• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!   |   22 Jan 2021

  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

  • Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba   |   21 Jan 2021

  • Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi   |   19 Jan 2021

  • U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura   |   18 Jan 2021

  • Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!   |   18 Jan 2021

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko itabwa muri yombi rya Gen Kale Kayihura ryagenze n’uko yagerageje gucika ntibimuhire

Uko itabwa muri yombi rya Gen Kale Kayihura ryagenze n’uko yagerageje gucika ntibimuhire

Editorial 14 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ikinyamakuru Chimpreports cyashyize ahagaragara uko itabwa muri yombi ry’uwari umukuru w’igipolisi  cya Uganda ryagenze, kigaragaza imvo n’imvano n’uko yaba yaragerageje gutoroka igihugu ariko ntibimukundire. Ni nyuma y’inama ikomeye y’amasaha atatu y’akanama k’umutekano k’igihugu yari iyobowe na perezida Yoweri Museveni ubwe.

Bamwe mu bagize aka kanama ni minisitiri w’umutekano, Gen. Jeje Odong, Umunyamabanga Mukuru wa NRM, Justine Lumumba, Umugaba mukuru w’ingabo, Gen. David Muhoozi, Gen Elly Tumwiine, umujyanama wa perezida mu bijyanye n’ibikorwa bidasanzwe, Maj. Gen. Muhoozi Kainerugaba n’abandi.

Gen David Muhoozi, umugaba mukuru w’ingabo za Uganda

Muri iyi nama, perezida Museveni ngo yasaga nk’uwateshejwe umutwe no kunanirwa guhangana n’ibyaha bikomeje gufata intera mu gihugu kw’inzego z’umutekano nyuma y’iyicwa rya depite Ibrahim Abiriga. Benshi bavuganye n’iki kinyamakuru bakaba bemeza ko Museveni avuga ko ubwicanyi bukomeje kuba mu gihugu bubangamira gahunda ze zo kubyutsa ubukungu bw’igihugu.

Bikavugwa ko perezida Museveni ashingira kuri raporo z’inzego z’ubutasi zagaragaje ko hari imbaraga zo hanze zifashwa na bamwe mu bo mu nzego z’umutekano za Uganda mu guhungabanya umutekano w’igihugu.

Nta mutekano, guverinoma ntishobora kureshya abashoramari ngo baze guhanga imirimo na cyane ko Uganda yitegura kujya icukura peteroli guhera mu 2020/21.

Perezida Museveni ngo akaba aherutse kubwirwa ko benshi mu bayobozi b’igipolisi bijandika mu byaha birimo gushimuta, gucyura impunzi ku ngufu mu bihugu by’ibituranyi, ubujura n’ibindi.

“Aba bantu barihe?”, uwo ni perezida Museveni abaza mbere yo gutegeka ko batangira gutabwa muri yombi nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga.

Ngo nyuma y’itabwa muri yombi ry’abantu bo muri ADF bakekwagaho uruhare mu iyicwa ry’umushinjacyaha, Joan Kagezi na AIGP Andrew Kaweesi, Museveni yatekereje ko ako gatsiko k’iterabwoba kasenywe.

Ni ukugeza ku ishimutwa rya Susan Magara ndetse akicwa perezida Museveni yahise asaba iperereza ryimbitse. Ngo udutsiko tw’abagizi ba nabi tumaze gushinga imizi muri Kampala tukaba atari ikibazo ku buzima bw’abaturage gusa ahubwo ni n’ikibazo ku buzima bwa perezida Museveni ubwe.

Urugero rutangwa ni urw’agatsiko k’iterabwoba ngo kafatiwe ku Musigiti wa Usafi uri ku muhanda wa Entebbe, kandi ngo uyu muhanda akaba ari wo perezida Museveni akoresha ajya ku kazi buri munsi. Hari n’igihe ava mu modoka agasuhuza abamotari ariko byaje gutungurana kuba igipolisi kitari kizi ko abantu bakoresha uyu musigiti bari batunze imbunda.

Muri iyi nama twatangiye tuvuga, ngo ni naho perezida Museveni yasabiye ko Gen Kale Kayihura ajyanwa I Kampala agahatwa ibibazo.

Ngo bitandukanye n’ibibazo bya gisivili, amabwiriza y’umugaba w’ikirenga w’ingabo ahita ashyirwa mu bikorwa ako kanya nta kubaza.

Iyi nkuru ikaba ivuga ko uwahoze ari umukuru w’ibikorwa bidasanzwe bya polisi, Nickson Agasirwe na Ibrahim Kitatta, batawe muri yombi bazira gushimuta, ubutasi n’ubwicanyi, baba baratanze ubuhamya bushobora gushyirishamo Gen Kayihura. Aba bagabo bombi kuri ubu bafunzwe n’igisirikare kimaze amezi asaga abiri kibahata ibibazo.

Gen Kayihura yaba yaragerageje gutoroka?

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko nyuma yo kwakira amakuru y’uko agiye gutabwa muri yombi, Gen Kayihura yahise afata icyemezo cyo kugira icyo akora byihuse, ariko agasanga igisirikare cyari cyariteguye neza mbere ye.

Bivugwa ko ubutumwa bwohererejwe umuyobozi wa division ya 2 y’ingabo za Uganda, Brig. Kayanja Muhanga ngo akaze umutekano mu bice bya Lyantonde, Mbarara, Kabale na Katuna. Ibi bice ngo bikaba bisanzwemo abashinzwe ubutasi benshi kubera gutinya ibyago byava mu bihugu by’abaturanyi cyane cyane muri Congo icumbikiye inyeshyamba za ADF.

Brig Muhanga ngo yashinze za bariyeri nyinshi ku mugoroba wo kuwa Kabiri ushize, abashinzwe umutekano barara basaka imodoka cyane cyane za gisivili.

Chimpreports ngo ntiyamenye neza niba umugaba mukuru wungirije w’ingabo ndetse n’umugenzuzi mukuru w’ingabo, Lt Gen Wilson Mbadi baratelefonnye Kayihura bamubwira ko bagiye kuza ku ifamu ye iri Lyantonde kumufata, ariko umwe mu babibonye yabwiye iki kinyamakuru ko Lt Gen Mbadi yerekeje kuri iyi famu ya Kayihura yizeye kuhamusanga akamubura.

Kajugujugu yari yoherejwe gufata Gen Kayihura mu ifamu ye

Itangazo rya UPDF ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatatu, rikaba ryavugaga ko kuwa kabiri Kayihura yasabwe kwitaba umugaba mukuru w’ingabo, Gen. David Muhoozi ku cyicaro cya UPDF I Mbuya. Umuvugizi w’ingabo, Brig. Richard Karemire akaba yatangaje ko hoherejwe kajugujugu yo kumufata ariko yahagera igasanga yagiye Mbarara igasubira inyuma.

Ababibonye bemeza aya makuru bavuga ko iyi kajugujugu yaguye mu ifamu ya Gen Kayihura igasohokamo abasirikare benshi bakagira ngo yagize ikibazo cya mekaniki. Ngo Gen Mbadi, akaba yaragaragaye ari kuri telephone avugana n’abamukuriye n’abayobozi b’ingabo mu karere.

Kugeza ubu ngo ntiharamenyekana neza impamvu Kayihura yavuye ku ifamu ye kandi yari yamenyeshejwe ko ashakwa I Mbuya ndetse ko kajugujugu yari kujya kumufata ku munsi wakurukiye. Aha ngo niho hatangiye gukekwa ko Kayihura ashaka gutoroka akavamuri Uganda.

Bivugwa ko abakomando kabuhariwe boherejwe gushakisha Kayihura mu Karere ka Lyantonde kwose za bariyeri zigashingwa ku mihanda y’ingenzi yose.

Abashinzwe umutekano bashakishije Kayihura baraheba, batera ahantu yakundaga kuruhukira kuri Court Yard International no kuri Sky Blue Hotels ibyumba babitera hejuru ariko babura Kayihura.

Gen Wilson Mbadi watumwe gufata Kayihura

Kera kabaye, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ushize, Gen Kale Kayihura ngo wari utwaye imodoka yo mu bwoko bwa Ipsum Premio, yaje kunanirwa ari munzira asinzirira ku nkengero z’umuhanda hafi y’ikiyaga cya Mburo kiri muri pariki y’igihugu.

Biravugwa ko telephone za Kayihura zaje gusangwa mu yindi modoka yo mu bwoko bwa Premio itandukanye n’iyo yari atwaye, aho ngo yashakaga kujijisha abri bamukurikiye. Nyuma yo kumubona, abasirikare babimenyesheje Brig Muhanga ategeka ko bamumushyira.

Biravugwa kandi ko Kayihura yasabye uwitwa Kayanja kumureka akigendera ariko undi akanga akamubwira ko atakora ibyo bintu, ahubwo amugira inama yo kwitera amazi akaruhuka, abonye nta kundi aremera arakaraba ndetse araryama, nyuma y’amasaha makeya hoherezwa kajugujugu yahise imujyana Mbuya ahamara akanya mbere yo kujyanwa muri gereza ya gisirikare ya Makindye aho yaraye ijoro rya mbere.

 

2018-06-14
Editorial

IZINDI NKURU

LONI na Kiliziya birasaba Kabila ibyo atatanga

LONI na Kiliziya birasaba Kabila ibyo atatanga

Editorial 08 Jan 2018
Abantu baricwa mu Burundi, bapfira mu maboko y’abasirikare, abapolisi n’Imbonerakure- Claver Mbonimpa

Abantu baricwa mu Burundi, bapfira mu maboko y’abasirikare, abapolisi n’Imbonerakure- Claver Mbonimpa

Editorial 07 Feb 2018
Madame Jeannette Kagame yagizwe umudamu w’indashyikirwa muri Afurika

Madame Jeannette Kagame yagizwe umudamu w’indashyikirwa muri Afurika

Editorial 30 Sep 2018
Igisirikare cya Uganda kirashinjwa gukorera iyicarubozo Bobi Wine

Igisirikare cya Uganda kirashinjwa gukorera iyicarubozo Bobi Wine

Editorial 17 Aug 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Intareyakanwa
    June 14, 20184:00 pm -

    Ariko Mana yanjye !

    Ahaaaa! basi uguhora ni ukwawe naho gukosa ni ibyanjye

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru