• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda: Abadepite bashyigikiye kuvugurura itegeko nshinga bahawe abarinzi barinda perezida

Uganda: Abadepite bashyigikiye kuvugurura itegeko nshinga bahawe abarinzi barinda perezida

Ubwanditsi 20 Jun 2018 POLITIKI

Abadepite bakomoka mu ishyaka NRM riri ku butegetsi mu gihugu cya Uganda, bashyigikiye ivugurura ry’itegeko nshinga hagakurwamo imyaka umukuru w’igihugu agomba kuba atarengeje,  kuri ubu bongerewe abashinzwe umutekano kabuhariwe baturutse mu mutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu (SFC). Ni nyuma y’iyicwa rya Depite Abiriga uherutse kwicwa n’abantu bataramenyekana.

Ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru kiravuga ko buri mudepite yahawe abakomando babiri bo muri SFC biyongera ku bapolisi bari basanzwe babarinda bo mu mutwe ushinzwe kurinda abanyacyubahiro.

Amakuru ava mu ishyaka NRM akaba avuga ko hari abadepite batanu bafatwa nk’abari mu kaga bamaze guhabwa aba bakomando kabuhariwe basanzwe barinda perezida Museveni.

Biravugwa ko kuri uyu wa kabiri byibuze abadepite babiri, ndetse n’umunyamabanga wa leta, bagaragaye ku ngoro y’inteko ishinga amategeko barinzwe n’abarinzi bashya baturutse mu mutwe ushinzwe kurinda perezida.

Ibi bikaba bije nyuma y’iminsi igera ku 10 Depite Ibrahim Abiriga, wahoraga mu myambaro y’amabara y’ibendera rya NRM, yishwe. Uyu mudepite bivugwa ko ari we wa mbere watangaje ko ashyigikiye ko itegeko nshinga rivugururwa, yicanywe n’umusirikare wa UPDF bari kumwe.

Ubusanzwe abadepite ba Uganda bakeya muri 451 nibo bari barahawe uburinzi bw’igipolisi gishinzwe kurwanya iterabwoba no kurinda abanyacyubahiro. Mu gihe cy’impaka no gutora umushinga wo guhindura itegeko nshinga, abadepite basaga 10 ngo bahawe uburinzi bw’iyi polisi nyuma y’aho bamwe mu badepite bagabiweho ibitero ku mugaragaro barimo Simeo Nsubuga wo muri Kasanda y’Aajyaruguru.

Chimpreports ikavuga ko yamenye ko inzego z’umutekano zari zafashe icyemezo cyo kwambura aba badepite abo bapolisi kabuhariwe babarindaga muri Nyakanga 2018 kuko ngo impungenge zari zihari zari zarangiye, ariko iyicwa rya Abiriga aba ari ryo rihindura ibintu.

Umwe mu badepite bahawe uburinzi bwa SFC wavuganye na Chimpreports ariko utifuje ko amazina ye ajya ahagaragara, we yatangaje ko batahawe ubu burinzi kuko bashyigikiye kuvugurura itegeko nshinga ahubwo ari umuntu ku giti cye ubyishabikira.

 

2018-06-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yitabiriye ifungurwa ry’Ishami rizakurikirana ishyirwa mu bikorwa rya SDGs muri Afurika y’Amajyepfo

Perezida Kagame yitabiriye ifungurwa ry’Ishami rizakurikirana ishyirwa mu bikorwa rya SDGs muri Afurika y’Amajyepfo

Ubwanditsi 07 Aug 2019
Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Ubwanditsi 26 Sep 2017
USA: Umuyobozi wa Kabiri yahishuye ko Perezida Trump ari mu nzira yo kweguzwa

USA: Umuyobozi wa Kabiri yahishuye ko Perezida Trump ari mu nzira yo kweguzwa

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Besigye yahakanye ibyo guhura na Perezida Kagame, anavuga ku bibazo by’u Rwanda na Uganda

Besigye yahakanye ibyo guhura na Perezida Kagame, anavuga ku bibazo by’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 18 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abaturage batishyurira ”  Mutuelle ”  ku gihe bahagurukiwe
Mu Mahanga

Abaturage batishyurira ” Mutuelle ” ku gihe bahagurukiwe

Ubwanditsi 10 Jun 2016
Samuel Eto’o yashyize hanze ifoto yifotozanyije na Perezida Kagame amuvugaho amagambo akomeye
POLITIKI

Samuel Eto’o yashyize hanze ifoto yifotozanyije na Perezida Kagame amuvugaho amagambo akomeye

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Abanyamuryango ba FERWAFA barasaba De Gaulle kwegura
Mu Mahanga

Abanyamuryango ba FERWAFA barasaba De Gaulle kwegura

Ubwanditsi 21 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru