• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kagame yasobanuye impamvu Abanyarwanda bagira uruhare mu bukerarugendo

Kagame yasobanuye impamvu Abanyarwanda bagira uruhare mu bukerarugendo

Ubwanditsi 29 Aug 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko Abanyarwanda bose cyane abaturiye za pariki bumva cyane ko ari ingenzi mu kurinda urusobe rw’ibinyabuzima kuko babyungukiyemo.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Kanama 2017 ubwo yitabiraga inama ya 41 y’abafatanyabikorwa mu bukerarugendo ku rwego rw’Isi ibera mu Rwanda.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda kimwe n’ibindi bihugu byo muri Afurika bishishikajwe no kubyaza umusaruro imiterere yabyo ngo biteze imbere ubukungu ndetse bigere ku iterambere.

Yagize ati “Icyiciro cyo gutanga serivisi by’umwihariko ubukerarugendo bitanga amahirwe ku baturage ndetse n’urubyiruko rukabona imirimo. Iki cyiciro ni cyo u Rwanda rwungukiramo cyane mu byo rwinjiza biva mu mahanga ariko dukwiriye kandi dushobora kurushaho.”

Hashize igihe u Rwanda rutangaje ko abaturiye za pariki bahabwa 5% y’ibyinjizwa mu bukerarugendo aho bubakirwa ibikorwa remezo binyuranye birimo amashuri, imihanda n’ibindi, bityo bigatuma bagira uruhare mu kurinda izo pariki n’urundi rusobe rw’ibinyabuzima byinjiriza u Rwanda atari make buri mwaka.

-7777.jpg

Yakomeje asobanura ko ibyo byose bijyana n’imiyoborere myiza kuko bifasha gucunga ibikurura ba mukerarugendo n’ibyo binjiriza igihugu, ati “Abanyarwanda, cyane cyane baturanye za pariki ndetse n’ahandi hantu nyaburanga, ari ingenzi cyane mu kurinda urusobe rw’ibinyabuzima.”

Yunzemoa ti “Uruhare rwa guverinoma n’abakora mu bukerarugendo ni uguhora hatangwa uburezi bufite ireme n’amahugurwa y’ubunyamwuga. Turi gushyira ingufu cyane mu gushora imari mu mitangire ya serivisi kugira ngo dushyigikire iterambere ry’ubukerarugendo.”

Aha Umukuru w’Igihugu yashimangiye ko indege y’igihugu ya RwandAir ari yo mpamvu ikomeje kwagura aho yerekeza ku Isi no muri Afurika cyane cyane, ndetse n’imirimo yo kubaka ikibuga cy’indege cya Bugesera ikaba izafasha niyuzura.

Mu rwego kandi rwo kurushaho gushishikariza abatuye Afurika kugenderanirana, u Rwanda rufatanyije na Uganda na Kenya rwashyizeho uruhushya rw’inzira rumwe (visa) aho uje muri kimwe muri ibi bihugu bitamusaba kongera gusaba urundi ruhushya

Perezida Kagame yasoje asaba ko hakenewe ubutwererane burushijeho ku mugabane wa Afurika ngo bifashe hongerwe umubare w’abakerarugendo n’abashora imari hagati yabo mu bihugu bya Afurika.

-7776.jpg

Source: Izubarirashe

2017-08-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame  kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Perezida Kagame kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Ubwanditsi 25 Jun 2017
RDC: Abantu 10 baguye mu mirwano hagati ya FARDC na Mai-Mai Simba

RDC: Abantu 10 baguye mu mirwano hagati ya FARDC na Mai-Mai Simba

Ubwanditsi 29 Aug 2017
Mu minsi 4 ibura ngo amakipe yombi ahure, APR FC yatsinze Etincelles FC yisubiza umwanya wa mbere w’agateganyo, Rayon Sports ikura amanota atatu i Bugesera

Mu minsi 4 ibura ngo amakipe yombi ahure, APR FC yatsinze Etincelles FC yisubiza umwanya wa mbere w’agateganyo, Rayon Sports ikura amanota atatu i Bugesera

Ubwanditsi 22 Feb 2022
Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Ubwanditsi 17 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro
POLITIKI

Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Ubwanditsi 25 Jun 2018
#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Polisi y’u Rwanda yataye  muri yombi  itsinda ry’abantu  biyitirira akazi badakora
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi itsinda ry’abantu biyitirira akazi badakora

Ubwanditsi 11 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru