• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kwibuka24:”Yaturokoye urupfu rukomeye rutyo na none iracyaturokora”-Aline Gahongayire
O

Kwibuka24:”Yaturokoye urupfu rukomeye rutyo na none iracyaturokora”-Aline Gahongayire

Ubwanditsi 07 Apr 2018 Mu Rwanda

Mu gihe u Rwanda n’isi yose binjiye mu gihe kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 igahitana inzirakarengane z’abatutsi zisaga miliyoni imwe mu minsi 100 gusa, umuhanzikazi Aline Gahongayire yatanze ubutumwa bw’ihumure.
Ni ubutumwa Aline Gahongayire yatanze mu gitondo cy’uyu wa Gatandatu tariki 7 Mata 2018 abunyuza ku mbuga nkoranyambaga akoresha zirimo na Facebook. Aline Gahongayire yari afite imyaka 7 ubwo Jenoside yakorewe abatutsi yabaga. Aline Gahongayire wabuze umubyeyi n’abavandimwe muri Jenoside yakorewe abatutsi, yahumurije abanyarwanda muri rusange by’umwihariko ababuze ababo muri Jenoside yakorewe abatutsi. Yabasabye gukomera mu bihe nk’ibi bagashima Imana yatumye badashiraho. Aline Gahongayire yagize ati:

Yaturokoye urupfu rukomeye rutyo na none iracyaturokora, kandi twiringira y’uko izakomeza kuturokora (2Cor1:10) Nzibutsa abantu ibikomeye Uwiteka yakoze, Kuko nzibuka ibitangaza byawe bya kera.Kandi nzibwira ibyo wakoze byose, Nzita ku bikomeye wakoze.(Zab77:12-13) (…) Mu gihe nk’iki twibuka abacu bazize Genocide yakorewe abatutsi mu Rwanda, tuzirikane ineza y’Imana yatumye tudashiraho, ubwo byari bikomeye cyane Imana yashimye kuturokora, twite kubikomeye Imana yadukoreye! ni ibitangaza bikomeye kuba turiho!

Abacu ntibazimye twarashibutse!ntibibagiranye turiho! kandi tuzahora tubibuka! Tecyereza inzira zose waciyemo muri bya bihe none ubu uriho!bwaracyaga ukabona butari bwire,bwakwira ukabona butari bucye!none uyu munsi uriho!wibutse ugatecyereza neza, wasanga ntacyo warushaga abagiye. Turiho gusa kuko Imana yashimye ko ari twe tubaho. Komera mu bihe nk’ibi ushime Imana yatumye tudashiraho, ibuka neza ukuntu Imana yahabaye.

Aline Gahongayire

Ubutumwa Aline Gahongayire yanyujije kuri Facebook

Aline Gahongayire n’umuryango we batangiye gutotezwa mbere ya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994, ibyo bikamutera agahinda ariko byagera mu 1994 nyirizina bwo bikaza kumurenga, akaba yarahatakarije umubyeyi, inshuti ndetse n’abavandimwe be bimutera agahinda, ku buryo nyuma y’ibyo yanyuzemo nawe yibazaga ibyo ari byo ntabisobanukirwe.

Inzira y’akaga gakomeye Aline Gahongayire yanyuzemo muri Jenoside yakorewe abatutsi, yabaye imbarutso yo gutuma aba umuhanzi. Kugeza ubu ni umwe mu bahanzikazi bakomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana. Kuri ubu akunzwe cyane mu ndirimbo ‘Warampishe’. Mu bihangano bye Aline Gahongayire akunze kwibanda ku butumwa buhumuriza abantu no kubaremamo icyizere cy’ejo heza.

2018-04-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’akarere ka gatanu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball.

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’akarere ka gatanu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball.

Ubwanditsi 17 Jun 2021
Binyuze ku muyobozi mushya wa FERWAFA Nizeyimana Olivier, Perezida wa FIFA Gianni Infantino yashimiye APR FC yegukanye igikombe cya Shampiyona

Binyuze ku muyobozi mushya wa FERWAFA Nizeyimana Olivier, Perezida wa FIFA Gianni Infantino yashimiye APR FC yegukanye igikombe cya Shampiyona

Ubwanditsi 03 Jul 2021
Ikinamico kwa bene Rwigara:  ‘ Amagambo  ashize ivuga ‘

Ikinamico kwa bene Rwigara: ‘ Amagambo ashize ivuga ‘

Ubwanditsi 11 Sep 2017
Abayobozi babiri b’uburezi mu karere bafunzwe bakurikiranyweho amakosa mu itangwa ry’akazi k’ubwarimu

Abayobozi babiri b’uburezi mu karere bafunzwe bakurikiranyweho amakosa mu itangwa ry’akazi k’ubwarimu

Ubwanditsi 01 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shampiyona y’u Rwanda yahagaritswe hamaze gukinwa imikino y’umunsi wa 11, Kiyovu Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda yahagaritswe hamaze gukinwa imikino y’umunsi wa 11, Kiyovu Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo

Ubwanditsi 31 Dec 2021
Hari amakuru ‘meza akenewe’ Bazeye na Lt. Col. Abega bo muri FDLR bamaze guha u Rwanda
ITOHOZA

Hari amakuru ‘meza akenewe’ Bazeye na Lt. Col. Abega bo muri FDLR bamaze guha u Rwanda

Ubwanditsi 05 Mar 2019
Kayumba Nyamwasa arashinja Rudasingwa amarozi
ITOHOZA

Kayumba Nyamwasa arashinja Rudasingwa amarozi

Ubwanditsi 13 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru