• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Dufite ubushobozi n’ubumenyi bihagije kugira ngo duteze imbere EAC yacu- Magufuli

Dufite ubushobozi n’ubumenyi bihagije kugira ngo duteze imbere EAC yacu- Magufuli

Ubwanditsi 24 Apr 2018 POLITIKI

*Ati «EAC ibereyeho abaturage ntabwo ari abayobozi gusa.»

Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli  yabwiye Inteko ishinga amategeko y’Umuryango wa Africa y’Uburasirazuba (EALA) ko ibihugu byo muri uyu muryango bifite ubushobozi n’ubumenyi bikenewe kugira ngo biteze imbere ababituye.

Dr John Pombe Magufuli avuga ko ubumenyi n'ubushobozi bihari kugira ngo EAC itere imbere uko byifuzwa

Dr John Pombe Magufuli avuga ko ubumenyi n’ubushobozi bihari kugira ngo EAC itere imbere uko byifuzwa

Inteko ishinga amategeko y’Umuryango wa Africa y’Uburasirazuba (EALA) imaze iminsi iri mu bikorwa muri Tanzania aho ejo umuyobozi wayo Martin Ngoga yahuye na Minisitiri w’intebe w’iki gihugu ari we Kassim Majaliwa bakaganira ku mishinga itandukanye irimo n’uw’ifaranga rihuriweho n’ibihugu bya EAC.

Uyu munsi abadepite bagize iyi nteko baganiriye na Perezida Dr John Pombe Magfuli wabashimiye ibikorwa byabo.

Yavuze ko kuba EALA imaze iminsi ikorana n’abaturage b’igihugu ke ari ikimenyetso ko uyu muryango ubereyeho abaturage utabereyeho abayobozi gusa.

Ati “Kuba EALA yaraje Dodoma igakorana n’abaturage ni ikimenyetso ko EAC ishyira imbere inyungu z’abaturage aho kuba iz’abayobozi gusa.”

Perezida Dr Pombe Magufuli avuga ko ibihugu bigize EAC bigomba gukorana n’abaturage babyo kugira ngo biteze imbere imibereho y’ababituye.

Ati “Nituramuka dushyize hamwe, tuzagera kuri byinshi, dufite ubushobozi n’ubumenyi bikenewe kugira ngo duteze imbere EAC yacu.”

Martin Ngoga uyobora EALA wagarutse ku ntambwe umuryanga wa Africa y’Uburasirazuba umaze gutera mu gukorera hamwe, yashimiye Perezida Magufuli wazanye impinduramatwara mu gushyira mu bikorwa imishinga ya Tanzania yaba iy’imbere mu gihugu no hanze yacyo.

Ati “Warakoze ku mbaraga washyize mu kurwanya ruswa mu gihugu bigaragazwa n’ikizere ibindi bihugu bigufitiye.”

Imishinga migari ihuza ibihugu bigize EAC, irimo iy’ubucuruzi buhuriweho n’ibihugu byayo, iy’imigenderanire n’ibikorwa remezo.

Martin Ngoga uyobora EALA ngo Magufuli yaciye ruswa muri Tanzania

Martin Ngoga uyobora EALA ngo Magufuli yaciye ruswa muri Tanzania

Abadepite bagize EALA

Abadepite bagize EALA

Bamwe mu badepite bashimiye Perezida kuba igihugu ke gukomeje kwitwara neza

Bamwe mu badepite bashimiye Perezida kuba igihugu ke gukomeje kwitwara neza

2018-04-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

ACF2019: Perezida wa Togo na Perezida wa Ethiopia bageze mu Rwanda

ACF2019: Perezida wa Togo na Perezida wa Ethiopia bageze mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Ubu kuyobora itorero birasaba kwiga Kaminuza no kuba utarakoze Jenoside

Ubu kuyobora itorero birasaba kwiga Kaminuza no kuba utarakoze Jenoside

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Jean Luc Habyarimana aherutse guhunahuna muri Congo mu Guhuza Umubano wa FARDC na FDLR

Jean Luc Habyarimana aherutse guhunahuna muri Congo mu Guhuza Umubano wa FARDC na FDLR

Ubwanditsi 27 Aug 2024
FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

Ubwanditsi 16 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi ya Israel irategura mu buryo bukomeye kuza k’Umukiza (MESSIAH).
ITOHOZA

Polisi ya Israel irategura mu buryo bukomeye kuza k’Umukiza (MESSIAH).

Ubwanditsi 12 Jan 2017
Congo-Brazaville: Louise Mushikwabo yatangiye gushimira abamushyigikiye
POLITIKI

Congo-Brazaville: Louise Mushikwabo yatangiye gushimira abamushyigikiye

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza
Amakuru

Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Ubwanditsi 20 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru