• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mu gihembwe cya mbere cya 2018 ibyaha byagabanutseho 2.1% ugereranyije n’icya 2017

Mu gihembwe cya mbere cya 2018 ibyaha byagabanutseho 2.1% ugereranyije n’icya 2017

Ubwanditsi 29 Mar 2018 Mu Rwanda

Mu gihembwe cya mbere cya 2018 ibyaha byabaruwe byakozwe ari 5,580, byaragabanutseho 2.1%, ugereranyije n’igihembwe cya mbere cya 2017.

Yabitangajwe n’umuyobozi wa Polisi y’Igihugu CG Emanuel Gasana, mu nama yahuje Polisi y’igihugu, urwego rw’Abanyamakuru bigenzura (RMC) n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurwanya Jenoside CNLG iri, kuba kuri uyu wa Kane tariki 29 Werurwe 2018.

Yagize ati “Umutekano muri rusange wifashe neza muri iki gihembwe, ibyaha byagabanutseho 2.1% ugereranyije n’igihembwe cya mbere, ndetse n’impanuka mu muhanda zagabanutseho 5.5% mu gihugu hose.”

Iyi nama yo mu gihembwe cya mbere cya 2018 igamije kurebera hamwe uko umutekano w’igihugu wifashe no gutegura gahunda yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 24.

CG Gasana yabishimiye ubufatanye hagati y’abaturage na Polisi y’Igihugu mu kubahiriza amategeko y’umuhanda, mu rwego rwo gukumira impanuka.

Yaboneyeho kandi kwizeza abaturarwandako Polisi y’u Rwanda izaharanira kubungabunga umutekano usesuye mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 24.

Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne, ufite no mu nshingano kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, yakanguriye abanyamakuru ubufatanye n’urwego rwa Polise ndetse na CNLG, kugirango gahunda yo kwibuka izagende neza kandi itange umusaruro.

Ati “Umutekano usesuye Polisi itwizeza muri iki gihe cyo kwibuka,ugomba kunganirwa n’itangazamakuru mu gukwirakwiza inyigisho nziza zo kwibuka twiyubaka no kwirinda icyagoreka amateka yacu nk’Abanyarwanda.”

Yakomeje agira ati” Ubufatanye bw’inzego zose z’igihugu ni bwo bwatumye ibyaha byo guhohotera abarokotse Jenoside n’ibyaha by’ingengabitekerezo yayo bigabanuka ku buryo bugaragara.”

Yaboneyeho kwibutsa ko ubutumwa butangwa bw’uko Jenoside idakwiye kuzasubira ukundi, bitavuga ko ari mu Rwanda gusa buba bureba, ahubwo buba bureba isi yose, ari nayo impamvu u Rwanda rwohereza ingabo hirya hino ku isi kugira ngo zigarure amahoro.

2018-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kevin Monnet Paque na Ngwabije Bryan bakina mu Bufaransa bisanze ku rutonde rw’abakinnyi Mashami Vincent yahamagaye.

Kevin Monnet Paque na Ngwabije Bryan bakina mu Bufaransa bisanze ku rutonde rw’abakinnyi Mashami Vincent yahamagaye.

Ubwanditsi 28 May 2021
Abantu 17 baguye mu gitero cy’Abiyahuzi muri Burkina Faso.

Abantu 17 baguye mu gitero cy’Abiyahuzi muri Burkina Faso.

Ubwanditsi 14 Aug 2017
KNC yishyuye Nyagatare miliyoni 25 Frw ngo ave mu banyamigabane ba Radio 1

KNC yishyuye Nyagatare miliyoni 25 Frw ngo ave mu banyamigabane ba Radio 1

Ubwanditsi 06 Nov 2017
U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

Ubwanditsi 06 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanda wa kaburimbo wari utegerejwe cyane muri Ndera watangiye gukorwa
Mu Mahanga

Umuhanda wa kaburimbo wari utegerejwe cyane muri Ndera watangiye gukorwa

Ubwanditsi 03 Feb 2017
Uko byagenze ngo Byiringiro Lague wari wifujwe na Rayon Sports yerekeze muri Police FC
Amakuru

Uko byagenze ngo Byiringiro Lague wari wifujwe na Rayon Sports yerekeze muri Police FC

Ubwanditsi 07 Jan 2025
Kigali: Umwe mu bakekwaho gutera ibyuma umunyamakuru wa BTN yatawe muri yombi
Mu Rwanda

Kigali: Umwe mu bakekwaho gutera ibyuma umunyamakuru wa BTN yatawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru