe ibyo bihugu bigikeneye gutera zirimo gufata ingamba ku bakekwaho ibyo byaha.

Mu zindi mbogamizi Dr. Bizimana yagaragaje mu guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe abatutsi harimo ababyeyi bakibiba ingengabitekerezo ya Jenoside mu rubyiruko, ihungabana, ubupfubyi, ubupfakazi n’izindi.

2018-12-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni abarwayi bo mu mutwe, cyangwa ni abatekamutwe? Dusesengure iby’agatsiko ka Charles Kambanda ngo gashaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Ni abarwayi bo mu mutwe, cyangwa ni abatekamutwe? Dusesengure iby’agatsiko ka Charles Kambanda ngo gashaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Ubwanditsi 13 Jun 2023
Ushinzwe ububanyi n’amahanga wa Amerika arasura ibihugu bya Afurika

Ushinzwe ububanyi n’amahanga wa Amerika arasura ibihugu bya Afurika

Ubwanditsi 06 Mar 2018
RDC: Félix Tshisekedi utavuga rumwe n’ubutegetsi yatanze kandidatire mu matora ya Perezida

RDC: Félix Tshisekedi utavuga rumwe n’ubutegetsi yatanze kandidatire mu matora ya Perezida

Ubwanditsi 08 Aug 2018
Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Ubwanditsi 19 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila
Amakuru

Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Ubwanditsi 26 May 2025
Perezida Kagame yasabye ko kubwira abakobwa bagiye gushyingirwa ko bazahura n’ibibazo bikwiye gucika
POLITIKI

Perezida Kagame yasabye ko kubwira abakobwa bagiye gushyingirwa ko bazahura n’ibibazo bikwiye gucika

Ubwanditsi 23 Apr 2017
AS Kigali yitegura umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro yasinyishije abakinnyi babiri bashya, Musanze FC yatandukanye n’abakinnyi batatu
Amakuru

AS Kigali yitegura umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro yasinyishije abakinnyi babiri bashya, Musanze FC yatandukanye n’abakinnyi batatu

Ubwanditsi 24 Jun 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru