• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kagame yagaragaje ko yagakwiye kuba ahereza undi ubuyobozi ariko FPR yamusabye ko bakomezanya

Kagame yagaragaje ko yagakwiye kuba ahereza undi ubuyobozi ariko FPR yamusabye ko bakomezanya

Ubwanditsi 21 Jun 2017 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yagaragarije abanyamuryango ba FPR Inkotanyi ko nubwo bamusabye ndetse bakanamutora kubahagararira na none, yagakwiye kuba ageze mu gihe cyo guhererekanya ubuyobozi.

Ibi yabitangaje nyuma yo gutangwa n’Umuryango FPR Inkotanyi nk’umukandida wayo mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo muri Kanama 2017 mu nama nkuru y’uyu muryango yateranye kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Kamena 2017.

Umukuru w’Igihugu akaba n’Umuyobozi Mukuru wa FPR Inkotanyi yabanje gushimira intore z’umuryango FPR Inkotanyi maze ababwira ati “Aha hantu mpanyuze kenshi ariko sinjya mbasha kuhamenyera”.

Yagize ati “Nari nkwiye kuba mpagaze hano dushakisha umuyobozi uzaduhagararira njyewe akazi kanjye ari guhereza undi inkoni, njyewe akazi kanjye nkaha undi, ariko mu minsi ishize mwarabihinduye. Nta ruhare nabigizemo, urwo nabigizemo ni ukubibemerera kuko mwabinsabye.”

Yunzemo ati “Igitutu cyo kutemera ibyo mwansabaga ntacyo cyari kivuze ugereranyije n’impamvu mwansabaga ko dukomezanya urugendo.”

Perezida Kagame yabijeje ko nkuko yabikoze mu bihe byashize azakomeza agakora neza ibyo ashinzwe uko abishoboye kose.

Yanasabye abanyamuryango ba FPR Inkotanyi ko batekereza mu myaka 7 iri mbere kandi bagakora ibishoboka byose ngo nyuma yayo hazabeho guhererekanya.

Yunzemo ati “Mwansabye kuguma aha, nzahaguma kandi navuze ko nzitanga uko mbishoboye nibinashoboka nkube kabiri ingufu zanjye, ariko tubikore dushyize hamwe.”

Yasabye urubyiruko ari na rwo ahanini rugize umubare munini w’Abanyarwanda ko na rwo rwiyumvamo ko rwaba P, ariko yungamo ko bagomba kubikorera bakagira uruhare muri politiki y’igihugu.

Aya yavugaga ko bamwe mu bavutse mu gihe FPR Inkotanyi yafataga icyemezo cyo kubohora u Rwanda harimo abashobora kuba baba ba Perezida uyu munsi, ariko avuga ko atari ubonetse wese ahubwo ari “Perezida nyawe”.

Yagize ati “Ntimukabe nka babandi bavuga ngo ntibashaka kujya muri politiki. Mugomba kuyigiramo uruhare kuko iyo mutayigizemo uruhare, politiki mbi hari igihe ibabangamira.”

Perezida Kagame yasabye abahagarariye imitwe ya politiki bose batumiwe muri iyi nama nkuru y’Umuryango FPR Inkotanyi ko u Rwanda na Afurika bikeneye guhindura ibivugwa kuri uyu mugabane kandi ngo nta bandi bazabigiramo uruhare.

Anagaruka ku byagezweho, Umukuru w’Igihugu yavuze ko bigaragaza ko byinshi bishoboka ariko yibutsa ko bitizana ahubwo bisaba gukora cyane.

Yasoje avuga ko Umuryango FPR Inkotanyi wamuhisemo n’umukandida, ati “Tubasezeranyije kuzagumana namwe mu rugamba turimo duharanira ahazaza heza.Nta nzira ya bugufi ihari, tugomba gukora cyane.”

-6997.jpg

Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bateze amatwi ijambo rya Perezida Kagame bari bamaze guhundagazaho amajwi yo kuzabahagararira mu matora y’umukuru w’igihugu

2017-06-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Dukomeye ku buzima bwacu, nk’uko Ababiligi n’Abanyamerika bakomeye ku bwabo”- Perezida Paul Kagame

“Dukomeye ku buzima bwacu, nk’uko Ababiligi n’Abanyamerika bakomeye ku bwabo”- Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 13 Oct 2021
U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

Ubwanditsi 21 Sep 2021
Mu gihembwe cya mbere cya 2018 ibyaha byagabanutseho 2.1% ugereranyije n’icya 2017

Mu gihembwe cya mbere cya 2018 ibyaha byagabanutseho 2.1% ugereranyije n’icya 2017

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda

Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FIBA Africa U-16 Zone V:  U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania
HIRYA NO HINO

FIBA Africa U-16 Zone V: U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania

Ubwanditsi 10 Jun 2019
As Kigali ikomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup itsinze Olympique de Missiri Sima igiteranyo cy’ibitego 8-1
Amakuru

As Kigali ikomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup itsinze Olympique de Missiri Sima igiteranyo cy’ibitego 8-1

Ubwanditsi 18 Sep 2021
‘Umwami Kigeli  akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu
ITOHOZA

‘Umwami Kigeli akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

Ubwanditsi 22 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru