• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rubavu: Umuryango AHF – Rwanda wagobotse Abagizweho ingaruka n’iyangirika ry’amazu ry’atewe n’imitingito

Rubavu: Umuryango AHF – Rwanda wagobotse Abagizweho ingaruka n’iyangirika ry’amazu ry’atewe n’imitingito

Ubwanditsi 04 Jun 2021 Amakuru, HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Ikirunga cya Nyiragongo giherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo cyarutse ku wa 22 Gicurasi 2021, nyuma hakurikiraho imitingito yashegeshe bikomeye ibice birimo n’Akarere ka Rubavu. Mu ngaruka iruka ryacyo ryagize harimo kuba igice cy’Akarere ka Rubavu cyangijwe n’ibikoma biva mu nda y’ikirunga. Imitingito kandi yakurikiyeho yasenyeye abaturage aho inzu zirenga 1200 zangiritse.

Ibi nibyo byatumye umuryango AHF-Rwanda(AIDS Healthcare Foundation),usanzwe umenyerewe mu gukumira ubwandu bushya bwa Virusi itera Sida ndetse n’izindi ndwara, utera intabwe maze ujya mu karere ka Rubavu ku goboka abagizweho ingaruka n’iruka ry’iki kirunga.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 3 Kamena 2021, aho AHF-Rwanda yatanze inkunga y’ibiryo, ibikoresho byo mu gikoni, amasabune , udupfukamunwa ndetse n’impapuro z’isuku (Sanitary Pads). Ibishyimbo, umuceri, kawunga, amavuta yo guteka.byose bifite agaciro kangana na Miliyoni 21, 736 Frw.

Umwe mu baturage bari baje kwakira inkunga y’ibiryo bagenewe na AHF-Rwanda, ni Nzarusaza Joel utuye mu Murenge wa Gisenyi, we avuga ko yishimiye inkunga bahawe na AHF kuko umutingito waje atiteguye bituma inzu ye isenyuka. Bityo kubona ibyo kurya bikabagora.
Agira ati”Ndishimye cyane kuba AHF-Rwanda itugobotse, nukuri kubona ibyokurya byari ingorabahizi ariko ibi biryo bampaye birimo, ibishyimbo, kawunga, umuceri ,amasabune yo kwoga, ndetse n’amasahane n’amasafuriya yemwe sinabivuga ngo mbirangize gusa, Imana ibahe umugisha utagabanyije”.

Akimana Josephine, uri mu kigero cy’imyaka 35 avuga ko inzu ye yasenyutse bikabije bityo akaba acumbikiwe n’abavandimwe be, ashima inkunga yahawe na AHF-Rwanda kuko igiye kumufasha kwitegura ngo asubire mu kazi yakoraga.
Yagize ati “Inzu yanjye yaraguye kubera ibiza byatewe n’imitingito, nari nsanzwe ncuruza ubuconco mbuvana mu Rwanda mbujyana Congo none, inzu isenyutse Ndashima AHF-Rwanda yatwibutse ikaduha ibyo kurya kuko ubuzima bwanjye n’abanjye bwari bugoye’’.

Umuyobozi wa AHF-Rwanda (AIDS Healthcare Foundation) Dr. Brenda Asiimwe-Kateera, avuga ko n’ubwo uyu muryango usanzwe w’ibanda cyane ku gukumira ubwandu bushya bwa Virusi itera Sida ndetse n’izindi ndwara

Bahisemo kuza gutanga inkunga y’ibiryo ndetse n’ibikoresho byo mu gikoni n’iby’isuku muri rusange kugira ngo barusheho kwirinda icyorezo cya Covid-19 Ati:”Nyuma yo kubona Akarere ka Rubavu kakiriye impunzi nyinshi z’Abanyecongo n’abaturage bako bagizweho ingaruka n’imitingito Twabonye ko hari umusanzu twatanga kuko ubuzima bw’abaturage benshi bwasubiye inyuma.

Ni muri urwo rwego twabazaniye inkunga y’ibishimbo, amasahani, amasafuriya n’ibikombe, amavuta yo guteka, umuceri , kawunge , amasabune, udupfukamunwa ndetse n’ibikore by’isuku (Pads) kugira ngo babe babyifashisha muri ibi bihe barimo bitoroshye batwe n’iruka ry’ikirunga”
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage, Ishimwe Pacifique, yashimiye AHF-Rwanda nk’umufatanyabikorwa w’aka karere, bo badahwema kubafasha mu buzima bwa buri munsi.

Agira Ati “Turashimira AHF-Rwanda nk’umufatanyabikorwa w’Akarere bakomeje kudufasha guhangana n’ingaruka z’iruka ry’ikirunga, mu byukuri dufite abaturage bagizweho ingaruka n’imitingito. Abaturage bafite inzu zangiritse ni benshi, ubu tugiye kugerageza tubasaranganye ibi biryo mu duhaye ndetse n’izi (Pads) kubo zagenewe kugira ngo buri wese agire icyo abona.”

2021-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bugambiriye gufatira imitungo ya Moïse Katumbi ngo atazashobora kwiyamamaza no gutsinda amatora ya Perezida wa Kongo

Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bugambiriye gufatira imitungo ya Moïse Katumbi ngo atazashobora kwiyamamaza no gutsinda amatora ya Perezida wa Kongo

Ubwanditsi 12 Dec 2022
Umunyarwanda yarasiwe muri Uganda

Umunyarwanda yarasiwe muri Uganda

Ubwanditsi 16 Apr 2019
Polisi muri Burera yafashe imodoka ebyiri zipakiye inzoga zitemewe mu Rwanda Publish Date: Mardi 31 Octobre 2017

Polisi muri Burera yafashe imodoka ebyiri zipakiye inzoga zitemewe mu Rwanda Publish Date: Mardi 31 Octobre 2017

Ubwanditsi 31 Oct 2017
Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente yahererekanyije ububasha na Murekezi

Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente yahererekanyije ububasha na Murekezi

Ubwanditsi 01 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Mu mukino wa gicuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Ibanda FC yo muri RDC 0-0
Amakuru

Amafoto – Mu mukino wa gicuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Ibanda FC yo muri RDC 0-0

Ubwanditsi 18 Nov 2021
Buriya n’abanga u Rwanda, n’abavuga ko bafite ibindi bemera, bagaruka kuri Demokarasi, Ubumwe n’Amajyambere “Chairman Paul Kagame”
Amakuru

Buriya n’abanga u Rwanda, n’abavuga ko bafite ibindi bemera, bagaruka kuri Demokarasi, Ubumwe n’Amajyambere “Chairman Paul Kagame”

Ubwanditsi 23 Jun 2024
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!
Amakuru

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

Ubwanditsi 16 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru