• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Aba “contre-succès” nibashakishe ibindi birego, naho icyo gusambanya abagore ku ngufu nticyafata RDF

Aba “contre-succès” nibashakishe ibindi birego, naho icyo gusambanya abagore ku ngufu nticyafata RDF

Ubwanditsi 17 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Imyaka ibaye 20 abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda batangiye kujya ubutumwa bwo kubahiriza amahoro n’umutekano mu bihugu byinshi, kandi aho babaye hose bahawe ibihembo bibashimira ubunyamwuga, ubwitange, ubumuntu n’ubusabane hagati yabo n’abaturage b’ibyo bihugu.

Ingero ni nyinshi: Darfur muri Sudan, muri Haiti, Cote d’Ivoire, Mali, Sudan y’Epfo, Mozambike, n’ahandi abashinzwe umutekano bakomoka mu Rwanda babaye cyangwa n’ubu bakiri, usanga abaturage batifuza ko Abanyarwanda bataha, kubera indangagaciro ntagereranywa zibaranga.

Ibi bitandukanye n’abava mu bindi bihugu, kuko kenshi usanga abaturage babavumira ku gahera, kubera imyitwarire idatandukanye n’iy’abagizi ba nabi izo ngabo cyangwa abapolisi bitwa ko bagiye guhashya. Ntawe ntunze agatoki, ariko Monusco muri Kongo ni urugero rw’ingabo “zishinzwe amahoro” ariko zabaye iza mbere mu guteza abaturage akaga.

Uko kuvugwa imyato kw’ingabo n’abapolisi bava mu Rwanda, kwakuruye ishyari ku basanzwe batifuriza ineza uRwanda, batangira guhimbahimba ibirego, aka wa wundi wabuze icyo atuka inka, ati:”Dore icyo gicebe cyayo”!

Nguko uko uwitwa” Barbara Debout” yahurutuye ibinyoma mu binyamakuru “Le Monde” na” The New Humanitarian”, ashinja ingabo z’uRwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santarafrika, gusambanya abagore ku ngufu no kubakorera ihohotera rishingiye ku gitsina.

Abaturage b’i Bangui, barimo n”abo muri sosiyete sivile, twashoboye kuvugana nabo tukimara kubona ibyo birego, batubwiye ko uretse n’ibyo byaha by’urukozasoni, nta n’andi makosa yoroheje ushobora gusangana ingabo z’uRwanda ziri muri Santarafrika. Abo batangabuhamya bati:”Ahubwo no mu duce ibyo byaha byakundaga kubamo, bihaheruka abasirikari b’uRwanda batarahagera”.

Ubu buhamya burashimangira ibikubiye mu itangazo rivuguruza ibirego bya Barbara Debout, ryashyizwe ahagaragara n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’uRwanda.

Mu bimenyetso bikubiye muri iryo tangazo, harimo ko uduce uwo mukwizabinyoma avuga twabereyemo ibyo byaha, nk’ahitwa Papua na Ndassima, nta na rimwe abasirikari bakomoka mu Rwanda bigeze bahakorera, ko rero ntaho bari guhurira n’abo bagore bivugwa ko bahohotewe.

Byongeye, iryo tangazo risobanura ko i Bangui, mu kigo cy’abasirikari b’uRwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, uretse abasivili bahakora, nta muturage wemerewe kuhinjira, bikaba rero bitumvikana uko uwo muturage bivugwa ko yahasambanyirijwe ku ngufu yahageze.

Ikigaragara rero iyi nyandiko ni nk’izindi zose z’aba” contre-succès”, bagamije gusa guharabika isura y’ingabo z’uRwanda, RDF. Barahomera iyonkeje ariko, kuko hejuru y’ubutwari bwa RDF bumaze kuba kimenyabose ku isi, na “discipline” ya RDF itagibwaho impaka. Ushobora kwanga kwanga urukwavu, ariko wirengagije ko ruzi kunyaruka, waba wifitiye uburwayi mu mutwe.

2024-10-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Ernest Rwamucyo arashyize agejejwe mu butabera

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Ernest Rwamucyo arashyize agejejwe mu butabera

Ubwanditsi 01 Oct 2024
Perezida Kagame yashimye SADC yagabanije ibibazo by’umutekano mu karere iherereyemo

Perezida Kagame yashimye SADC yagabanije ibibazo by’umutekano mu karere iherereyemo

Ubwanditsi 17 Aug 2018
Nsabimana Callixte  Sankara yagejejwe imbere y’urukiko aregwa ibyaha  by’iterabobwoba k’ubufasha bwa Uganda n’UBurundi

Nsabimana Callixte  Sankara yagejejwe imbere y’urukiko aregwa ibyaha  by’iterabobwoba k’ubufasha bwa Uganda n’UBurundi

Ubwanditsi 23 May 2019
Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana

Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana

Ubwanditsi 27 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Besigye asanga iby’u Rwanda na Uganda ari nk’umucuraguzi ubuza umukire amahwemo
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Besigye asanga iby’u Rwanda na Uganda ari nk’umucuraguzi ubuza umukire amahwemo

Ubwanditsi 07 Mar 2018
Perezida Kagame yayoboye Inteko rusange ya 32 yahuje abakuru b’ibihugu bigize AU ari nayo agomba guhererekanyamo ububasha n’umusimbuye.
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yayoboye Inteko rusange ya 32 yahuje abakuru b’ibihugu bigize AU ari nayo agomba guhererekanyamo ububasha n’umusimbuye.

Ubwanditsi 10 Feb 2019
Nyagatare:  Bane bafunze bakekwaho guha ruswa abapolisi
Mu Mahanga

Nyagatare: Bane bafunze bakekwaho guha ruswa abapolisi

Ubwanditsi 07 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru