• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda

Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda

Ubwanditsi 31 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Ibiherutse gutangazwa na Lt Gen Henry Tumukunde wabaye Minisitiri w’Umutekano mu gihugu cya Uganda  bigaragaza ko icyo gihugu kiyobowe na Perezida Yoweri Museveni cyabaye urw’amenyo ku bakurikirana politiki y’icyo gihugu.

Mu minsi ishize, Tumukunde yavuze amagambo arenze ibirego Uganda isanzwe irega u Rwanda byo kugira intasi mu gihugu cyabo noneho avuga ko Gen Kale Kayihura wari ukuriye Polisi ya Uganda yakoreraga u Rwanda yongeraho ko u Rwanda rwavogereye ubusugire bwa Uganda mu gihe nta kimenyetso na kimwe berekanye.

Mu gihe yari akiri ministiri, Tumukunde yari azwi nk’umwishongozi kuruta ibindi. Igihe yari akiri minisitiri  muri 2018, Minisitiri yagiye mu kigo cya gisirikari cya Makindye gukorera icyicarubozo umunyarwanda w’imfungwa Rene Rutagungira bashimuse bakanamufunga nta bimenyetso bafite.

Ikindi kinyamakuru gikwirakwiza ibihuha Leta ya Uganda iba ishaka gutangaza cyane cyane mu guharabika u Rwanda cyitwa PML Daily cyatangaje ko Tumukunde yavuze ko “bahaye isomo u Rwanda uburyo rugomba kubaha Uganda”. Ibi ntawe bikwiye gutangaza kuba kuba byavugwa na Tumukunde.

Ni gute baba bigisha u Rwanda mu kubaha Uganda? Batoteza, cyangwa bafunga igihe kirekire cyangwa gukorera urubozo Abanyarwanda batagira kirengera harimo abasaza, abagore batwite, abana bajya gusura ababyeyi babo hanyuma bakajya mu binyamakuru ngo bafashe Intasi z’u Rwanda? Cyangwa Tumukunde abivugira kuko baba bifatanya n’imitwe yitwaje intwaro irwanya u Rwanda? Byaba bisekeje niba Tumukunde yitwaza ayo magambo ashaka kwiyamamariza kuba Mayor wa Kampala, akaba yifuza umwanya urenze imitekerereze ye ukurikije ukuntu ishyaka rye NRM ridakunzwe mu mugi wa Kampala no mu karere ko hagati kose ka Uganda.

Ibyo Tumukunde yavuze ko “Kayihura yakoreraga u Rwanda” bigaragaza icyo Museveni n’abambari be ba hafi ari cyo, bavuga icyo aricyo cyose kibanezeza batitaye kuba ari ukuri cyangwa ibinyoma cyangwa uburyo byabangamira abandi. Inzego zikorera Museveni arizo CMI (Chieftaincy of Military Intelligence) na Internal Security Organization (ISO) zafunze Kayihura muri Kamena 2018 arekurwa nyuma y’iminsi 76 kandi bazanga nta kimenyetso na kimwe kimuhuza n’u Rwanda.

Bajagajaze ibiro n’inzu atuyemo ndetse bajya mu bikoresho bye bwite nka Telephone na Mudasomwa, ntibabona ikimenyetso na kimwe. Kugeza n’uyu munsi nta kintu barabona, ariko ntibyabujije Tumukunde gukomeza gushinja Kayihura wayoboye urwego rukomeye nka Polisi, ndetse no kutubaha inzego z’ubutabera zasanze Kayihura ari umwere.

Tumukunde yakomeje avuga ko “Abanyarwanda bafite igihugu cyabo, natwe dufite igihugu cyacu. Akazi kanjye kwari ukurengera Uganda. Reka mbivuge ntakurya amagambo, uwo ariwe wese uba muri iki gihugu agomba kubaha inzego zacu, ubuyobozi n’igihugu cyacu.”

Amagambo ya Tumukunde wayumva urebye uko Abagande cyane cyane barwanya agatsiko kabo na NRM muri rusange. Ni gute umuntu ashinjwa ibyaha CMI na ISO batashoboye kubona? Akabivuga kandi yemye nkufite ukuri. Ikigaragara nta nuwabaza Tumukunde amagambo yavuze kuko Uganda ari igihugu kitagendera ku mategeko imyaka 33 irashize.

Nta gihe na kimwe u Rwanda ruzakenera amasomo aturutse kuri Tumukunde cyangwa kuri Shebuja Museveni nk’uko bivugwa n’abakurikirana politiki mu karere.

Aho abayobozi ba Uganda bateye imbere ni muri Ruswa aho umukuru w’igihugu na minisitiri we w’ububanyi n’amahanga bakiriye ruswa y’ibihumbi 500$ umwe umwe bayahawe n’uwashakiraga isoko Ubushinwa, kwikwizaho ibikingi, kwica abatavuga rumwe nabo, gucuruza urubyiruko rw’abagande mu bihugu by’abarabu n’ibindi. Ibi byose birazwi ko bikorwa na Leta ya Uganda aho amazina ya bamwe mu bayobozi agaragara muri ibyo bikorwa.

2019-07-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta biganiro biri hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi – Amb. Georges Chikoti

Nta biganiro biri hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi – Amb. Georges Chikoti

Ubwanditsi 04 Jun 2018
Raporo ya Loni yemejeko ingabo za Kayumba Nyamwasa na Wilson Irategeka zakubiswe inshuro na FARDC, inagaragaza ko abarwanyi ba P5 banyura mu Burundi

Raporo ya Loni yemejeko ingabo za Kayumba Nyamwasa na Wilson Irategeka zakubiswe inshuro na FARDC, inagaragaza ko abarwanyi ba P5 banyura mu Burundi

Ubwanditsi 12 Jun 2020
” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

Ubwanditsi 12 Aug 2024
RDC: Fayulu yemejwe nk’uzahagararira abatavuga rumwe na leta mu matora ya Perezida

RDC: Fayulu yemejwe nk’uzahagararira abatavuga rumwe na leta mu matora ya Perezida

Ubwanditsi 12 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Volleyball: Uko amakipe azahura mu mikino ya “Playoffs”
Mu Mahanga

Volleyball: Uko amakipe azahura mu mikino ya “Playoffs”

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Police FC yatsinze APR FC 2-1, ubwo bakinaga umukino wa gicuti hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026
Amakuru

Police FC yatsinze APR FC 2-1, ubwo bakinaga umukino wa gicuti hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026

Ubwanditsi 04 Aug 2025
Kigali: Ubutinganyi bwafashe indi ntera
Mu Rwanda

Kigali: Ubutinganyi bwafashe indi ntera

Ubwanditsi 17 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru