• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»‘Umwami Kigeli akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

‘Umwami Kigeli akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

Ubwanditsi 22 Nov 2016 ITOHOZA

Abo mu muryango wa Kigeli V Ndahindurwa amaherezo barakizwa nambuga.Ibi bintu byo guterana amagambo k’Umugogo w’ Umwami Kgeli, bamwe ntibakozwa ibyo gutabariza Umwami aho yaguye, bakavuga ko Umwami Kigeli akwiye gutabarizwa i Mwima mu Karere ka Nyanza, kandi akaba ari nawe mwami wanyuma w’u Rwanda.

Ibi nanone kandi ntabwo byemerwa nabamwe mu banyapolitiki barimo na Faustin Twagiramungu, usanzwe u rwanya Leta y’u RWANDA, ndetse nabenshi mu banyarwanda bavuga ko bidakwiye ko Umwami yashyingurwa ishyanga kandi ko na Rudahigwa yaguye hanze y’igihugu ariko agatabarizwa mu Rwanda kandi nta ngaruka byagize ku gihugu.

Mu kiganiro Imvo n’Imvano cyanyuze kuri BBC kuri uyu wa Gatandatu, itariki 19 ugushyingo rwabuze gica aho Gerald Rwigemera yavuze ko yahamagaye nyirasenge Speciose Mukabayojo uba muri Kenya akamubaza icyo atekereza ku hantu umugogo w’umwami washyingurwa.

Uyu Mukabayojo ngo yamusubije ko bidashoboka ko umwami waguye ishyanga yagarurwa gutabarizwa mu Rwanda, aho ngo yanamuhaye urugero rwa Musinga amubwira ko Rudahigwa yari agiye kumugarura ariko abiru bakamuhakanira.

Yongeyeho ko impamvu umugogo wa Rudahigwa wagaruwe mu Rwanda ari uko ari abazungu bategekaga u Rwanda.

-4737.jpg

Speciose Mukabayojo

Ibi ngo ni bimwe mu byatangajwe na mushiki wa Kigeli Ndahindurwa witwa Speciose Mukabayojo ubwo yabazwaga n’umwishywa we, Gerald Rwigemera, ibijyanye n’aho umwami azatabarizwa, ariko akaba yaraje kwisubira nyuma avuga ko we icyo ashaka ngo ari amahoro.

Nyuma ariko ngo uyu Rwigemera yaje guhura n’undi witwa Christine, Mukabayojo abereye nyina, amubwira ko yamutumye ngo bafatanye kurangiza icyo kibazo.

Ariko noneho ngo yaje avuga ko Mukabayojo yamubwiye ko yemeye ko umwami azatabarizwa mu Rwanda. Rwigemera ngo yahise yibaza impamvu yisubiye aramuhamagara amubaza impamvu, undi amusubiza ko we icyo ashaka ari amahoro.

Rwigemera aravugwa mu gatsiko katifuza ko Umugogo w’Umwami Kigeli watabarizwa mu Rwanda kubera akayabo k’amafaranga yariye ya Rujugiro, afatanije na RNC, bifuzaga ko niba binaniranye ko Umwami Kigeli yatabarizwa muri Amerika yajyanwa ahandi, Rujugiro yavugaga ko yababonera ikibanza muri Portugal aho asigaye akunze kuba ari muri iki gihe.

-4741.jpg

Paster Mpyisi munama yokwiga aho Umwami Kigeli yatabarizwa

Itangazo ishyaka RDI-Rwanda Rwiza rya Faustin Twagiramungu, ryashyize ahagaragara, rikaba rigira riti: “Ishyaka RDI-Rwanda Rwiza rirasaba rikomeje ubuyobozi bw’u Rwanda gukora ibishoboka byose kugirango Umwami Kigeli V Ndahindurwa azashyingurwe mu Rwanda nta yandi mananiza, kandi ahabwe icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’igihugu. Birakwiye ko yashyingurwa I Mwima na Mushirarungu, I Nyanza, iruhande rwa mukuru we Mutara III Rudahigwa”.

-147.png

Twagiramungu Faustin

Iri tangazo ryakomeje risaba leta y’u Rwanda no kwegera leta y’u Bubiligi ahubwo n’umugogo w’umwami Musinga ukazacyurwa ugatabarizwa mu cyubahiro iruhande rw’abana be.

Muri iki kiganiro, Imvo n’imvano cyanatumiwemo Twagiramungu, yakomeje avuga ko abo bireba bagomba kwicara bakumvikana bagacyura umugogo w’umwami ariko bakareka kubeshyera umwami ngo yavuze ko adashaka gutaha kuko ngo icyo yanze ari uburyo yagombaga gutahamo.

Benzige yabajijwe impamvu byageze aho bitabaza abanyamategeko, asubiza ko byatewe n’amagambo yivuguruza yavuzwe na Mukabayojo aho ngo umwami amaze gutanga yamubwiye ko amwoherereje Christine ngo azamufashe gutegura uko bazatabariza umwami.

Amakuru avuga ko Benzinge yabonye ko atsinzwe akwepa his lawyer kugeza n’ubu ntiyahembwe amaso yaheze mu kirere.

-4739.jpg

Boniface Benzinge

Amakuru kandi twabashije gutohoza neza avuga ko Benzinge yamennye document safe for king kigeli, atwara impapuro (will and testimony ) zose ajya mubuhungiro mu Bwongereza. Ndetse na gifts and decorations Kigeli yahawe kuva yagera muri Amerika zagambaniwe na Benzinge ziburirwa irengero kugeza n’ubu, bikaba bikekwa ko zaba zaratwawe nabashiki ba Benzinge.

-4740.jpg

Umwami Kigeli ( RIP )

Kugeza magingo aya urugo rwa kigeli rwashyizweho ingufuri na Police kugeza igihe iki kibazo kizakemukira.

Umwanditsi wacu

2016-11-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutego mutindi : Gen. Kayumba Nyamwasa ; Pierre Péan na Emile Gafirita bafatiwe mu cyuho

Umutego mutindi : Gen. Kayumba Nyamwasa ; Pierre Péan na Emile Gafirita bafatiwe mu cyuho

Ubwanditsi 10 Sep 2016
U Buholandi : Umujenosideri Yvonne Basebya yitabye Imana mu buryo butunguranye

U Buholandi : Umujenosideri Yvonne Basebya yitabye Imana mu buryo butunguranye

Ubwanditsi 27 Feb 2016
Ese umutwe w’iterabwoba wa RNC muri Uganda nturebwa n’amabwiriza yo kurwanya Virusi ya Corona yashyizweho na Museveni ubwe? 

Ese umutwe w’iterabwoba wa RNC muri Uganda nturebwa n’amabwiriza yo kurwanya Virusi ya Corona yashyizweho na Museveni ubwe? 

Ubwanditsi 19 Apr 2020
Umubikira w’i Kabgayi na mugenzi we w’i Janja biciwe muri Yemen

Umubikira w’i Kabgayi na mugenzi we w’i Janja biciwe muri Yemen

Ubwanditsi 06 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Arusha : Rujugiro araburana imitungo yahuguje abanyarwanda bavuye i Burundi
ITOHOZA

Arusha : Rujugiro araburana imitungo yahuguje abanyarwanda bavuye i Burundi

Ubwanditsi 11 Sep 2016
Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga
UBUKUNGU

Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Amerika yagejeje mu Rwanda Dr Munyakazi ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside
Mu Mahanga

Amerika yagejeje mu Rwanda Dr Munyakazi ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 29 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru