• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RDC: Umutwe Wa M23 Witeguye Kubura Imirwano

RDC: Umutwe Wa M23 Witeguye Kubura Imirwano

Ubwanditsi 14 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere, itariki 13 Kanama, umutwe wa M23, wakubiswe inshuro n’igisirikare cya Congo gifatanyije n’Umuryango w’Abibumbye mu 2013, uremeza ko uri ku butaka bwa Congo kuva muri Mutarama 2017. Uyu mutwe uravuga ko amatora nataba mu mucyo witeguye kubura intwaro.

Ngo kwanga kubahiriza amasezerano yashyizweho umukono kuwa 12 Ukuboza 2013 i Nairobi nibyo byatumye inyeshyamba z’umutwe wa M23 zigaruka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ariko ngo zitajyanywe no gushoza intambara ahubwo zigiye gutanga umusanzu mu matora ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza nk’uko iri tangazo rivuga ryashyizweho umukono na Bertrand Bisiimwa, umuyobozi wa politiki wa M23.

Muri iri tangazo Bisiimwa avuga ko mu gikorwa cy’amatora ari ho honyine igihugu n’abaturage ba Congo bazatoreramo abayobozi bizeye kandi babikwiye bafite ubushobozi bwo guhangana n’impamvu nyazo z’amakimbirane yakomeje kuranga igihugu.

Ngo ni no mu rwego rwo gushyigikira iki gikorwa, uyu mutwe wifashe kuva icyo gihe muri Mutarama 2017, ukanga gusubiza ubushotoranyi bwinshi n’ibitero wagiye ugabwaho n’ingabo za leta (FARDC).

M23 ariko, ikomeza ivuga ko izakomeza kwifata ari uko gusa igikorwa cy’amatora kitazagira abo giheza, kikaba mu mucyo no mu bwisanzure mu buryo buha icyizere abaturage.

Umutwe wa M23 ukomeza uvuga ko uzasubukura ibiganiro uganira n’abayobozi bazatorwa mu buryo bukurikije amategeko mu matora yizewe bazabasha gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro yashyizweho umukono mu bwisanzure hagati yabo na Guverinoma ya Congo.

Uyu mutwe kandi nk’uko inkuru dukesha Politico.cd ikomeza ivuga, washimye nawo icyemezo cya Perezida Kabila cyo kutaziyamamaza muri aya matora ateganyijwe, uvuga ko ari icyemezo gitanga ingufu mu rwego rwo kubaha itegeko nshinga.

M23 ikaba ikomeza igira iti: “Gusa, turamusaba gukuraho imbogamizi zose ngo amatora azabe mu bwisanzure, mu mucyo, yizerwe, adaheza, kandi mu ituze.”

Mu Ukuboza mu mwaka ushize wa 2017, Bertrand Bisiimwa, perezida wa M23, yari yemeje ibyatangajwe muri raporo ya HRW ko guverinoma ya Congo irimo irashaka abarwanyi mu bahoze muri M23 ngo bazahangane n’abaziha kwigaragambya.

Ibi bikaba byaranatangajwe nyuma y’amakuru yavugaga ko abahoze ari abarwanyi ba M23 batorotse mu nkambi bari bacumbikiwemo muri Uganda nyuma yo guhunga imirwano yazihuzaga n’ingabo za FARDC na Monusco muri Kivu y’Amajyaruguru.

Iyi raporo ya HRW nayo ikaba yarashimangiye ko mu rwego rwo kwanga gushyira mu bikorwa amasezerano ya Nairobi, leta ya Congo yatangiye guha akazi rwihishwa abahoze mu mutwe wa M23 bagiye barangwa no kutagira disipuline ishaka kubakoresha mu bintu abari abayobozi babo batazi nk’uko Bisiimwa yatangazaga icyo gihe avuga ko bakusanyirijwe I Kisangani na Goma.

2018-08-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagaragaje ko ibisubizo by’Abanyafurika bitagomba gushakirwa ahandi ngo babiturwe hejuru

Perezida Kagame yagaragaje ko ibisubizo by’Abanyafurika bitagomba gushakirwa ahandi ngo babiturwe hejuru

Ubwanditsi 24 Jan 2018
CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba

CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba

Ubwanditsi 23 Dec 2020
Uko Sarah Kagingo  Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda

Uko Sarah Kagingo Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda

Ubwanditsi 09 Dec 2017
Mugwiza Desire yongeye kwiyamamariza kuyobora FERWABA, Ibyagezweho, imbogamizi n’ibiteganywa gukorwa kuri manda ye

Mugwiza Desire yongeye kwiyamamariza kuyobora FERWABA, Ibyagezweho, imbogamizi n’ibiteganywa gukorwa kuri manda ye

Ubwanditsi 20 Dec 2024

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    August 15, 20183:43 am -

    ABABAKUBISE NAMBERE BARACYAHARI!!
    NGAHO NIBARWANE!!!TANZANIA NA AFRIKA YEPFO
    BIRACYAHARI!!NONE NA BEMBA YAJE!!!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Magufuli yavuze uko Kagame yamugiriye inama yo kuvugurura Air Tanzania
POLITIKI

Perezida Magufuli yavuze uko Kagame yamugiriye inama yo kuvugurura Air Tanzania

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Ingabire Victoire wa DALFA ni wawundi wo muri FDU Inkingi na RDR ntahinduka, gusa ntaramenya ko atagikikijwe n’interahamwe nkuko yari ameze I Burayi
INKURU NYAMUKURU

Ingabire Victoire wa DALFA ni wawundi wo muri FDU Inkingi na RDR ntahinduka, gusa ntaramenya ko atagikikijwe n’interahamwe nkuko yari ameze I Burayi

Ubwanditsi 29 May 2020
Donald Trump yiyeguriye Imana
POLITIKI

Donald Trump yiyeguriye Imana

Ubwanditsi 28 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru