• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda

Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda

Ubwanditsi 31 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Ibiherutse gutangazwa na Lt Gen Henry Tumukunde wabaye Minisitiri w’Umutekano mu gihugu cya Uganda  bigaragaza ko icyo gihugu kiyobowe na Perezida Yoweri Museveni cyabaye urw’amenyo ku bakurikirana politiki y’icyo gihugu.

Mu minsi ishize, Tumukunde yavuze amagambo arenze ibirego Uganda isanzwe irega u Rwanda byo kugira intasi mu gihugu cyabo noneho avuga ko Gen Kale Kayihura wari ukuriye Polisi ya Uganda yakoreraga u Rwanda yongeraho ko u Rwanda rwavogereye ubusugire bwa Uganda mu gihe nta kimenyetso na kimwe berekanye.

Mu gihe yari akiri ministiri, Tumukunde yari azwi nk’umwishongozi kuruta ibindi. Igihe yari akiri minisitiri  muri 2018, Minisitiri yagiye mu kigo cya gisirikari cya Makindye gukorera icyicarubozo umunyarwanda w’imfungwa Rene Rutagungira bashimuse bakanamufunga nta bimenyetso bafite.

Ikindi kinyamakuru gikwirakwiza ibihuha Leta ya Uganda iba ishaka gutangaza cyane cyane mu guharabika u Rwanda cyitwa PML Daily cyatangaje ko Tumukunde yavuze ko “bahaye isomo u Rwanda uburyo rugomba kubaha Uganda”. Ibi ntawe bikwiye gutangaza kuba kuba byavugwa na Tumukunde.

Ni gute baba bigisha u Rwanda mu kubaha Uganda? Batoteza, cyangwa bafunga igihe kirekire cyangwa gukorera urubozo Abanyarwanda batagira kirengera harimo abasaza, abagore batwite, abana bajya gusura ababyeyi babo hanyuma bakajya mu binyamakuru ngo bafashe Intasi z’u Rwanda? Cyangwa Tumukunde abivugira kuko baba bifatanya n’imitwe yitwaje intwaro irwanya u Rwanda? Byaba bisekeje niba Tumukunde yitwaza ayo magambo ashaka kwiyamamariza kuba Mayor wa Kampala, akaba yifuza umwanya urenze imitekerereze ye ukurikije ukuntu ishyaka rye NRM ridakunzwe mu mugi wa Kampala no mu karere ko hagati kose ka Uganda.

Ibyo Tumukunde yavuze ko “Kayihura yakoreraga u Rwanda” bigaragaza icyo Museveni n’abambari be ba hafi ari cyo, bavuga icyo aricyo cyose kibanezeza batitaye kuba ari ukuri cyangwa ibinyoma cyangwa uburyo byabangamira abandi. Inzego zikorera Museveni arizo CMI (Chieftaincy of Military Intelligence) na Internal Security Organization (ISO) zafunze Kayihura muri Kamena 2018 arekurwa nyuma y’iminsi 76 kandi bazanga nta kimenyetso na kimwe kimuhuza n’u Rwanda.

Bajagajaze ibiro n’inzu atuyemo ndetse bajya mu bikoresho bye bwite nka Telephone na Mudasomwa, ntibabona ikimenyetso na kimwe. Kugeza n’uyu munsi nta kintu barabona, ariko ntibyabujije Tumukunde gukomeza gushinja Kayihura wayoboye urwego rukomeye nka Polisi, ndetse no kutubaha inzego z’ubutabera zasanze Kayihura ari umwere.

Tumukunde yakomeje avuga ko “Abanyarwanda bafite igihugu cyabo, natwe dufite igihugu cyacu. Akazi kanjye kwari ukurengera Uganda. Reka mbivuge ntakurya amagambo, uwo ariwe wese uba muri iki gihugu agomba kubaha inzego zacu, ubuyobozi n’igihugu cyacu.”

Amagambo ya Tumukunde wayumva urebye uko Abagande cyane cyane barwanya agatsiko kabo na NRM muri rusange. Ni gute umuntu ashinjwa ibyaha CMI na ISO batashoboye kubona? Akabivuga kandi yemye nkufite ukuri. Ikigaragara nta nuwabaza Tumukunde amagambo yavuze kuko Uganda ari igihugu kitagendera ku mategeko imyaka 33 irashize.

Nta gihe na kimwe u Rwanda ruzakenera amasomo aturutse kuri Tumukunde cyangwa kuri Shebuja Museveni nk’uko bivugwa n’abakurikirana politiki mu karere.

Aho abayobozi ba Uganda bateye imbere ni muri Ruswa aho umukuru w’igihugu na minisitiri we w’ububanyi n’amahanga bakiriye ruswa y’ibihumbi 500$ umwe umwe bayahawe n’uwashakiraga isoko Ubushinwa, kwikwizaho ibikingi, kwica abatavuga rumwe nabo, gucuruza urubyiruko rw’abagande mu bihugu by’abarabu n’ibindi. Ibi byose birazwi ko bikorwa na Leta ya Uganda aho amazina ya bamwe mu bayobozi agaragara muri ibyo bikorwa.

2019-07-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inshoreke Ya Nyamwasa Joseline Muhorakeye, Irashaka Umutwe Wa Lea Karegaya Ku Isahani

Inshoreke Ya Nyamwasa Joseline Muhorakeye, Irashaka Umutwe Wa Lea Karegaya Ku Isahani

Ubwanditsi 01 Apr 2020
Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu

Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 16 Nov 2020
Burera: Abayobozi mu Karere na Sembagare wahoze akayobora batawe muri yombi

Burera: Abayobozi mu Karere na Sembagare wahoze akayobora batawe muri yombi

Ubwanditsi 06 Jun 2018
Perezida Kagame  yatangije  Inama y’Igihugu y’Umushyikirano avuga aho ubuzima bw’Igihugu buhagaze

Perezida Kagame  yatangije  Inama y’Igihugu y’Umushyikirano avuga aho ubuzima bw’Igihugu buhagaze

Ubwanditsi 18 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kampala imeze nk’Inkende uko yurira igiti ariko yerekana ubusa bwayo
INKURU NYAMUKURU

Kampala imeze nk’Inkende uko yurira igiti ariko yerekana ubusa bwayo

Ubwanditsi 19 May 2019
Ingabo za Twagiramungu zishiriye ku icumu : Col.Akuzwe Fidel alias Artemond wari ukuriye icungamatungo muri FLN yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Ingabo za Twagiramungu zishiriye ku icumu : Col.Akuzwe Fidel alias Artemond wari ukuriye icungamatungo muri FLN yatawe muri yombi

Ubwanditsi 06 Dec 2019
APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo
Amakuru

APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 26 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru