• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Ubwanditsi 26 Sep 2017 POLITIKI

Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa 4 w’igihugu cya Kenya kuva tariki 9 Mata 2013, ni umugabo wubatse ufite umugore witwa Margaret Gakuo Kenyatta bafitanye abana batatu barimo uwitwa Jaba Kenyatta, Jomo Kenyatta ndetse na Nagina Kenyatta. Amateka y’uyu mugabo yarushijeho kuba umwihariko tariki 01 Nzeri 2017 ubwo hatangazwaga inkuru ivuga ko we ubwe yemereye urukiko rw’ikirenga gusubiramo amatora yari yatsinze ku majwi 54%

Uhuru Kenyatta Muigai wavutse tariki 26 Ukwakira 1961, ni umuhungu wa Jomo Kenyatta wabaye Perezida wa mbere wa Kenya. Uyu muryango ufite inkomoko mu bo biba Ababantu bo muri Kikuyu ku butaka bw’igihugu cya Kenya ari naho Uhuru Kenyatta yakuriye, aza kwiga amashuri ye abanza mu murwa mukuru wa Nairobi ayisumbuye ayiga ku ishuri rya St Mary’s School naryo riherereye muri uyu mujyi wa Nairobi. Yaje gukomereza muri kaminuza ya Amhrest College yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yavuye agaruka muri Kenya gukomeza ubuzima busanzwe no kwita ku muryango we.

Ibitangaje kuri uyu mugabo ni byinshi birimo no kuba yaratsinze amatora bigatangazwa ku isi hose ko ari we wabaye Perezida atsinze amatora n’amajwi 54% nyuma hategerejwe ko arahira agatangira imirimo, isi yose yumva ngo amatora yaseshwe azasubirwamo. Hari ibindi bintu bitangaje tugiye kugarukaho muri iyi nkuru.

Uhuru Kenyatta, Umugore we Margaret Kenyatta hamwe n’abana babo batatu

1. Yavutse se umubyara amaze amezi abiri avuye muri gereza

Uhuru Kenyatta ni umuhungu wa Jomo Kenyatta na Nanga Kenyatta, bamwibarutse mu bihe bigoye cyane ko aribwo iki gihugu cyari kiri mu nkundura yo kurwanira ubwigenge cyabonye mu mwaka w’1964 ndetse Jomo Kenyatta ahita akibera Perezida wa mbere kugeza mu mwaka w’1978. Mu gihe Uhuru yavukaga se umubyara Jomo Kenyatta yari umwe mu bari bayoboye iyi nkundura yo guharanira ubwigenge bwa Kenya bikaba byaraje kurangira koko iki gihugu kigobotoye ingoyi y’Abongereza bari barabakoronije

2. Izina rye risobanuye byinshi ku gihugu cya Kenya

Uhuru Kenyatta wavutse se ari umwe mu bari bayoboye inkundura yo guharanira ko Kenya iva mu maboko y’abakoroni b’Abongereza ndetse aranabifungirwa gusa yaje gufungurwa mbere gato y’ivuka ry’umuhungu we yahise yita izina rya Uhuru. Iri zina rikaba ari ijambo ry’igiswayire risobanuye ubwigenge (Freedom).

Urubuga Wikipedia rugaragaza ko iri zina (Uhuru) Jomo Kenyatta yaryise umuhungu we ahanini kubw’ubwigenge igihugu cya Kenya cyiteguraga kubona, Kugeza ubu hari n’ibikorwa byinshi byitiriwe iri zina rya Uhuru aho usanga hari nk’umuhanda cyangwa ivuriro ryitwa Uhuru. ubusanzwe Jomo Kenyatta akaba yarabyaye abana 8 barimo abakobwa bane n’abahungu bane.

3. Uhuru yakundaga umukino wa Rugby

Uhuru Kenyatta mu mabyiruka ye by’umwihariko ubwo yigaga mu mashuri yisumbuye yakundaga gukina umukino wa Rugby ndetse akaba yari n’umwe mu bakinnyi ikipe y’ikigo itabashaga gukina atarimo kuko yari umuhanga muri uyu mukino. Mu bijyanye n’imyidagaduro bivugwa ko akunda cyane ibihangano bya Bob Marley,

4. Yabanje gukora muri Bank

Bivugwa ko n’ubwo Uhuru Kenyatta yavukiye mu muryango w’abanye-politiki ariko we yatinze kwinjira mu bikorwa bya Politiki cyane ko akirangiza kaminuza yabanje kujya mu bikorwa by’ubucuruzi nyuma aza kubivamo akora muri bank ya KCB(Kenya Commercial Bank) kugeza mu mwaka w’1989 ari nabwo yatangiye kuvugwa mu ruhando rwa Politiki yo muri Kenya.

5. Mbere yo kuba Perezida yakoze imirimo inyuranye muri Guverinoma

Kenyatta yagizwe umudepite na Perezida Daniel arap Moi wayoboraga Kenya muri 2001 nyuma gato muri 2002 aza kugirwa Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu.
Muri 2005 Kenyatta yahatanye mu matora y’ishyaka rya KANU gusa aza gutsindwa na Nicholas Biwott. Ibikorwa bya Politiki kuri Kenyatta byakomeja ubwo nyuma gato muri uyu mwaka nibwo yaje gufatanya n’iri shyaka rya KANU mu kwamagana ihindurwa ry’Itegeko Nshinga.

Tariki 13 Nzeri 2007, Uhuru Kenyatta yiyamarije bwa mbere kuba Perezida wa Kenya ariko atsindwa na Kibaki gusa Kenyatta yavuze n’ubwo atatsinze amatora bwose atifuzaga kuba Perezida.

Perezida Moi Kibaki wari watsinze amatora muri 2007, yaje kongera kugirira icyizere Uhuru maze amugira Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu. Nyuma gato tariki 13 Mata 2008 Uhuru Kenyatta yagizwe Minisitiri w’intebe icyo gihe yari anashinzwe ubucuruzi
Muri 2010 , Kenyatta yashyikirijwe urukiko mpanabyaha rwa ICC ashinjwa guhonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu abinyujije mu gutera inkunga abahohoteraga abaturage ba Naivasha na Nakuru.

Tariki 9 Werurwe nibwo Uhuru Kenyatta yabaye Perezida wa kane wa Kenya.

6.Kenyatta afite umwihariko wo gutsinda amatora agateshwa agaciro

Tariki 01 Nzeri 2017, Inkuru idasanzwe yumvikanye mu batuye isi by’umwihariko abo mu gihugu cya Kenya ivuga ko Urukiko rw’Ikirenga rwo muri iki gihugu rwemeje ko Perezida Uhuru Kenyatta uherutse gutorerwa kongera kuba Perezida mu matora yabaye tariki 8 Kanama 2017, yatowe mu buryo budakurikije amategeko ndetse ibyavuye mu matora bikaba byateshejwe agaciro mu buryo budasubirwaho.

Benshi mu batuye isi by’umwihariko abakurikirana ibya Politiki ya Afurika bahanze amaso iki gihugu cya Kenya bategereje uko Uhuru Kenyatta aza kwakira ibyatangajwe n’uru rukiko nyuma y’igitutu gikomeye uru rukiko rwari rwakomeje kotswa na Raila Odinga uhagarariye amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kenyatta n’ishyaka ayoboye rya Jubilee.

Uhuru Kenyatta ntabwo yigeze azuyaza ndetse byafashwe nk’ibitunguranye ubwo nawe yemeye ko amatora asubirwamo ndete agategeka ko komisiyo y’amatora ihita itangaza itariki y’amatora ndetse abakandida barongera batangira kwiyamamaza bundi bushya ari narwo rugendo bakirimo kugeza ubu

Raila Odinga na Uhuru Kenyatta bakunze guhora bahanganye

Kugeza ubu nyuma y’uko itariki yo gusubiramo aya matora yakomeje kujya itangazwa impande zombie ntiziyivugeho rumwe noneho ubu byamaze kwemezwa ko ku wa 26 Ukwakira aribwo aya matora y’umukuru w’igihugu,ibi bikaba byashimangiwe mu mpera z’icyumweru n’aba bayobozi babiri baba bahanganye ( Uhuru Kenyatta na Raila Odinga) ubwo bari bahuriye mu muhango wo gushyingura

Uhereye I Bumoso:Jaba Kenyatta , Nagina Kenyatta, Margaret(Umugore), Uhuru Kenyatta, ndetse na Jomo Kenyatta



Uhuru Kenyatta Muigai, Umuhungu wa Jomo Kenyatta umwe mu baharaniye ubwigenge bwa Kenya

2017-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama ihuza abayozi ba Amerika na Isiraheli  [AIPAC Policy Conference]

Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama ihuza abayozi ba Amerika na Isiraheli [AIPAC Policy Conference]

Ubwanditsi 28 Mar 2017
Ibaruwa ifunguye yandikiwe Twagiramungu Faustin

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Twagiramungu Faustin

Ubwanditsi 04 May 2016
Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Ubwanditsi 12 Apr 2024
Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Ubwanditsi 19 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gikomero: Hatashywe sitasiyo ya Polisi yubatswe ku bufatanye n’abaturage
Mu Mahanga

Gikomero: Hatashywe sitasiyo ya Polisi yubatswe ku bufatanye n’abaturage

Ubwanditsi 18 Jun 2016
AS Kigali yakuyemo Orapa United bituma ikomeza mu majonjora ya kabiri ya CAF Confederation Cup
Amakuru

AS Kigali yakuyemo Orapa United bituma ikomeza mu majonjora ya kabiri ya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 07 Dec 2020
Mugisha Benon yagizwe Umutoza Mukuru wa REG Volleyball Club, mu gihe Patrice Ndaki yagizwe umutoza wa Kepler VC asimbuye Nyirimana Fidèle
Amakuru

Mugisha Benon yagizwe Umutoza Mukuru wa REG Volleyball Club, mu gihe Patrice Ndaki yagizwe umutoza wa Kepler VC asimbuye Nyirimana Fidèle

Ubwanditsi 30 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru