• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa

Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa

Ubwanditsi 04 Jun 2016 Mu Rwanda

Hamaze iminsi imiryango mpuzamahanga ivuga yuko ubutegetsi bwa Nkurunziza mu Burundi butegura itsemba bwoko ariko ubwo butegetsi bukabihakana.

Kandi ugasanga koko aribyo nta tsembabwoko rishobora kuba muri icyo igihugu kuko ibibazo gifite usanga ari ibya politike kurusha uko byaba bishingiye ku moko kuko abarwanya Nkurunziza bari mu moko yose agize u Burundi.

Ariko uko ibintu bigenda byigaragaza muri icyo gihugu, kimaze umwaka n’amezi abiri mu bwicanyi, usanga n’ibyo bya Jenoside byashoboka kuko ingero zifatika zimaze kwigaragaza.

Habanje rya geragezwa ryo guhirika Nkurunziza ku butegetsi, ubwo butegetsi bugerageza kumvisha abaturage yuko abari ku isonga ry’ababikoze bari abasirikare bahoze mu ngabo za kera. Ibyo bikaba bisobanuye Abatutsi.

Abasaga 20 muri abo basirikare barafashwe barafungwa, abatarafunzwe bakaba bagenda bicwa umwe umwe ku buryo ubaze usanga buri kwezi nibura umuwofisiye w’umutitsi wahoze mu ngabo za kera yicwa.

Ibi ariko abantu bari bamaze kubimenyera cyane yuko iyo benshi muri abo bawofisiye b’Abatutsi bicwaga Nkurunziza yavugaga ijambo ry’akababaro. Nubwo benshi bahamyaga yuko iryo jambo ryabaga ari iryo kujijisha ariko nibura benshi muri ya mitwe ye y’abicanyi nk’Imbonerakure yabifataga muri ubwo buryo bw’uko Perezida atishimira yuko umututsi yishwe.

Ariko ubutumwa Perezida Nkurunziza aherutse gutanga bushobora kuzakurikirwa n’ubwicanyi bushingiye ku moko, aribyo byabindi byaba koko biganisha kuri jenoside.

Nkurunziza aherutse gukorera uruzinduko rw’akazi muri komine Mugamba iri mu ntara ya Bururi. Mu Burundi iyo uvuze Bururi benshi bumva uvuze intara y’Abatutsi, ikaba n’intara y’abategetsi b’Abatutsi bakomeje kwica Abahutu kuva icyo gihugu cyabona ubwigenge. Muri abo bahutu bishwe hakabamo na se wa Perezida Nkurunziza.

-2853.jpg

-2850.jpg

-2849.jpg

Abaturage bari bake cyane

-2848.jpg

-2852.jpg

Muri iki cyumweru rero Nkurunziza ari muri Bururi yahaye abaturage ibyumweru bibiri ngo babe bitandukanyije n’umwanzi ngo bitari ibyo bose azabafata nkabo. Iri jambo Abarundi barifashe nk’uko Nkurunziza yavuze yuko nyuma y’ibyo byumweru bibiri buri Mututsi azafatwa nk’umwanzi kandi igikorerwa abanzi bizwi yuko ari ukwicwa.

Iryo jambo rya Nkurunziza ni ribi cyane. Abamurwanya bakomeje kugerageza kugendera ku murongo wa politike ariko nibadashakisha uko barushaho kuwugumaho, Nkurunziza arabawukuraho abarohe muri Jenoside nk’uko ubutegetsi bwa Habyarimana bwabikoze hano mu Rwanda.

Kayumba Casmiry

2016-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bitewe n’impamvu ze bwite, Lumumba Sosthene watozaga ikipe ya Etincelles FC yeguye kuri uyu mwanya habura amasaha 48 ngo akine na Gorilla FC

Bitewe n’impamvu ze bwite, Lumumba Sosthene watozaga ikipe ya Etincelles FC yeguye kuri uyu mwanya habura amasaha 48 ngo akine na Gorilla FC

Ubwanditsi 04 Dec 2021
Nyuma y’imyaka 7, Musanze FC yatsinze APR FC, Mukura VS yatsinze Gasogi United yuzuza imikino 5 idatsindwa naho Gicumbi yujuje imikino 12 itazi uko gutsinda bisa

Nyuma y’imyaka 7, Musanze FC yatsinze APR FC, Mukura VS yatsinze Gasogi United yuzuza imikino 5 idatsindwa naho Gicumbi yujuje imikino 12 itazi uko gutsinda bisa

Ubwanditsi 17 Feb 2022
” gucururiza imbunda mu Rwanda ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge” -Busingye

” gucururiza imbunda mu Rwanda ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge” -Busingye

Ubwanditsi 29 May 2018
Ikipe ya AS Kigali ndetse na Police FC zabimburiye andi makipe guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura gusubukura shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

Ikipe ya AS Kigali ndetse na Police FC zabimburiye andi makipe guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura gusubukura shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

Ubwanditsi 02 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jean Luc Habyarimana aherutse guhunahuna muri Congo mu Guhuza Umubano wa FARDC na FDLR
Amakuru

Jean Luc Habyarimana aherutse guhunahuna muri Congo mu Guhuza Umubano wa FARDC na FDLR

Ubwanditsi 27 Aug 2024
Menya byinshi mu mibanire ya Patrick Karegeya n’umuryango wa Felesiyani Kabuga yavuye ku mafaranga ikagera ku rukundo rw’ibanga n’umukobwa we Seraphine Uwimana
INKURU NYAMUKURU

Menya byinshi mu mibanire ya Patrick Karegeya n’umuryango wa Felesiyani Kabuga yavuye ku mafaranga ikagera ku rukundo rw’ibanga n’umukobwa we Seraphine Uwimana

Ubwanditsi 18 May 2020
Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.
Amakuru

Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Ubwanditsi 28 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru