• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urwego RPS igezeho tubikesha gushyira hamwe: Prof Sezibera

Urwego RPS igezeho tubikesha gushyira hamwe: Prof Sezibera

Ubwanditsi 17 Jan 2018 Mu Rwanda

I Kigali hateraniye inama rusange y’abayobozi bahagarariye abandi mu rugaga ry’abavuzi b’indwara z’imwitwarire n’imitekerereze ya muntu Rwanda (Rwanda Pyschological Society) baturutse mu ntara 4 z’igihugu n’umujyi wa Kigali ku nshuro yayo ya 5 .

Umuyobozi w’urugaga ruhuriyemo n’abize ubuvuzi bw’imyitwarire n’imitekerereze ya muntu mu Rwanda Prof Sezibera Vincent yavuze ko kuri ubu RPS igeze ku rwego rushimishije babikesha gushyira hamwe  mu myaka ibiri tumaze guhera muri kanama 2015.

RPS imaze itangiye ashimira abanyamuryango ko kuba barashyize hamwe aribyo byatumwe bagera aho bageze ubu bakabikora nta gihembo bategereje kiva muri RPS.

Akomeza avuga ko mubyo bagezeho muri iki gihe bamaze ari uko babonye icyemezo cyemerera urugaga gukora byemewe n’amategeko gitangwa na RGB ,kandi RPS ikaba imaze kumenyekana ku rwego mpuzamahanga,ubufatanye bwiza n’inzego za Leta .

Yongeyeho ko kandi bakiriye n’inama mpuzamahanga y’abavuzi b’imyitwarire n’imitekerereze ya muntu mu gushyingo 2017 byatumye bungukira byinshi kubari bitabiriye iyi nama basangira ubunararibonye hagati mu kuzamura umwuga w’ubuvuzi bw’imyitwarire n’imitekerereze ya muntu.

Muri iyi nama iteganwa n’amategeko agenga RPS ikaba iba kabiri mu mwaka, barebeye hamwe raporo y’ibikorwa rusange bya 2017, kwiga no kwemeza igenamigambi rya 2018  ,kwakira no kwemeza  abanyamuryango bashya ,kwakira abayobozi bashya basimbuye abari barangije manda yabo y’imyaka ibiri.

Prof Sezibera yakomeje avuga ko bakiriye abanyamuryango bashya bagera 39 biyongera kubari basanzwe mu rugaga  bangana na 327. Yashimiye aba banyamuryango bashya kuba baragize ubushake bwo guharanira kuza mu rugaga rw’abavuzi n’abize imyitwarire n’imitekerereze ya muntu ko ari imbaraga urugaga ryungutse .

Yakomeje avuga ko bafite ingamba mu gushyigikira abanyeshyuri bakiri kwiga ubuvuzi bw’imyitwarire n’imitekerereze ya muntu aho abayobozi b’amashyirahamweY’abanyeshuri bazajya baba abanyamuryango bakagira uruhare mu itegurwa no kwitabira ibikorwa rusange nk’abanyamuryango ba RPS  yashishikarije n’abanyeshuri ba kaminuza ya kibungo mu ishami ry’imitekerereze n’imyitwarire kugira kwandika basaba kwinjira mu rugaga.

Yakomeje avuga ko kugeza ubu urugaga rugeze ku rwego rwiza aho bagira ibikorwa bitandukanye nko kufashya abagize ibibazo by’abagize ibibazo by’ihungabana ,kugufasha no kugira inama abasaritse n’ibiyobyabwenge n’ibindi bikorwa bitandukanye byo gufasha abafite ibibazo by’imitekerereze n’imyitwarire mu bikorwa bya buri munsi by’abanyamuryango.

Asoza ashishikariza abataraba abanyamurya ko bagomba kwegera bagenzi babo mu kugira uruhare mu gufasha abanyarwanda cyane abafite ihungabana, abishoye mu biyobyabyenge n’ibindi bibazo bishamikiye ku mitekerereze n’imyitwarire ya muntu ko ariwo musanzu bakeneweho mu kubaka igihugu cyiza cyibereye abanyarwanda.

Izaturwanaho felicien umunyamuryango w’uru rugaga wasimbuwe ku mwanya wo kuyobora CPSAR umuryango w’abanyeshuri biga muri kaminuza ibijyanye n’ubuvuzi bw’imyitwarire  n’imitekerereze ya muntu asimburwa  na Rurangwa Umurisa Nelly.

bishimiye  ko ari kuba umunyamuryango w’uru rugagako rwa RPS ari  ingenzi mu gufashya abantu  bahuye n’ibibazo bitandukanye bifitanye isano n’ubuvuzi b’imyitwarire n’imitekerereze ya muntu ati”by’umwihariko bizadufasha gutanga umusanzu wacu mu kuvura no kugira inama n’abahuye n’ibyo bibazo.

Nkundiye Eric Bertrand

2018-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Salome Nyirarukundo uherutse gushimirwa na Perezida Kagame yahawe amasezerano muri APR

Salome Nyirarukundo uherutse gushimirwa na Perezida Kagame yahawe amasezerano muri APR

Ubwanditsi 31 May 2017
Burundi : Umunyarwanda Jacques Bihozagara  yaguye muri gereza ya Mpimba

Burundi : Umunyarwanda Jacques Bihozagara yaguye muri gereza ya Mpimba

Ubwanditsi 01 Apr 2016
“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

Ubwanditsi 16 Jan 2023
APR FC itaratsindwa na rimwe yamaze gukatisha itike iyijyana mu makipe arwanira igikombe , Kiyovu SC na Gorilla FC zitwaye neza ku munsi wa kane wa PNL.

APR FC itaratsindwa na rimwe yamaze gukatisha itike iyijyana mu makipe arwanira igikombe , Kiyovu SC na Gorilla FC zitwaye neza ku munsi wa kane wa PNL.

Ubwanditsi 12 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore yasutseho umugabo we amavuta ashyushye nyuma yo gushyamirana ubwo  yavuganaga na pasiteri kuri telefone
ITOHOZA

Umugore yasutseho umugabo we amavuta ashyushye nyuma yo gushyamirana ubwo yavuganaga na pasiteri kuri telefone

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Padiri Alphonse Kabera yishwe anigishijwe isume yicazwa mu ntebe iwe
ITOHOZA

Padiri Alphonse Kabera yishwe anigishijwe isume yicazwa mu ntebe iwe

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi
INKURU NYAMUKURU

Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi

Ubwanditsi 23 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru