• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi

Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi

Ubwanditsi 12 Jul 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, SHOWBIZ

Ubwo hari ku itariki ya 22 Kamens 2024 nibwo mu Rwanda hatangiye ibikorwa byo kwiyamaza kuba Kandida- Perezida bifuza kuyobora u Rwanda muri Manda itaha y’imyaka 5.

Ni igikorwa cyitabiriwe n’abakandida 3, Paul Kagame watanzwe n’Umuryango FPR Inkotanyi, Dr. Frank Habineza watanzwe n’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda) ndetse na Philippe Mpayimana uziyamamaza nk’umukandida wigenga.

Mu kwiyamamaza kw’aba bakandida- Perezida kwagiye kwitabirwa n’abanyarwanda batandukanye hirya no hino mu gihugu, mu nkuru yacu ya none turagaruka ku bahanzi Nyarwanda bagaragaje kwamamaza Paul Kagame.

Iyi Manda y’imyaka itanu iri imbere ni manda itandukanye n’izabanje kuko izabanje zo zari iz’imyaka 7 gusa ariko biza guhinduka.

Umuryango FRP Inkotanyi yatanze Paul Kagame usanzwe ari na Perezida w’u Rwanda ibi binatamuhesha gushyigikirwa n’ingeri nyinshi kubera ibyiza amaze kugeza ku banyarwanda.

Abanyarwanda nabo ntibahwemye kugaragaza ko bamwishimiye kubera ubudasa mu iterambere yabagejejeho, aha niho abahanzi nabo bazira bishimira ibikorwa byagezweho mu myidagaduro basanzwe babarizwamo.

Iby’ishimo by’ibyamamare bigaragazwa n’indirimbo bahimbiye Umuryango wa FPR Inkotanyi dore ko mbere y’uko ibikorwa byo kwiyamamaza bitangira hari hamaze gukorwa indirimbo zisaga 1500 zahimbiwe uyu muryango.

Aha kandi gushyigikira umuryango watanze Paul Kagame nk’umukandida- Perezida bibonekera ku mbuga nkorangambaga z’aba bahanzi ndetse no mu guhanga udushya twa hato na hato.

Aha ndatanga urugero; abakurikirana ibikorwa byo kwamamaza Kandida- Perezida, Kagame barebe udushya twahanzwe n’abasanzwe baba mu gice cya Filimi Nyarwanda.

Niyitegeka Gratien, Bamenya, Clapton Kibonye n’abandi bafashe iya mbere mu guhanga udushya bamamaza aho uyu muryango uba uri bukorere.

Ubu hagezweho muri Kicukiro ndetse no mui Gasabo, niwitegerezq neza urasanga udushya tudasanzwe turimo gukorwa n’aba bose ndetse n’abandi.

Ikibibatera ntakindi ni urukundo bafitiye Kandida- Perezida, Paul Kagame watanzwe n’umuryango FPR Inkotanyi, kandi nibyo koko ntawe utashima uyu muryango kuko nk’uko izina ribivuga ni umuryango “Ntabwo uheza”.

Aho uyu muryango wagiye kwamamarira umukandida- Perezida, uzahasanga aba bahanzi barimo gususurutsa abaturiye ako gace, ibi bikorwa mbere ndetse na nyuma y’uko kwamamaza bitangira.

Aha twavuga nk’abahanzi bakomeye bagaragaza gushyigikira Paul Kagame, harimo Bruce Melody, RiderMan, Knowless, Ruti Joel, Chriszz Eazzy, Bwiza, n’abandi benshi nawe uzi bagezweho.

Umuhanzikazi Knowless Butera, aherutse gusaba Paul Kagame Paul Kagame ko nyuma yo gutsinda amatora, yazatumira Abanya-Bugesera bagatarama bishimira intsinzi kuko baturanye muri aka karere.

Mu ijambo rye Perezida Kagame yagize ati “Reka mbanze nsubize ibyasabwe na Knowless, ni uko yavuze mbere yanjye, naho nanjye nari mbifite ko nzashaka umwanya nkabatumira tugatarama.”

Butera Knowless yabwiye Perezida Kagame ko urubyiruko rumufitiye umwenda w’agaciro gakomeye batumva uko uzishyurwa.

Ati “Twebwe twaraye ijoro nitwe bo kuribara, nitwe tuzi aho tuva n’aho tugana, iyo dutekereje ibintu mwadukoreye nkaba mpagaze hano ndi kuvuga ntarigeze mbona ko icyo cyizere gishoboka twumva tubafitiye umwenda.”

Aha niho kandi uyu muhanzikazi yahaye isesezerano Perezida Kagame ko batazamutenguha, Ati “Nk’urubyiruko icyo twabizeza ni uko turi bato batari gito, ikindi ni uko ahantu aho ariho hose muzashingura ibirenge muzizere ko ariho intambwe zacu zishingiye, muradufite kuri ubu n’ejo hazaza.”

Mu bandi bahanzi bagaragaye mu kwamamaza umukandida w’umuryango FPR Inkotanyi harimo Bruce Melodie wakoze indirimbo afatanyije na Bwiza.

Iyi yahimbwe mu rwego rwo gutanga umusanzu wabo mu kwamamaza umukandida wa FPR, bagaragaza ko ari ibintu byinshi bafite byo kuba barahisemo gushyigikira uyu mukandida mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Bruce Melodie yagize ati “Nk’umuhanzi nahawe agaciro mbona ibikorwaremezo binyorohereza akazi kanjye hanyuma mbona n’umutekano wo gukora ibyo ngomba gukora nisanzuye.”

Bwiza we ufite n’umwihariko wo kuba agiye gutora ku nshuro ya mbere ati “Nk’Umunyarwandakazi ndetse nk’umuhanzi yampaye agaciro, nk’Umunyarwandakazi yampaye amahirwe ndakora, nk’umunyarwanda yampaye agaciro ko kujya njya mu mahanga hose, abantu barambona bakishima cyane kubera ko mfite umuyobozi mwiza nkaba ndi n’umunyarwanda.”

Mu gushyigikira imyidagaduro ni kenshi Perezida Kagame yagiye agaragara mu bitaramo bitandukanye, aha Twavuga ubwo yitabiraga igitaramo cyiswe ‘Inkuru ya 30’ cy’Itorero Inyamibwa.

Ni igitaramo cyabaye tariki 23 Werurwe 2024, wari umugoroba udasanzwe, wasingije u Rwanda. Hashimwe Inyamibwa zongeye gusangiza Abanyarwanda urugendo rwo kwibohora- Niko abari bateraniye muri iki gitaramo bavuze.

Ubwo hari mu kwezi k’Ukuboza 2023, Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye ndetse bifatanya n’abakunzi ba muzika bari muri BK Arena mu gitaramo cya Move Afrika cyaririmbyemo umuraperi Kendrick Lamar.

Uretse kuba Kendrick Lamar wari umuhanzi mukuru yararirimbye hari n’abandi bahanzi basusurukije abakunzi ba muzika harimo umuhanzikazi ukomoka muri Tanzania, Zuchu, Bruce Melodie, Ariel Wayz ndetse n’umubyinnyi w’umunyarwandakazi wamamaye mu kubyina, Sherrie Silver.

Mu Kanama 2023, Perezida Paul Kagame wari kumwe na Madamu Jeannette Kagame, umukobwa we Ange Kagame ndetse n’abuzukuru be bari mu bihumbi byitabiriye iserukiramuco rya “Giants of Africa” ryabereye muri BK Arena.

Icyo gihe kandi mu itangizwa ry’iryo serukiramuco, Umubanzi Naseeb Abdul Juma uzwi mu muziki wa Tanzania ndetse na Afurika muri rusange nka Diamond Platnumz yataramiye Abanyarwanda.

Ni byinshi Perezida Kagame yafashije mu guteza imbere imyidagaruro mu Rwanda ari nabyo bitanga icyizere cy’imyidagaduro yo mu Rwanda mu gihe kiri imbere ariyo mpamvu ababa muri iki gice usanga bishimye ndetse bakabigaragariza mu bigangano byabo.

Biteganyijwe ko tariki ya 14 Nyakanga 2024, aribwo Abanyarwanda batuye mu mahanga bazatora, mu gihe tariki 15 Nyakanga 2024, aribwo Abanyarwanda batuye mu Rwanda bazaba babukereye bagiye kwitorera umukandida uzabahagararira ku mwanya w’umukuru w’igihugu ndetse n’abadepite bazabahagararira mu Nteko Nshingamategeko.

2024-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muhire Henry wigeze kuba umunyamakuru yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA asimbuye Uwayezu François Regis weguye kuri uwo mwanya

Muhire Henry wigeze kuba umunyamakuru yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA asimbuye Uwayezu François Regis weguye kuri uwo mwanya

Ubwanditsi 07 Jan 2022
Hahishuwe Impamvu yisezererwa rya IGP Kale Kayihura

Hahishuwe Impamvu yisezererwa rya IGP Kale Kayihura

Ubwanditsi 05 Mar 2018
Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Ubwanditsi 20 Feb 2022
Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 

Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 

Ubwanditsi 19 Aug 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paul Rusesabagina arashinjwa uburiganya n’abahoze muri FLN
INKURU NYAMUKURU

Paul Rusesabagina arashinjwa uburiganya n’abahoze muri FLN

Ubwanditsi 08 Jan 2020
Zimbabwe: Mnangagwa yashyize muri Cabinet bamwe mu basirikare bahigitse Mugabe
Mu Mahanga

Zimbabwe: Mnangagwa yashyize muri Cabinet bamwe mu basirikare bahigitse Mugabe

Ubwanditsi 01 Dec 2017
Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca
Amakuru

Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca

Ubwanditsi 26 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru