• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kagame yasobanuye impamvu Abanyarwanda bagira uruhare mu bukerarugendo

Kagame yasobanuye impamvu Abanyarwanda bagira uruhare mu bukerarugendo

Ubwanditsi 29 Aug 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko Abanyarwanda bose cyane abaturiye za pariki bumva cyane ko ari ingenzi mu kurinda urusobe rw’ibinyabuzima kuko babyungukiyemo.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Kanama 2017 ubwo yitabiraga inama ya 41 y’abafatanyabikorwa mu bukerarugendo ku rwego rw’Isi ibera mu Rwanda.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda kimwe n’ibindi bihugu byo muri Afurika bishishikajwe no kubyaza umusaruro imiterere yabyo ngo biteze imbere ubukungu ndetse bigere ku iterambere.

Yagize ati “Icyiciro cyo gutanga serivisi by’umwihariko ubukerarugendo bitanga amahirwe ku baturage ndetse n’urubyiruko rukabona imirimo. Iki cyiciro ni cyo u Rwanda rwungukiramo cyane mu byo rwinjiza biva mu mahanga ariko dukwiriye kandi dushobora kurushaho.”

Hashize igihe u Rwanda rutangaje ko abaturiye za pariki bahabwa 5% y’ibyinjizwa mu bukerarugendo aho bubakirwa ibikorwa remezo binyuranye birimo amashuri, imihanda n’ibindi, bityo bigatuma bagira uruhare mu kurinda izo pariki n’urundi rusobe rw’ibinyabuzima byinjiriza u Rwanda atari make buri mwaka.

-7777.jpg

Yakomeje asobanura ko ibyo byose bijyana n’imiyoborere myiza kuko bifasha gucunga ibikurura ba mukerarugendo n’ibyo binjiriza igihugu, ati “Abanyarwanda, cyane cyane baturanye za pariki ndetse n’ahandi hantu nyaburanga, ari ingenzi cyane mu kurinda urusobe rw’ibinyabuzima.”

Yunzemoa ti “Uruhare rwa guverinoma n’abakora mu bukerarugendo ni uguhora hatangwa uburezi bufite ireme n’amahugurwa y’ubunyamwuga. Turi gushyira ingufu cyane mu gushora imari mu mitangire ya serivisi kugira ngo dushyigikire iterambere ry’ubukerarugendo.”

Aha Umukuru w’Igihugu yashimangiye ko indege y’igihugu ya RwandAir ari yo mpamvu ikomeje kwagura aho yerekeza ku Isi no muri Afurika cyane cyane, ndetse n’imirimo yo kubaka ikibuga cy’indege cya Bugesera ikaba izafasha niyuzura.

Mu rwego kandi rwo kurushaho gushishikariza abatuye Afurika kugenderanirana, u Rwanda rufatanyije na Uganda na Kenya rwashyizeho uruhushya rw’inzira rumwe (visa) aho uje muri kimwe muri ibi bihugu bitamusaba kongera gusaba urundi ruhushya

Perezida Kagame yasoje asaba ko hakenewe ubutwererane burushijeho ku mugabane wa Afurika ngo bifashe hongerwe umubare w’abakerarugendo n’abashora imari hagati yabo mu bihugu bya Afurika.

-7776.jpg

Source: Izubarirashe

2017-08-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu gice cya nyuma cyo Kwiyamamaza: Paul Kagame  yiyamamarije mu Ntara y’Amajyaruguru  mu Karere ka Burera na Gakenke

Mu gice cya nyuma cyo Kwiyamamaza: Paul Kagame yiyamamarije mu Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Burera na Gakenke

Ubwanditsi 31 Jul 2017
Gusohoka mu mwiherero ntaruhushya byatumye Muhitira Felicien atazitabira imikino Olimpike, we avugako yasohotse agiye kunywa umuti umuvura amarozi

Gusohoka mu mwiherero ntaruhushya byatumye Muhitira Felicien atazitabira imikino Olimpike, we avugako yasohotse agiye kunywa umuti umuvura amarozi

Ubwanditsi 30 Jun 2021
Byinshi wamenya kuri Bombe Hydrogene Koreya ya Ruguru yagerageje igakangaranya Isi.

Byinshi wamenya kuri Bombe Hydrogene Koreya ya Ruguru yagerageje igakangaranya Isi.

Ubwanditsi 05 Sep 2017
Uganda: Induru zavuze mu gushyingura umudepite, mu irimbi habera intambara

Uganda: Induru zavuze mu gushyingura umudepite, mu irimbi habera intambara

Ubwanditsi 10 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imwe mu migambi yo guhirika ubutegetsi muri Afurika itarateguwe neza ntigire icyo imarira ba nyirayo – Igice cya I
ITOHOZA

Imwe mu migambi yo guhirika ubutegetsi muri Afurika itarateguwe neza ntigire icyo imarira ba nyirayo – Igice cya I

Ubwanditsi 08 May 2018
Habiba yerekeje i Burayi guhatanira ikamba rya Miss Supranational
SHOWBIZ

Habiba yerekeje i Burayi guhatanira ikamba rya Miss Supranational

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Perezida Kagame yahuye na mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yahuye na mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron

Ubwanditsi 26 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru