• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Aba “contre-succès” nibashakishe ibindi birego, naho icyo gusambanya abagore ku ngufu nticyafata RDF

Aba “contre-succès” nibashakishe ibindi birego, naho icyo gusambanya abagore ku ngufu nticyafata RDF

Ubwanditsi 17 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Imyaka ibaye 20 abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda batangiye kujya ubutumwa bwo kubahiriza amahoro n’umutekano mu bihugu byinshi, kandi aho babaye hose bahawe ibihembo bibashimira ubunyamwuga, ubwitange, ubumuntu n’ubusabane hagati yabo n’abaturage b’ibyo bihugu.

Ingero ni nyinshi: Darfur muri Sudan, muri Haiti, Cote d’Ivoire, Mali, Sudan y’Epfo, Mozambike, n’ahandi abashinzwe umutekano bakomoka mu Rwanda babaye cyangwa n’ubu bakiri, usanga abaturage batifuza ko Abanyarwanda bataha, kubera indangagaciro ntagereranywa zibaranga.

Ibi bitandukanye n’abava mu bindi bihugu, kuko kenshi usanga abaturage babavumira ku gahera, kubera imyitwarire idatandukanye n’iy’abagizi ba nabi izo ngabo cyangwa abapolisi bitwa ko bagiye guhashya. Ntawe ntunze agatoki, ariko Monusco muri Kongo ni urugero rw’ingabo “zishinzwe amahoro” ariko zabaye iza mbere mu guteza abaturage akaga.

Uko kuvugwa imyato kw’ingabo n’abapolisi bava mu Rwanda, kwakuruye ishyari ku basanzwe batifuriza ineza uRwanda, batangira guhimbahimba ibirego, aka wa wundi wabuze icyo atuka inka, ati:”Dore icyo gicebe cyayo”!

Nguko uko uwitwa” Barbara Debout” yahurutuye ibinyoma mu binyamakuru “Le Monde” na” The New Humanitarian”, ashinja ingabo z’uRwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santarafrika, gusambanya abagore ku ngufu no kubakorera ihohotera rishingiye ku gitsina.

Abaturage b’i Bangui, barimo n”abo muri sosiyete sivile, twashoboye kuvugana nabo tukimara kubona ibyo birego, batubwiye ko uretse n’ibyo byaha by’urukozasoni, nta n’andi makosa yoroheje ushobora gusangana ingabo z’uRwanda ziri muri Santarafrika. Abo batangabuhamya bati:”Ahubwo no mu duce ibyo byaha byakundaga kubamo, bihaheruka abasirikari b’uRwanda batarahagera”.

Ubu buhamya burashimangira ibikubiye mu itangazo rivuguruza ibirego bya Barbara Debout, ryashyizwe ahagaragara n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’uRwanda.

Mu bimenyetso bikubiye muri iryo tangazo, harimo ko uduce uwo mukwizabinyoma avuga twabereyemo ibyo byaha, nk’ahitwa Papua na Ndassima, nta na rimwe abasirikari bakomoka mu Rwanda bigeze bahakorera, ko rero ntaho bari guhurira n’abo bagore bivugwa ko bahohotewe.

Byongeye, iryo tangazo risobanura ko i Bangui, mu kigo cy’abasirikari b’uRwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, uretse abasivili bahakora, nta muturage wemerewe kuhinjira, bikaba rero bitumvikana uko uwo muturage bivugwa ko yahasambanyirijwe ku ngufu yahageze.

Ikigaragara rero iyi nyandiko ni nk’izindi zose z’aba” contre-succès”, bagamije gusa guharabika isura y’ingabo z’uRwanda, RDF. Barahomera iyonkeje ariko, kuko hejuru y’ubutwari bwa RDF bumaze kuba kimenyabose ku isi, na “discipline” ya RDF itagibwaho impaka. Ushobora kwanga kwanga urukwavu, ariko wirengagije ko ruzi kunyaruka, waba wifitiye uburwayi mu mutwe.

2024-10-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutuzo w’Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri bari Bufaransa waba usatira iherezo?

Umutuzo w’Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri bari Bufaransa waba usatira iherezo?

Ubwanditsi 12 Mar 2024
APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)

APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)

Ubwanditsi 13 Jun 2025
Irumbuka ry’ibitego ku munsi wa 25 wa PNL, Rayon Sports, Gasogi United na Musanze FC muzatsinzwe byinshi – Ibyaranze uyu munsi

Irumbuka ry’ibitego ku munsi wa 25 wa PNL, Rayon Sports, Gasogi United na Musanze FC muzatsinzwe byinshi – Ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 03 Apr 2023
Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.
Amakuru

Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Ubwanditsi 02 May 2021
Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.
Amakuru

Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.

Ubwanditsi 27 Apr 2021
Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato
SHOWBIZ

Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Ubwanditsi 27 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru