• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 20 Sep 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ibi bihano byatanzwe kuri uyu wa mbere mu isomwa ry’urubanza Paul Rusabagina aregwamo n’abandi bantu 20, bakaba bakurikiranyweho kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN, cyane cyane hashingiwe ku bitero uwo mutwe wagabye mu Rwanda mu mwaka wa 2018 na 2019.

By’umwihariko Paul Rusesabagina yahamwe no kuba mu mutwe w’iterabwoba, gukora no kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba, ibyaha ubundi bihanishwa igifungo cya burundu, iyo byamuhamye byahitanye ubuzima bw’abantu.

Abacamanza basobanuye ko kuba Paul Rusesabagina hari ibyaha yemeye ndetse akabisabira imbabazi ubwo yabazwaga mu bugenzacyaha no mu bushinjacyaha, kandi akaba ari ubwa mbere
akurikiranywe mu rukiko, byatumye agabanyirizwa igihano, maze ahanishwa gufungwa imyaka 25. Banavuze ko iki gihano cyashoboraga no kugabanywa kurushaho, ariko kuba Rusesabagina yarikuye mu rubanza, urukiko ntirumenye niba hari ibindi byaha yari gusabira imbabazi, byatumye ahabwa icyo gihano cy’igifungo cy’imyaka 25.

Ku birebana na Nsabimana Callixte”Sankara”, uretse kuba mu mutwe w’iterabwoba, gukora no kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba, we yanahamwe n’icyaha cyo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, hashingiwe ku magambo yumvikanyemo avuga ko itateguwe, ndetse ko Leta iyikoresha nk’igikangisho. Yanahamwe kandi no
gukoresha ibyangombwa by’ibihimbano, dore ko yafatanywe akaniyemerera gukoresha impapuro z’inzira zo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo na Lesotho.

Abacamanza basobanuye ko ubundi ibi byaha byagombye guhanishwa gufungwa burundu, ariko kubera inyoroshyacyaha, “Sankara” akaba yagabanyirijwe igihano, akazafungwa imyaka 20 gusa. Mu nyoroshyacyaha zavuzwe harimo kuba yaremeye ibyaha no kuba ari ubwa mbere ukurikiranywe mu rukiko. Paul Rusesabagina afunze kuva mu mpera za Kanama 2020, bivuze ko mu gihano yahawe hagomba kuvamo umwaka amaze muri gereza, Azarangiza igifungo cye mu mwaka wa 2045, akazaba afite imyaka 92
y’amavuko.

Nsabimana Callixte”Sankara we afunze kuva muri Mata 2019, bivuze ko azarangiza igihano mu w’2039. Abasesenguzi basanga ibihano byahawe aba bagabo bombi byoroheje cyane ukurikije uburemere bw’ibyaha bibahama, nk’uko abacamanza babisobanuye ariko, ngo akamaro k’igihano ntigakwiye kureberwa mu buremere bwacyo cyangwa ubw’icyaha ubwacyo, ko ahubwo igihano
mbere na mbere ngo kigamije gufasha umunyacyaha kwihana no kutazongera gukora icyaha nasubira mu buzima busanzwe. Paul Rusesabagina yari Perezida w’ishyaka ritemewe rya PDR –Ihumure, ryaje kujya mu mpuzamashyaka ya MRCD , ari nayo yari ufite umutwe w’inyeshyamba wa FLN. Yumvikanye kenshi yiyemerera ko bafite “abasore n’inkumi” bagamije guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Nsabimana Callixte”Sankara” wiyitaga “Majoro” kandi nta somo na rimwe rya gisirikari yigeze ahabwa, yigambye kenshi ibitero bya FLN byahitanye abaturage b’inzirakarengane, bikangiza ibyabo ibindi bikabisahura. Yigeze kuba mu wundi mutwe w’abagizi ba nabi wa RNC, aho ashwaniye na Kayumba Nyamwasa ajya gushinga ikiryabarezi cya RRM, nacyo cyaje kujya muri MRCD, akanagirwa umuvugizi wa FLN. Aho afatiwe yasimbuwe na Herman Nsengimana nawe uregwa muri uru rubanza.

2021-09-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwububa abonwa n’uhagaze : Isano iri hagati ya Kayumba Nyamwasa na Kampala

Uwububa abonwa n’uhagaze : Isano iri hagati ya Kayumba Nyamwasa na Kampala

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Brady Gilmore ukinira ikipe ua Israel Premier Tech yegukanye agace ka Gatatu ka Tour Du Rwanda 2025 

Brady Gilmore ukinira ikipe ua Israel Premier Tech yegukanye agace ka Gatatu ka Tour Du Rwanda 2025 

Ubwanditsi 26 Feb 2025
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 24 Ukwakira 2018

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 24 Ukwakira 2018

Ubwanditsi 25 Oct 2018
I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International

I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International

Ubwanditsi 20 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda n’Umubiligi Filip Reyntjens basabaga u Bubiligi guhagarika inkunga butera u Rwanda, basebye ubwo ibihugu byombi byasinyanaga amasezerano y’ubufatanye
Amakuru

Uganda n’Umubiligi Filip Reyntjens basabaga u Bubiligi guhagarika inkunga butera u Rwanda, basebye ubwo ibihugu byombi byasinyanaga amasezerano y’ubufatanye

Ubwanditsi 14 Aug 2021
Somalia : Ingabo za Uganda [ UPDF] zasubiranyemo 4 bahasiga ubuzima
INKURU NYAMUKURU

Somalia : Ingabo za Uganda [ UPDF] zasubiranyemo 4 bahasiga ubuzima

Ubwanditsi 13 May 2019
Burundi: Abantu bitwaje intwaro bateye ibirindiro bya polisi
HIRYA NO HINO

Burundi: Abantu bitwaje intwaro bateye ibirindiro bya polisi

Ubwanditsi 08 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru