• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abanyeshuri barokotse Jenoside barasaba kurihirwa ‘Masters’

Abanyeshuri barokotse Jenoside barasaba kurihirwa ‘Masters’

Ubwanditsi 09 Apr 2016 Mu Mahanga

Nyuma yaho Leta ishyiriyeho ikigega cyo gutera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye FARG, iki kigega cyagerageje gufasha abarokotse n’ubwo abenshi batagezweho nizo nkunga n’abazibonye zikaza ari intica ntikize.

Muri izi nkunga z’ingoboka ziri mu bice bitandukanya harimo kwivuza, amacumbi,kurihira abanyeshuri n’ibindi.. mubihe byashize habayemo amakosa menshi akomeye, guhimba liste z’abahawe bourse, kuriha liste z’abanyeshuri kabiri, kunyereza ibyagenewe impfubyi n’abapfakazi , kurihira abatabikwiye, guhimba ibyangombwa byo gucika kwicumu, amashyirahamwe ya baringa yitiriwa abarokotse n’ibindi…

N’ubwo bimeze gutya ariko FARG, hari abanyeshuri barihiriwe Kaminuza, amashuri abanza n’ayisumbuye. Abafashijwe barashima ubwitange bwa leta, ariko bafatanyije n’Imiryango ireberera inyungu z’Abarokotse iyo Jenoside AERG na IBUKA, bagasaba ko leta yakomeze kwerekana ubushake bwayo igafasha bamwe muri bo barangije kaminuza bakabona akazi n’uburyo bwo gukomeza amashuri mu kiciro cya gatatu cya Masters.

Mu minsi ishize, Inteko rusange yahuje imiryango irengera inyungu z’abarokotse Jenoside, IBUKA yagaragaje ko ibasabira kurihirirwa icyiciro cya gatatu cya kaminuza kizabaha ubumenyi bwatuma bihangira imirimo cyangwa bibeshaho mu bundi buryo.

Mu nteko rusange yahuje Ibuka n’indi miryango irengera inyungu z’abacitse ku icumu, hafashwe umwanzuro wo gukomeza gukorera ubuvuzi abo banyeshuri bagafashwa kongera ubumenyi buzabafasha.

Leta y’u Rwanda ifite inshingano zo kuba umubyeyi w’abatagira kivurira mu gihugu. IBUKA yayishimiye ubufasha butandukanye yahaye abacitse ku icumu rya Jenoside, kugeza uyu munsi.

Muri bo harimo abanyeshuri barangiza mu ishami ry’amategeko, ariko ntibakora ibijyanye n’ishami bize batarabonye ubumenyi busabwa ku banyamategeko nk’abavoka, abacamanza n’abahesha b’inkiko.

-2611.jpg

Perezida wa IBUKA, Dr Jean Pierre Dusingizemungu

Perezida wa IBUKA, Dr Jean Pierre Dusingizemungu avuga ko leta yafashije icyo cyiciro kikaba gihabwa ubwo bumenyi i Nyanza, ariko ko hari ibindi byiciro bikeneye ubumenyi burenze ubw’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (A0). Muri bo harimo abize ubuganga, n’andi mashami ya tekiniki atandukanye nayo asaba ubumenyi burenze ubw’icyo cyiciro cya kaminuza.

Kwiga bigarukira he? Ufasha agarukira he?

Abenshi bavuga ko kwiga bitajya birangira. Ufasha nawe ageza ku rwego ashoboye, afite ubushobozi yakwishimira ko uwo yafashije nawe ageze ku cyiciro cyo kwifasha, kwibeshaho no gufasha abandi.

Abantu twaganiriye bavuga ko leta ari umubyeyi kandi yatabaye abana igihe bari bafite ibibazo, kuba izi ko mu Rwanda hari ikibazo cy’ubushomeri cyane mu rubyiruko, ngo yagakwiye kubafasha kugera byibura ku rwego rwa masters, cyangwa igashakira abandi amasomo yunganira kaminuza azabafasha kwibeshaho, kuko n’ubundi urihirira umuntu ntaho byanditse ko amurihirira kugeza ku cyiciro cya kabiri gusa.

Ibuka yo ibona ko ubwo abo leta yarihiriye batapfushije ubusa amahirwe babonye bakiga neza, bikwiye ko leta yakomeza kubafasha wenda igahera ku byasabwa birimo amanota n’ibindi ariko ikabitaho.

Hari kandi n’imiryango, imishinga n’ibigo bitandukanye byagiye birihirira abanyeshuri mu mashuri yisumbuye na za kaminuza byabafashije nk’ababyeyi babo, ku buryo ikomeje kubarihirira byabafasha bakagera ku rwego rwo kwihangira imirimo no kwibeshaho.

AERG ishyigikiye ubwo busabe

-2610.jpg

Milindi Jean de Dieu, Umuyobozi Mukuru wa AERG, umuryango w’abanyeshuri biga mu mashuri makuru na za kaminuza yavuze ko hari abanyeshuri bacikirije ayisumbuye na kaminuza leta ikwiye gufasha gusubukura ayo mashuri, hari kandi n’abarangije ayisumbuye basaga ibihumbi umunani bagitegereje kurihirirwa muri kaminuza.

Ku bijyanye no kurihirira abataragize amahirwe yo kubona akazi, Milindi yemera ko nabyo bikenewe cyane, mu gihe hari n’abakwiye guhabwa amahirwe yo kongererwa amasomo atangwa nyuma ya kaminuza y’igihe gito cyangwa kinini, ikindi yagaragaje ni uko bagombye guhabwa inguzanyo na banki n’ibigo by’imari bikabafasha kwiteza imbere.

Yagize ati “ Abenshi barangije kwiga kaminuza, babonye amahugurwa ajyanye n’ibyo bize bakongera ubumenyi cyangwa babonye inguzanyo bakihangira imirimo byabafasha cyane.”

Bamwe bifuza ko IBUKA na FARG bakagombye kwicara bakareba abarihirirwa na kaminuza , hakagenwa ibyagenderwaho.

Ibuka yumva ko niyo hagenda harihirirwa bake mu gihe runaka ariko bikagenda bikorwa uko umwaka utaha.

-2612.jpg

Eng. Ruberangeyo Theophile ushinzwe ikigega FARG

Ku ruhande rw’ikigega cya Leta gishinzwe gutera inkunga abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, Umuyobozi mukuru wa FARG, Eng. Ruberangeyo Theophile yavuze ko abo banyeshuri bahawe ayo mahirwe byabafasha, ariko ko barimo gukorera ubuvugizi abanyeshuri 8920 bacikirije amashuri yisumbuye na kaminuza ku buryo bafashwa kujyanwa mu mashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro (VTC na IPRC).

Leta igenera FARG inkunga ingana na 6% y’imisoro yakiriye, akoreshwa mu bikorwa bitandukanye.

Umwanditsi wacu yifashishije Igihe.com

2016-04-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

Ubwanditsi 21 Nov 2019
Imibereho myiza n’iterambere bishingira ku mutekano – Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro

Imibereho myiza n’iterambere bishingira ku mutekano – Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro

Ubwanditsi 01 Mar 2016
Umuhamya w’Amateka: 7/1/1994, Kavaruganda yahuye na Booh-Booh, Abayobozi ba FAR bahura n’ab’Interahamwe

Umuhamya w’Amateka: 7/1/1994, Kavaruganda yahuye na Booh-Booh, Abayobozi ba FAR bahura n’ab’Interahamwe

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Muhongerwa Patricie atorewe kuba Visi Meya ushinzwe imibereho myiza mu mujyi wa Kigali

Muhongerwa Patricie atorewe kuba Visi Meya ushinzwe imibereho myiza mu mujyi wa Kigali

Ubwanditsi 20 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubukwe bw’ Umunyarwandakazi Uzarongorwa n’ Umuraperi AY Itariki Naho Buzabera Byamaze Kumenyekana
SHOWBIZ

Ubukwe bw’ Umunyarwandakazi Uzarongorwa n’ Umuraperi AY Itariki Naho Buzabera Byamaze Kumenyekana

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Abanyamakuru bahuguwe ku ndwara ya Ebola bahamya ko basobanukiwe ukuri ku rukingo rwayo
Mu Rwanda

Abanyamakuru bahuguwe ku ndwara ya Ebola bahamya ko basobanukiwe ukuri ku rukingo rwayo

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Tumenye  bamwe mu barwanya  Leta y’u Rwanda n’uko bakora ( Igice 15 )
ITOHOZA

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda n’uko bakora ( Igice 15 )

Ubwanditsi 09 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru