• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda
Uhereye ibumoso ugana iburyo, Abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa mu rukiko rwa Gisirikari i Nyamirambo, Perezida Museveni hamwe n'abarwanyi ba FDLR

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Ubwanditsi 16 Jun 2020 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU

Mu ibaruwa ifunguye  abanyapolitiki badacana uwaka na  Yoweri Museveni , Perezida wa Uganda, bamwandikiye mu mpera z’icyumweru gishize, bamubajije inyungu icyo gihugu gifite mu guteza akajagani n’imidugararo mu karere cyane cyane, bamubaza icyo apfa n’uRwanda . Mu ngero bamuhaye, harimo  guha pasiporo za Uganda abakurikiranyweho guhungabanya umutekano w’uRwanda , cyane cyane abo mi mitwe ya FDLR na RNC ya Kayumba Nyamwasa. Bakamwibutsa ko iyo FDLR igizwe ahanini n’abahekuye uRwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi, naho RNC ikaba ishinjwa urupfu rw’abantu babarirwa muri 17 bazize  grenades zatwe n’uwo mutwe hirya no hino mu Rwanda. Si uRwanda kandi ruvugwa kusa muri iyo nyandiko, kuko banakomoje ku mutekano w’uBurundi,Sudan y’Amajyepfo, RDC , n’ibindi bihugu byo mu karere ka Afrika y’uburasirazuba, ubutegetsi bwa Perezida Museveni bugasabwa kugaragariza abaturage ba Uganda inyungu bafite muri izo rwaserera.

Ibi bibaye nyuma y’aho ikinyamakuru Sunday  Monitor ,  gitangarije inkuru gikesha, ADONIA AYEBARE,  umwe  mubikomerezwa mu butetsi bwa Uganda, ivuga  ko Nyakwigendwera Petero Nkurunziza wahoze ari Perezida w’uBurundi, yari afite pasiporo ya Uganda. Aba batavuga rumwe n’ubutegetsi bakabaza ukuntu perezida w’ikindi gihugu  atunga Pasiporo y’ikindi gihugu, niba Atari izindi mpamvu zirimo guhungabanya umutekano mu karere. Muri iyo baruwa ,haribazwa kandi  niba iyo pasiporo itarahawe Nkurunziza ngo azayifashishe igihe ubutabera mpuzamahanga buzaba mumukurikiranyeho  ubwicanyi bwakozwe mu Burundi, haba igihe inyeshyamba za NCNDD-FDD  zari zikiri mu ishyama, haba no mu gihe ryari rigeze ku butegetsi.

Nta gihe abakurikiranira hafi politiki yo mu karere k’ibiyaga bigari  bahwemye kwibaza  impamvu abategetsi bakuru ba Uganda bakomeje kwivanga mu miyoborere y’ibihugu byo muri aka karere. Bamwe bati ni politiki ya mpatsibihugu Uganda isha kwimika mu karere, abandi bati ni ishyari Perezida agirira ibihugu nk’uRwanda rumurusha ijambo mu ruhando mpuzamahanga, kubera ibikorwa by’indashyikirwa bigaragarira buri wese. Hari n’abemeza ko ari uburyo Perezida Museveni akoresha mu kurangaza abaturage ba Uganda, bahora bamusaba kuva ku butegetsi, agahembera inzangano no abaturage be bahugire muri ibyo aho kwita ku bibazo bya politiki biri imbere mu gihugu cya Uganda.

Raporo abashakashatsi  mpuzamahanga mu bijyanye n’uburenganzira bwa muntu,  bashyie ahagaragara mu cyumeru  igaragaza ko Uganda icumbikiye Abanyarwanda babarirwa muri 500 bakurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri aba harimo  abatorotse bamaze gukatirwa n’inkiko Gacaca, abandi ni  abari mu mirimo nsimuragifungo,TIG, aho kuyikora bakibonereza inzira ya Uganda. Iyo raporo ivuga ko abo bose ubutegetsi bwa Uganda bubazi, ndetse bwanabahaye inzandiko z’inzira, ari nazo bakoresha mu migambi yabo y’ intambaza bahora barota gushoza ku Rwanda.

Uganda iherutse gukorwa n’isoni ubwo  umwe mu baminisitiri bayo, Philemon MATEKE, yafatanwaga igihanga. U Rwanda rweretse isi yose ubutumwa uyu Mateke yandikirana n’abarwanyi ba FDLR, harimo n’abaherutse gufatwa mpiri mu gitero bagabye mu Kinigi.

Abategetsi ba Uganda bakubiswe n’inkuba kandi  uRwanda rwerekanye ibimenyetso by’uko umwe mu bayoboke ba RNC(umutwe w’iterabwo), MUKUKANKUSI Charlotte, akoresha pasiporo ya Uganda, ndetse icyo gihugu gitangariza amahanga ko uwo mugore wifuza kwikora mu nda yica Abanyarwanda benewabo, yambuwe  iyo pasiporo.

Si ibyo gusa kuko na Protais Mpiranya, KABUGA Felicien, Ignace MURWANASHYAKA, Wilson IRATEGEKA,   n’abandi bajenosideri  byagaragaye ko bagenderaga kuri pasiporo ya Uganda.

Ntitwiriwe tugaruka ku iyirubozo abategetsi ba Uganda  n’ubu bagikorer Abanyarwanda bari mu icyo gihugu, bikaba byarabananiye kugaragariza isi yose icyo izo nzirakarengane zikurikiranyweho.

Ibi bimenyetso simusiga, hamwe n’ibindi byishi Museveni n’ibyegera bye badashobora guhakana, biragaragaza ko uwo mukambwe agishaka akamunani ku Rwanda.

Reka tuzarebe icyo Perezida Museveni azasubiza aba batavuga rumwe naweIikigaragara gusa ni uko benshi mu banya Uganda batishimiye uburyarya bwa Perezida Museveni no  gukomeza gushotora uRwanda.

 

2020-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibimenyetso bifatika byerekana ko umugambi wa Museveni  na RNC, wo guhungabanya u Rwanda, urimo gupfuba

Ibimenyetso bifatika byerekana ko umugambi wa Museveni na RNC, wo guhungabanya u Rwanda, urimo gupfuba

Ubwanditsi 23 Jun 2019
RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye

RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye

Ubwanditsi 26 Jun 2024
Leta zunze ubumwe z’Amerika zasabiye ibihano abayobozi bakuru b’ingabo za Uganda

Leta zunze ubumwe z’Amerika zasabiye ibihano abayobozi bakuru b’ingabo za Uganda

Ubwanditsi 12 Dec 2020
Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi

Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi

Ubwanditsi 28 Jun 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Car Free Day mu mujyi wa Kigali yagarutse hibutswa ko Siporo izakorwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi.
Amakuru

Car Free Day mu mujyi wa Kigali yagarutse hibutswa ko Siporo izakorwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi.

Ubwanditsi 22 May 2021
Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ni we wegukanye agace Musanze-Nyamata
IMIKINO

Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ni we wegukanye agace Musanze-Nyamata

Ubwanditsi 01 Mar 2019
Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.
Amakuru

Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.

Ubwanditsi 30 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru