• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko itabwa muri yombi rya Gen Kale Kayihura ryagenze n’uko yagerageje gucika ntibimuhire

Uko itabwa muri yombi rya Gen Kale Kayihura ryagenze n’uko yagerageje gucika ntibimuhire

Ubwanditsi 14 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ikinyamakuru Chimpreports cyashyize ahagaragara uko itabwa muri yombi ry’uwari umukuru w’igipolisi  cya Uganda ryagenze, kigaragaza imvo n’imvano n’uko yaba yaragerageje gutoroka igihugu ariko ntibimukundire. Ni nyuma y’inama ikomeye y’amasaha atatu y’akanama k’umutekano k’igihugu yari iyobowe na perezida Yoweri Museveni ubwe.

Bamwe mu bagize aka kanama ni minisitiri w’umutekano, Gen. Jeje Odong, Umunyamabanga Mukuru wa NRM, Justine Lumumba, Umugaba mukuru w’ingabo, Gen. David Muhoozi, Gen Elly Tumwiine, umujyanama wa perezida mu bijyanye n’ibikorwa bidasanzwe, Maj. Gen. Muhoozi Kainerugaba n’abandi.

Gen David Muhoozi, umugaba mukuru w’ingabo za Uganda

Muri iyi nama, perezida Museveni ngo yasaga nk’uwateshejwe umutwe no kunanirwa guhangana n’ibyaha bikomeje gufata intera mu gihugu kw’inzego z’umutekano nyuma y’iyicwa rya depite Ibrahim Abiriga. Benshi bavuganye n’iki kinyamakuru bakaba bemeza ko Museveni avuga ko ubwicanyi bukomeje kuba mu gihugu bubangamira gahunda ze zo kubyutsa ubukungu bw’igihugu.

Bikavugwa ko perezida Museveni ashingira kuri raporo z’inzego z’ubutasi zagaragaje ko hari imbaraga zo hanze zifashwa na bamwe mu bo mu nzego z’umutekano za Uganda mu guhungabanya umutekano w’igihugu.

Nta mutekano, guverinoma ntishobora kureshya abashoramari ngo baze guhanga imirimo na cyane ko Uganda yitegura kujya icukura peteroli guhera mu 2020/21.

Perezida Museveni ngo akaba aherutse kubwirwa ko benshi mu bayobozi b’igipolisi bijandika mu byaha birimo gushimuta, gucyura impunzi ku ngufu mu bihugu by’ibituranyi, ubujura n’ibindi.

“Aba bantu barihe?”, uwo ni perezida Museveni abaza mbere yo gutegeka ko batangira gutabwa muri yombi nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga.

Ngo nyuma y’itabwa muri yombi ry’abantu bo muri ADF bakekwagaho uruhare mu iyicwa ry’umushinjacyaha, Joan Kagezi na AIGP Andrew Kaweesi, Museveni yatekereje ko ako gatsiko k’iterabwoba kasenywe.

Ni ukugeza ku ishimutwa rya Susan Magara ndetse akicwa perezida Museveni yahise asaba iperereza ryimbitse. Ngo udutsiko tw’abagizi ba nabi tumaze gushinga imizi muri Kampala tukaba atari ikibazo ku buzima bw’abaturage gusa ahubwo ni n’ikibazo ku buzima bwa perezida Museveni ubwe.

Urugero rutangwa ni urw’agatsiko k’iterabwoba ngo kafatiwe ku Musigiti wa Usafi uri ku muhanda wa Entebbe, kandi ngo uyu muhanda akaba ari wo perezida Museveni akoresha ajya ku kazi buri munsi. Hari n’igihe ava mu modoka agasuhuza abamotari ariko byaje gutungurana kuba igipolisi kitari kizi ko abantu bakoresha uyu musigiti bari batunze imbunda.

Muri iyi nama twatangiye tuvuga, ngo ni naho perezida Museveni yasabiye ko Gen Kale Kayihura ajyanwa I Kampala agahatwa ibibazo.

Ngo bitandukanye n’ibibazo bya gisivili, amabwiriza y’umugaba w’ikirenga w’ingabo ahita ashyirwa mu bikorwa ako kanya nta kubaza.

Iyi nkuru ikaba ivuga ko uwahoze ari umukuru w’ibikorwa bidasanzwe bya polisi, Nickson Agasirwe na Ibrahim Kitatta, batawe muri yombi bazira gushimuta, ubutasi n’ubwicanyi, baba baratanze ubuhamya bushobora gushyirishamo Gen Kayihura. Aba bagabo bombi kuri ubu bafunzwe n’igisirikare kimaze amezi asaga abiri kibahata ibibazo.

Gen Kayihura yaba yaragerageje gutoroka?

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko nyuma yo kwakira amakuru y’uko agiye gutabwa muri yombi, Gen Kayihura yahise afata icyemezo cyo kugira icyo akora byihuse, ariko agasanga igisirikare cyari cyariteguye neza mbere ye.

Bivugwa ko ubutumwa bwohererejwe umuyobozi wa division ya 2 y’ingabo za Uganda, Brig. Kayanja Muhanga ngo akaze umutekano mu bice bya Lyantonde, Mbarara, Kabale na Katuna. Ibi bice ngo bikaba bisanzwemo abashinzwe ubutasi benshi kubera gutinya ibyago byava mu bihugu by’abaturanyi cyane cyane muri Congo icumbikiye inyeshyamba za ADF.

Brig Muhanga ngo yashinze za bariyeri nyinshi ku mugoroba wo kuwa Kabiri ushize, abashinzwe umutekano barara basaka imodoka cyane cyane za gisivili.

Chimpreports ngo ntiyamenye neza niba umugaba mukuru wungirije w’ingabo ndetse n’umugenzuzi mukuru w’ingabo, Lt Gen Wilson Mbadi baratelefonnye Kayihura bamubwira ko bagiye kuza ku ifamu ye iri Lyantonde kumufata, ariko umwe mu babibonye yabwiye iki kinyamakuru ko Lt Gen Mbadi yerekeje kuri iyi famu ya Kayihura yizeye kuhamusanga akamubura.

Kajugujugu yari yoherejwe gufata Gen Kayihura mu ifamu ye

Itangazo rya UPDF ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatatu, rikaba ryavugaga ko kuwa kabiri Kayihura yasabwe kwitaba umugaba mukuru w’ingabo, Gen. David Muhoozi ku cyicaro cya UPDF I Mbuya. Umuvugizi w’ingabo, Brig. Richard Karemire akaba yatangaje ko hoherejwe kajugujugu yo kumufata ariko yahagera igasanga yagiye Mbarara igasubira inyuma.

Ababibonye bemeza aya makuru bavuga ko iyi kajugujugu yaguye mu ifamu ya Gen Kayihura igasohokamo abasirikare benshi bakagira ngo yagize ikibazo cya mekaniki. Ngo Gen Mbadi, akaba yaragaragaye ari kuri telephone avugana n’abamukuriye n’abayobozi b’ingabo mu karere.

Kugeza ubu ngo ntiharamenyekana neza impamvu Kayihura yavuye ku ifamu ye kandi yari yamenyeshejwe ko ashakwa I Mbuya ndetse ko kajugujugu yari kujya kumufata ku munsi wakurukiye. Aha ngo niho hatangiye gukekwa ko Kayihura ashaka gutoroka akavamuri Uganda.

Bivugwa ko abakomando kabuhariwe boherejwe gushakisha Kayihura mu Karere ka Lyantonde kwose za bariyeri zigashingwa ku mihanda y’ingenzi yose.

Abashinzwe umutekano bashakishije Kayihura baraheba, batera ahantu yakundaga kuruhukira kuri Court Yard International no kuri Sky Blue Hotels ibyumba babitera hejuru ariko babura Kayihura.

Gen Wilson Mbadi watumwe gufata Kayihura

Kera kabaye, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ushize, Gen Kale Kayihura ngo wari utwaye imodoka yo mu bwoko bwa Ipsum Premio, yaje kunanirwa ari munzira asinzirira ku nkengero z’umuhanda hafi y’ikiyaga cya Mburo kiri muri pariki y’igihugu.

Biravugwa ko telephone za Kayihura zaje gusangwa mu yindi modoka yo mu bwoko bwa Premio itandukanye n’iyo yari atwaye, aho ngo yashakaga kujijisha abri bamukurikiye. Nyuma yo kumubona, abasirikare babimenyesheje Brig Muhanga ategeka ko bamumushyira.

Biravugwa kandi ko Kayihura yasabye uwitwa Kayanja kumureka akigendera ariko undi akanga akamubwira ko atakora ibyo bintu, ahubwo amugira inama yo kwitera amazi akaruhuka, abonye nta kundi aremera arakaraba ndetse araryama, nyuma y’amasaha makeya hoherezwa kajugujugu yahise imujyana Mbuya ahamara akanya mbere yo kujyanwa muri gereza ya gisirikare ya Makindye aho yaraye ijoro rya mbere.

 

2018-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ntego z’iterambere rirambye ibera muri Ghana

Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ntego z’iterambere rirambye ibera muri Ghana

Ubwanditsi 11 Dec 2017
Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!

Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!

Ubwanditsi 03 Apr 2024
Igitekerezo cya Kayumba ku mpagarara mu Karere, no kugaragaza uko abibona “Ntigihwitse nabusa”

Igitekerezo cya Kayumba ku mpagarara mu Karere, no kugaragaza uko abibona “Ntigihwitse nabusa”

Ubwanditsi 23 Jul 2019
Ruhango: Umukozi w’akarere yatawe muri yombi ashinjwa ruswa mu itangwa ry’akazi

Ruhango: Umukozi w’akarere yatawe muri yombi ashinjwa ruswa mu itangwa ry’akazi

Ubwanditsi 14 Apr 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Intareyakanwa
    June 14, 20184:00 pm -

    Ariko Mana yanjye !

    Ahaaaa! basi uguhora ni ukwawe naho gukosa ni ibyanjye

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abadepite bashyigikiye kuvugurura itegeko nshinga bahawe abarinzi barinda perezida
POLITIKI

Uganda: Abadepite bashyigikiye kuvugurura itegeko nshinga bahawe abarinzi barinda perezida

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Gatsibo: Abayobozi m’imisigiti y’abayisilamu barasabwa ubufatanye mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Gatsibo: Abayobozi m’imisigiti y’abayisilamu barasabwa ubufatanye mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya
ITOHOZA

Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya

Ubwanditsi 26 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru