• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amafoto – Pyramids FC isezereye APR FC muri CAF Champions League ku bgiteranyo cy’ibitego 6-1 mu mikino yombi   |   29 Sep 2023

  • Inama ya Perezida Tshisekedi na Charles Onana igamije gukwirakwiza amagambo abiba urwango mu karere   |   28 Sep 2023

  • Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB   |   28 Sep 2023

  • Kiyovu SC yavuye mu maboko ya Mvukiyehe Juvenal ijya muya Ndorimana F. Regis “General”   |   27 Sep 2023

  • Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana   |   27 Sep 2023

  • APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League   |   26 Sep 2023

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda

Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda

Editorial 08 Jun 2016 Mu Mahanga

Abapolisi babiri bakuru muri Polisi ya Namibiya bari mu Rwanda mu rugendoshuri rw’icyumweru kimwe kuva kuwa 7 Kamena aho baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda.

Abo bapolisi ni G.M du Toit, Komiseri w’Ubugenzacyaha na M. Molebugi, Komiseri w’Amahugurwa n’Iterambere muri Polisi ya Namibiya, bakaba bakiriwe n’Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ibikorwa bya Polisi, DIGP Dan Munyuza, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Mu biganiro bagiranye na DIGP Munyuza, aba bapolisi bakuru muri Namibiya bavuze ko bishimiye kwigira kubyo u Rwanda rwagezeho n’ibyo rukora.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa yagize ati:” Uruzinduko rwabo ruri mu murongo w’amasezerano y’ubufatanye (MoU) yashyizweho umukono mu Ugushyingo k’umwaka ushize hagati ya Polisi z’ibihugu byombi akaba yari agamije guha imbaraga ubufatanye cyane cyane mu byo kubahiriza amategeko.”

Aya masezerano yashyizweho umukono hagati y’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K.Gasana na mugenzi we wa Namibiya, Lieutenant General Sebastian Ndeitunga, igihe cy’inama rusange ya 84 ya Polisi mpuzamahanga (Interpol) yabereye mu Rwanda.

Amasezerano hagati ya Polisi zombi anoza ubufatanye mu kurwanya ibyaha ndengamipaka nk’ibikorerwa mu ikoranabuhanga, icuruzwa ry’abantu n;ibiyobyabwenge, iterabwoba, ifata n’ihanahana ry’abanyabyaha hagati y’ibihugu byombi.

ACP Twahirwa yagize ati:”Biciye muri ayo masezerano, ubu Polisi zombi zishobora gusangira ubunararibonye kandi umwe akaba yakwigira ku wundi.”

Biteganyijwe ko aba bapolisi bazigira byinshi ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse n’ikigo Isange One Stop Center nk’umwihariko wa Polisi y’u Rwanda. Polisi ya Namibiya biteganyijwe ko nayo yahitamo ubwo buryo bwo gukemura ibibazo by’ihohoterwa no gufasha abahuye naryo.

Mu rugendoshuri rwabo kandi biteganyijwe ko bazasura Ishuri rikuru rya Polisi riri Musanze (Police College), Ishuri rya Polisi rya Gishari, amwe mu mashami ya Polisi y’u Rwanda arimo iry’Ubugenzacyaha (CID) n’ibindi bigo bya Polisi y’u Rwanda.

Ubufatanye ni bumwe mu buryo bw’ibanze Polisi y’u Rwanda ikoresha mu guhangana n’ibibazo bimwe na bimwe bihungabanya umutekano bijyanye n’iterambere mu ikoranabuhanga.

Polisi y’u Rwanda kandi yasinye amasezerano y’ubufatanye n’iz’ibihugu nka Kenya, Uganda, Burundi, Katari, Turukiya n’izindi; ikaba kandi ari umunyamuryango w’amahuriro ya za Polisi zo mu karere u Rwanda ruherereyemo, ndetse na Polisi mpuzamahanga mu rwego rwo kurwanya ibyaha ndengamipaka.

-2898.jpg

Abayobozi bakuru ba Polisi y’u Rwanda bayobowe na DIGP Dan Munyuza bifotozanya n’abashyitsi ni G.M du Toit, Komiseri w’Ubugenzacyaha na M. Molebugi, Komiseri w’Amahugurwa n’Iterambere muri Polisi ya Namibiya

RNP

2016-06-08
Editorial

IZINDI NKURU

Abakozi bo mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero bigishijwe kwirinda inkongi z’imiriro

Abakozi bo mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero bigishijwe kwirinda inkongi z’imiriro

Editorial 29 Jan 2016
Uko isomwa ry’urubanza rwa  Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi  ikizava mu isomerwa

Uko isomwa ry’urubanza rwa Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi ikizava mu isomerwa

Editorial 01 Sep 2021
Ishyano riragwira: Thomas Nahimana yashinze irimbi kuri Internet aho imva ihagaze amadorali 161

Ishyano riragwira: Thomas Nahimana yashinze irimbi kuri Internet aho imva ihagaze amadorali 161

Editorial 25 Apr 2022
Polisi y’u Rwanda yasubije ubuyobozi bw’u  Bwongereza imodoka yibiwe muri icyo guhugu.

Polisi y’u Rwanda yasubije ubuyobozi bw’u Bwongereza imodoka yibiwe muri icyo guhugu.

Editorial 09 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

20 Sep 2023
Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

15 Sep 2023
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

10 Sep 2023
Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

05 Sep 2023
Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

30 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

24 Sep 2023
JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

20 Sep 2023
Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

20 Sep 2023
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

29 Aug 2023
Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

26 Aug 2023
Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

22 Aug 2023
Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

22 Aug 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru