• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!

Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!

Ubwanditsi 03 Apr 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Amakuru dukesha urubuga “National security News” rwo muri Afrika y’Epfo, aravuga ko mu mpera z’icyumweru gishize hari abasirikari “benshi” b’icyo gihugu bashyize intwaro hasi ubwo bari boherejwe ku rugamba kurwana na M23, maze bishyira mu maboko y’uwo mutwe uhanganye n’igisirikari cya Leta ya Kongo n’abayishyigikiye.

Uretse kwemeza ko ari benshi, urwo rubuga ntiruvuga umubare nyawo w’ababaye ingwate za M23, gusa rwongeyeho ko muri abo harimo n’abakomoka muri Malawi.

Igisirikari cy’Afrika y’Epfo cyahakanye aya makuru, kivuga ko agamije guharabika isura yacyo. Gusa abasanzwe bakurikira uru rubuga bavuga ko rukunze gutanga amakuru yizewe.

Malawi yo kugeza ubu yaruciye irarumira.

Afrika y’Epfo na Malawi ni bimwe mu bihugu byohereje ingabo muri Kongo, mu butumwa bw’umuryango SADC.

izo ngabo zagiye mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Kongo kuva mu mpera z’umwaka ushize, zisimbuye yo iz’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, zo zirukanywe muri Kongo, zimaze kwanga kwivanga mu ntambara zabonaga ko yarangizwa n’inzira y’ibiganiro.

Kugeza ubu Leta y’Afrika y’Epfo yemera ko imaze gutakaza abasirikari 2 gusa, nubwo amakuru atangwa n’abadafite aho babogamiye ahamya ko abapfiriye ku rugamba, abakomeretse n’abafashwe mpiri ari benshi cyane.

Kuva Perezida Cyril Ramaphosa yafata icyemezo cyo kohereza ingabo 2.900 muri Kongo, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, abanyapolitiki, sosiyetse sivile n’abandi bakurikiranira hafi ibyo muri Afrika y’Epfo, ntibahwemye kugaragaza ko icyo cyemezo kirimo ubuhubutsi, ndetse bakongeraho ko abo basirikari bazahurira n’akaga muri Kongo.

Zimwe mu mpamvu zishingirwaho n’abarwanya icyemezo cyo kohereza abasirikari b’Afrika y’Epfo muri Kongo, ni uko ngo batahawe imyitozo ihagije mbere yo koherezwa ku rugamba, kandi bakaba batazi akarere k’imirwano nk’uko abarwanyi ba M23 bakamenyereye cyane, dore ko abenshi ari ho bavukiye.

Ikindi, ngo igisirikari cy’Afrika y’Epfo nta bikoresho bihagije kandi bigezweho kigifite, dore ko ngo ibyo cyahoranye byashaje, amafaranga yo kubisimbura akigira mu mifuka y’ibikomerezwa, kubera ruswa yamunze inzego zose z’icyo gihugu.

Indi ngingo ikomeye cyane, ndetse inahurizwaho n’impuguke nyinshi muri politiki, ni uko intambara ya Kongo idashobora kurangizwa n’urusaku rw’imbunda, ko ahubwo Abakongomani ubwabo bakwiye kwicarana ku meza y’ibiganiro, bagashakira hamwe umuti w’ibibatanya bahereye mu mizi yabyo.

Thabo Mbeki wigeze kuba Perezida W’Afrika y’Epfo nawe aherutse guteza ubwega, yamagana ubutegetsi bw’igihugu cye bufasha Leta ya Kongo guhohotera igice kimwe cy’abaturage bayo.

Uwo musaza ufite ijambo rikomeye mu ruhando mpuzamahanga, yunze mu rya Nyakwigendera Nelson Mandela, isi yose yubahira kuba yarakuye abaturage b’Afrika y’Epfo mu bucakara bwa gashakabuhake, mbere yo gutabaruka nawe akaba yaramaganye ivangura rikorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

Abo bakambwe bombi bavuze ko icyo gice cy’Abakongomani nigikomeza gufatwa nk’abanyamahanga mu gihugu cyabo, nta kabuza kizashaka uko cyirwanaho, kandi ko nta gisirikari kizabakoma imbere uko cyaba gikomeye kose.

Ibi byose Perezida Ramaphosa yabyimye amatwi, ahitamo gushora abasirikari be mu ntambara batazi impamvu yayo, none dore ingaruka zatangiye kubisukiranyaho.

Ramaphosa yashyize imbere inyungu ku giti cye n’agatsiko ke, dore ko bitakiri ibanga Tshisekedi yamweguriye ibirombe by’amabuye y’agaciro, azacukura igihe cyose azaba amufasha guhangana na M23.

Ibyo birombe nyamara ahubwo bishobora kuzaba irimbi ry’urwo rubyiruko yohereje mu mikaka y’intare za Sarambwe, dore ko uwanze kumva atanze no kubona!

2024-04-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzego z’ibanze muri Busasamana na Bugeshi zirashinjwa gukorana na FDLR

Inzego z’ibanze muri Busasamana na Bugeshi zirashinjwa gukorana na FDLR

Ubwanditsi 28 Apr 2016
Muri Kaminuza ya Makerere Ihohoterwa rishingiye ku gitsina riravuza ubuhuha

Muri Kaminuza ya Makerere Ihohoterwa rishingiye ku gitsina riravuza ubuhuha

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Perezida Kagame azitabira ubutumire bwa Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde

Perezida Kagame azitabira ubutumire bwa Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Uganda: Kuki dukomeje kubona ibinyoma ku Rwanda?

Uganda: Kuki dukomeje kubona ibinyoma ku Rwanda?

Ubwanditsi 13 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Guverinoma yatangije ku mugaragaro ishyirwa ry’utugabanyamuvuduko mu modoka
Mu Mahanga

Guverinoma yatangije ku mugaragaro ishyirwa ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Ubwanditsi 27 Sep 2016
Imyaka 11 irashize Ernest Manirumva yishwe n’abayobozi ba CNDD FDD nyuma yo gukora iperereza ryimbitse k’uburyo CNDD FDD igurira intwaro FDLR
INKURU NYAMUKURU

Imyaka 11 irashize Ernest Manirumva yishwe n’abayobozi ba CNDD FDD nyuma yo gukora iperereza ryimbitse k’uburyo CNDD FDD igurira intwaro FDLR

Ubwanditsi 10 Apr 2020
Kiziba : Impunzi 23 z’Abanye-Congo zatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Kiziba : Impunzi 23 z’Abanye-Congo zatawe muri yombi

Ubwanditsi 02 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru