• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda: Abadepite bashyigikiye kuvugurura itegeko nshinga bahawe abarinzi barinda perezida

Uganda: Abadepite bashyigikiye kuvugurura itegeko nshinga bahawe abarinzi barinda perezida

Ubwanditsi 20 Jun 2018 POLITIKI

Abadepite bakomoka mu ishyaka NRM riri ku butegetsi mu gihugu cya Uganda, bashyigikiye ivugurura ry’itegeko nshinga hagakurwamo imyaka umukuru w’igihugu agomba kuba atarengeje,  kuri ubu bongerewe abashinzwe umutekano kabuhariwe baturutse mu mutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu (SFC). Ni nyuma y’iyicwa rya Depite Abiriga uherutse kwicwa n’abantu bataramenyekana.

Ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru kiravuga ko buri mudepite yahawe abakomando babiri bo muri SFC biyongera ku bapolisi bari basanzwe babarinda bo mu mutwe ushinzwe kurinda abanyacyubahiro.

Amakuru ava mu ishyaka NRM akaba avuga ko hari abadepite batanu bafatwa nk’abari mu kaga bamaze guhabwa aba bakomando kabuhariwe basanzwe barinda perezida Museveni.

Biravugwa ko kuri uyu wa kabiri byibuze abadepite babiri, ndetse n’umunyamabanga wa leta, bagaragaye ku ngoro y’inteko ishinga amategeko barinzwe n’abarinzi bashya baturutse mu mutwe ushinzwe kurinda perezida.

Ibi bikaba bije nyuma y’iminsi igera ku 10 Depite Ibrahim Abiriga, wahoraga mu myambaro y’amabara y’ibendera rya NRM, yishwe. Uyu mudepite bivugwa ko ari we wa mbere watangaje ko ashyigikiye ko itegeko nshinga rivugururwa, yicanywe n’umusirikare wa UPDF bari kumwe.

Ubusanzwe abadepite ba Uganda bakeya muri 451 nibo bari barahawe uburinzi bw’igipolisi gishinzwe kurwanya iterabwoba no kurinda abanyacyubahiro. Mu gihe cy’impaka no gutora umushinga wo guhindura itegeko nshinga, abadepite basaga 10 ngo bahawe uburinzi bw’iyi polisi nyuma y’aho bamwe mu badepite bagabiweho ibitero ku mugaragaro barimo Simeo Nsubuga wo muri Kasanda y’Aajyaruguru.

Chimpreports ikavuga ko yamenye ko inzego z’umutekano zari zafashe icyemezo cyo kwambura aba badepite abo bapolisi kabuhariwe babarindaga muri Nyakanga 2018 kuko ngo impungenge zari zihari zari zarangiye, ariko iyicwa rya Abiriga aba ari ryo rihindura ibintu.

Umwe mu badepite bahawe uburinzi bwa SFC wavuganye na Chimpreports ariko utifuje ko amazina ye ajya ahagaragara, we yatangaje ko batahawe ubu burinzi kuko bashyigikiye kuvugurura itegeko nshinga ahubwo ari umuntu ku giti cye ubyishabikira.

 

2018-06-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubutinganyi ntabwo buraba ikibazo ku Rwanda – Perezida Kagame

Ubutinganyi ntabwo buraba ikibazo ku Rwanda – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Sep 2016
Tanzania: Perezida Magufuli Yirukanye Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa By’imbere Mu Gihugu

Tanzania: Perezida Magufuli Yirukanye Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa By’imbere Mu Gihugu

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Ubwanditsi 23 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunani bafunzwe bazira kugerageza guha ruswa abapolisi
Mu Mahanga

Umunani bafunzwe bazira kugerageza guha ruswa abapolisi

Ubwanditsi 16 Jan 2017
Leta ya Kongo yabujije abanyamahanga kugera mu duce tuberamo Jenoside ikorerwa Abatutsi bo muri icyo gihugu.
Amakuru

Leta ya Kongo yabujije abanyamahanga kugera mu duce tuberamo Jenoside ikorerwa Abatutsi bo muri icyo gihugu.

Ubwanditsi 13 Jan 2023
Byumvuhore nanone ati “Naririmbye Muvoma Ntabwo Naririmba Ibyiza u Rwanda Rugezeho, Akabi Gasekwa nk’Akeza
Uncategorized

Byumvuhore nanone ati “Naririmbye Muvoma Ntabwo Naririmba Ibyiza u Rwanda Rugezeho, Akabi Gasekwa nk’Akeza

Ubwanditsi 04 Sep 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru