• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura

Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura

RUSHYASHYA 04 Aug 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Burya ngo “wisunga Umugabo-mbwa mugakubitanwa” nkuko byakomeje kokama no kugora FDLR irimo gukubitwa na AFC-M23 n’abo bashyize hamwe, igakubitanwa n’ingabo ndundi ndetse na ba Sebuja FARDC ikomeje kurira buhinja, irabogoza bikabije ariko iririra mu  biganza bya Parrain wayo Tshisekedi Tshilombo kuko yabuze amerekezo nyuma yo kwivanga butogo n’ingabo mvange z’Abarundi n’iza DRC hadasigaye n’abambari nka Wazalendo

Nyuma yo kugwa igihugu igicuri rero barabona babura u Rwanda barureba kandi i Mutobo habategeye amaboko,

U Rwanda rwateye utwatsi amasezerano ya Leta ya RDC na FDLR, rugaragaza ko adateganywa n’amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington mu 2025, rwibutsa ubutegetsi bw’i Kinshasa ko uyu mutwe ugomba gusenywa.

Mu kiganiro na BBC Gahuza, Umuvugizi wa FDLR mu rwego rwa politiki, Cure Ngoma, aherutse kubazwa niba hari ingengabihe ryateganyijwe mu kubahiriza amasezerano yo gusenya uyu mutwe no gusubiza abarwanyi bawo mu buzima busanzwe, asubiza ko ntayo.

Cure yagize ati “Nta ngengabihe twigeze dushyiraho kuko hari ibyo natwe dusaba bigomba kubanza kuzuzwa.”

Umuvugizi wa FDLR yavuze ko uyu mutwe usaba ko “impunzi z’Abanyarwanda” ziri muri RDC zitaha mu buryo buzihesha agaciro kandi zikizezwa umutekano. Ngo ibyo nibikemuka, ikizaba gisigaye ni uguhanganira ku rubuga rwa politiki.

Ati “Icyo kintu kirimo cy’uko impunzi zacu zigomba kwizezwa umutekano ndetse zikaba zanasubizwa mu gihugu mu buryo buzihesha agaciro, ubundi tukajya guhangana imbere mu gihugu mu rubuga rwa politiki.”

 

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko nta rubuga rwa politiki rushobora gufungurirwa umutwe w’iterabwoba wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bwagiranye na FDLR amasezerano yo gusenya uyu mutwe bidasabye kwifashisha imbaraga za gisirikare.

Aya masezerano ashingiye ku nyandiko yateguwe na Perezida wa FDLR, Victor Byiringiro, bigaragara ko yashyizweho umukono tariki ya 30 Gicurasi 2026, ishyikirizwa Perezida Félix Tshisekedi.

Leta ya RDC ivuga iyi ari intambwe nziza FDLR yateye, kuko ngo uyu mutwe wemera kurambika intwaro, abarwanyi bawo bagashyirwa mu bigo birinzwe, hanyuma bagasubizwa mu buzima busanzwe.

U Rwanda rwateye utwatsi amasezerano ya Leta ya RDC na FDLR, rugaragaza ko adateganywa n’amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington mu 2025, rwibutsa ubutegetsi bw’i Kinshasa ko uyu mutwe ugomba gusenywa.

Mu kiganiro na BBC Gahuza, Umuvugizi wa FDLR mu rwego rwa politiki, Cure Ngoma, aherutse kubazwa niba hari ingengabihe ryateganyijwe mu kubahiriza amasezerano yo gusenya uyu mutwe no gusubiza abarwanyi bawo mu buzima busanzwe, asubiza ko ntayo.

Cure yagize ati “Nta ngengabihe twigeze dushyiraho kuko hari ibyo natwe dusaba bigomba kubanza kuzuzwa.”

Umuvugizi wa FDLR yavuze ko uyu mutwe usaba ko “impunzi z’Abanyarwanda” ziri muri RDC zitaha mu buryo buzihesha agaciro kandi zikizezwa umutekano. Ngo ibyo nibikemuka, ikizaba gisigaye ni uguhanganira ku rubuga rwa politiki.

Ati “Icyo kintu kirimo cy’uko impunzi zacu zigomba kwizezwa umutekano ndetse zikaba zanasubizwa mu gihugu mu buryo buzihesha agaciro, ubundi tukajya guhangana imbere mu gihugu mu rubuga rwa politiki.”

Mu kiganiro na IGIHE, Minisitiri Nduhungirehe yatangaje ko nta rubuga rwa politiki rushobora gufungurirwa umutwe w’abajenosideri nka FDLR, ashimangira ko uyu mutwe w’iterabwoba ugomba kurandurwa.

Minisitiri Nduhungirehe yagize ati “Nta rubuga rwa politiki rushobora gufungurirwa abajenosideri. FDLR igomba kurandurwa, nk’uko byanditse mu masezerano ya Washington, abarwanyi bayigize bagatahanwa mu Rwanda, nta yandi mananiza.”

Hari abarwanyi ba FDLR basanzwe bataha mu Rwanda ku bushake, bakakirwa mu kigo cya Komisiyo ishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare (RDRC) giherereye i Mutobo mu Karere ka Musanze.

Iyo bageze muri iki kigo, bahabwa inyigisho zibafasha kubana neza n’abo bazasanga mu buzima busanzwe, uko bakwiteza imbere n’uko bateza igihugu imbere muri rusange, bagahabwa ibikoresho bazifashisha gukora imirimo itandukanye.

FDLR isa n’aho ishaka umwihariko mu gutaha kw’abarwanyi bayo bakiri mu mashyamba ya RDC, gusa inasaba ko abadashaka kuba mu Rwanda banafashwa gutura mu bindi bihugu.

Nubwo Leta ya RDC ivuga ko yagiranye amasezerano na FDLR agamije gusenya uyu mutwe, amakuru yizewe avuga ko impande zombi zakomeje gukorana ku rugamba rwo kurwanya ihuriro AFC/M23 rigenzura ibice byinshi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Muri Kamena 2026, abayobozi bo muri FDLR bahuriye n’aba FARDC mu nama zitandukanye, zirimo iyabereye muri Teritwari ya Rutshuru na Walikale, baganira ku buryo abarwanyi b’uyu mutwe bahishwa mu mitwe ya Wazalendo ishyigikiwe na Leta ya RDC.

Aya makuru avuga ko mu gihe havugwa ubufatanye hagati y’ingabo za RDC na FDLR mu rwego rwa gisirikare, ubutegetsi bwa Tshisekedi buvugwaho gukomeza gukorana n’abarwanya Leta y’u Rwanda baba mu bihugu bitandukanye kandi ko hateguwe inama zibahuza n’abayobozi ba FDLR.

Ku rutonde rw’abarwanya Leta y’u Rwanda bavugwaho gukorana n’ubutegetsi bwa RDC harimo Jean-Luc Habyarimana wa Habyarimana Juvénal, Thomas Nahimana wabaye Padiri, Fabien Singaye (muramu wa Kabuga Félicien) na Thaddée Kwitonda wabaye mu buyobozi bwa FDLR.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yatangaje ko FDLR igomba gusenywa nk’uko amasezerano y’amahoro ya Washington abiteganya

2026-08-04
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Uganda : Impunzi nk’igicumbi cyo gukuramo abajya mu mitwe y’iterabwoba

Uganda : Impunzi nk’igicumbi cyo gukuramo abajya mu mitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 28 Jun 2019
FIilime I Bwiza Yamuritswe k’Umugaragaro Mu Nzu Mberabyombi ya  Canal Olympia

FIilime I Bwiza Yamuritswe k’Umugaragaro Mu Nzu Mberabyombi ya Canal Olympia

Ubwanditsi 16 Dec 2021
Intambara ikomeye  hagati y’Ubutegetsi bwa Trump n’Itangazamakuru imaze gufata indi ntera

Intambara ikomeye hagati y’Ubutegetsi bwa Trump n’Itangazamakuru imaze gufata indi ntera

Ubwanditsi 30 Jan 2017
Bombori-Bombori muri FLN : Col. Masamba Marc yafashwe mpiri, abasirikare benshi baricwa, Col Javeli yigumuye kuri MRCD kubera amakimbirane ari mu ba ofisiye bakuru b’uyu mutwe ukuriwe na Gen. Hamada Habimana

Bombori-Bombori muri FLN : Col. Masamba Marc yafashwe mpiri, abasirikare benshi baricwa, Col Javeli yigumuye kuri MRCD kubera amakimbirane ari mu ba ofisiye bakuru b’uyu mutwe ukuriwe na Gen. Hamada Habimana

Ubwanditsi 03 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu  kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere
Mu Mahanga

Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere

Ubwanditsi 26 Feb 2017
Bishop Rugagi yagarutse mu Rwanda atangaza ko i burayi ahakuye izindi mbaraga
Mu Rwanda

Bishop Rugagi yagarutse mu Rwanda atangaza ko i burayi ahakuye izindi mbaraga

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Miss Muyango yemeye kuba umugore wa Kimenyi Yves
Amakuru

Miss Muyango yemeye kuba umugore wa Kimenyi Yves

Ubwanditsi 01 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru