• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Bidatunguranye, abayoboke b’umutwe w’iterabwoba, RNC, bivanze mu matora ya Uganda, banahundagaza amajwi kuri Yoweri K. Museveni.

Bidatunguranye, abayoboke b’umutwe w’iterabwoba, RNC, bivanze mu matora ya Uganda, banahundagaza amajwi kuri Yoweri K. Museveni.

Ubwanditsi 15 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Amakuru atangwa n’indorerezi mbarwa zashoboye kwitabira amatora yo muri Uganda, yabaye mu bwiru bukomeye  tariki 14 Mutarama 2021, arahamya ko impunzi z’abanyamahanga ziba muri icyo gihugu zivanze muri ayo matora y’ Umukuru w’Igihugu ndetse n’abadepite.

Abashyirwa mu majwi cyane ni abayoboke ba wa mutwe w’iterabwoba RNC, ya Kayumba Nyamwasa, ndetse ngo bakaba barahundagaje ku bwinshi amajwi kuri Museveni, usanzwe ari n’inshuti yabo y’akadasohoka. Aya makuru akomeza avuga ko byari byoroshye ko n’abatari abanya Uganda batora, dore ko no kugenzura umwirondoro w’abatora bitashobokaga, kuko ingenzura ryifashisha ikoranabuhanga  “biometric Voter Verification” ritashobokaga nyuma yo guhagarika internet mu gihugu hose.

Ikindi, abenshi mu bayoboke ba RNC basanganywe pasiporo za Uganda, bifashisha mu ngendo zo gushakisha imisanzu n’abarwanyi bo guhungabanya umutekano w’uRwanda.Yewe, nta n’igishya abayoboke ba RNC batoye Museveni, kuko no mu mvururu zimaze iminsi ziba, bagaragaye bitwaje intwaro, bari mu hobotera abadashyigikiye Museveni.

Abakandida barimo Bobi Wine na Mugisha Muntu bahise bamagana ubu buriganya, bavuga ko ibizava mu matora yabaye mu bwiru n’ubujura nta gaciro bizagira.

Hagati aho uyu  Bobi Wine , umukandida uhangayikishije Museveni kurusha abandi bose bagiye bahangana mu matora, yamaze kwamburwa telephone ye igendanwa,  bikavugwa ko ari uburyo bwo kumubuza kubwira isi yose amahano yakozwe mu “ngirwamatora” no ibarura ry’amajwi.

Amahanga yakomeje kwamagana ubugizi bwa nabi bwaranze ibikorwa byo kwiyamamaza, aho ababarirwa muri 70 biganjemo abo mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, bishwe abandi amagana barakomereka, barasahurwa, baranafungwa.  Ibitangazamakuru by’urwego rw’ubutasi muri Uganda, CMI, byagerageje guhishahisha urwo rugomo, bigera n’aho bibeshya ko amashusho yazengurutse isi yose yerekana ubwo bugizi bwa nabi, ari ay’imyigaragambo yabaye mu w’2011 na 2013. Nyamara ni uguhomera iyonkeje, kuko aya makuru yashyizwe ahagaragara n’ibitangazamakuru  mpuzamahanga ndetse n’imiryango idafite aho ibogamiye, cyane ko urwo rugomo rukabije rwanakozwe ku manywa y’ihangu. Abajijwe impamvu abashinzwe umutekano bahohotera abanyamamakuru n’abaturage muri rusange, Umuyobozi Mukuru wa Pilisi aho muri Uganda, Maj General Paul Lokech  yashubije yishongora, ko polisi izakomeza kubakubita” ku bw’umutekano wabo”.

Hategerejwe amasaha 48 uhereye ku munsi w’amatora, ngo ibyavuyemo bibe byashyizwe ahagaragara. Ababikurikiranira hafi ariko baravuga ko batazatungurwa n’uko Komisiyo y’Amatora izatangaza ko Museveni ariwe watsinze, kuko iyo komisiyo ubwayo yanenzwe cyane gukorera mu kwaha kw’ishyaka NRM riri ku butegetsi mu myaka 35 ishize.

Aramutse agumye ku butegetsi, Museveni w’imyaka 76 yaba agiye kuyoboza Uganda muri manda ya 6. Andi matora y’ Umukuru w’Igihugu azongera kuba muw’2026, Museveni yujuje imyaka 81 y’amavuko, anafite uburenganzira bwo kongera kwiyamamaza no ”gutorwa”!!

2021-01-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Uganda igiye gukora iperereza kuri bitugukwaha ivugwa kuri Minisitiri w’Ububanyinamahanga- Museveni

Uganda igiye gukora iperereza kuri bitugukwaha ivugwa kuri Minisitiri w’Ububanyinamahanga- Museveni

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Ubwanditsi 12 Feb 2024
Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca

Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca

Ubwanditsi 26 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu 10 MusoreMukobwa bitera ibyago  uramutse urekeye aho  gutera akabariro mu gihe wakamenyereye
SHOWBIZ

Ibintu 10 MusoreMukobwa bitera ibyago uramutse urekeye aho gutera akabariro mu gihe wakamenyereye

Ubwanditsi 14 Jan 2017
Kayirere wamburiwe umwana muri Uganda agiye gusubirayo kumushaka acungiwe umutekano
INKURU NYAMUKURU

Kayirere wamburiwe umwana muri Uganda agiye gusubirayo kumushaka acungiwe umutekano

Ubwanditsi 23 Oct 2019
NTAGIHINDUKA : Padiri Thomas Nahimana “arasesekara  mu Rwanda kuri uyu wambere”
ITOHOZA

NTAGIHINDUKA : Padiri Thomas Nahimana “arasesekara mu Rwanda kuri uyu wambere”

Ubwanditsi 23 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru