• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Himbara ashenguwe n’agahinda kuko BBC yagaragaje neza isura y’u Rwanda

Himbara ashenguwe n’agahinda kuko BBC yagaragaje neza isura y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Apr 2019 ITOHOZA

Ubusanzwe BBC ntiyakunze kuvuga neza u Rwanda ndetse ishami ryayo ry’Ikinyarwanda rizwi nka ‘Gahuzamiryango’ ryahagaritswe kumvikana mu Rwanda kubera ibyo yari imaze igihe irutangazaho kandi bijorwa cyane.

Himbara nta kibazo na kimwe yigeze agira ku nkuru zivuga nabi ku Rwanda, nyamara iziruvuga neza zikamurya ahantu.

Ikinyamakuru IGIHE cyatangaje ko ku nshuro ya mbere mu gihe kirenga ukwezi, David Himbara ufatwa nk’umwe mu bakora uko bashoboye ngo basebye leta y’u Rwanda, yanditse inkuru irenga ibika bitatu mu cyo yise ibaruwa ifunguye yandikiye abayobozi ba BBC, yijujutira ikiganiro yakoze ku Rwanda.

Ngo ni ishyari yatewe n’ikiganiro  ” Business Africa ” cyibandaga ku Rwanda, cyakozwe n’abanyamakuru Nancy Kacungira na Maggie Mutesi. Kigaragaza iterambere ry’u Rwanda nk’igihugu gifite ubukungu bwihuta, gikataje mu ikoranabuhanga no guhanga ibishya, kigeze ku rwego rwo kwakira miliyari z’amadolari mu ishoramari ry’abanyamahanga buri mwaka ndetse cyatangiye guteranyirizwamo imodoka za Volkswagen.

Umwanditsi Alain Mucyo avuga ko Himbara yinyuramo aho yandika ko “… Iyo sura y’u Rwanda ihura neza n’ikunda kwamamazwa …” muri make ko ikibazo afite ari uburyo ibintu bigaragara kandi bivugwa.

Yakomeje ati “[Himbara] amaze amezi mu magambo ye ku Rwanda avuga ko rwazahajwe n’ubukene. Yakomeje kugerageza kumvisha Isi ko u Rwanda rudatekanye, ko iterambere ari igihuha.

Ikiganiro cya BBC ni nk’urushyi rwakubise mu isura ye; birashoboka ko byamuriye ahantu kubona amafoto ya Kigali itekanye. Iki kiganiro gishobora kuba gishyira ihurizo ku masezerano yahawe yo guharabika u Rwanda kubera ko abaterankunga be baza kubona ko imbaraga bakoresha n’amafaranga yabo bitabashije guhindanya isura y’u Rwanda.”

David Himbara

Ku bw’ibyo ngo mu kurwana ku mugati we, yanditse inkuru ndende harimo amakuru avanye kuri Google, ku buryo umwarimu wa kaminuza udashobora gukoresha ibitekerezo bye nk’impuguke, ari umwarimu ku izina.

Yakomeje ati “Iyo nkuru yanditswe gusa kugira ngo ishimishe Rujugiro, Museveni, RNC na FDLR.” bo baterankunga be.

Byongeye, ngo Himbara yiyita impirimbanyi ya demokarasi nyamara akibasira itangazamakuru ryigenga, agakumira ibiganiro.

Umwanditsi avuga ko Himbara bitewe n’uko ari mu mpera z’ukwezi kandi akeneye amaramuko, yazamuye ijwi yibasira abakomeye ngo yerekane ko afite ijwi rigera kure.

2019-04-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubushakashatsi byemeje Ko Isi izarangira muri uyu mwaka wa 2017

Ubushakashatsi byemeje Ko Isi izarangira muri uyu mwaka wa 2017

Ubwanditsi 05 Jan 2017
Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Afurika y’Epfo: Umunyarwanda yishwe atwikiwe mu nzu azira umugore w’abandi

Afurika y’Epfo: Umunyarwanda yishwe atwikiwe mu nzu azira umugore w’abandi

Ubwanditsi 18 Mar 2017
Urunturuntu ku rupfu rw’Umupolisi Mukuru muri Uganda, AIGP Kaweesi

Urunturuntu ku rupfu rw’Umupolisi Mukuru muri Uganda, AIGP Kaweesi

Ubwanditsi 09 Nov 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Musengimana Jean Claude, Ruhango Mbuye Rugarama
    April 29, 201911:33 am -

    Yewe Devide Ndamusetse Urwandase Ararusebya Bishoboke? Abanyamahanga Benshi Bararuzi, Abakuru Bibihugu Bitandukanye Barugezemo Bararuzi, Kd Bazinezako Urwanda Ari Indashyikirwa Yarusebyahe? Ahubwo Arimo Arisebya

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Olivier Mulindahabi na Eng Muhirwa bashyikirijwe ubushinjacyaha
IMIKINO

Olivier Mulindahabi na Eng Muhirwa bashyikirijwe ubushinjacyaha

Ubwanditsi 17 Feb 2016
Stade Malien yegukanye umwanya wa gatatu mu mikino ya Basketball Africa League itsinze Petro de Luanda amanota 73-65
Amakuru

Stade Malien yegukanye umwanya wa gatatu mu mikino ya Basketball Africa League itsinze Petro de Luanda amanota 73-65

Ubwanditsi 27 May 2023
Kayonza: Umuturage yafatanywe ibiro 12 by’urumogi mu nzu iwe
Mu Rwanda

Kayonza: Umuturage yafatanywe ibiro 12 by’urumogi mu nzu iwe

Ubwanditsi 14 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru