• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abanyeshuri barokotse Jenoside barasaba kurihirwa ‘Masters’

Abanyeshuri barokotse Jenoside barasaba kurihirwa ‘Masters’

Ubwanditsi 09 Apr 2016 Mu Mahanga

Nyuma yaho Leta ishyiriyeho ikigega cyo gutera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye FARG, iki kigega cyagerageje gufasha abarokotse n’ubwo abenshi batagezweho nizo nkunga n’abazibonye zikaza ari intica ntikize.

Muri izi nkunga z’ingoboka ziri mu bice bitandukanya harimo kwivuza, amacumbi,kurihira abanyeshuri n’ibindi.. mubihe byashize habayemo amakosa menshi akomeye, guhimba liste z’abahawe bourse, kuriha liste z’abanyeshuri kabiri, kunyereza ibyagenewe impfubyi n’abapfakazi , kurihira abatabikwiye, guhimba ibyangombwa byo gucika kwicumu, amashyirahamwe ya baringa yitiriwa abarokotse n’ibindi…

N’ubwo bimeze gutya ariko FARG, hari abanyeshuri barihiriwe Kaminuza, amashuri abanza n’ayisumbuye. Abafashijwe barashima ubwitange bwa leta, ariko bafatanyije n’Imiryango ireberera inyungu z’Abarokotse iyo Jenoside AERG na IBUKA, bagasaba ko leta yakomeze kwerekana ubushake bwayo igafasha bamwe muri bo barangije kaminuza bakabona akazi n’uburyo bwo gukomeza amashuri mu kiciro cya gatatu cya Masters.

Mu minsi ishize, Inteko rusange yahuje imiryango irengera inyungu z’abarokotse Jenoside, IBUKA yagaragaje ko ibasabira kurihirirwa icyiciro cya gatatu cya kaminuza kizabaha ubumenyi bwatuma bihangira imirimo cyangwa bibeshaho mu bundi buryo.

Mu nteko rusange yahuje Ibuka n’indi miryango irengera inyungu z’abacitse ku icumu, hafashwe umwanzuro wo gukomeza gukorera ubuvuzi abo banyeshuri bagafashwa kongera ubumenyi buzabafasha.

Leta y’u Rwanda ifite inshingano zo kuba umubyeyi w’abatagira kivurira mu gihugu. IBUKA yayishimiye ubufasha butandukanye yahaye abacitse ku icumu rya Jenoside, kugeza uyu munsi.

Muri bo harimo abanyeshuri barangiza mu ishami ry’amategeko, ariko ntibakora ibijyanye n’ishami bize batarabonye ubumenyi busabwa ku banyamategeko nk’abavoka, abacamanza n’abahesha b’inkiko.

-2611.jpg

Perezida wa IBUKA, Dr Jean Pierre Dusingizemungu

Perezida wa IBUKA, Dr Jean Pierre Dusingizemungu avuga ko leta yafashije icyo cyiciro kikaba gihabwa ubwo bumenyi i Nyanza, ariko ko hari ibindi byiciro bikeneye ubumenyi burenze ubw’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (A0). Muri bo harimo abize ubuganga, n’andi mashami ya tekiniki atandukanye nayo asaba ubumenyi burenze ubw’icyo cyiciro cya kaminuza.

Kwiga bigarukira he? Ufasha agarukira he?

Abenshi bavuga ko kwiga bitajya birangira. Ufasha nawe ageza ku rwego ashoboye, afite ubushobozi yakwishimira ko uwo yafashije nawe ageze ku cyiciro cyo kwifasha, kwibeshaho no gufasha abandi.

Abantu twaganiriye bavuga ko leta ari umubyeyi kandi yatabaye abana igihe bari bafite ibibazo, kuba izi ko mu Rwanda hari ikibazo cy’ubushomeri cyane mu rubyiruko, ngo yagakwiye kubafasha kugera byibura ku rwego rwa masters, cyangwa igashakira abandi amasomo yunganira kaminuza azabafasha kwibeshaho, kuko n’ubundi urihirira umuntu ntaho byanditse ko amurihirira kugeza ku cyiciro cya kabiri gusa.

Ibuka yo ibona ko ubwo abo leta yarihiriye batapfushije ubusa amahirwe babonye bakiga neza, bikwiye ko leta yakomeza kubafasha wenda igahera ku byasabwa birimo amanota n’ibindi ariko ikabitaho.

Hari kandi n’imiryango, imishinga n’ibigo bitandukanye byagiye birihirira abanyeshuri mu mashuri yisumbuye na za kaminuza byabafashije nk’ababyeyi babo, ku buryo ikomeje kubarihirira byabafasha bakagera ku rwego rwo kwihangira imirimo no kwibeshaho.

AERG ishyigikiye ubwo busabe

-2610.jpg

Milindi Jean de Dieu, Umuyobozi Mukuru wa AERG, umuryango w’abanyeshuri biga mu mashuri makuru na za kaminuza yavuze ko hari abanyeshuri bacikirije ayisumbuye na kaminuza leta ikwiye gufasha gusubukura ayo mashuri, hari kandi n’abarangije ayisumbuye basaga ibihumbi umunani bagitegereje kurihirirwa muri kaminuza.

Ku bijyanye no kurihirira abataragize amahirwe yo kubona akazi, Milindi yemera ko nabyo bikenewe cyane, mu gihe hari n’abakwiye guhabwa amahirwe yo kongererwa amasomo atangwa nyuma ya kaminuza y’igihe gito cyangwa kinini, ikindi yagaragaje ni uko bagombye guhabwa inguzanyo na banki n’ibigo by’imari bikabafasha kwiteza imbere.

Yagize ati “ Abenshi barangije kwiga kaminuza, babonye amahugurwa ajyanye n’ibyo bize bakongera ubumenyi cyangwa babonye inguzanyo bakihangira imirimo byabafasha cyane.”

Bamwe bifuza ko IBUKA na FARG bakagombye kwicara bakareba abarihirirwa na kaminuza , hakagenwa ibyagenderwaho.

Ibuka yumva ko niyo hagenda harihirirwa bake mu gihe runaka ariko bikagenda bikorwa uko umwaka utaha.

-2612.jpg

Eng. Ruberangeyo Theophile ushinzwe ikigega FARG

Ku ruhande rw’ikigega cya Leta gishinzwe gutera inkunga abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, Umuyobozi mukuru wa FARG, Eng. Ruberangeyo Theophile yavuze ko abo banyeshuri bahawe ayo mahirwe byabafasha, ariko ko barimo gukorera ubuvugizi abanyeshuri 8920 bacikirije amashuri yisumbuye na kaminuza ku buryo bafashwa kujyanwa mu mashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro (VTC na IPRC).

Leta igenera FARG inkunga ingana na 6% y’imisoro yakiriye, akoreshwa mu bikorwa bitandukanye.

Umwanditsi wacu yifashishije Igihe.com

2016-04-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.

Ubwanditsi 10 Jun 2021
Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Ubwanditsi 26 Nov 2021
Nyuma yo gukubitirwa iz’akabwana muri Kongo, abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje koherezwa mu ibagiro!

Nyuma yo gukubitirwa iz’akabwana muri Kongo, abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje koherezwa mu ibagiro!

Ubwanditsi 11 Feb 2025
Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda

Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Huye kudahishira ihohoterwa ryo mu ngo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Huye kudahishira ihohoterwa ryo mu ngo

Ubwanditsi 13 May 2016
Ubutumwa nageneye Interahamwe yashatse gutera ubwoba Jay Squeezer kuri Telephone 
Amakuru

Ubutumwa nageneye Interahamwe yashatse gutera ubwoba Jay Squeezer kuri Telephone 

Ubwanditsi 12 May 2022
Icyumweru cyo Kwibuka cyasojwe
Mu Mahanga

Icyumweru cyo Kwibuka cyasojwe

Ubwanditsi 15 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru