Iyo nkota yahawe Perezida Kagame mu musangiro yakiriwemo na Sultan Haitham mu Ngoro ya Al Hosn ku wa 7 Nzeri 2026, aho abayobozi bombi bahererekanyije impano z’urwibutso. Oman yatangaje ko uko guhererekanya impano kwagaragazaga “ubucuti bwimbitse n’umubano ukomeye” hagati y’ibihugu byombi.
Perezida Kagame yahaye Sultan Haitham impano y’inkoni ya kinyarwanda iriho amasaro. Mugenzi we, yamuhaye inkota.
Nubwo ubuyobozi bwa Oman butigeze butangaza ku mugaragaro icyo inkota yahawe Perezida Kagame isobanura by’umwihariko, ifite umwanya ukomeye mu mateka y’icyo gihugu.
Ikirango cy’Igihugu cya Oman kigizwe n’inkota ebyiri zisobekeranye, hejuru yazo hari inkota ngufi igoramye izwi nka khanjar. Icyo kimenyetso gikomoka ku kirango cy’Ubwami bw’ingoma ya Al Bu Said, imaze kuyobora Oman kuva mu kinyejana cya 18, mbere y’uko gihinduka kimwe mu bimenyetso bikomeye biranga igihugu.
Ingoma ya Al Bu Said yashinzwe mu 1744 na Ahmad bin Said Al Busaidi, wabaye Imam wa Oman, ashyiraho urufatiro rw’umuryango w’ubwami Sultan Haitham abarizwamo kugeza uyu munsi.
Muri ayo mateka, inkota ntiyabaye gusa ikimenyetso cy’intambara. Yagiye ihuzwa n’ububasha, icyubahiro, ubwigenge bw’igihugu n’indangagaciro z’Abanya-Oman. Inkota gakondo na khanjar byakomeje kugaragara mu mihango ikomeye, ku bimenyetso by’igihugu no mu buryo Oman igaragaza umurage wayo.
Ni muri urwo rwego inkota yahawe Perezida Kagame ishobora gusobanurwa mbere na mbere nk’ikimenyetso cy’icyubahiro, aho Oman yahaye umukuru w’igihugu wayisuye ikintu gifitanye isano ikomeye n’amateka n’indangamuntu byayo.
Perezida Paul Kagame n’itsinda ry’abayobozi b’u Rwanda barikumwe, bakiriwe ku meza na Sultan Haitham bin Tariq wa Oman, mu musangiro wabereye mu Ngoro ya Al-Husn Al-Amir, i Salalah.
Uyu musangiro wateguwe mu guha icyubahiro Perezida Kagame uri mu ruzinduko rw’iminsi ibiri muri Oman. Wabaye ku mugoroba wo ku wa 7 Nzeri 2026.
Mbere y’uko utangira, Perezida Kagame na Sultan Haitham bin Tariq bahererekanyije impano z’urwibutso, nk’ikimenyetso cy’ubucuti n’umubano mwiza urangwa hagati y’u Rwanda na Oman.
Perezida Kagame yageze i Salalah ku wa 7 Nzeri 2026, yakirwa na Sultan Haitham bin Tariq, atangira uruzinduko rw’iminsi ibiri muri icyo gihugu.
Ni ubwa mbere Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda agiriye uruzinduko muri Oman. Rugamije gushimangira umubano w’amateka uri hagati y’ibihugu byombi no kwagura ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Uru ruzinduko rwatangijwe n’umuhango wo kwakira Perezida Kagame, ukurikirwa n’ibiganiro byihariye yagiranye na Sultan Haitham bin Tariq ndetse n’ibyahuje intumwa z’ibihugu byombi.
Ubutumwa bwashyizwe ku rubuga rwa X rw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, buvuga ko “abayobozi bombi bashimangiye umubano w’amateka uri hagati y’u Rwanda na Oman, amahirwe uru ruzinduko rutanga yo kubakira kuri uwo musingi, harimo ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo ingufu, ubwikorezi no kwihaza mu biribwa.”
Muri uru ruzinduko kandi hateganyijwe gusinywa amasezerano mu nzego zitandukanye, hagamijwe kurushaho kwagura imikoranire y’ibihugu byombi.
Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko, Perezida Kagame ateganyijwe gusura Museum of the Frankincense Land, iri muri Al Baleed Archaeological Park, ahantu hashyizwe ku rutonde rw’Umurage w’Isi rwa UNESCO.
Iyo nzu ndangamurage igizwe n’ibice bibiri by’ingenzi. Heritage Hall igaragaza amateka y’ibisigaratongo, umurage w’akarere n’uruhare ubucuruzi bw’imibavu ya ‘frankincense’ bwagize ku mibereho n’ubukungu bw’akarere ka Dhofar.
Maritime Hall yo igaragaza amateka ya Oman mu bijyanye n’ingendo n’ubucuruzi bwo mu nyanja.
Perezida Kagame ateganyijwe kandi gusura Razat Royal Farm, umurima wa cyami ufite ubuso burenga hegitari 404. Ni kimwe mu bigo by’ingenzi by’ubuhinzi muri Dhofar Governorate, kinifashishwa mu bukerarugendo bushingiye ku buhinzi no mu bikorwa by’uburezi.
U Rwanda na Oman bisanzwe bifitanye umubano ushingiye ku mateka, aho ibihugu byombi byatangiye umubano ushingiye kuri dipolomasi mu 1982.

Si ubwa mbere Sultan Haitham ahaye inkota umuyobozi ukomeye w’igihugu cy’amahanga.
Mu 2022, yahaye Umwami Philippe w’u Bubiligi inkota mu ruzinduko yagiriye muri icyo gihugu. Muri uwo mwaka kandi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan, na we yahawe inkota ya Oman na Sultan Haitham nyuma y’uko abayobozi bombi bahererekanyije imidali n’impano z’urwibutso.


![ULK Gisenyi: Ku nshuro ya 12 abasaga 300 bahawe impamyabumenyi [ AMAFOTO ] ULK Gisenyi: Ku nshuro ya 12 abasaga 300 bahawe impamyabumenyi [ AMAFOTO ]](https://rushyashya.net/wp-content/uploads/2018/03/ULK2-360x240.jpg)
