• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda
Uhereye ibumoso ugana iburyo, Abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa mu rukiko rwa Gisirikari i Nyamirambo, Perezida Museveni hamwe n'abarwanyi ba FDLR

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Ubwanditsi 16 Jun 2020 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU

Mu ibaruwa ifunguye  abanyapolitiki badacana uwaka na  Yoweri Museveni , Perezida wa Uganda, bamwandikiye mu mpera z’icyumweru gishize, bamubajije inyungu icyo gihugu gifite mu guteza akajagani n’imidugararo mu karere cyane cyane, bamubaza icyo apfa n’uRwanda . Mu ngero bamuhaye, harimo  guha pasiporo za Uganda abakurikiranyweho guhungabanya umutekano w’uRwanda , cyane cyane abo mi mitwe ya FDLR na RNC ya Kayumba Nyamwasa. Bakamwibutsa ko iyo FDLR igizwe ahanini n’abahekuye uRwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi, naho RNC ikaba ishinjwa urupfu rw’abantu babarirwa muri 17 bazize  grenades zatwe n’uwo mutwe hirya no hino mu Rwanda. Si uRwanda kandi ruvugwa kusa muri iyo nyandiko, kuko banakomoje ku mutekano w’uBurundi,Sudan y’Amajyepfo, RDC , n’ibindi bihugu byo mu karere ka Afrika y’uburasirazuba, ubutegetsi bwa Perezida Museveni bugasabwa kugaragariza abaturage ba Uganda inyungu bafite muri izo rwaserera.

Ibi bibaye nyuma y’aho ikinyamakuru Sunday  Monitor ,  gitangarije inkuru gikesha, ADONIA AYEBARE,  umwe  mubikomerezwa mu butetsi bwa Uganda, ivuga  ko Nyakwigendwera Petero Nkurunziza wahoze ari Perezida w’uBurundi, yari afite pasiporo ya Uganda. Aba batavuga rumwe n’ubutegetsi bakabaza ukuntu perezida w’ikindi gihugu  atunga Pasiporo y’ikindi gihugu, niba Atari izindi mpamvu zirimo guhungabanya umutekano mu karere. Muri iyo baruwa ,haribazwa kandi  niba iyo pasiporo itarahawe Nkurunziza ngo azayifashishe igihe ubutabera mpuzamahanga buzaba mumukurikiranyeho  ubwicanyi bwakozwe mu Burundi, haba igihe inyeshyamba za NCNDD-FDD  zari zikiri mu ishyama, haba no mu gihe ryari rigeze ku butegetsi.

Nta gihe abakurikiranira hafi politiki yo mu karere k’ibiyaga bigari  bahwemye kwibaza  impamvu abategetsi bakuru ba Uganda bakomeje kwivanga mu miyoborere y’ibihugu byo muri aka karere. Bamwe bati ni politiki ya mpatsibihugu Uganda isha kwimika mu karere, abandi bati ni ishyari Perezida agirira ibihugu nk’uRwanda rumurusha ijambo mu ruhando mpuzamahanga, kubera ibikorwa by’indashyikirwa bigaragarira buri wese. Hari n’abemeza ko ari uburyo Perezida Museveni akoresha mu kurangaza abaturage ba Uganda, bahora bamusaba kuva ku butegetsi, agahembera inzangano no abaturage be bahugire muri ibyo aho kwita ku bibazo bya politiki biri imbere mu gihugu cya Uganda.

Raporo abashakashatsi  mpuzamahanga mu bijyanye n’uburenganzira bwa muntu,  bashyie ahagaragara mu cyumeru  igaragaza ko Uganda icumbikiye Abanyarwanda babarirwa muri 500 bakurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri aba harimo  abatorotse bamaze gukatirwa n’inkiko Gacaca, abandi ni  abari mu mirimo nsimuragifungo,TIG, aho kuyikora bakibonereza inzira ya Uganda. Iyo raporo ivuga ko abo bose ubutegetsi bwa Uganda bubazi, ndetse bwanabahaye inzandiko z’inzira, ari nazo bakoresha mu migambi yabo y’ intambaza bahora barota gushoza ku Rwanda.

Uganda iherutse gukorwa n’isoni ubwo  umwe mu baminisitiri bayo, Philemon MATEKE, yafatanwaga igihanga. U Rwanda rweretse isi yose ubutumwa uyu Mateke yandikirana n’abarwanyi ba FDLR, harimo n’abaherutse gufatwa mpiri mu gitero bagabye mu Kinigi.

Abategetsi ba Uganda bakubiswe n’inkuba kandi  uRwanda rwerekanye ibimenyetso by’uko umwe mu bayoboke ba RNC(umutwe w’iterabwo), MUKUKANKUSI Charlotte, akoresha pasiporo ya Uganda, ndetse icyo gihugu gitangariza amahanga ko uwo mugore wifuza kwikora mu nda yica Abanyarwanda benewabo, yambuwe  iyo pasiporo.

Si ibyo gusa kuko na Protais Mpiranya, KABUGA Felicien, Ignace MURWANASHYAKA, Wilson IRATEGEKA,   n’abandi bajenosideri  byagaragaye ko bagenderaga kuri pasiporo ya Uganda.

Ntitwiriwe tugaruka ku iyirubozo abategetsi ba Uganda  n’ubu bagikorer Abanyarwanda bari mu icyo gihugu, bikaba byarabananiye kugaragariza isi yose icyo izo nzirakarengane zikurikiranyweho.

Ibi bimenyetso simusiga, hamwe n’ibindi byishi Museveni n’ibyegera bye badashobora guhakana, biragaragaza ko uwo mukambwe agishaka akamunani ku Rwanda.

Reka tuzarebe icyo Perezida Museveni azasubiza aba batavuga rumwe naweIikigaragara gusa ni uko benshi mu banya Uganda batishimiye uburyarya bwa Perezida Museveni no  gukomeza gushotora uRwanda.

 

2020-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda yirukanye Umunyarwanda ku butaka bwayo imushinja kubangamira umutekano w’igihugu

Uganda yirukanye Umunyarwanda ku butaka bwayo imushinja kubangamira umutekano w’igihugu

Ubwanditsi 22 Jan 2019
Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless

Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless

Ubwanditsi 08 May 2025
N’imiyaga iduturutse imbere ikadusunika, tuyinyuramo –Perezida Kagame

N’imiyaga iduturutse imbere ikadusunika, tuyinyuramo –Perezida Kagame

Ubwanditsi 05 Oct 2019
USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

Ubwanditsi 18 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Nkurunziza agiye guhura n’ibibazo bikomeye
POLITIKI

Perezida Nkurunziza agiye guhura n’ibibazo bikomeye

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Ebola: Uganda yivuguruje ku bihuha yari yatangaje ku Rwanda, nubundi yabikoze nkana ibizi kandi ibishaka
INKURU NYAMUKURU

Ebola: Uganda yivuguruje ku bihuha yari yatangaje ku Rwanda, nubundi yabikoze nkana ibizi kandi ibishaka

Ubwanditsi 20 Jul 2019
CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa
IMIKINO

CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa

Ubwanditsi 26 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru