• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RDC: Umutwe Wa M23 Witeguye Kubura Imirwano

RDC: Umutwe Wa M23 Witeguye Kubura Imirwano

Ubwanditsi 14 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere, itariki 13 Kanama, umutwe wa M23, wakubiswe inshuro n’igisirikare cya Congo gifatanyije n’Umuryango w’Abibumbye mu 2013, uremeza ko uri ku butaka bwa Congo kuva muri Mutarama 2017. Uyu mutwe uravuga ko amatora nataba mu mucyo witeguye kubura intwaro.

Ngo kwanga kubahiriza amasezerano yashyizweho umukono kuwa 12 Ukuboza 2013 i Nairobi nibyo byatumye inyeshyamba z’umutwe wa M23 zigaruka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ariko ngo zitajyanywe no gushoza intambara ahubwo zigiye gutanga umusanzu mu matora ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza nk’uko iri tangazo rivuga ryashyizweho umukono na Bertrand Bisiimwa, umuyobozi wa politiki wa M23.

Muri iri tangazo Bisiimwa avuga ko mu gikorwa cy’amatora ari ho honyine igihugu n’abaturage ba Congo bazatoreramo abayobozi bizeye kandi babikwiye bafite ubushobozi bwo guhangana n’impamvu nyazo z’amakimbirane yakomeje kuranga igihugu.

Ngo ni no mu rwego rwo gushyigikira iki gikorwa, uyu mutwe wifashe kuva icyo gihe muri Mutarama 2017, ukanga gusubiza ubushotoranyi bwinshi n’ibitero wagiye ugabwaho n’ingabo za leta (FARDC).

M23 ariko, ikomeza ivuga ko izakomeza kwifata ari uko gusa igikorwa cy’amatora kitazagira abo giheza, kikaba mu mucyo no mu bwisanzure mu buryo buha icyizere abaturage.

Umutwe wa M23 ukomeza uvuga ko uzasubukura ibiganiro uganira n’abayobozi bazatorwa mu buryo bukurikije amategeko mu matora yizewe bazabasha gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro yashyizweho umukono mu bwisanzure hagati yabo na Guverinoma ya Congo.

Uyu mutwe kandi nk’uko inkuru dukesha Politico.cd ikomeza ivuga, washimye nawo icyemezo cya Perezida Kabila cyo kutaziyamamaza muri aya matora ateganyijwe, uvuga ko ari icyemezo gitanga ingufu mu rwego rwo kubaha itegeko nshinga.

M23 ikaba ikomeza igira iti: “Gusa, turamusaba gukuraho imbogamizi zose ngo amatora azabe mu bwisanzure, mu mucyo, yizerwe, adaheza, kandi mu ituze.”

Mu Ukuboza mu mwaka ushize wa 2017, Bertrand Bisiimwa, perezida wa M23, yari yemeje ibyatangajwe muri raporo ya HRW ko guverinoma ya Congo irimo irashaka abarwanyi mu bahoze muri M23 ngo bazahangane n’abaziha kwigaragambya.

Ibi bikaba byaranatangajwe nyuma y’amakuru yavugaga ko abahoze ari abarwanyi ba M23 batorotse mu nkambi bari bacumbikiwemo muri Uganda nyuma yo guhunga imirwano yazihuzaga n’ingabo za FARDC na Monusco muri Kivu y’Amajyaruguru.

Iyi raporo ya HRW nayo ikaba yarashimangiye ko mu rwego rwo kwanga gushyira mu bikorwa amasezerano ya Nairobi, leta ya Congo yatangiye guha akazi rwihishwa abahoze mu mutwe wa M23 bagiye barangwa no kutagira disipuline ishaka kubakoresha mu bintu abari abayobozi babo batazi nk’uko Bisiimwa yatangazaga icyo gihe avuga ko bakusanyirijwe I Kisangani na Goma.

2018-08-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera

Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera

RUSHYASHYA 18 May 2026
Erevan : Michel Jean  ashobora gukuramo Kandidature

Erevan : Michel Jean ashobora gukuramo Kandidature

Ubwanditsi 11 Oct 2018
FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

Ubwanditsi 01 Dec 2019
Rwalinda Pierre Céléstin yivuyemo nk’inopfu, yiyemerera ko  abajenosideri n’abandi bagome boherereza ‘ingemu’  Nyirabuja Ingabire Victoire

Rwalinda Pierre Céléstin yivuyemo nk’inopfu, yiyemerera ko  abajenosideri n’abandi bagome boherereza ‘ingemu’  Nyirabuja Ingabire Victoire

Ubwanditsi 27 Oct 2022

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    August 15, 20183:43 am -

    ABABAKUBISE NAMBERE BARACYAHARI!!
    NGAHO NIBARWANE!!!TANZANIA NA AFRIKA YEPFO
    BIRACYAHARI!!NONE NA BEMBA YAJE!!!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AS Kigali yatsinze Muhazi United 1-0 isoreza umwaka w’imikino wa 2023-2024 ku mwanya wa 5
Amakuru

AS Kigali yatsinze Muhazi United 1-0 isoreza umwaka w’imikino wa 2023-2024 ku mwanya wa 5

Ubwanditsi 10 May 2024
Hon Makuza Bernard,  yasobanuye uko urupfu rwa Mucyo Jean De Dieu rwagenze
Mu Mahanga

Hon Makuza Bernard, yasobanuye uko urupfu rwa Mucyo Jean De Dieu rwagenze

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021
Amakuru

Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021

Ubwanditsi 03 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru